• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Ubwanditsi 15 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwahisemo imiyoborere ishingiye ku gusaranganya ubutegetsi n’abantu bavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi bafite ibitekerezo bigamije kubaka igihugu.

Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro n’abitabiriye Inama Nyafurika y’Ibitangazamakuru bikoresha amajwi n’amashusho, ihuje abakora muri izi nzego baturutse mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika.

Mu kiganiro na Perezida Kagame uwari ukiyoboye Emanuel Wongibe usanzwe ari Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Cameroon Radio Television, yagarutse kuri gahunda u Rwanda rufite yo kwinjiza muri guverinoma abavuga ko bari muri ‘opozisiyo’, ibintu bishimwa na bamwe abandi bakabinenga, amubaza niba hari isomo ibindi bihugu byahakura.

Perezida Kagame yagize ati “Nibaza niba hari umuntu wabonye uburyo bunoze kandi bushobora gukora ku bantu bose. Ntabyo ndabona. N’abo bantu basa n’abari aho bashaka kuduha amasomo ku byo dukwiye gukora, muzi neza ko ubu bafite ibibazo.”

Perezida Kagame yavuze ko kubera amasomo u Rwanda rwigiye ku mateka, Abanyarwanda bumva neza ibyo bashaka kwikorera ubwabo ndetse n’uko ibibera ahandi ku Isi bibagiraho ingaruka.

Yakomeje agira ati “Uburyo dukoresha buroroshye kuko tuzi icyo dushaka nk’Abanyarwanda. Turashaka amahoro, uburumbuke n’umutekano kuri buri munyarwanda wese. Buri munyarwanda wese akeneye gutekana mu buryo bwose, dukeneye iterambere, dukeneye kubana mu bworoherane kandi ukubura kwabyo mu gihe cyashize byadusigiye amasomo.”

Yavuze ko nyuma yo kumva ibyo, haba hakenewe gusobanukirwa icyaba mu gihe nk’uwatsinze amatora ahisemo kwiharira imyanya yose.

Yakomeje agira ati “Twaravuze ngo niba watsinze, abandi nutuma bumva ko batsinzwe n’igihe uzaba ufite umwe [ufite iyo myumvire], uzakoresha igihe kinini uhangana n’umuntu wumva ko yatsinzwe. Ni icyo uzakora gusa ntuzagera aho ukemura ibibazo by’igihugu cyawe.”

“Ariko se ibyo bitanga umutekano, bitanga uburumbuke buri wese akeneye? Twasanze nta kibazo mu gutanga uburenganzira muri demokarasi, aho tubikora kandi nyuma tugakenera kumva ko nta muntu watsinzwe cyangwa se ko nyuma y’icyo gihe hazabaho ikindi cyo kugerageza ibyo ushaka.”

Yavuze ko muri icyo gihe abanyarwanda basanze bakeneye gufatanya baba abatsinze n’abandi, badakwiye kumva ko batsinzwe, mu gukorera hamwe ibitanga amahirwe agera kuri buri munyarwanda.

Yakomeje agira ati “Ni aho twavanye politiki yo gushyira hamwe, tugahitamo no kureba ‘opozisiyo’ nk’umuntu cyangwa itsinda ry’abantu bafite ubundi buryo babonamo ibintu. Opozisiyo ni iki? Byaba bivuze gusenya ibyo udakunda? Bivuze guhangana n’abo udakunda? Mu buryo twahisemo gukora ni uko opozisiyo ari abantu bafite ibitekerezo bitandukanye n’ibyawe, mu kugera ku byo abaturage bakeneye.”

“Navuze umutekano, iterambere, mvuga uburenganzira muri demokarasi, amahirwe ahari muri demokarasi […] abo muri opozisiyo uko mbibona, bafite ubundi buryo batekereza uko byagerwaho. Ni ubundi buryo bwo kurebamo ibintu ntabwo ari uko hari abantu bashaka kubuza abantu kugera ku burumbuke cyangwa kubona umutekano. Bibaye ibyo ubwo yaba ari indi opozisiyo irebwaho mu bundi buryo.”

Perezida Kagame yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi hari imiyoborere u Rwanda rwahisemo kandi iri gutanga umusaruro ndetse igihugu cyishimiye umusaruro kiri kubona kandi imbere hasa neza.

2018-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda bakomeje gushimutwa mu gihugu cy’u Burundi bajyanwa mu nkambi z’akato bashinjwa ko baje kwanduza Abarundi virusi ya CORONA, baratabaza

Abanyarwanda bakomeje gushimutwa mu gihugu cy’u Burundi bajyanwa mu nkambi z’akato bashinjwa ko baje kwanduza Abarundi virusi ya CORONA, baratabaza

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Ubwanditsi 24 Aug 2023
Perezida Kagame aratanga ikiganiro ku guha umutekano abatuye Isi

Perezida Kagame aratanga ikiganiro ku guha umutekano abatuye Isi

Ubwanditsi 18 Feb 2018
Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda

Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda

Ubwanditsi 31 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo Perezida Kagame avuga ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’uburyo byakemuka
Amakuru

Icyo Perezida Kagame avuga ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’uburyo byakemuka

Ubwanditsi 12 Mar 2025
Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo
Mu Mahanga

Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo

Ubwanditsi 16 Jul 2016
Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30/06/2017
Mu Rwanda

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30/06/2017

Ubwanditsi 01 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru