• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Umuzi w’umwuka mubi n’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda [ igice 1]

Umuzi w’umwuka mubi n’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda [ igice 1]

Ubwanditsi 23 May 2019 POLITIKI

Kuva mu myaka isaga ibiri ishize, umubano w’u Rwanda na Uganda wajemo agatotsi. U Rwanda rushinja umuturanyi warwo guta muri yombi abaturage barwo bahatemberera n’abakorerayo ubucuruzi bagakorerwa iyicarubozo, bakanirukanwa mu gihugu binyuranyije n’amategeko.

Mu mezi ashize, umubano w’u Rwanda na Uganda wongeye kuzamo kidobya bigizwemo uruhare n’abantu batandukanye barimo n’abayobozi.

Muri abo twavuga Giles Muhame ukorera igitangazamakuru Chimpreports uheruka kugaruka ku cyatumye umubano w’u Rwanda na Uganda uzamo akangononwa; inyandiko ye igashimwa byimazeyo na Himbara David uri mu barwanya u Rwanda, wavuze ko ari ubusesenguzi bwimbitse.

Impamvu umwanditsi yatanze zirimo ko RwandAir yangiwe guhagarara ku Kibuga cy’Indege cya Entebbe mu rugendo rugana mu Mujyi wa London; imvugo ya Gen James Kabarebe igaragaza ko Uganda ari umwanzi w’igihugu; umuhanda wa gari ya moshi Uganda yakatishirijwe muri Sudani y’Epfo aho kuwukomereza i Kigali nk’uko byari byemejwe hambere; ugutsindwa kwa Uganda ku kwagura umuyoboro w’amashanyarazi uva muri Ethiopia na Kenya ndetse n’ishimutwa n’iyoherezwa mu gihugu rya Mutabazi Joël.

Ibi byose byabonewe ibisubizo bikwiye, njye ntashobora gusubiramo byose.

Mu minsi ya vuba, Umunyamakuru Tom Collins yatangaje inyandiko mu kinyamakuru cyandika ku nkuru z’ubukungu cya ‘African business Magazine’ ivuga ko ‘Agatotsi mu mubano wa Uganda n’u Rwanda kashakirwa mu mibanire yihariye hagati ya Perezida Kagame na Museveni.’
Iyi mitekerereze ayisangiye n’abiyita inzobere zo mu Karere nka Filip Reynjens.

U Rwanda rushinja Uganda uruhare mu kwivanga mu bijyanye n’ubukungu, gushimuta no gukorera iyicarubozo ndetse no kwica Abanyarwanda batemberera muri iki gihugu.

Ibi bifitiwe gihamya kuko na Perezida Museveni ubwe yiyemereye ko yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru b’Umutwe urwanya Leta y’u Rwanda, RNC, barimo Mukankusi Charlotte na Gasana Eugène.

Uganda ita muri yombi Abanyarwanda ivuga ko ari ba maneko n’intasi z’u Rwanda.

Mu ibaruwa Museveni yandikiye Perezida Kagame yemera uguhura kwe na Mukankusi na Gasana yavuze ko “….Ikitagenda neza ni uko u Rwanda rukorera inyuma ya Guverinoma ya Uganda. Nakiriye inkuru nyinshi ariko nzagira icyo nzivugaho ninibonera gihamya.’’

Wumvise amagambo ye, uhita wumva ko inkuru zitangazwa ko u Rwanda ruri kuneka Uganda ari impimbano zidafite ishingiro.

Umushinwa Mao Tse Tung waharaniye impinduramatwara yigeze kuvuga ko ‘Ukuri gushakirwa mu bimenyetso.’

Ibi bigaragaza ko ibirego by’uko u Rwanda rufite intasi muri Uganda ari ibinyoma bisa, mu gihe nta gihamya kibishimangira.

Intego yanjye ni ugusesengura umuzi w’impamvu yateje agatotsi mu mubano w’u Rwanda na Uganda.

Ibirego bya Guverinoma y’u Rwanda kuri Uganda ndetse n’inkuru Uganda itangaza ku Rwanda ni ibimenyetso bigaragaza ibibazo biri hagati y’impande zombi, ariko si umuzi w’amahari amaze iminsi muri ibi bihugu byahoze bibanye kivandimwe.

Iyo abaganga bari kuvura indwara bibanda cyane ku cyayiteye aho kwita ku bimenyetso byayo.

Ibi ni ko bimeze ku barimo abanyapolitiki, abahanga mu bya gisirikare, itangazamakuru, abanditsi n’abandi bafite ubumenyi ku mibanire mpuzamahanga, na bo bakwiye kwita ku muzi washibutseho ibibazo hagati y’u Rwanda na Uganda aho gutumbira gusa ibimenyetso bigaragara. Nibidakorwa hazaba hari intego yo gucubya ubukana bw’ikibazo aho kugikemura.

Ni byiza rero ko twasesengura ikibazo cy’agatotsi n’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda twibanda ku muzi wacyo aho gukomeza kureba ibikorwa n’ibimenyetso byagishibutseho. [ Biracyaza ……]

2019-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Ubwanditsi 14 Dec 2024
Abatavuga rumwe na Leta y’Uburundi bamaze kugera Arusha mu biganiro ariko Leta y’Uburundi ntirahagera

Abatavuga rumwe na Leta y’Uburundi bamaze kugera Arusha mu biganiro ariko Leta y’Uburundi ntirahagera

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Perezida Kagame arasaba Minisitiri w’Intebe kwima amatwi abayobozi bamuca intege

Perezida Kagame arasaba Minisitiri w’Intebe kwima amatwi abayobozi bamuca intege

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Amashyaka ya opposition arasenyuka umusubirizo: FDLR na RNC ku isonga mu yashegeshwe

Amashyaka ya opposition arasenyuka umusubirizo: FDLR na RNC ku isonga mu yashegeshwe

Ubwanditsi 30 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko byagenze ngo Byiringiro Lague wari wifujwe na Rayon Sports yerekeze muri Police FC
Amakuru

Uko byagenze ngo Byiringiro Lague wari wifujwe na Rayon Sports yerekeze muri Police FC

Ubwanditsi 07 Jan 2025
Shampiyona y’u Rwanda yahagaritswe hamaze gukinwa imikino y’umunsi wa 11, Kiyovu Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda yahagaritswe hamaze gukinwa imikino y’umunsi wa 11, Kiyovu Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo

Ubwanditsi 31 Dec 2021
Cecafa: U Rwanda ruracakirana na Tanzania mbere yo kugaruka i Kigali
IMIKINO

Cecafa: U Rwanda ruracakirana na Tanzania mbere yo kugaruka i Kigali

Ubwanditsi 09 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru