• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»So ukwanga akuraga ibyamunaniye: Muhire Didier Berno ukomora ingengabitekerezo ya Jenoside kuri se Karemera Boniface, ubu ni umuhuzabikorwa wa FDLR irindagirira mu mashyamba ya Kongo.

So ukwanga akuraga ibyamunaniye: Muhire Didier Berno ukomora ingengabitekerezo ya Jenoside kuri se Karemera Boniface, ubu ni umuhuzabikorwa wa FDLR irindagirira mu mashyamba ya Kongo.

Ubwanditsi 29 Apr 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Uwitwa Muhire Didier Berno akomoka ku mujenosideri Karemera Boniface, uzwi cyane mu nkoramutima za Yuvenari Habyarimana, umugore we Agatha Kanziga n’ ibindi bikomerezwa byo mu “kazu”.  Ubucuti bwa Karemera Boniface n’ingoma ya Habyarimana bwamuhesheje ERP, sosiyete yacuruzaga ibikomoka kuri peteroli, akaba yarayigabiwe ubwo nyirayo Valens Kajeguhakwa yari amaze kuva mu Rwanda.

Ubwo Leta y’abicanyi yari imaze gutsindwa, Karemera Boniface yahunganye  n’abandi bajenosideri, bajya muri Zayire y’icyo gihe, ndetse anakomerezayo ibikorwa byo gushyigikira FDLR ihora itegura kugaruka gutsemba Abatutsi.

Nyuma Karemera yaje kwimukira muri Tanzaniya, maze Perezida wari uriho icyo gihe, Jakaya Kikwete wakundaga cyane FDLR, amugabira ubutaka bunini cyane ahitwa Kinondoni mu mujyi wa Dar Es Salaam. Aho naho Karemera yahakomereje ibikorwa byo gukusanya inkunga yohererezwaga FDLR, dore ko n’uyu munsi muri ako gace habarurwa umubare munini w’abayoboke b’uwo mutwe w’iterabwoba.

Mu mpera z’umwaka wa 2009, Karemera Boniface yarapfuye, maze imigambi ye mibisha ayiraga umuhungu we Muhire Didier, ubu wasizoye mu bukangurambaga bushishikariza impunzi kujya muri FDLR no kuyiha amafaranga. Ubusanzwe Muhire Didier na nyina Nyirahabimana Félicitée batuye mu Bubiligi, ariko Muhire Didier agaragara kenshi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ahari ibirindiro bya FDLR, I Dar Es Salaam muri Tanzaniya aho akorera amanama mu nzu ya se Karemera iri Kinondoni,  muri Uganda, Malawi, Mozambique, n’ahandi ahurira n’intumwa za FDLR.

Ibyo bikorwa bizamuta ku gasi abifatanyije  abandi bakomoka ku bajemosideri bibumbiye mu kiswe Jambo Asbl, by’umwihariko akaba ari umufatanyabikorwa w’uwitwa Cedric, umukwe wa Faustin Twagiramungu,  ndetse na Paul Rusesabagina atarizana i Mageragere.

Iso ukwanga rero koko akuraga urugamba rwamunaniye. Uyu mugani rwose wagirango bawuciriye Karemera Boniface n’umuhungu we Muhire Didier, kuko uyu mubyeyi gito yashoye umwana we mu mabi yigaraguyemo agapfa ntacyo agezeho. Muhire Didier rero yari akwiye kuva mu buyobe, kuko uretse nawe, n’abo akomokaho babonye amasomo ahagije, abereka ko ntawe ugambanina uRwanda ngo bimugwe amahoro. Abataraguye Igihugu igicuri bafashwe mpiri, abandi baracyarushya iminsi mu mashyamba ya Kongo. Muhire Didier rero, nawe ni ikibazo cy’igihe!

2021-04-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta ya Uganda nyirabayazana y’umutekano muke mu karere u Rwanda ruherereyemo

Leta ya Uganda nyirabayazana y’umutekano muke mu karere u Rwanda ruherereyemo

Ubwanditsi 03 Dec 2018
Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.

Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.

Ubwanditsi 12 Aug 2019
Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Uko Venuste Nshimiyimana wa BBC, Yasabye Habyarimana Gukwiza Interahamwe na CDR mu Rwanda

Uko Venuste Nshimiyimana wa BBC, Yasabye Habyarimana Gukwiza Interahamwe na CDR mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021
Amakuru

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Ubwanditsi 30 Mar 2021
Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage
Mu Mahanga

Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Ruhango: Nkurunziza yagizwe Meya w’agateganyo nyuma y’iyeguzwa rya nyobozi yose
Mu Rwanda

Ruhango: Nkurunziza yagizwe Meya w’agateganyo nyuma y’iyeguzwa rya nyobozi yose

Ubwanditsi 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru