• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»ULK Gisenyi: Ku Nshuro Ya 12 Abasaga 300 Bahawe Impamyabumenyi [ AMAFOTO ]

ULK Gisenyi: Ku Nshuro Ya 12 Abasaga 300 Bahawe Impamyabumenyi [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 31 Mar 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ku nshuro ya 12 Kaminuza yigenga ya Kigali [ULK] Gisenyi yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri bagera ku 326, muri bo 278 ni abo mu cyiciro cya kabiri (Undergraduate) na 36 bo mu cyiciro cya gatatu (Masters) hakiyongeraho n’abandi 10 baturutse i Kigali.

Umuhango wo gutanga izi mpamyabumenyi wabereye ku cyicaro cy’iyi kaminuza mu karere ka Rubavu kuri uyu wa gatatu tariki 28 Werurwe 2018.

Afungura ku mugaragaro umuhango wo gutanga impampabumenyi, Prof.Kalisa Mbanda, umuyobozi wa Kaminuza yashimye intambwe abanyeshuri bateye n’umuhate bagize wo kugira ngo bagere ku ntego yo gutsinda.

Dr. Sekibibi Ezechiel, umuyobozi wa kaminuza wungirije yashimye intambwe abanyeshuri basoje amasomo bateye, maze abahereza umukoro wo kugira uruhare mu gushakira ibisubizo bimwe mu bibazo bicyugarije umuryango nyarwanda.

Mu banyeshuri bagannye Kaminuza ya ULK mu mwaka wa 2018 abasaga 50 ku ijana ni baturutse hanze yigihugu.
Dr. Sekibibi Ezechiel, umuyobozi wa ULK

Sekibibi yagize ati “Uyu muhango twizihiza uyu munsi ni imbuto yeze ku muhate, kwihangana no gukorera hamwe, izi mpamyabumenyi muhawe zigomba kugira ibyo zihindura mu kuzana impinduka n’umusemburo w’iterambere igihugu cyifuza. Hanze aha hari ibibazo byinshi bitegereje umusanzu wanyu, mugende mugire impinduka muzana mu gushakira ibisubizo ibyo bibazo,”

Uyu muhango wo gutanga impamyabumenyi kandi witabiriwe n’abaturutse impande zose muri afurika barimo abavuye mu Burundi, Kenya, Uganda, Tanzania, Sierraleone, Congo, n’ahandi.

Sekibibi yatsindagiye ko kaminuza ya ULK itanga ubumenyi kandi igateza imbere ubushakashatsi buteza imbere imibereho myiza y’umuryango nyarwanda.

Ati “Ubumenyi duha abanyeshuri bacu burangajwe imbere n’ubushakashatsi n’indangagaciro igihugu gikeneye,”

Sekibibi yagize ati “Dushaka ko abanyeshuri bacu bagira ubumenyi ariko bakagira n’indangagaciro, dufite abarimu beza bafite ubumenyi bwo kubitaho, ubushakashatsi ni imwe mu nkingi kaminuza yacu igenderaho kandi dufite kubutezimbere kugira ngo tugire uruhare mu iterambere uguhugu cyacu kifuza.

Muri gahunda zo gufasha abanyeshuri bagana ULK batishoboye, abagera ku 2802 bahawe inkunga na kaminuza kugira ngo bakomeze amasomo yabo kuva kaminuza ya ULK yatangira.

Umuyobozi mukuru wanashinze Kaminuza ya ULK, Prof.Dr.Rwigamba Balinda yashimiye Minisiteri y’uburezi n’abandi bafatanyabikorwa, ingabo na polisi y’urwanda ku ruhare runini bagira mu guteza imbere igihugu.

Yashimye ubucuti n’umubano kaminuza ifitamye n’abanye Congo, ndetse ashimira abihayimana baje kwifatanya nabo mu muhango wo gutanga impamyabumenyi. Kaminuza ya ULK ni kaminuza ya gikirisitu igemdera kiu mahame ya gikirisitu.


Umuyobozi mukuru washinze Kaminuza ya ULK, Prof.Dr.Rwigamba Balinda

Rwigaba kamdi yashimiye abarimu ubwitange, umurava, mu kubiba imbuto nziza y’ubumenyi mu banyeshuri babifashijwemo n’Imana, abashishikariza kugira ukwemera kuva ku Mana.

Yagize ati “Ukwemera bibaha imbaraga zidasanzwe kandi zihoraho kuko muhabwa imbaraga n’imana iminsi yose, ukwemera kubaha ukwigirira icyizere, iyo udafite ukwemera nta n’icyizere cyo kubaho uba ufite,”

Rwigamba yabashishikarije ko batagomba kugira igihe bapfusha ubusa mu buzima, ababwira ko impamyabumenyi babonye zihamya ko bafite ubumenyi n’indangagaciro zo gufasha umuryango nyarwanda ndetse bakanakomeza gukorera Imana nk’uko bikubiye mu mahameremezo ya Kaminuza.

Yababwiye ko ubumuntu, kwihangana no gukora ari byo mpamba ikomeye yo gutera imbere kandi bagafasha benshi bagize umuryango nyarwanda.

“Mugende mushyire mu bikorwa izo dangagaciro zirimo urukundo, amahoro, kubabarira, umuhate, no gukorera Imana ni byo bizatuma mugera ku buzima bufite intego, mwirinde icyo ari cyo cyose kidakozwe mu mucyo, mwirinde ibitekerezo bipfuye, ntimugacike intege”

Rwigamba kandi yashishikarije aba banyeshuri guhanga imirimo, ababwira ko ubushake n’imitekerereze inoze ari yo nkunga ya mbere amafaranga akaza ari inyingera yo gushyira imishinga mu bikorwa.

Kaminuza ya ULK ifite abarimu n’abayobozi bakuru bagera kuri 262 bafite impamyabumenyi zo ku rwego rw’icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Masters) ndetse na Phd.

Rwigamba yabwiye abahawe impamyabumenyi ko hari byinshi byabafasha gutangira imishinga igihugu kimaze kugeraho nka interineti.
Afungura ku mugaragaro umuhango wo gutanga impampabumenyi, Prof.Kalisa Mbanda
Abahawe Impamyabumenyi bari babukereye
Abayobozi ba ULK binjira mu kigo mbere y’uko umuhango nyirizina utangira
Abanyeshuri bishimiye kubona Impamyabumenyi bakoreye
Abayobozi ba ULK, bungurana ibitekerezo uko umuhango uri bugende
Bamwe mu barimu ba ULK, mu mutambagiro
Akanyamuneza nikoze kubahamwe Impamyabumenyi
Abakozi ba ULK mu byicaro byabo.
Padiri Izimenyera Etienne wo kuri Diyosezi ya Nyundo, ni umunyeshuri wahize abandi mu cyiciro cya kabiri mu ishami ry’icungamutungo. Avuga ko yungukiye byinshi muri iyi kaminuza ya ULK ndetse akaba agiye no kubisangiza abandi.
Aganira na Rushyashya, Padiri Izimenyera Etienne yagize ati “imyaka itatu nari maze hano niga icungamutungo byaramfashije, nkumva ari iokintu gikomeye cyane nungutse gukoresha ibyo mvanye mu ishuri nkaba ngiye kubikoresha mbibyaza andi mahirwe afitiye akamaro abanyarwanda ariko n’abandi dushonora guhura nabo hanze aha ngaha, numva rero nishimye,”

Kuva iyi Kaminuza yashingwa mu mwaka wa 1996 imaze guha impamyabumenyi abanyeshuri bagera ku 31,003.

2018-03-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabire Victoire Ajye Yibuka Ko Yafunzwe N’ibimenyetso Byavuye Mu Buholandi, Naho Isano N’abajenosideri, Akabaye Icwende Ntikoga Ngo Gashiremo Umunuko

Ingabire Victoire Ajye Yibuka Ko Yafunzwe N’ibimenyetso Byavuye Mu Buholandi, Naho Isano N’abajenosideri, Akabaye Icwende Ntikoga Ngo Gashiremo Umunuko

Ubwanditsi 04 Jun 2021
Ntibikiri Ibanga Petero Nkurunziza Akorana Na RNC Ya Kayumba Nyamwasa

Ntibikiri Ibanga Petero Nkurunziza Akorana Na RNC Ya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 05 Jul 2018
Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka

Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka

RUSHYASHYA 16 Jun 2026
Kuki ifatwa Rya Lt Joel Mutabazi rikomeje kuba ikibazo muri Uganda

Kuki ifatwa Rya Lt Joel Mutabazi rikomeje kuba ikibazo muri Uganda

Ubwanditsi 18 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru
Amakuru

Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ubwanditsi 04 Oct 2021
UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene
UBUKUNGU

UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

Ubwanditsi 21 Dec 2018
INTUMWA DR. PAUL GITWAZA ITI: “ABANYAFURIKA DUKENEYE GUHUMUKA TUKAVA MU GUSABIRIZA”
Mu Mahanga

INTUMWA DR. PAUL GITWAZA ITI: “ABANYAFURIKA DUKENEYE GUHUMUKA TUKAVA MU GUSABIRIZA”

Ubwanditsi 26 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru