• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Umuzi w’umwuka mubi n’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda [ igice 1]

Umuzi w’umwuka mubi n’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda [ igice 1]

Ubwanditsi 23 May 2019 POLITIKI

Kuva mu myaka isaga ibiri ishize, umubano w’u Rwanda na Uganda wajemo agatotsi. U Rwanda rushinja umuturanyi warwo guta muri yombi abaturage barwo bahatemberera n’abakorerayo ubucuruzi bagakorerwa iyicarubozo, bakanirukanwa mu gihugu binyuranyije n’amategeko.

Mu mezi ashize, umubano w’u Rwanda na Uganda wongeye kuzamo kidobya bigizwemo uruhare n’abantu batandukanye barimo n’abayobozi.

Muri abo twavuga Giles Muhame ukorera igitangazamakuru Chimpreports uheruka kugaruka ku cyatumye umubano w’u Rwanda na Uganda uzamo akangononwa; inyandiko ye igashimwa byimazeyo na Himbara David uri mu barwanya u Rwanda, wavuze ko ari ubusesenguzi bwimbitse.

Impamvu umwanditsi yatanze zirimo ko RwandAir yangiwe guhagarara ku Kibuga cy’Indege cya Entebbe mu rugendo rugana mu Mujyi wa London; imvugo ya Gen James Kabarebe igaragaza ko Uganda ari umwanzi w’igihugu; umuhanda wa gari ya moshi Uganda yakatishirijwe muri Sudani y’Epfo aho kuwukomereza i Kigali nk’uko byari byemejwe hambere; ugutsindwa kwa Uganda ku kwagura umuyoboro w’amashanyarazi uva muri Ethiopia na Kenya ndetse n’ishimutwa n’iyoherezwa mu gihugu rya Mutabazi Joël.

Ibi byose byabonewe ibisubizo bikwiye, njye ntashobora gusubiramo byose.

Mu minsi ya vuba, Umunyamakuru Tom Collins yatangaje inyandiko mu kinyamakuru cyandika ku nkuru z’ubukungu cya ‘African business Magazine’ ivuga ko ‘Agatotsi mu mubano wa Uganda n’u Rwanda kashakirwa mu mibanire yihariye hagati ya Perezida Kagame na Museveni.’
Iyi mitekerereze ayisangiye n’abiyita inzobere zo mu Karere nka Filip Reynjens.

U Rwanda rushinja Uganda uruhare mu kwivanga mu bijyanye n’ubukungu, gushimuta no gukorera iyicarubozo ndetse no kwica Abanyarwanda batemberera muri iki gihugu.

Ibi bifitiwe gihamya kuko na Perezida Museveni ubwe yiyemereye ko yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru b’Umutwe urwanya Leta y’u Rwanda, RNC, barimo Mukankusi Charlotte na Gasana Eugène.

Uganda ita muri yombi Abanyarwanda ivuga ko ari ba maneko n’intasi z’u Rwanda.

Mu ibaruwa Museveni yandikiye Perezida Kagame yemera uguhura kwe na Mukankusi na Gasana yavuze ko “….Ikitagenda neza ni uko u Rwanda rukorera inyuma ya Guverinoma ya Uganda. Nakiriye inkuru nyinshi ariko nzagira icyo nzivugaho ninibonera gihamya.’’

Wumvise amagambo ye, uhita wumva ko inkuru zitangazwa ko u Rwanda ruri kuneka Uganda ari impimbano zidafite ishingiro.

Umushinwa Mao Tse Tung waharaniye impinduramatwara yigeze kuvuga ko ‘Ukuri gushakirwa mu bimenyetso.’

Ibi bigaragaza ko ibirego by’uko u Rwanda rufite intasi muri Uganda ari ibinyoma bisa, mu gihe nta gihamya kibishimangira.

Intego yanjye ni ugusesengura umuzi w’impamvu yateje agatotsi mu mubano w’u Rwanda na Uganda.

Ibirego bya Guverinoma y’u Rwanda kuri Uganda ndetse n’inkuru Uganda itangaza ku Rwanda ni ibimenyetso bigaragaza ibibazo biri hagati y’impande zombi, ariko si umuzi w’amahari amaze iminsi muri ibi bihugu byahoze bibanye kivandimwe.

Iyo abaganga bari kuvura indwara bibanda cyane ku cyayiteye aho kwita ku bimenyetso byayo.

Ibi ni ko bimeze ku barimo abanyapolitiki, abahanga mu bya gisirikare, itangazamakuru, abanditsi n’abandi bafite ubumenyi ku mibanire mpuzamahanga, na bo bakwiye kwita ku muzi washibutseho ibibazo hagati y’u Rwanda na Uganda aho gutumbira gusa ibimenyetso bigaragara. Nibidakorwa hazaba hari intego yo gucubya ubukana bw’ikibazo aho kugikemura.

Ni byiza rero ko twasesengura ikibazo cy’agatotsi n’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda twibanda ku muzi wacyo aho gukomeza kureba ibikorwa n’ibimenyetso byagishibutseho. [ Biracyaza ……]

2019-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuyobozi wa Komisiyo ya AU yageze mu Rwanda yitabiriye inama ku isoko rusange muri Afurika

Umuyobozi wa Komisiyo ya AU yageze mu Rwanda yitabiriye inama ku isoko rusange muri Afurika

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Miliyoni 220 Frw nizo zigenewe imitwe ya Politike mu kwitegura Amatora y’Abadepite.

Miliyoni 220 Frw nizo zigenewe imitwe ya Politike mu kwitegura Amatora y’Abadepite.

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo

Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Kweguza Trump birasaba iki?

Kweguza Trump birasaba iki?

Ubwanditsi 06 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bidatunguranye, Ingabire Victoire n’amashumi ye bashyigikiye umugome Charles Onana.
Amakuru

Bidatunguranye, Ingabire Victoire n’amashumi ye bashyigikiye umugome Charles Onana.

Ubwanditsi 03 Oct 2024
Abaperezida 10 ba Afurika bagiye bishingikiriza imbaraga z’abapfumu zikabatenguha
HIRYA NO HINO

Abaperezida 10 ba Afurika bagiye bishingikiriza imbaraga z’abapfumu zikabatenguha

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye
Amakuru

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Ubwanditsi 29 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru