• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Ubwanditsi 15 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwahisemo imiyoborere ishingiye ku gusaranganya ubutegetsi n’abantu bavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi bafite ibitekerezo bigamije kubaka igihugu.

Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro n’abitabiriye Inama Nyafurika y’Ibitangazamakuru bikoresha amajwi n’amashusho, ihuje abakora muri izi nzego baturutse mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika.

Mu kiganiro na Perezida Kagame uwari ukiyoboye Emanuel Wongibe usanzwe ari Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Cameroon Radio Television, yagarutse kuri gahunda u Rwanda rufite yo kwinjiza muri guverinoma abavuga ko bari muri ‘opozisiyo’, ibintu bishimwa na bamwe abandi bakabinenga, amubaza niba hari isomo ibindi bihugu byahakura.

Perezida Kagame yagize ati “Nibaza niba hari umuntu wabonye uburyo bunoze kandi bushobora gukora ku bantu bose. Ntabyo ndabona. N’abo bantu basa n’abari aho bashaka kuduha amasomo ku byo dukwiye gukora, muzi neza ko ubu bafite ibibazo.”

Perezida Kagame yavuze ko kubera amasomo u Rwanda rwigiye ku mateka, Abanyarwanda bumva neza ibyo bashaka kwikorera ubwabo ndetse n’uko ibibera ahandi ku Isi bibagiraho ingaruka.

Yakomeje agira ati “Uburyo dukoresha buroroshye kuko tuzi icyo dushaka nk’Abanyarwanda. Turashaka amahoro, uburumbuke n’umutekano kuri buri munyarwanda wese. Buri munyarwanda wese akeneye gutekana mu buryo bwose, dukeneye iterambere, dukeneye kubana mu bworoherane kandi ukubura kwabyo mu gihe cyashize byadusigiye amasomo.”

Yavuze ko nyuma yo kumva ibyo, haba hakenewe gusobanukirwa icyaba mu gihe nk’uwatsinze amatora ahisemo kwiharira imyanya yose.

Yakomeje agira ati “Twaravuze ngo niba watsinze, abandi nutuma bumva ko batsinzwe n’igihe uzaba ufite umwe [ufite iyo myumvire], uzakoresha igihe kinini uhangana n’umuntu wumva ko yatsinzwe. Ni icyo uzakora gusa ntuzagera aho ukemura ibibazo by’igihugu cyawe.”

“Ariko se ibyo bitanga umutekano, bitanga uburumbuke buri wese akeneye? Twasanze nta kibazo mu gutanga uburenganzira muri demokarasi, aho tubikora kandi nyuma tugakenera kumva ko nta muntu watsinzwe cyangwa se ko nyuma y’icyo gihe hazabaho ikindi cyo kugerageza ibyo ushaka.”

Yavuze ko muri icyo gihe abanyarwanda basanze bakeneye gufatanya baba abatsinze n’abandi, badakwiye kumva ko batsinzwe, mu gukorera hamwe ibitanga amahirwe agera kuri buri munyarwanda.

Yakomeje agira ati “Ni aho twavanye politiki yo gushyira hamwe, tugahitamo no kureba ‘opozisiyo’ nk’umuntu cyangwa itsinda ry’abantu bafite ubundi buryo babonamo ibintu. Opozisiyo ni iki? Byaba bivuze gusenya ibyo udakunda? Bivuze guhangana n’abo udakunda? Mu buryo twahisemo gukora ni uko opozisiyo ari abantu bafite ibitekerezo bitandukanye n’ibyawe, mu kugera ku byo abaturage bakeneye.”

“Navuze umutekano, iterambere, mvuga uburenganzira muri demokarasi, amahirwe ahari muri demokarasi […] abo muri opozisiyo uko mbibona, bafite ubundi buryo batekereza uko byagerwaho. Ni ubundi buryo bwo kurebamo ibintu ntabwo ari uko hari abantu bashaka kubuza abantu kugera ku burumbuke cyangwa kubona umutekano. Bibaye ibyo ubwo yaba ari indi opozisiyo irebwaho mu bundi buryo.”

Perezida Kagame yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi hari imiyoborere u Rwanda rwahisemo kandi iri gutanga umusaruro ndetse igihugu cyishimiye umusaruro kiri kubona kandi imbere hasa neza.

2018-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Yoweri K. Museveni yafasha ate kugarura umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari, kandi abo mu muryango we bakorana ubucuruzi n’imitwe y’iterabwoba ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo?

Perezida Yoweri K. Museveni yafasha ate kugarura umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari, kandi abo mu muryango we bakorana ubucuruzi n’imitwe y’iterabwoba ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo?

Ubwanditsi 19 Jul 2021
Mporana Ubwoba Bwo Kuba Nabura Igisubizo Igihe Nabazwa Ibitagenda Neza- Perezida Kagame

Mporana Ubwoba Bwo Kuba Nabura Igisubizo Igihe Nabazwa Ibitagenda Neza- Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 Jul 2018
Jambo asbl yatangije ubukangurambaga bwo gufasha imitwe y’iterabwoba ku manywa y’ihangu

Jambo asbl yatangije ubukangurambaga bwo gufasha imitwe y’iterabwoba ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 14 Dec 2020
Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Ubwanditsi 03 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Canada : Minisitiri Mushikiwabo yitabiriye inama y’Abanyarwandakazi -Rwandan Women Convention
POLITIKI

Canada : Minisitiri Mushikiwabo yitabiriye inama y’Abanyarwandakazi -Rwandan Women Convention

Ubwanditsi 16 Sep 2016
Perezida Kagame yatunguye benshi kubera ijambo yavuze ubwo yatangaga ikiruhuko kuri uyu wa Gatanu
HIRYA NO HINO

Perezida Kagame yatunguye benshi kubera ijambo yavuze ubwo yatangaga ikiruhuko kuri uyu wa Gatanu

Ubwanditsi 05 Jul 2019
Abanyarwanda babiri batoterejwe muri Uganda bavuze akaga bahuriye nako muri gereza
INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda babiri batoterejwe muri Uganda bavuze akaga bahuriye nako muri gereza

Ubwanditsi 03 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru