• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mu Rwanda hatangijwe umukino w’imodoka nto uzwi nka ‘Karting’ (Video)

Mu Rwanda hatangijwe umukino w’imodoka nto uzwi nka ‘Karting’ (Video)

Ubwanditsi 26 Aug 2018 IMIKINO

Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa mu modoka mu Rwanda ku bufatanye n’Ubuyobozi bw’uyu mukino ku Isi (FIA), ryatangije ku mugaragaro ubwoko bushya bwawo buzwi nka ‘Karting’ busanzwe bumenyerewe mu bihugu byateye imbere.

Uyu mukino wifashisha utumodoka duto ni wo wazamuye ibihangange ku Isi mu gusiganwa ku modoka kuko Nico Rosberg, Ayrton Senna, Lewis Hamilton, Michael Schumacher n’abandi bagiye batangirira mu gukina karting bakiri bato.

Iki gikorwa cyabereye muri parking ya Kigali Convention Center kuri uyu wa 25 Kanama 2018, cyari kirangajwe imbere n’Umuyobozi wa FIA (Fédération Internationale de l’Automobile), Jean Todt n’Umuyobozi w’uyu mukino mu Rwanda, Gakwaya Christian.

Watangijwe nyuma y’Inama yahuje abahagarariye amashyirahamwe y’umukino wo gusiganwa mu modoka muri Afurika, yabereye i Kigali kuri uyu wa Gatandatu.

Mu kiganiro na IGIHE, Gakwaya yavuze ko umukino wa Karting ukoresha imodoka nto ari kimwe mu byiciro bya siporo zikoresha imodoka, ukaba ufite intego ebyiri arizo kwishimisha no kuzamura impano z’abana bato guhera ku myaka umunani.

Ati “Ntiwavuga ngo abana bazajyamo bazi imodoka, icyo bisaba ni ukuba yumva uko imodoka ikora. Ntabwo ari nk’imodoka isanzwe kuko nta muvuduko uri hejuru igira, hari aho itarenza bituma hataba impanuka.”

Yakomeje avuga ko abifuza kwinjira muri uyu mukino nta kindi basabwa uretse kwiyandikisha, nyuma bakazajya bahabwa amahugurwa azajya atangwa byibura rimwe mu kwezi.

Biteganywa ko umwaka utaha bazatangiza amarushanwa hakemezwa n’aho uyu mukino uzajya ubera.

Mujiji Kevin w’imyaka 22 usanzwe witabira amarushanwa yo gusiganwa mu modoka nini yunganira utwara (co-pilote), ni umwe mu bitabiriye gutangiza Karting, akaba avuga ko yajemo kuko ari icyiciro gifatwa nk’umusingi w’amasiganwa.

Ati “Kuza gutwara muri Karting ni uburyo bwo kwiyungura ubumenyi, ku buryo n’ejo ngize amahirwe nkatangira gutwara mu masiganwa asanzwe bitangora. Gutwara imodoka ni siporo nziza, kandi iyo ukiri muto birakorohera cyane kuyinjiramo.”

Uyu mukino wa Karting watangiranye imodoka 10, bakaba bateganya ko byibura umwaka utaha bazaba bafite izigera kuri 25. Imwe igura ama pounds 6000, ni ukuvuga asaga miliyoni 6Frw.

Hanazanywe izindi modoka ebyiri zitwa Xcar nazo zikoreshwa mu gusiganwa, biteganyijwe ko umwaka utaha hazatangizwa umukino zikoreshwamo.

2018-08-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yatakarije amanota i Huye isigara inyuma mu kurwanira igikombe

Rayon Sports yatakarije amanota i Huye isigara inyuma mu kurwanira igikombe

Ubwanditsi 10 May 2018
Abanyarwanda baba mu Bubiligi basabanye mu cyo bise ‘Rwanda Night’

Abanyarwanda baba mu Bubiligi basabanye mu cyo bise ‘Rwanda Night’

Ubwanditsi 17 Oct 2016
Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Ubwanditsi 29 Feb 2016
Ibitego 27 nibyo byabonetse mu mikino y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda iyobowe na APR FC

Ibitego 27 nibyo byabonetse mu mikino y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda iyobowe na APR FC

Ubwanditsi 19 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ko uwizihiza isabukuru y’amavuko aba yishimira ibyiza yagezeho, nka RNC uretse kwikirigita igaseka, yavuga ko yageze kuki mu myaka 10 imaze ishinzwe?
Amakuru

Ko uwizihiza isabukuru y’amavuko aba yishimira ibyiza yagezeho, nka RNC uretse kwikirigita igaseka, yavuga ko yageze kuki mu myaka 10 imaze ishinzwe?

Ubwanditsi 14 Dec 2020
Amb.Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera yanze kuba igisahiranda, none atabarutse uRwanda rumushimira kurwimana.
Amakuru

Amb.Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera yanze kuba igisahiranda, none atabarutse uRwanda rumushimira kurwimana.

Ubwanditsi 16 Oct 2024
Kayonza: Abayobozi b’akagari babiri bafunzwe kakekwaho kunyereza ibya rubanda
Mu Mahanga

Kayonza: Abayobozi b’akagari babiri bafunzwe kakekwaho kunyereza ibya rubanda

Ubwanditsi 29 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru