• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»So ukwanga akuraga ibyamunaniye: Muhire Didier Berno ukomora ingengabitekerezo ya Jenoside kuri se Karemera Boniface, ubu ni umuhuzabikorwa wa FDLR irindagirira mu mashyamba ya Kongo.

So ukwanga akuraga ibyamunaniye: Muhire Didier Berno ukomora ingengabitekerezo ya Jenoside kuri se Karemera Boniface, ubu ni umuhuzabikorwa wa FDLR irindagirira mu mashyamba ya Kongo.

Ubwanditsi 29 Apr 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Uwitwa Muhire Didier Berno akomoka ku mujenosideri Karemera Boniface, uzwi cyane mu nkoramutima za Yuvenari Habyarimana, umugore we Agatha Kanziga n’ ibindi bikomerezwa byo mu “kazu”.  Ubucuti bwa Karemera Boniface n’ingoma ya Habyarimana bwamuhesheje ERP, sosiyete yacuruzaga ibikomoka kuri peteroli, akaba yarayigabiwe ubwo nyirayo Valens Kajeguhakwa yari amaze kuva mu Rwanda.

Ubwo Leta y’abicanyi yari imaze gutsindwa, Karemera Boniface yahunganye  n’abandi bajenosideri, bajya muri Zayire y’icyo gihe, ndetse anakomerezayo ibikorwa byo gushyigikira FDLR ihora itegura kugaruka gutsemba Abatutsi.

Nyuma Karemera yaje kwimukira muri Tanzaniya, maze Perezida wari uriho icyo gihe, Jakaya Kikwete wakundaga cyane FDLR, amugabira ubutaka bunini cyane ahitwa Kinondoni mu mujyi wa Dar Es Salaam. Aho naho Karemera yahakomereje ibikorwa byo gukusanya inkunga yohererezwaga FDLR, dore ko n’uyu munsi muri ako gace habarurwa umubare munini w’abayoboke b’uwo mutwe w’iterabwoba.

Mu mpera z’umwaka wa 2009, Karemera Boniface yarapfuye, maze imigambi ye mibisha ayiraga umuhungu we Muhire Didier, ubu wasizoye mu bukangurambaga bushishikariza impunzi kujya muri FDLR no kuyiha amafaranga. Ubusanzwe Muhire Didier na nyina Nyirahabimana Félicitée batuye mu Bubiligi, ariko Muhire Didier agaragara kenshi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ahari ibirindiro bya FDLR, I Dar Es Salaam muri Tanzaniya aho akorera amanama mu nzu ya se Karemera iri Kinondoni,  muri Uganda, Malawi, Mozambique, n’ahandi ahurira n’intumwa za FDLR.

Ibyo bikorwa bizamuta ku gasi abifatanyije  abandi bakomoka ku bajemosideri bibumbiye mu kiswe Jambo Asbl, by’umwihariko akaba ari umufatanyabikorwa w’uwitwa Cedric, umukwe wa Faustin Twagiramungu,  ndetse na Paul Rusesabagina atarizana i Mageragere.

Iso ukwanga rero koko akuraga urugamba rwamunaniye. Uyu mugani rwose wagirango bawuciriye Karemera Boniface n’umuhungu we Muhire Didier, kuko uyu mubyeyi gito yashoye umwana we mu mabi yigaraguyemo agapfa ntacyo agezeho. Muhire Didier rero yari akwiye kuva mu buyobe, kuko uretse nawe, n’abo akomokaho babonye amasomo ahagije, abereka ko ntawe ugambanina uRwanda ngo bimugwe amahoro. Abataraguye Igihugu igicuri bafashwe mpiri, abandi baracyarushya iminsi mu mashyamba ya Kongo. Muhire Didier rero, nawe ni ikibazo cy’igihe!

2021-04-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zion Temple “Afrika haguruka “:  Mugikorwa cy’Ubuhanuzi, Ubutaka bwa Isiraheli bwahujwe n’ubw’u Rwanda

Zion Temple “Afrika haguruka “: Mugikorwa cy’Ubuhanuzi, Ubutaka bwa Isiraheli bwahujwe n’ubw’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Jul 2016
Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Ubwanditsi 04 Sep 2025
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Ubwanditsi 10 Jun 2021
Abagamije guhungabanya umutekano baraburirwa ko batazihanganirwa

Abagamije guhungabanya umutekano baraburirwa ko batazihanganirwa

Ubwanditsi 17 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndi Perezida kubera icyemezo cy’Abanyarwanda-Kagame
POLITIKI

Ndi Perezida kubera icyemezo cy’Abanyarwanda-Kagame

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Umuryango wa Kizito Mihigo uramagana abakwirakwiza impuha kumbuga nkoranyambaga bitwaje urupfu rwa Kizito
INKURU NYAMUKURU

Umuryango wa Kizito Mihigo uramagana abakwirakwiza impuha kumbuga nkoranyambaga bitwaje urupfu rwa Kizito

Ubwanditsi 19 Feb 2020
Rayon Sports yanditse amateka yo kugera muri ¼ cy’imikino ya CAF
IMIKINO

Rayon Sports yanditse amateka yo kugera muri ¼ cy’imikino ya CAF

Ubwanditsi 29 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru