• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»BNR yazamuye urwunguko rwayo ruva kuri 6,75% rwari rwashyizweho mu mezi atatu ashize, rushyirwa kuri 7,25%

BNR yazamuye urwunguko rwayo ruva kuri 6,75% rwari rwashyizweho mu mezi atatu ashize, rushyirwa kuri 7,25%

RUSHYASHYA 20 Feb 2026 Amakuru, Mu Rwanda, UBUKUNGU

Banki Nkuru y’Igihugu yazamuye urwunguko rwayo ruva kuri 6,75% rwari rwashyizweho mu mezi atatu ashize, rushyirwa kuri 7,25% mu guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku masoko kugira ngo bigume mu mbago za BNR ziri hagati ya 2% na 8%.

Muri Mutarama uyu mwaka, ibiciro ku masoko byari byazamutse ku kigero cya 8,9% mu gihe mu Ukuboza 2025 byari byazamutseho 8% nk’uko imibare yatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare ibigaragaza.

Mu gihembwe cya kane cya 2025, umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro wariyongereye ugera kuri 7,4% uvuye kuri 7,2% mu gihembwe cya gatatu.

Uku kwiyongera kwaturutse ahanini ku muvuduko wo hejuru w’izamuka ry’ibiciro bibarwa hatabariwemo iby’ibiribwa byangirika vuba n’iby’ibikomoka ku ngufu, warushije imbaraga igabanyuka ryagaragaye ry’umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa byangirika vuba.

BNR yasobanuye ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro warenze imbago ngenderwaho zayo zisanzwe ari hagati ya 2% na 8% ugera ku 8,9% muri Mutarama 2026, uvuye ku 8,0% mu Ukuboza umwaka ushize.

Mu mezi akurikiraho, BNR yasobanuye ko yiteze ko umuvuduko w’ibiciro uzakomeza kuzamuka ndetse ukajya hejuru ya 8% mu mezi ari imbere.

Yasobanuye ko gitutu cy’umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro biteganyijwe ko kizacogora nyuma bigafasha umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro kugenda usubira mu mbago ngenderwaho mu mpera z’umwaka wa 2026.

Guverineri wa BNR, Soraya Hakuziyaremye yagize ati “Hashingiwe ku gitutu cy’izamuka ry’ibiciro gikomeje kwiyongera ndetse n’ivugururwa ry’icyerekezo cy’uko ibiciro biteganyijwe kuzamuka, Komite ishinzwe Politiki y’Ifaranga yafashe icyemezo cyo kuzamura urwunguko fatizo rwa Banki Nkuru y’Igihugu kiva kuri 6,75% kigera kuri 7,25%.”

Yakomeje asobanura ati “Iki cyemezo cyo kuzamura igipimo cya Banki Nkuru y’Igihugu ni intambwe itekerejweho dufashe mu gusubiza izamuka ry’ibiciro mu mbago za BNR ziri hagati ya 2% na 8%, hagamijwe kurinda ihungabana ry’ibiciro ku isoko. Ibi ni ingenzi mu gukomeza iterambere ry’ubukungu bwacu no kurinda ubushobozi bw’Abanyarwanda bwo kugura ibikenerwa mu buzima bwa buri munsi mu gihe giciriritse.”

BNR yasobanuye kandi ko mu gihe hagikomeje kugaragara ingorane mu bucuruzi na politiki mpuzamahanga, ubukungu bw’Isi bwazamutse ku kigero cya 3,3% mu 2025 aho byitezwe ko buzakomeza kuzamuka kuri icyo kigero mu 2026.

Ubukungu bw’u Rwanda bwo bwakomeje kugaragaza izamuka ryo hejuru, aho bwazamutse ku mpuzandengo ya 8,7% mu bihembwe bitatu bya mbere by’umwaka wa 2025, hejuru ya 7,2% ryagaragaye mu 2024.

Ku rundi ruhande, agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda kagabanyutseho 4,4% ugereranyije n’Idorali rya Amerika mu Ukuboza 2025. Ni igabanyuka rito ugereranyije n’igabanyuka rya 9,42% ryagaraye mu Ukuboza 2024.

Uyu mutuzo waturutse ku bwiyongere bw’amadovize yaturutse ku bukerarugendo hamwe n’ayoherezwa n’Abanyarwanda batuye mu mahanga yafashije mu kugabanya igitutu ku isoko ry’ivunjisha hamwe n’igabanuka ry’agaciro k’idorali rya amerika ku ruhando mpuzamahanga.

2026-02-20
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Nyarugenge: Yafatanywe Impushya ebyiri zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Nyarugenge: Yafatanywe Impushya ebyiri zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Ubwanditsi 08 May 2017
Rayon Sports yakoze urugendo rwo Kwibuka, inunamira Abatutsi bazize Jenoside mu 1994

Rayon Sports yakoze urugendo rwo Kwibuka, inunamira Abatutsi bazize Jenoside mu 1994

Ubwanditsi 09 Apr 2024
‘ Wihutaza umunyantege nke, na we afite uburenganzira bwo kugenda mu muhanda ‘  – Polisi y’u Rwanda

‘ Wihutaza umunyantege nke, na we afite uburenganzira bwo kugenda mu muhanda ‘ – Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 23 May 2017
Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Ubwanditsi 23 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyamamare muri Jazz Somi yakoze igitaramo cyitabiriwe na Madame Jeannette Kagame
SHOWBIZ

Icyamamare muri Jazz Somi yakoze igitaramo cyitabiriwe na Madame Jeannette Kagame

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Général Victor Byiringiro wa FDLR mu mazi abira
INKURU NYAMUKURU

Général Victor Byiringiro wa FDLR mu mazi abira

Ubwanditsi 16 Apr 2019
Urukiko rwa gisirikare rutegetse ko Bobi Wine arekurwa, yongera gutabwa muri yombi ageze ku muryango
INKURU NYAMUKURU

Urukiko rwa gisirikare rutegetse ko Bobi Wine arekurwa, yongera gutabwa muri yombi ageze ku muryango

Ubwanditsi 23 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru