• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»ULK Gisenyi: Ku Nshuro Ya 12 Abasaga 300 Bahawe Impamyabumenyi [ AMAFOTO ]

ULK Gisenyi: Ku Nshuro Ya 12 Abasaga 300 Bahawe Impamyabumenyi [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 31 Mar 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ku nshuro ya 12 Kaminuza yigenga ya Kigali [ULK] Gisenyi yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri bagera ku 326, muri bo 278 ni abo mu cyiciro cya kabiri (Undergraduate) na 36 bo mu cyiciro cya gatatu (Masters) hakiyongeraho n’abandi 10 baturutse i Kigali.

Umuhango wo gutanga izi mpamyabumenyi wabereye ku cyicaro cy’iyi kaminuza mu karere ka Rubavu kuri uyu wa gatatu tariki 28 Werurwe 2018.

Afungura ku mugaragaro umuhango wo gutanga impampabumenyi, Prof.Kalisa Mbanda, umuyobozi wa Kaminuza yashimye intambwe abanyeshuri bateye n’umuhate bagize wo kugira ngo bagere ku ntego yo gutsinda.

Dr. Sekibibi Ezechiel, umuyobozi wa kaminuza wungirije yashimye intambwe abanyeshuri basoje amasomo bateye, maze abahereza umukoro wo kugira uruhare mu gushakira ibisubizo bimwe mu bibazo bicyugarije umuryango nyarwanda.

Mu banyeshuri bagannye Kaminuza ya ULK mu mwaka wa 2018 abasaga 50 ku ijana ni baturutse hanze yigihugu.
Dr. Sekibibi Ezechiel, umuyobozi wa ULK

Sekibibi yagize ati “Uyu muhango twizihiza uyu munsi ni imbuto yeze ku muhate, kwihangana no gukorera hamwe, izi mpamyabumenyi muhawe zigomba kugira ibyo zihindura mu kuzana impinduka n’umusemburo w’iterambere igihugu cyifuza. Hanze aha hari ibibazo byinshi bitegereje umusanzu wanyu, mugende mugire impinduka muzana mu gushakira ibisubizo ibyo bibazo,”

Uyu muhango wo gutanga impamyabumenyi kandi witabiriwe n’abaturutse impande zose muri afurika barimo abavuye mu Burundi, Kenya, Uganda, Tanzania, Sierraleone, Congo, n’ahandi.

Sekibibi yatsindagiye ko kaminuza ya ULK itanga ubumenyi kandi igateza imbere ubushakashatsi buteza imbere imibereho myiza y’umuryango nyarwanda.

Ati “Ubumenyi duha abanyeshuri bacu burangajwe imbere n’ubushakashatsi n’indangagaciro igihugu gikeneye,”

Sekibibi yagize ati “Dushaka ko abanyeshuri bacu bagira ubumenyi ariko bakagira n’indangagaciro, dufite abarimu beza bafite ubumenyi bwo kubitaho, ubushakashatsi ni imwe mu nkingi kaminuza yacu igenderaho kandi dufite kubutezimbere kugira ngo tugire uruhare mu iterambere uguhugu cyacu kifuza.

Muri gahunda zo gufasha abanyeshuri bagana ULK batishoboye, abagera ku 2802 bahawe inkunga na kaminuza kugira ngo bakomeze amasomo yabo kuva kaminuza ya ULK yatangira.

Umuyobozi mukuru wanashinze Kaminuza ya ULK, Prof.Dr.Rwigamba Balinda yashimiye Minisiteri y’uburezi n’abandi bafatanyabikorwa, ingabo na polisi y’urwanda ku ruhare runini bagira mu guteza imbere igihugu.

Yashimye ubucuti n’umubano kaminuza ifitamye n’abanye Congo, ndetse ashimira abihayimana baje kwifatanya nabo mu muhango wo gutanga impamyabumenyi. Kaminuza ya ULK ni kaminuza ya gikirisitu igemdera kiu mahame ya gikirisitu.


Umuyobozi mukuru washinze Kaminuza ya ULK, Prof.Dr.Rwigamba Balinda

Rwigaba kamdi yashimiye abarimu ubwitange, umurava, mu kubiba imbuto nziza y’ubumenyi mu banyeshuri babifashijwemo n’Imana, abashishikariza kugira ukwemera kuva ku Mana.

Yagize ati “Ukwemera bibaha imbaraga zidasanzwe kandi zihoraho kuko muhabwa imbaraga n’imana iminsi yose, ukwemera kubaha ukwigirira icyizere, iyo udafite ukwemera nta n’icyizere cyo kubaho uba ufite,”

Rwigamba yabashishikarije ko batagomba kugira igihe bapfusha ubusa mu buzima, ababwira ko impamyabumenyi babonye zihamya ko bafite ubumenyi n’indangagaciro zo gufasha umuryango nyarwanda ndetse bakanakomeza gukorera Imana nk’uko bikubiye mu mahameremezo ya Kaminuza.

Yababwiye ko ubumuntu, kwihangana no gukora ari byo mpamba ikomeye yo gutera imbere kandi bagafasha benshi bagize umuryango nyarwanda.

“Mugende mushyire mu bikorwa izo dangagaciro zirimo urukundo, amahoro, kubabarira, umuhate, no gukorera Imana ni byo bizatuma mugera ku buzima bufite intego, mwirinde icyo ari cyo cyose kidakozwe mu mucyo, mwirinde ibitekerezo bipfuye, ntimugacike intege”

Rwigamba kandi yashishikarije aba banyeshuri guhanga imirimo, ababwira ko ubushake n’imitekerereze inoze ari yo nkunga ya mbere amafaranga akaza ari inyingera yo gushyira imishinga mu bikorwa.

Kaminuza ya ULK ifite abarimu n’abayobozi bakuru bagera kuri 262 bafite impamyabumenyi zo ku rwego rw’icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Masters) ndetse na Phd.

Rwigamba yabwiye abahawe impamyabumenyi ko hari byinshi byabafasha gutangira imishinga igihugu kimaze kugeraho nka interineti.
Afungura ku mugaragaro umuhango wo gutanga impampabumenyi, Prof.Kalisa Mbanda
Abahawe Impamyabumenyi bari babukereye
Abayobozi ba ULK binjira mu kigo mbere y’uko umuhango nyirizina utangira
Abanyeshuri bishimiye kubona Impamyabumenyi bakoreye
Abayobozi ba ULK, bungurana ibitekerezo uko umuhango uri bugende
Bamwe mu barimu ba ULK, mu mutambagiro
Akanyamuneza nikoze kubahamwe Impamyabumenyi
Abakozi ba ULK mu byicaro byabo.
Padiri Izimenyera Etienne wo kuri Diyosezi ya Nyundo, ni umunyeshuri wahize abandi mu cyiciro cya kabiri mu ishami ry’icungamutungo. Avuga ko yungukiye byinshi muri iyi kaminuza ya ULK ndetse akaba agiye no kubisangiza abandi.
Aganira na Rushyashya, Padiri Izimenyera Etienne yagize ati “imyaka itatu nari maze hano niga icungamutungo byaramfashije, nkumva ari iokintu gikomeye cyane nungutse gukoresha ibyo mvanye mu ishuri nkaba ngiye kubikoresha mbibyaza andi mahirwe afitiye akamaro abanyarwanda ariko n’abandi dushonora guhura nabo hanze aha ngaha, numva rero nishimye,”

Kuva iyi Kaminuza yashingwa mu mwaka wa 1996 imaze guha impamyabumenyi abanyeshuri bagera ku 31,003.

2018-03-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu y’uruzinduko rwa Sam Kutesa mu Rwanda

Impamvu y’uruzinduko rwa Sam Kutesa mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Oct 2018
Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero

Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero

Ubwanditsi 25 Apr 2018
So ukwanga akuraga ibyamunaniye: Muhire Didier Berno ukomora ingengabitekerezo ya Jenoside kuri se Karemera Boniface, ubu ni umuhuzabikorwa wa FDLR irindagirira mu mashyamba ya Kongo.

So ukwanga akuraga ibyamunaniye: Muhire Didier Berno ukomora ingengabitekerezo ya Jenoside kuri se Karemera Boniface, ubu ni umuhuzabikorwa wa FDLR irindagirira mu mashyamba ya Kongo.

Ubwanditsi 29 Apr 2021
Abiyita ingabo za FLN/Sankara bacitsemo ibice 2 bapfa ibisahurano

Abiyita ingabo za FLN/Sankara bacitsemo ibice 2 bapfa ibisahurano

Ubwanditsi 27 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.
POLITIKI

U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.

Ubwanditsi 08 Apr 2019
50% y’Amafaranga azava ku mikino ya nyuma y ‘lgikombe cy’Amahoro 2023 azafasha abagizweho ingaruka n’ibiza
Amakuru

50% y’Amafaranga azava ku mikino ya nyuma y ‘lgikombe cy’Amahoro 2023 azafasha abagizweho ingaruka n’ibiza

Ubwanditsi 24 May 2023
Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora
POLITIKI

Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora

Ubwanditsi 09 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru