• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amatora 2017: Diane Rwigara atanga amafaranga, Mwenedata we azi ko atazatsinda

Amatora 2017: Diane Rwigara atanga amafaranga, Mwenedata we azi ko atazatsinda

Ubwanditsi 23 May 2017 ITOHOZA

Ibi ni bimwe mu bikorwa komisiyo y’igihugu y’amatora(NEC) igaragaza nk’ibishya mu biri kuranga ibikorwa bijyanye n’amatora ya perezida wa Repubulika ateganyijwe muri kanama uyu mwaka.

Perezida w’iyi komisiyo, Prof Kalisa Mbanda agaragaza tumwe muri utwo dushya nko kurenga ku mategeko n’amabwiriza agenga aya matora, kuko ngo bahuye n’abashaka kuba abakandida kuri uwo mwanya bakumvikana ibigomba kubaranga mu bikorwa bizaranga aya matora.

Abashaka guhatanira uwo mwanya ni Mpayimana Philippe, Umunyamakuru wavuye i Burayi , hari Rwigara Diane na Mwenedata Gilbert, wigeze kwiyamamaza igihe cy’amatora y’abadepite, Mbanda avuga ko yagize ‘amanota meza’ yendaga kunganya n’imitwe ya politiki imwe n’imwe.

Ubusore bushaka kubakubaganisha ?

Mbanda avuga ko kuba ari abasore usanga hari abashaka gutandukira ku bijyanye no kubahiriza amabwiriza n’amategeko agenga amatora.

Ati « Bose ni abasore usanga babifata nko kugerageza, bati turebe uko u Rwanda rwifashe mu matora. Bakaza bafite n’amaraso mashyashya bagasoma vuba vuba amabwiriza tubaha, kuko baba bayafite bagasa n’abayanyura hejuru, bakigirira ibitekerezo byabo uko babikora. »

Tukavuga tuti “Muzatangira kwiyandikisha, ku itariki ya 13 z’ukwa Gatanu kuko twabahaye iminsi 30 mbere y’ itariki ya 12 Kamena aribwo tuzatangira kwakira kandidature z’abakandida, ariko kubera ubushyuhe bw’ubusore agatangira igihe kitaragera bakandika ku mpapuro zibonetse kandi twarababwiye ko ari twe tuzabaha impapuro zo gushyiraho imikono. »

Bavuzweho kutavunyisha

Ubusanzwe ngo babwiwe ko bagomba kuvunyisha mu bice bagiye gukoreramo riko ngo usanga hari aho banyuranyije n’amategeko.

Ati « Ikindi gishya bazana ni ukwinjira mu ifasi z’ubuyobozi nk’abinjira mu isoko. Akajyamo, ntabwo yagiye ku muyobozi w’umudugudu w’umurenge ntabwo yagiye ku w’akagari ku karere ngo avuge ati ‘ndi kanaka dore nabonanye na komisiyo y’igihugu y’matora, nje gukora ikingiki, akaza rwose nk’uwinjira mu isoko agatangira agakora. »

Hari kandi ngo n’abashaka ababasinyira mu kabari bikanakorwa.

Yongeraho ati « Hakagira n’abajya kubikorera muri bare no muri resitora kandi ibyo ngibyo twaravuganye ko bazatangira kuri iriya tariki bagakorerwa impapuro tuzabaha kandi bigakorerwa ahantu hazwi n’ubuyobozi.»

Akomeza avuga ko akarere kabimenya kamenyesha inzego zo hasi, kugirango abayobozi baabkire uko bikwiye.

Komisiyo yongeye kubihanangiriza

Nyuma yuko iyo mikorere komisiyo ivuga ko idakwiye, ku wa gatanu tariki ya 19 Gicurasi 2017 yicaranye n’abo bakandida bakaganira byinshi.

« Komisiyo yakoranye inama n’abo bashaka kuba abakandida, kubera iyo mikorere. Abasengerera abantu muri bare twarabimenye turabahuza turabibibutsa, batubaza niba batemerewe kuzenguruka bashaka ababasinyiraa tubabwira ko byemewe ariko bagomba kubazana bakabasinyira ahabigenewe.Tubibutsa kwimenyekanisha.»

Buri wese afite agashya

Prof Mbanda avuga ko buri wese mu bashaka kuba abakandida yaranzwe n’ibishya bitandukanye abasaba kwirinda.

Mpayimana yumvaga kwiyereka ubuyobozi atari ngombwa

Ati « Nk’uwo Philippe avuga ko afite uburenganzira agomba kugenda atagomba kwiyereka ubuyobozi, tukamubwira tuti ‘mu Rwanda si uko bimeze hari ubutegetsi ugomba kugenda ukabumenyesha icyo ukora.»

Rwigara Diane nshaka gufasha

« Uwo mukobwa Diane we atanga amafaranga tukamubwira ‘tuti ntabwo ukwiriye gutanga amafaranga ati ‘rwose abantu baransinyira nkabona ko bangiriye neza, kandi bakennye nkashaka kubafasha mbavana mu bukene nkabaha amafaranga.”

Mwenedata azi ko atazatsinda

« Mwenedata we akavuga ati ‘Rwose nziko ntazatsinda ariko ndashaka kureba aho mugejeje, ndashaka kureba ko mfite uburenganzira bwanjye, tuti ‘ufite uburenganzira bwawe kandi n’abandi bafite ubwabo, ntabwo ugomba gukandagira ubw’abandi kugirango werekane ko ubufite. Tuti ‘murashaka kuba abaperezida turabareka mukazerera uwari kuza igihe cy’ikinani ubungubugu baba babagejeje hehe, ko muvuga ngo turabafata nabi.»

-6650.jpg

Rwigara Diane, Prof Kalisa Mbanda, Mwenedata Gilbert

Mbanda asoza avuga ko muri icyo kiganiro bagiranye yababwiye ko babashima kuko bashaka kwigisha abaturage ibijyanye na demokarasi, ariko nabo bagombye kuba abademokarate, birinda gutanga amafaranga, gusinyishiriza ahantu hatemewe.

Asaba kandi abayobozi kuborohereza kuko ababonamo icyerekezo cyiza cy’ejo hazaza. Ati « Mubyifatemo neza , muborohereze, akenshi aba ari abasoresore bazavamo Abanyarwanda beza mu minsi iri imbere. »

Iyi komisiyo yagiranye ikigniro nyunguranabitekerezo ku migendekere myiza y’aya matora n’abayobozi bafite aho bahuriye nayo mu ntara y’Amajyaruguru.

Source: Bwiza

2017-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

IBYO UTARI UZI KURI  DAVID HIMBARA  N’UKO YAJE KUBA UMUJYANAMA WA PEREZIDA KAGAME

IBYO UTARI UZI KURI DAVID HIMBARA N’UKO YAJE KUBA UMUJYANAMA WA PEREZIDA KAGAME

Ubwanditsi 09 Jun 2016
Padiri Nahimana yemeje itariki ntarengwa yo kuza mu Rwanda kwiyamamaza kuba Perezida

Padiri Nahimana yemeje itariki ntarengwa yo kuza mu Rwanda kwiyamamaza kuba Perezida

Ubwanditsi 03 Nov 2016
Dosiye ya Minisitiri w’Intebe w’Uburundi, Gervais Ndirakobuca, uvugwa mu guha intwaro FDLR, yabyukijwe.

Dosiye ya Minisitiri w’Intebe w’Uburundi, Gervais Ndirakobuca, uvugwa mu guha intwaro FDLR, yabyukijwe.

Ubwanditsi 27 Apr 2024
Leta y’UBurundi iravugwaho kugira gereza zitazwi hafi y’umupaka w’URwanda

Leta y’UBurundi iravugwaho kugira gereza zitazwi hafi y’umupaka w’URwanda

Ubwanditsi 28 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda ni inzu yanjye, ni inzu yawe; ntabwo ari urutirano –Perezida Kagame
Mu Mahanga

U Rwanda ni inzu yanjye, ni inzu yawe; ntabwo ari urutirano –Perezida Kagame

Ubwanditsi 11 Sep 2016
Gabon: Umuhungu wa Perezida Ali Bongo yagizwe umuhuzabikorwa muri Perezidansi
POLITIKI

Gabon: Umuhungu wa Perezida Ali Bongo yagizwe umuhuzabikorwa muri Perezidansi

Ubwanditsi 06 Dec 2019
Barindwi bakekwaho gutera BK ya Buhanda bakica umuntu bagejejwe mu butabera
Amakuru

Barindwi bakekwaho gutera BK ya Buhanda bakica umuntu bagejejwe mu butabera

Ubwanditsi 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru