• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Urujijo K’Umunyamakuru Wakoreye The New Times Yaburiwe Irengero Muri Uganda

Urujijo K’Umunyamakuru Wakoreye The New Times Yaburiwe Irengero Muri Uganda

Ubwanditsi 24 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umunyamakuru Sulah Nuwamanya yaburiwe irengero mu gihugu cya Uganda aho yabaga.

Ikinyamakuru  cya the new times gisohora inkuru zanditse cyaburiye irengero umunyamakuru wacyo witwa Sulah Nuwamanya, biturutse ku buryo yakoraga isesengura ryimbitse hagati y’u Rwanda,Uganda ndetse n’uwari umuyobozi wa Police General Kayihura akoresheje imbuga nkoranyambaga ya Facebook.

Nuwamanya yafashwe n’abantu batamenyekanye nyuma yo kwakira telephone yari ihamagawe n’inshuti ye wafuze ko ubuzima bwe buri mukaga.

Kugeza magingo ya ntibiramenyekana  niba icyo gikorwa cyarabereye I Kampala cyangwa se Luwero aho yakoreraga imishinga ye y’ubuhinzi.

New Times iravuga ko itazi aho Nuwamanya ari kuva yafatwa n’abantu batazwi wenda ngo habe hashakwa uburyo ubuzima bwe bwarokorwa.

Gusa uko bimeze kose umuryango we wakekaga  ko Nuwamanya yarari mu maboko yabashinzwe iperereza Chieftaincy of Military Intelligence(CMI) ariko uhagarariye(CMI)Brig Abel Kandiho yavuze ko ntawe bafite.Mu magambo ye Kandiho yaravuze ati: Oya Oya nta Sulah dufite.

Imwe mu nshuti ze ivuga ko bigoranye cyane kumenya aho ari kugeza uyu munsi.Yakomeje agira ati twese dufite ubwoba bwinshi kuko nta makuru ye tuzi.Gusa turizera ko ari mu maboko meza.

Byavuzwe ko, Nuwamanya igihe yaburaga yari yarabujijwe gukoresha telephone yo mu bwoko bwa smartphone ndetse n’imodoka yagendagamo mu rwego rwo kwirinda ko ubuzima bwe bwajya mukaga.

Nuwamanya yavugaga ko yumvikana cyane n’u Rwanda  rutumva neza ibikorwa bya Perezida Museveni washakaga ko areka gukoresha igihugu cya Uganda muri gahunda ze.

Sulah Nuwamanya ni umugabo w’abana batatu,akaba yari n’umunyapolitike wa Uganda ariko mu myaka mike ishize akaba yari mu Rwanda ariko atuye muri Uganda aho yakoranaga n’umuryango utari uwa leta wamufashaga mu mishinga ye.

Umugore we Beatrice Batamuriza uba mu Rwanda yabwiye Rushyashya ko atazi ibya Sulah Nuwamanya kuko yamutaye kuva 2014, ajya Uganda kuva ubwo kugeza ubu ntiyongeye kugaruka mu Rwanda.

Sulah Nuwamanya, avuka Ruhanga, Gitwe muri Ntungamo aho ni mugihugu cya Uganda yaje mu Rwanda 1994, ajya kwiga mu cyahoze ari Kaminuza y’u Rwanda I Butare nyuma yaje kuba umunyamakuru muri Rwanda newlines  yandikwaga n’Umuseso , aho yavuye ajya gukora muri The newtimes yaje kuvamo yirukanywe ashinga ikinyamakuru Weekely post, yari afatanije na Mukombozi ndetse na David Kabuye, iki kinyamakuru cyaje gufatirwa mu icapiro kitaragera hanze kubera ko amafaranga cyakoreshaga cyayahabwaga na Col. Patrick Karegeya waguye muri Afrika y’epfo.

Umunyamakuru Sulah Nuwamanya

Kuva ubwo Sulah Nuwamanya yagiye gukorera umushinga ActionAid International igisata cyo mu Rwanda akakazi akagafatanya no kuba Activiste, aho yakundaga gusohora inyandiko kurukuta rwe rwa Facebook, asebya ibyo u Rwanda rwagezeho. Yaje kuva mu Rwanda mu mwaka 2014, ajya muri  Uganda aho yakomereje ibyo bikorwa byo kuba Activiste, arinako yandika ibintu bibi ku Rwanda.

Abakurikira amakuru ye baravuga ko ibura rye rishobora kuba Ikinamico ryo kugirango yibonere ubuhungiro mu bihugu byo hanze kuko ubuzima Kampala bumushaririye cyane.

2018-04-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwibuka25 : Umunyamakuru André Kameya [RWANDA RUSHYA] yari muntu ki ?

Kwibuka25 : Umunyamakuru André Kameya [RWANDA RUSHYA] yari muntu ki ?

Ubwanditsi 15 Apr 2019
Mbonigaba Ismaël  wayoboye Ikinyamakuru UMUSESO, yakatiwe igifungo cy’amezi 32 ahamijwe gusambanya abana

Mbonigaba Ismaël wayoboye Ikinyamakuru UMUSESO, yakatiwe igifungo cy’amezi 32 ahamijwe gusambanya abana

Ubwanditsi 28 Oct 2018
Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Ubwanditsi 26 Apr 2019
Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Ubwanditsi 15 Sep 2023

Igitekerezo kimwe

  1. Ntareyakanwa
    April 24, 20182:27 pm -

    Mbega akumiriro!

    Ubu rero umuti warangije kuvangwa kare cyane!

    Bantu mwica abandi muzirikane ko namwe ariko muzajya murangira

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamirambo: Impanuka y’ Imodoka na Moto Yahitanye Umwe Ikomeretse Batanu
Mu Mahanga

Nyamirambo: Impanuka y’ Imodoka na Moto Yahitanye Umwe Ikomeretse Batanu

Ubwanditsi 29 Dec 2016
Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo
Mu Mahanga

Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya
POLITIKI

Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya

Ubwanditsi 09 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru