• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»PSD yirukanye Professeur Ndayishimiye Eric kubera imyitwarire idahwitse

PSD yirukanye Professeur Ndayishimiye Eric kubera imyitwarire idahwitse

Ubwanditsi 13 Oct 2016 Mu Mahanga

Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’abaturage(PSD) ryirukanye Ndayishimiye Eric wari umuyoboke waryo rimushinja kurangwa n’imyitwarire idahwitse.

Biro politiki y’iryo shyaka yafashe uwo mwanzuro ubwo yateranaga ku wa Gatandatu tariki ya 8 Ukwakira 2016.

Ndayishimiye Eric yari mu bakandida 410 baturuka mu mitwe ya politiki ikorera mu Rwanda n’abigenga bagombaga gutoranywamo 80 bagombaga kwicara mu Nteko Ishinga Amategeko biciye mu matora y’abadepite yabaye ku wa wa 16-18 Nzeri 2013. Icyo gihe yari mu bakandida bigenga bahagarariye urubyiruko.

Raporo ya Komite Ishinzwe imikorere y’ishyaka n’imyitwarire y’abayoboke baryo, yagaragarije biro politiki yayo imyitwarire idahwitse ya Ndayishimiye, bivugwa ko idahwitse. Nyuma yo kuyibona ngo yagiye agirwa inama ariko ngo ntiyaziha agaciro, ibyo byatumye asezererwa muri biro politiki ndetse yirukanwa no mu ishyaka PSD.

Iyo myitwarire irimo gusuzugura inzego z’ishyaka n’andi makosa akomeye nkuko byemejwe na Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome, Umunyamabanga Mukuru wa PSD.

Ati “ Hari ibikorwa byinshi yagiye akora bidahesha agaciro ishyaka, gusebya ishyaka ubwaryo, hari ibijyanye no kwinjira muri website y’ishyaka akayivanaho, hari n’indi myitwarire idahwitse hanze, aho avuga amagambo adahesha ishyaka icyubahiro na politiki y’igihugu muri rusange n’ibindi.”

Ngabitsinze yavuze ko igikomeye Ndayishimye ashinjwa ari ugusuzugura inzego z’ishyaka, zamuhamagara akanga kwitaba. Ashinjwa kandi kurisebya ko hari ibikorwa yarikoreye ntiyishyurwe.

Iryo shyaka rihakana ibyo bikorwa kuko ngo atari umukozi waryo ahubwo yari umuyoboke usanzwe, ku buryo nta n’amasezerano y’akazi yigeze agirana naryo.

Ikindi ashinjwa ngo ni ugusebya iryo shyaka abicishije mu kwandikira inzego zitandukanye ko yarenganye, ku bijyanye n’ako kazi yiyitiriye.

-4326.jpg

Dr. Biruta Vincent ari mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric

Muri 2015 Ndayishimiye yahawe n’Ubuyobozi bwa PSD inshingano zo gukurikirana imikorere n’imikoresherezwe y’urubuga rw’iri shyaka (Website). Gusa ngo bikorwa n’abayoboke bitandukanye no guhabwa akazi.

Muri iyi nama kandi hari abandi bayoboke babiri bihanangirijwe, bo mu Ntara y’i Burengerazuba ku bijyanye n’imyitwarire idahwitse yabagarayeho, umwe muri bo yitabiriye inama asaba imbabazi.

-4327.jpg

Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome, Umunyamabanga Mukuru wa PSD

Mbere gato yo gufata iyo myanzuro, Dr Biruta yatangarije IGIHE dukesha iyi nkuru ko imitwe ya politiki mu gihugu igira komite ishinzwe imyitwarire y’abayoboke, igeza kuri biro politiki imyitwarire muri rusange y’abayoboke, ndetse ko gushyira iyo ngingo ku murongo w’ibyo bari kwigaho nta kidasanzwe cyabaye, ahubwo ko ari ibikorwa bisanzwe by’ishyaka.

Umwanditsi wacu

2016-10-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukuri k’urupfu rwa Depite Nyandwi Desire ukomoka mu ishyaka RPF-Inkotanyi  witabye Imana bitunguranye

Ukuri k’urupfu rwa Depite Nyandwi Desire ukomoka mu ishyaka RPF-Inkotanyi witabye Imana bitunguranye

Ubwanditsi 14 Oct 2016
Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ubwanditsi 04 Feb 2022
Gusesengura no guhanahana amakuru ku gihe ni ishingiro ryo gukumira ibyaha – CP Butera

Gusesengura no guhanahana amakuru ku gihe ni ishingiro ryo gukumira ibyaha – CP Butera

Ubwanditsi 17 Feb 2017
Col Byabagamba yakatiwe gufungwa imyaka 21 anamburwa impeta za gisirikare

Col Byabagamba yakatiwe gufungwa imyaka 21 anamburwa impeta za gisirikare

Ubwanditsi 04 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Kiyovu SC yerekanye abakinnyi 7 bashya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024
Amakuru

Amafoto – Kiyovu SC yerekanye abakinnyi 7 bashya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Ubwanditsi 26 Jul 2023
Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba

Ubwanditsi 21 Jan 2021
Umujyi wa Kigali watangiye  gusenya  Hoteli Top Tower [ AMAFOTO ]
Mu Rwanda

Umujyi wa Kigali watangiye gusenya Hoteli Top Tower [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 12 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru