• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Restrepo Jonathan yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga i Kigali gasorezwa mu karere ka Rubavu ahita anafata umwenda w’umuhondo

Restrepo Jonathan yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga i Kigali gasorezwa mu karere ka Rubavu ahita anafata umwenda w’umuhondo

Ubwanditsi 22 Feb 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Kuri uyu uwa kabiri tariki ya 22 Gashyantare 2022 nibwo abasiganwa muri Tour Du Rwanda bahagarute mu mujyi wa Kigali berekeza mu karere ka Rubavu aho basoreje kuri Brasserie, Ku ntera y’ibilometero 155 na Metero 900 Restrepo Jonathan ukomoka muri Colombia niwe wegukanye aka gace.

Abasiganwa bahagurutse ku nyubako ya MIC ahagana saa mbili z’igitondo uko bose ari 89 dore ko umwe muribo basanze arwaye Koronovirus bituma umubare ugabanyuka, aba babanje gukora intera y’iblometero5.2 ariko bitabarwa dore ko isiganwa nyirizina ryatangiriye ahazwi nko ku Gitikinyoni.

Mu nzira bagenda, abasiganwa baranzwe no kwicamo ibice bibiri uhereye kuri Kilometero cya kabiri, abakinnyi bivanguye bakagenda mu bimbere barimo Nsengimana Jean Bosco, Rugamba Janvier, Alba , Madrazo ndetse na Ewart ukinira Bike Aid.

 

Uko abasiganwa ariko bakomezaga kugenda bakora bagabanya ibilometero byateguwe ni nako bamwe basigaraga abandi bagakomezanya kugeza ubwo umunyarwanda Mugisha Moise wigeze gusoza ku mwanya wa Kabiri muri Tour du Rwanda 2020 yasanze igikundi cy’imbere cyarimo n’abandi banyarwanda barakomezanya.

Abasiganwa bageze mu karere ka Nyabihu binjira mu karere ka Rubavu, Ewart Jesse wa Bike Aid niwe waari imbere y’abandi, uyu yaje gufatwa na Natnael Testazion wo muri Erithrea bari bakurikiwe n’igikundi kirimo abakinnyi, aha abasiganwa bageze mu ibilometero 12 bya nyuma bari basize igikundi iminota ibiri n’amasegonda 25.

Nyuma y’inzira ndende yavaga i Kigali berekeza i Rubavu, byarangiye Restrepo Valencia ukinira ikipe ya Drone Hopper Androni Gio ariwe we wegukanye agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2022 k’intera y’ibilometero 155,9.

Restrepo Jonathan yegukanye aka gace akoresheje amasaha 3 iminota 54 n’amasegonda 10, akaba yasize igikundi cyaje kimukurikiye umunota umwe n’amasegonda 17, kuri uyu munsi Hakizimana Seth wa Team Rwanda yahageze ari uwa 23 nyuma y’uwambere ho umunota 1 n’amasegonda 31.

Nyuma y’uduce dutatu twa Tour du Rwanda, ku rutonde rusange Restrepo Valencia Jonathan wa Drone Hopper – Andronni GIO niwe uyoboye abandi akaba yambaye umwenda w’umuhondo, umukinnyi w’umunyarwanda uri ku mwanya wa hafi ni Uhiriwe Byiza Renus uri ku mwanya 22 akaba ari gusigwa umunota umwe n’amasegonda 45.

Kuri uyu wa gatatu, abasiganwa bazakora agace ka kane kazava Kigali bahagurukira Kimironko bazasoreze mu karere ka Gicumbi bakazasiganwa intera y’Ibilometero 124 na metero 300.

2022-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BNR yazamuye urwunguko rwayo ruva kuri 6,75% rwari rwashyizweho mu mezi atatu ashize, rushyirwa kuri 7,25%

BNR yazamuye urwunguko rwayo ruva kuri 6,75% rwari rwashyizweho mu mezi atatu ashize, rushyirwa kuri 7,25%

RUSHYASHYA 20 Feb 2026
Mu Rwanda hatangijwe umukino w’imodoka nto uzwi nka ‘Karting’ (Video)

Mu Rwanda hatangijwe umukino w’imodoka nto uzwi nka ‘Karting’ (Video)

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Alikiba yagize icyo avuga ku mushinga wo gukorana na Davido indirimbo

Alikiba yagize icyo avuga ku mushinga wo gukorana na Davido indirimbo

Ubwanditsi 09 Jan 2016
Zimbabwe na Nigeria banganyirije i Huye 1-1 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Zimbabwe na Nigeria banganyirije i Huye 1-1 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 19 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 05 Apr 2023
Savio afashije Amavubi yabonye umutuku kunganya na Namibia
IMIKINO

Savio afashije Amavubi yabonye umutuku kunganya na Namibia

Ubwanditsi 07 Jan 2018
Museveni yishimiye kuburyo bukomeye Charly na Nina arabaramutsa mu bukwe abaha na envelope
Mu Rwanda

Museveni yishimiye kuburyo bukomeye Charly na Nina arabaramutsa mu bukwe abaha na envelope

Ubwanditsi 03 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru