• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Ubwanditsi 15 Sep 2023 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

Abapolisi 288 basoje amasomo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Abapolisi 228 basoje amahugurwa y’ibanze y’ibikorwa bya polisi byihariye (Basic Special Forces course) yaberaga mu kigo gitangirwamo amahugurwa yo kurwanya iterabwoba giherereye i Mayange mu Karere ka Bugesera.

Minisitiri w’umutekano, Alfred Gasana ni we wasoje aya mahugurwa kuri uyu wa 14 Nzeri 2023 abayitabiriye bagaragaza ubumenyi bahawe mu byiciro birimo kugendera ku migozi, kurira inkuta ndende, gusimbuka umuriro, kumanuka mu ndege igenda n’ibindi.

Abayitabiriye bari bayamazemo amezi icyenda.

Muri Nyakanga uyu mwaka Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi bashya 501 bahawe ipeti rya Assistant Inspector of Police (AIP) nyuma yo gusoza amahugurwa y’abofisiye bato mu Ishuri rya Polisi i Gishari mu Karere ka Rwamagana.

Mu 2000 nibwo Polisi y’u Rwanda yabayeho biturutse ku guhuza inshingano za ‘Gendarmerie Nationale’, urwego rwagenzurwaga na Minisiteri y’Ingabo, ‘Police Communal’ yari muri Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu gihugu hari kandi na Police Judiciel yari muri Minisiteri y’Ubutabera.

Kuva icyo gihe Polisi yakomeje kugenda yiyubaka mu buryo butandukanye ndetse n’umubare w’abayigize uriyongera.

Kugeza ubu Polisi y’u Rwanda igizwe n’amashami atandukanye arimo ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, irishinzwe ikoranabuhanga, irishinzwe ubuvuzi, irishinzwe umutekano wo mu mazi, irishinzwe kuzimya no gukumira inkongi.

Polisi y’u Rwanda kandi ifite ishami rishinzwe gucunga umutekano no gusaka hakoreshejwe imbwa, Irishinzwe ubwubatsi, irishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga, irishinzwe abakozi n’imiyoborere, irishinzwe imikoresherezwe y’imari n’umutungo ndetse n’andi ashinzwe ingeri z’imirimo itandukanye ibarizwa muri Polisi y’u Rwanda.

Minisitiri w’Umutekano, Gasana Alfred n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi bakurikiranye iyi myitozo

Minisitiri Gasana ageza ubutumwa ku bapolisi basoje amasomo yari aamze amezi icyenda

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP), Felix Namuhoranye atanga impanuro ku basoje amasomo

Minisitiri w’Umutekano, Alfred Gasana yashyikirije ibyemezo by’ishimwe abitwaye neza kurusha abandi

Abasoje amasomo bari bari mu byishimo bikomeye

Abarenga 200 ni bo bitabiriye aya mahugurwa yaberaga i Mayange mu Karere ka Bugesera

2023-09-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarwayi batanu basanganywe Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda uba 75

Abarwayi batanu basanganywe Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda uba 75

Ubwanditsi 01 Apr 2020
The Ben na Sheebah bari muri Afurika y’Epfo gufata amashusho y’indirimbo yabo

The Ben na Sheebah bari muri Afurika y’Epfo gufata amashusho y’indirimbo yabo

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Umubiligi Ivan Jack Minaert yatangije imyitozo mu ikipe ya Gorilla FC iheruka gutandukana na Gatera Mussa

Umubiligi Ivan Jack Minaert yatangije imyitozo mu ikipe ya Gorilla FC iheruka gutandukana na Gatera Mussa

Ubwanditsi 20 Feb 2024
APR FC na Rayon Sports zaguye miswi ya 0-0 mu mukino w’umunsi wa 9 – Uko imikino yose yarangiye

APR FC na Rayon Sports zaguye miswi ya 0-0 mu mukino w’umunsi wa 9 – Uko imikino yose yarangiye

Ubwanditsi 29 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8
HIRYA NO HINO

Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8

Ubwanditsi 15 Jul 2018
SIDA: Abana banywera Imiti ku Ishuri bafite Imbogamizi y’Akato bahabwa na bagenzi babo
Amakuru

SIDA: Abana banywera Imiti ku Ishuri bafite Imbogamizi y’Akato bahabwa na bagenzi babo

Ubwanditsi 15 May 2024
Komisiyo y’Amatora yamaganye abiyita abakandida basaba inkunga abaturage
POLITIKI

Komisiyo y’Amatora yamaganye abiyita abakandida basaba inkunga abaturage

Ubwanditsi 17 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru