• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»David Himbara akomeje urugamba yiyemeje rwo guharabika u Rwanda n’ibyiza rugenda rugeraho

David Himbara akomeje urugamba yiyemeje rwo guharabika u Rwanda n’ibyiza rugenda rugeraho

Ubwanditsi 29 May 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

David Himbara wahoze ari umujyanama wa perezida w’u Rwanda mu bijyanye n’ubukungu mbere yo yo gufata iy’ubuhungiro, akomeje urugamba yiyemeje na bagenzi be bo muri RNC basebya u Rwanda ari nako banenga ibyiza rugenda rugeraho, aho kuri ubu anenga amasezerano ikipe ya Arsenal iherutse kugirana n’u Rwanda agamije kurushaho kureshya ba mukerarugendo binjiriza igihugu akayabo k’amadevize avuga ko ari inkunga u Bwongereza butera u Rwanda rugahindukira  narwo rugatera inkunga iyi kipe yo mu Bwongereza.

Nk’uko bigaragara mu nkuru yanyujije ku rubuga rwe akunze kunyuzaho inkuru zisebya u Rwanda n’ubutegetsi bwarwo, Himbara avuga ko aya masezerano yateje impaka mu Bwongereza, ndetse na guverinoma y’iki gihugu ikazinjiramo.

Mu kugira icyo ivuga kuri ibi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere Mpuzamahanga (DFID), ikaba yasohoye itangazo rivuga ko inkunga u Bwongereza butera u Rwanda igenerwa gahunda zo gufasha abantu bakeneye ubufasha cyane mu Rwanda, ndetse igamije gufasha igihugu guhagarara ku maguru yacyo.

Iri tangazo rihakana ko iyi nkunga yakoreshejwe mu gushyigikira amasezerano hagati ya Arsenal n’u Rwanda kandi DFID nta mafaranga igenera amasezerano ya Visit Rwanda ndetse ntayo igenera Ikigo cy’igihugu cy’iterambere, RDB.

Ese ibi si ukubwira abatekereza nka Himbara ko u Rwanda rufite aho rwakuye miliyoni 30 z’amapound azishyurwa mu myaka 3 mu rwego rwo gutuma Arsenal yamamaza ubukerarugendo mu Rwanda?

Nyuma y’uko ibi biganiro binenga aya masezerano bikomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga nka twitter, umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere, Clare Akamanzi, akaba yaratangaje ko abakora ibi ari abifuriza u Rwanda gukomeza kuguma aho ruri cyangwa abatazi uko ubucuruzi bukorwa.

Yagize ati “Unenga amasezerano twagiranye na Arsenal, ashingiye ko u Rwanda rukennye cyangwa ruhabwa ubufasha, ashobora kuba yifuza ko rukomeza kuba gutyo cyangwa akaba adasobanukiwe ko mu bucuruzi ubwo ari bwo bwose, imenyekanishabikorwa (publicite) ari ingenzi mu byo ikigo gitangaho amafaranga.”

Umuyobozi wa RDB, Clare Akamanzi yakira igihembo 

Yongeyeho ko RDB ibona ikura umusaruro mu bukerarugendo kandi igomba kuwukoreshaho mu kubumenyekanisha kugira ngo wiyongere. Amasezerano na Arsenal, akaba ari muri uru rwego rwo kugaragaza ubukerarugendo no gushaka abasura ahantu nyaburanga u Rwanda rufite.

U Rwanda rwihaye intego yo gukuba kabiri umusaruro w’ubukerarugendo ukava kuri miliyoni 404 z’amadolari uriho ubu ukagera kuri miliyoni 800 z’amadolari mu 2024.

Umuyobozi mukuru wa RDB asobanura ko uburyo rukumbi bushoboka bwo kugera kuri iyi ntego ni ukumenyekanisha u Rwanda nk’icyerekezo gikomeye cy’ubukerarugendo, kandi bigakorwa mu buryo budasanzwe.

Ati “Ibi ntabwo bizakorwa no kwicara tugategereza, bizakorwa no gufata iya mbere tukamenyekanisha u Rwanda nk’ahantu habereye ubukerarugendo kandi bigakorwa mu buryo budasanzwe. Nimutuze mureke abantu bo ku Isi yose basure u Rwanda.”

Gusebya u Rwanda no kuruharabika ni intego za David Himbara na bagenzi be

Mu 2015, nibwo Umwanditsi Willis Shalita yeretse kongere ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, uburyo bamwe mu banyarwanda bashishikajwe no gusebya u Rwanda, ndetse bamwe, barimo Dr. David Himbara, bashyiramo akayabo ngo bahindanye isura yarwo mu ruhando mpuzamahanga.

Umwanditsi Willis Shalita

Uyu mugabo w’Umunyarwanda ufite n’ubwenegihugu bw’Abanyamerika yahawe mu myaka 42 ishize yahishuye amabanga y’akayabo Dr. Himbara yahaye sosiyete yo muri Amerika, ngo imufashe gusebya u Rwanda ku byo rwagezeho n’abayobozi barwo.

Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika rwitwa House.gov, Dr Himbara wahoze ari umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu by’ubukungu ngo yishyuye sosiyete y’i Washington DC akayabo k’ibihumbi 70 by’amadolari ya Amerika nka kimwe cya kane (1/4) cy’asaga ibihumbi 190 yagombaga kwishyura (ni ukuvuga miliyoni zirenga 136 z’amafaranga y’u Rwanda) mu mwaka wa 2014.

Ibyo abicisha mu bikorwa bye yise “iby’ubuvugizi ku burenganzira bwa muntu n’imiyoborere myiza” akora nk’umugishwanama.

Willis Shalita, imbere ya Kongere ya Amerika tariki ya 20 Gicurasi 2015, yerekanye ko u Rwanda rwageze kuri byinshi, ariko Abanyarwanda n’abanyamahanga bamwe ugasanga bashishikajwe no gutangaza amakuru anenga byose.

Hari mu kiganiro kigaragaza ibyo u Rwanda rwagezeho, Willis ahamya abatavuga rumwe n’u Rwanda bashatse kujyana mu cyerekezo cyabo n’ibitekerezo byabo bigamije gusenya.

Avuga ko izi politiki z’urwango zitwara akayabo kugira ngo Isi yuzuremo isura mbi y’u Rwanda, zibangamira umubano w’igihugu hagati yacyo na Amerika n’u Bwongereza, bikaba bishobora gutuma ibi bihugu bicika intege zo gufatanya n’u Rwanda mu rugamba rw’iterambere rwiyemeje.

Yagize ati “Abantu bafite uburenganzira bwo kubikora, mu gihe biteganywa n’amategeko. Ariko mfite amatsiko yo kumenya ubatera inkunga. …mwebwe ababyizera mugenzura gute ukuri kuri mu byo bavuga?”

Ibinyoma bitandukanye kandi ngo bitangazwa n’abayobozi b’ishyaka RNC (Rwandan National Congress) ritavuga rumwe n’ubutegetsi kandi ritanemewe mu Rwanda, rinashyigikira FDLR, umutwe w’abarwanyi washinzwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda.

Mbere y’iki kiganiro, abagize RNC batangije urubuga kuri internet rugamije kunenga ibyiza u Rwanda rwagezeho bavuga ko mu Rwanda hakenewe demokarasi.

Imbere ya Kongere, Willis yerekana uburyo u Rwanda rwahereye ku busa nyuma yo gusenywa na Jenoside yakorewe Abatutsi, ubuyobozi buriho bugakora akazi gakomeye, bwunga Abanyarwanda, amahanga agatungurwa, abakekwaho Jenoside bagakurikiranwa, u Rwanda rukesa imihigo itandukanye irimo kugira abagore benshi mu nteko n’ibindi.

Iki gihugu kandi ngo cyagiye kigaragaza mu bijyanye korohereza abashoramari, aho abakora ibyegeranyo bitandukanye basanga kiri ku mwanya mwiza.

Yagaragaje kandi ko u Rwanda ruza ku mwanya wa gatanu ku Isi mu bihugu bitanga ubafasha mu kugarura amahoro ahabaye ibibazo by’umutekano muke, rwoherezayo abasirikare n’abapolisi n’abandi bakora ibikorwa by’ubutabazi.

Mu bindi ngo ni uko igihugu gikomeje ibikorwa byo kwihesha agaciro birimo kugarura abakobwa n’abana baba bagiye gucuruzwa mu mahanga n’ibindi.

Willis yanerekanye ko u Rwanda rukomeje kugirirwa icyizere n’amahanga, aho abenshi mu banyamahanga barimo Abanyamerika bakomeje kuza kuhatura bakanahakorera ibikorwa byabo by’ishoramari. Yatanze urugero ko Abanyamerika basaga ibihumbi 100 basuye u Rwanda mu mwaka ushize.

Résultat de recherche d'images pour "Willis Shalita"

Yasoje abwira Dr Himbara ko gukomeza gukwirakwiza ibinyoma bye no kwemeza ababyumva ko ari ukuri bizamutwara imbaraga zidasanzwe ndetse n’akayabo n’imitungo ye.

Mu mwaka ushize mu kwezi kwa 10, U Rwanda rwahawe kimwe mu bihembo bikomeye ku isi bizwi nka “World Travel Awards” nk’igihugu cya mbere muri Afurika gisurwa cyane bitewe no kureshya ba mukerarugendo. Ese u Rwanda ruteganya kongera amafaranga ava muri uru rwego birakwiye ko rwicara rukarekeraho rudakomeje kumenyekanisha ahantu nyaburanga hakwiye gusurwa?

U Rwanda rwahawe kimwe mu bihembo bikomeye ku isi bizwi nka “World Travel Awards” nk’igihugu cya mbere muri Afurika gisurwa cyane.

2018-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro

Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 31 Jan 2020
Urupfu rwa Col Mustafa, waguye Uganda yishwe, ni rumwe mu by’ingenzi byashegeshe FDLR

Urupfu rwa Col Mustafa, waguye Uganda yishwe, ni rumwe mu by’ingenzi byashegeshe FDLR

Ubwanditsi 11 Mar 2020
“Ujye wibuka guha agaciro urukundo uhabwa n’Igihugu” – Jeannette Kagame

“Ujye wibuka guha agaciro urukundo uhabwa n’Igihugu” – Jeannette Kagame

Ubwanditsi 31 Oct 2022
Uganda: Gen Kale Kayihura mu rukiko bamushakiye ibyaha bidasobanutse

Uganda: Gen Kale Kayihura mu rukiko bamushakiye ibyaha bidasobanutse

Ubwanditsi 24 Aug 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Peres
    May 30, 20188:30 am -

    Ahubwo ibi birakora akantu.
    Mwebwe nta bajyana ma mugira Ariko?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abaturage  bitabiriye ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu karere ka Gatsibo
Mu Mahanga

Abaturage bitabiriye ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu karere ka Gatsibo

Ubwanditsi 21 Jan 2016
DRC: Col Minani JMV wa FDLR nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC I Rucuro.
ITOHOZA

DRC: Col Minani JMV wa FDLR nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC I Rucuro.

Ubwanditsi 16 Apr 2020
Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika
Amakuru

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Ubwanditsi 24 Sep 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru