• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Urujijo K’Umunyamakuru Wakoreye The New Times Yaburiwe Irengero Muri Uganda

Urujijo K’Umunyamakuru Wakoreye The New Times Yaburiwe Irengero Muri Uganda

Editorial 24 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umunyamakuru Sulah Nuwamanya yaburiwe irengero mu gihugu cya Uganda aho yabaga.

Ikinyamakuru  cya the new times gisohora inkuru zanditse cyaburiye irengero umunyamakuru wacyo witwa Sulah Nuwamanya, biturutse ku buryo yakoraga isesengura ryimbitse hagati y’u Rwanda,Uganda ndetse n’uwari umuyobozi wa Police General Kayihura akoresheje imbuga nkoranyambaga ya Facebook.

Nuwamanya yafashwe n’abantu batamenyekanye nyuma yo kwakira telephone yari ihamagawe n’inshuti ye wafuze ko ubuzima bwe buri mukaga.

Kugeza magingo ya ntibiramenyekana  niba icyo gikorwa cyarabereye I Kampala cyangwa se Luwero aho yakoreraga imishinga ye y’ubuhinzi.

New Times iravuga ko itazi aho Nuwamanya ari kuva yafatwa n’abantu batazwi wenda ngo habe hashakwa uburyo ubuzima bwe bwarokorwa.

Gusa uko bimeze kose umuryango we wakekaga  ko Nuwamanya yarari mu maboko yabashinzwe iperereza Chieftaincy of Military Intelligence(CMI) ariko uhagarariye(CMI)Brig Abel Kandiho yavuze ko ntawe bafite.Mu magambo ye Kandiho yaravuze ati: Oya Oya nta Sulah dufite.

Imwe mu nshuti ze ivuga ko bigoranye cyane kumenya aho ari kugeza uyu munsi.Yakomeje agira ati twese dufite ubwoba bwinshi kuko nta makuru ye tuzi.Gusa turizera ko ari mu maboko meza.

Byavuzwe ko, Nuwamanya igihe yaburaga yari yarabujijwe gukoresha telephone yo mu bwoko bwa smartphone ndetse n’imodoka yagendagamo mu rwego rwo kwirinda ko ubuzima bwe bwajya mukaga.

Nuwamanya yavugaga ko yumvikana cyane n’u Rwanda  rutumva neza ibikorwa bya Perezida Museveni washakaga ko areka gukoresha igihugu cya Uganda muri gahunda ze.

Sulah Nuwamanya ni umugabo w’abana batatu,akaba yari n’umunyapolitike wa Uganda ariko mu myaka mike ishize akaba yari mu Rwanda ariko atuye muri Uganda aho yakoranaga n’umuryango utari uwa leta wamufashaga mu mishinga ye.

Umugore we Beatrice Batamuriza uba mu Rwanda yabwiye Rushyashya ko atazi ibya Sulah Nuwamanya kuko yamutaye kuva 2014, ajya Uganda kuva ubwo kugeza ubu ntiyongeye kugaruka mu Rwanda.

Sulah Nuwamanya, avuka Ruhanga, Gitwe muri Ntungamo aho ni mugihugu cya Uganda yaje mu Rwanda 1994, ajya kwiga mu cyahoze ari Kaminuza y’u Rwanda I Butare nyuma yaje kuba umunyamakuru muri Rwanda newlines  yandikwaga n’Umuseso , aho yavuye ajya gukora muri The newtimes yaje kuvamo yirukanywe ashinga ikinyamakuru Weekely post, yari afatanije na Mukombozi ndetse na David Kabuye, iki kinyamakuru cyaje gufatirwa mu icapiro kitaragera hanze kubera ko amafaranga cyakoreshaga cyayahabwaga na Col. Patrick Karegeya waguye muri Afrika y’epfo.

Umunyamakuru Sulah Nuwamanya

Kuva ubwo Sulah Nuwamanya yagiye gukorera umushinga ActionAid International igisata cyo mu Rwanda akakazi akagafatanya no kuba Activiste, aho yakundaga gusohora inyandiko kurukuta rwe rwa Facebook, asebya ibyo u Rwanda rwagezeho. Yaje kuva mu Rwanda mu mwaka 2014, ajya muri  Uganda aho yakomereje ibyo bikorwa byo kuba Activiste, arinako yandika ibintu bibi ku Rwanda.

Abakurikira amakuru ye baravuga ko ibura rye rishobora kuba Ikinamico ryo kugirango yibonere ubuhungiro mu bihugu byo hanze kuko ubuzima Kampala bumushaririye cyane.

2018-04-24
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza gutera u Rwanda ko bazirengera ingaruka bazahura na zo z’iyo ntambara.

Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza gutera u Rwanda ko bazirengera ingaruka bazahura na zo z’iyo ntambara.

Editorial 08 Apr 2019
U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

Editorial 24 Mar 2020
Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi

Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 10 Mar 2020
Afrika y’epfo habaye umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya cyangwa Osama Bin Laden w’u Rwanda

Afrika y’epfo habaye umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya cyangwa Osama Bin Laden w’u Rwanda

Editorial 20 Feb 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Ntareyakanwa
    April 24, 20182:27 pm -

    Mbega akumiriro!

    Ubu rero umuti warangije kuvangwa kare cyane!

    Bantu mwica abandi muzirikane ko namwe ariko muzajya murangira

    Subiza

Leave a Reply to Ntareyakanwa Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza
Mu Mahanga

88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza

Editorial 17 Feb 2017
Perezida Kagame yagaragaje akamaro k’ababyeyi ahereye mu rugo iwe
POLITIKI

Perezida Kagame yagaragaje akamaro k’ababyeyi ahereye mu rugo iwe

Editorial 14 May 2018
Ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya yahanishijwe kutagura abakinnyi mu myaka ibiri kubera kutishyura Habamahoro Vincent ukinira Kiyovu SC
Amakuru

Ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya yahanishijwe kutagura abakinnyi mu myaka ibiri kubera kutishyura Habamahoro Vincent ukinira Kiyovu SC

Editorial 24 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru