• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mu Rwanda hatangijwe umukino w’imodoka nto uzwi nka ‘Karting’ (Video)

Mu Rwanda hatangijwe umukino w’imodoka nto uzwi nka ‘Karting’ (Video)

Ubwanditsi 26 Aug 2018 IMIKINO

Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa mu modoka mu Rwanda ku bufatanye n’Ubuyobozi bw’uyu mukino ku Isi (FIA), ryatangije ku mugaragaro ubwoko bushya bwawo buzwi nka ‘Karting’ busanzwe bumenyerewe mu bihugu byateye imbere.

Uyu mukino wifashisha utumodoka duto ni wo wazamuye ibihangange ku Isi mu gusiganwa ku modoka kuko Nico Rosberg, Ayrton Senna, Lewis Hamilton, Michael Schumacher n’abandi bagiye batangirira mu gukina karting bakiri bato.

Iki gikorwa cyabereye muri parking ya Kigali Convention Center kuri uyu wa 25 Kanama 2018, cyari kirangajwe imbere n’Umuyobozi wa FIA (Fédération Internationale de l’Automobile), Jean Todt n’Umuyobozi w’uyu mukino mu Rwanda, Gakwaya Christian.

Watangijwe nyuma y’Inama yahuje abahagarariye amashyirahamwe y’umukino wo gusiganwa mu modoka muri Afurika, yabereye i Kigali kuri uyu wa Gatandatu.

Mu kiganiro na IGIHE, Gakwaya yavuze ko umukino wa Karting ukoresha imodoka nto ari kimwe mu byiciro bya siporo zikoresha imodoka, ukaba ufite intego ebyiri arizo kwishimisha no kuzamura impano z’abana bato guhera ku myaka umunani.

Ati “Ntiwavuga ngo abana bazajyamo bazi imodoka, icyo bisaba ni ukuba yumva uko imodoka ikora. Ntabwo ari nk’imodoka isanzwe kuko nta muvuduko uri hejuru igira, hari aho itarenza bituma hataba impanuka.”

Yakomeje avuga ko abifuza kwinjira muri uyu mukino nta kindi basabwa uretse kwiyandikisha, nyuma bakazajya bahabwa amahugurwa azajya atangwa byibura rimwe mu kwezi.

Biteganywa ko umwaka utaha bazatangiza amarushanwa hakemezwa n’aho uyu mukino uzajya ubera.

Mujiji Kevin w’imyaka 22 usanzwe witabira amarushanwa yo gusiganwa mu modoka nini yunganira utwara (co-pilote), ni umwe mu bitabiriye gutangiza Karting, akaba avuga ko yajemo kuko ari icyiciro gifatwa nk’umusingi w’amasiganwa.

Ati “Kuza gutwara muri Karting ni uburyo bwo kwiyungura ubumenyi, ku buryo n’ejo ngize amahirwe nkatangira gutwara mu masiganwa asanzwe bitangora. Gutwara imodoka ni siporo nziza, kandi iyo ukiri muto birakorohera cyane kuyinjiramo.”

Uyu mukino wa Karting watangiranye imodoka 10, bakaba bateganya ko byibura umwaka utaha bazaba bafite izigera kuri 25. Imwe igura ama pounds 6000, ni ukuvuga asaga miliyoni 6Frw.

Hanazanywe izindi modoka ebyiri zitwa Xcar nazo zikoreshwa mu gusiganwa, biteganyijwe ko umwaka utaha hazatangizwa umukino zikoreshwamo.

2018-08-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bisengimana Justin wari umutoza wa Espoir FC yahagaritswe asimbuzwa Bipfubusa wari umutoza w’abanyezamu

Bisengimana Justin wari umutoza wa Espoir FC yahagaritswe asimbuzwa Bipfubusa wari umutoza w’abanyezamu

Ubwanditsi 20 Dec 2022
Ambasaderi Bazivamo yakurikiye umukino APR WVC yatsinzemo Carthage yo muri Tunisia mu irushanwa Nyafurika riri kubera muri Nigeria

Ambasaderi Bazivamo yakurikiye umukino APR WVC yatsinzemo Carthage yo muri Tunisia mu irushanwa Nyafurika riri kubera muri Nigeria

Ubwanditsi 03 Apr 2025
Police FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2022 ihurirayo na Bugesera FC yasezereye Rayon Sports

Police FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2022 ihurirayo na Bugesera FC yasezereye Rayon Sports

Ubwanditsi 24 Apr 2024
Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yahakanye gufungwa rya Diane Rwigara, yemeza ko ari gukorwaho iperereza
ITOHOZA

Polisi yahakanye gufungwa rya Diane Rwigara, yemeza ko ari gukorwaho iperereza

Ubwanditsi 31 Aug 2017
A hospital in Rwanda unabled to discharge a Burundian because he has nowhere to go
Mu Mahanga

A hospital in Rwanda unabled to discharge a Burundian because he has nowhere to go

Ubwanditsi 18 Jan 2016
Impinduka mu birori byo gufungura FESPAD n’Umuganura, Yemi Alade na Angelique Kidjo ntibakije hazaza Sauti Sol na Zao Zoba
SHOWBIZ

Impinduka mu birori byo gufungura FESPAD n’Umuganura, Yemi Alade na Angelique Kidjo ntibakije hazaza Sauti Sol na Zao Zoba

Ubwanditsi 26 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru