• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza gutera u Rwanda ko bazirengera ingaruka bazahura na zo z’iyo ntambara.

Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza gutera u Rwanda ko bazirengera ingaruka bazahura na zo z’iyo ntambara.

Editorial 08 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyitabiriwe n’abakorera ibitangazamakuru Mpuzamahanga niby’imbere mu gihugu. Mu rwego rwo kwibuka Jenoside k’inshuro ya 25, Perezida Paul Kagame yavuze ko komisiyo yashyizweho na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron ngo icukumbure uruhare rw’icyo gihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi ari intambwe ikomeye yatewe.

Yagize ati “Komisiyo Perezida Macron w’u Bufaransa yashyizeho, ni bya bindi by’intambwe igaragara mu buyobozi bw’u Bufaransa mu gukemura icyo kibazo, kuko hari n’ibindi bakora bikemura ibibazo bireba u Rwanda.

Kuri icyo navuga ko bateye intambwe, ubwo ni ukuyitera kugira ngo n’ibindi bigende neza, ngira ngo umuntu yategereza akareba uko bizagenda.”

Yavuze ko iyi ntambwe kimwe n’izindi zitandukanye zatewe “mu gihe gishya, ku muyobozi mushya no mu mikorerere itandukanye n’iyahozeho kera’.

Ku wa Gatanu nibwo Perezida Macron nyuma yo guhura n’abayobozi ba Ibuka-France, yatangaje iryo tsinda ry’impuguke umunani rizayoborwa na Prof. Vincent Duclert.

Rizaba rifite inshingano zo “gusuzuma inyandiko u Bufaransa bubitse zifitanye isano na Jenoside zo hagati y’umwaka wa 1990 na 1994, hagamijwe gusesengura uruhare n’ibikorwa by’u Bufaransa muri icyo gihe no gutanga umusanzu mu kurushaho kumva no gusobanukirwa Jenoside yakorewe abatutsi.”

Perezida Kagame na Perezida Macron

Perezida Macron yanatangaje ko hagiye gushyirwaho uburyo bwo gusobanura amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi no gushishikariza abantu gukora imishinga y’ubushakashatsi kuri Jenoside, by’umwihariko yibanda ku yakorewe Abatutsi, akanongerera ubushobozi urukiko rukurikirana ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi no kongera umubare w’abagenzacyaha “kugira ngo abakekwaho uruhare muri Jenoside bakurikiranwe kandi bacirwe imanza mu gihe gikwiye”.

Muri iki kiganiro Perezida Kagame yongeye gushimangira ko uwashoza intambara ku Rwanda yabihomberamo, atangaza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n’uwo ari we wese warushozaho intambara.

Umunyamakuru ati “Hari ibimenyetso byagaragaye nko mu ishyamba rya Nyungwe n’ahandi hatandukanye, aho abantu bagerageje guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ese intambara irashoboka?”

Perezida Kagame yavuze ko atekereza ko intambara ari ikintu umuntu wese atakwihutira kujyamo.

Yavuze ko ijambo ‘intambara’ ari ijambo riremereye n’ubwo bamwe barivuga uko bishakiye abandi ntibumve uburemere bwaryo.

Ati “Ryumvikana neza iyo urebye ku buzima n’ibindi bintu by’ingenzi byangirikira mu ntambara”

“Ntabwo ari ikintu cya mbere, si n’icya kabiri, yemwe si n’icya gatatu mu by’ibanze. Ni ikintu kibaho kuko nta bundi buryo buhari bwo gukemura ikibazo.”

Yagarutse ku rugero rw’ibiherutse kuba mu ishyamba rya Nyungwe, avuga ko abari babiri inyuma bashobora kuba bari bafite umugambi wo gushotora u Rwanda kugira ngo ingabo z’u Rwanda nizibakurikira mu bihugu byo hanze barurege ko ari rwo kibazo, bityo ibibazo byari bisanzwe biriho mbere y’iyo ntambara byirengagizwe.

Ati “Ni ko twabibonye, bo bumvaga ko bizaba ari inyungu kuri bo, ariko twabonye ko ibyo bashatse kugeraho bidashoboka, baribeshye.”

Perezida Kagame yasobanuye ko n’ubwo u Rwanda rudatekereza guteza intambara ahandi, abandi bo bashobora kuba bategura intambara ku Rwanda, ariko ko rutazemerera uzarushotora ahubwo ko bazahangana.

Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza gutera u Rwanda ko bazirengera ingaruka bazahura na zo z’iyo ntambara.

Yavuze ko uko inzego zitandukanye mu Rwanda zirushaho gutera imbere nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, iterambere ry’u Rwanda ryabaye no mu bijyanye n’ubwirinzi, bityo ko rwiteguye guhangana n’uwagerageza kuruhungabanyiriza umutekano.

Umukuru w’igihugu yanagarutse ku magambo bamwe mu banyarwanda avuga ko bananiwe gufatanya n’abandi mu guteza imbere igihugu bajya bavuga cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga ko bafashe ibice bimwe na bimwe by’igihugu, avuga ko ibyo ari amagambo gusa.

Ati “Abo bantu ntibazi ibyo baba bavuga.”

Ku cyumweru tariki 07 Mata 2019 ubwo yatangizaga ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yavuze ko abatekereza ko u Rwanda rutabonye ikibi bihagije, bagashaka kongera kurukora mu jisho, baba abari mu gihugu cyangwa abari hanze yacyo, ari bo bazabihomberamo birenze uko babitekereza.

Yagize ati “Utekereza ko u Rwanda rutabonye ikibi bihagije akibaza ko yaza kutuvangira, ni twe tuzamuha isomo rirenze iryo atekereza. Uwo ni wo mwuka utuyobora, kandi ibyabaye ntibishobora kongera ukundi”.


2019-04-08
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa

Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa

Editorial 09 Sep 2018
Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda

Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda

Editorial 15 Apr 2018
Havumbuwe umugambi w’u Burundi na Uganda wo guhungabanya u Rwanda

Havumbuwe umugambi w’u Burundi na Uganda wo guhungabanya u Rwanda

Editorial 15 Nov 2018
Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Editorial 11 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe
POLITIKI

Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Editorial 06 Jun 2017
Burundi – Uganda: magendu no kunyereza amafranga ya leta hagati ya Museveni na Nkurunziza, umusaraba k’umutekano w’Africa muri rusange
INKURU NYAMUKURU

Burundi – Uganda: magendu no kunyereza amafranga ya leta hagati ya Museveni na Nkurunziza, umusaraba k’umutekano w’Africa muri rusange

Editorial 16 Sep 2018
Ubukungu bwa Uganda bukomeje kujya mu kangaratete kubera kutumvikana n’abaturanyi
INKURU NYAMUKURU

Ubukungu bwa Uganda bukomeje kujya mu kangaratete kubera kutumvikana n’abaturanyi

Editorial 27 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru