• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Umuzi w’umwuka mubi n’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda [ igice 1]

Umuzi w’umwuka mubi n’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda [ igice 1]

Ubwanditsi 23 May 2019 POLITIKI

Kuva mu myaka isaga ibiri ishize, umubano w’u Rwanda na Uganda wajemo agatotsi. U Rwanda rushinja umuturanyi warwo guta muri yombi abaturage barwo bahatemberera n’abakorerayo ubucuruzi bagakorerwa iyicarubozo, bakanirukanwa mu gihugu binyuranyije n’amategeko.

Mu mezi ashize, umubano w’u Rwanda na Uganda wongeye kuzamo kidobya bigizwemo uruhare n’abantu batandukanye barimo n’abayobozi.

Muri abo twavuga Giles Muhame ukorera igitangazamakuru Chimpreports uheruka kugaruka ku cyatumye umubano w’u Rwanda na Uganda uzamo akangononwa; inyandiko ye igashimwa byimazeyo na Himbara David uri mu barwanya u Rwanda, wavuze ko ari ubusesenguzi bwimbitse.

Impamvu umwanditsi yatanze zirimo ko RwandAir yangiwe guhagarara ku Kibuga cy’Indege cya Entebbe mu rugendo rugana mu Mujyi wa London; imvugo ya Gen James Kabarebe igaragaza ko Uganda ari umwanzi w’igihugu; umuhanda wa gari ya moshi Uganda yakatishirijwe muri Sudani y’Epfo aho kuwukomereza i Kigali nk’uko byari byemejwe hambere; ugutsindwa kwa Uganda ku kwagura umuyoboro w’amashanyarazi uva muri Ethiopia na Kenya ndetse n’ishimutwa n’iyoherezwa mu gihugu rya Mutabazi Joël.

Ibi byose byabonewe ibisubizo bikwiye, njye ntashobora gusubiramo byose.

Mu minsi ya vuba, Umunyamakuru Tom Collins yatangaje inyandiko mu kinyamakuru cyandika ku nkuru z’ubukungu cya ‘African business Magazine’ ivuga ko ‘Agatotsi mu mubano wa Uganda n’u Rwanda kashakirwa mu mibanire yihariye hagati ya Perezida Kagame na Museveni.’
Iyi mitekerereze ayisangiye n’abiyita inzobere zo mu Karere nka Filip Reynjens.

U Rwanda rushinja Uganda uruhare mu kwivanga mu bijyanye n’ubukungu, gushimuta no gukorera iyicarubozo ndetse no kwica Abanyarwanda batemberera muri iki gihugu.

Ibi bifitiwe gihamya kuko na Perezida Museveni ubwe yiyemereye ko yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru b’Umutwe urwanya Leta y’u Rwanda, RNC, barimo Mukankusi Charlotte na Gasana Eugène.

Uganda ita muri yombi Abanyarwanda ivuga ko ari ba maneko n’intasi z’u Rwanda.

Mu ibaruwa Museveni yandikiye Perezida Kagame yemera uguhura kwe na Mukankusi na Gasana yavuze ko “….Ikitagenda neza ni uko u Rwanda rukorera inyuma ya Guverinoma ya Uganda. Nakiriye inkuru nyinshi ariko nzagira icyo nzivugaho ninibonera gihamya.’’

Wumvise amagambo ye, uhita wumva ko inkuru zitangazwa ko u Rwanda ruri kuneka Uganda ari impimbano zidafite ishingiro.

Umushinwa Mao Tse Tung waharaniye impinduramatwara yigeze kuvuga ko ‘Ukuri gushakirwa mu bimenyetso.’

Ibi bigaragaza ko ibirego by’uko u Rwanda rufite intasi muri Uganda ari ibinyoma bisa, mu gihe nta gihamya kibishimangira.

Intego yanjye ni ugusesengura umuzi w’impamvu yateje agatotsi mu mubano w’u Rwanda na Uganda.

Ibirego bya Guverinoma y’u Rwanda kuri Uganda ndetse n’inkuru Uganda itangaza ku Rwanda ni ibimenyetso bigaragaza ibibazo biri hagati y’impande zombi, ariko si umuzi w’amahari amaze iminsi muri ibi bihugu byahoze bibanye kivandimwe.

Iyo abaganga bari kuvura indwara bibanda cyane ku cyayiteye aho kwita ku bimenyetso byayo.

Ibi ni ko bimeze ku barimo abanyapolitiki, abahanga mu bya gisirikare, itangazamakuru, abanditsi n’abandi bafite ubumenyi ku mibanire mpuzamahanga, na bo bakwiye kwita ku muzi washibutseho ibibazo hagati y’u Rwanda na Uganda aho gutumbira gusa ibimenyetso bigaragara. Nibidakorwa hazaba hari intego yo gucubya ubukana bw’ikibazo aho kugikemura.

Ni byiza rero ko twasesengura ikibazo cy’agatotsi n’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda twibanda ku muzi wacyo aho gukomeza kureba ibikorwa n’ibimenyetso byagishibutseho. [ Biracyaza ……]

2019-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yavuze uko Uganda yamusabye ko Abanyarwanda basubukurayo ingendo akabyanga

Perezida Kagame yavuze uko Uganda yamusabye ko Abanyarwanda basubukurayo ingendo akabyanga

Ubwanditsi 30 Jan 2020
Perezida Tshisekedi yatanze integuza y’ibitero bikomeye ku mitwe yitwaje intwaro

Perezida Tshisekedi yatanze integuza y’ibitero bikomeye ku mitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 24 Sep 2019
MINISITIRI MUSHIKIWABO YAGANIRIYE NA MINISITIRI W’INTEBE WA ISRAEL, BENJAMIN NETANYAHU.

MINISITIRI MUSHIKIWABO YAGANIRIYE NA MINISITIRI W’INTEBE WA ISRAEL, BENJAMIN NETANYAHU.

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus

Ubwanditsi 14 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye
INKURU NYAMUKURU

Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Umunyarwanda Camille Nkurunziza wishwe arashwe mu bushyamirane na Polisi ya Afurika y’Epfo,  yashyinguwe
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda Camille Nkurunziza wishwe arashwe mu bushyamirane na Polisi ya Afurika y’Epfo, yashyinguwe

Ubwanditsi 08 Jun 2019
Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri
Amakuru

Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri

Ubwanditsi 25 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru