• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Restrepo Jonathan yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga i Kigali gasorezwa mu karere ka Rubavu ahita anafata umwenda w’umuhondo

Restrepo Jonathan yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga i Kigali gasorezwa mu karere ka Rubavu ahita anafata umwenda w’umuhondo

Ubwanditsi 22 Feb 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Kuri uyu uwa kabiri tariki ya 22 Gashyantare 2022 nibwo abasiganwa muri Tour Du Rwanda bahagarute mu mujyi wa Kigali berekeza mu karere ka Rubavu aho basoreje kuri Brasserie, Ku ntera y’ibilometero 155 na Metero 900 Restrepo Jonathan ukomoka muri Colombia niwe wegukanye aka gace.

Abasiganwa bahagurutse ku nyubako ya MIC ahagana saa mbili z’igitondo uko bose ari 89 dore ko umwe muribo basanze arwaye Koronovirus bituma umubare ugabanyuka, aba babanje gukora intera y’iblometero5.2 ariko bitabarwa dore ko isiganwa nyirizina ryatangiriye ahazwi nko ku Gitikinyoni.

Mu nzira bagenda, abasiganwa baranzwe no kwicamo ibice bibiri uhereye kuri Kilometero cya kabiri, abakinnyi bivanguye bakagenda mu bimbere barimo Nsengimana Jean Bosco, Rugamba Janvier, Alba , Madrazo ndetse na Ewart ukinira Bike Aid.

 

Uko abasiganwa ariko bakomezaga kugenda bakora bagabanya ibilometero byateguwe ni nako bamwe basigaraga abandi bagakomezanya kugeza ubwo umunyarwanda Mugisha Moise wigeze gusoza ku mwanya wa Kabiri muri Tour du Rwanda 2020 yasanze igikundi cy’imbere cyarimo n’abandi banyarwanda barakomezanya.

Abasiganwa bageze mu karere ka Nyabihu binjira mu karere ka Rubavu, Ewart Jesse wa Bike Aid niwe waari imbere y’abandi, uyu yaje gufatwa na Natnael Testazion wo muri Erithrea bari bakurikiwe n’igikundi kirimo abakinnyi, aha abasiganwa bageze mu ibilometero 12 bya nyuma bari basize igikundi iminota ibiri n’amasegonda 25.

Nyuma y’inzira ndende yavaga i Kigali berekeza i Rubavu, byarangiye Restrepo Valencia ukinira ikipe ya Drone Hopper Androni Gio ariwe we wegukanye agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2022 k’intera y’ibilometero 155,9.

Restrepo Jonathan yegukanye aka gace akoresheje amasaha 3 iminota 54 n’amasegonda 10, akaba yasize igikundi cyaje kimukurikiye umunota umwe n’amasegonda 17, kuri uyu munsi Hakizimana Seth wa Team Rwanda yahageze ari uwa 23 nyuma y’uwambere ho umunota 1 n’amasegonda 31.

Nyuma y’uduce dutatu twa Tour du Rwanda, ku rutonde rusange Restrepo Valencia Jonathan wa Drone Hopper – Andronni GIO niwe uyoboye abandi akaba yambaye umwenda w’umuhondo, umukinnyi w’umunyarwanda uri ku mwanya wa hafi ni Uhiriwe Byiza Renus uri ku mwanya 22 akaba ari gusigwa umunota umwe n’amasegonda 45.

Kuri uyu wa gatatu, abasiganwa bazakora agace ka kane kazava Kigali bahagurukira Kimironko bazasoreze mu karere ka Gicumbi bakazasiganwa intera y’Ibilometero 124 na metero 300.

2022-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029

Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029

Ubwanditsi 18 Feb 2025
RDB yashyizeho uburyo bushya bwo kumenyekanisha u Rwanda ku bitabiriye WEF

RDB yashyizeho uburyo bushya bwo kumenyekanisha u Rwanda ku bitabiriye WEF

Ubwanditsi 12 May 2016
Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Ubwanditsi 23 Jul 2021
Polisi y’u Rwanda yinjiye mu rugamba rwo kurwanya Malaria

Polisi y’u Rwanda yinjiye mu rugamba rwo kurwanya Malaria

Ubwanditsi 10 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police Handball Club yatangiye shampiyona itsinda G.S Rambura
Mu Mahanga

Police Handball Club yatangiye shampiyona itsinda G.S Rambura

Ubwanditsi 06 Mar 2016
Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020
Amakuru

Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020

Ubwanditsi 08 Jul 2021
Babiri bafunzwe bazira gufatanwa amafaranga y’amiganano
ITOHOZA

Babiri bafunzwe bazira gufatanwa amafaranga y’amiganano

Ubwanditsi 08 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru