• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.

BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.

Ubwanditsi 03 Jun 2019 UBUKUNGU

Mu itangazo ryashyizwe ahagarara na banki nkuru y’u Rwanda BNR ndetse rigasinywaho na guverineri wayo bwana John Rwangombwa riraburira abanyarwanda bose ndetse n’abatuye mu Rwanda kwirinda gukorana n’ibigo ndetse n’abantu ku giti cyabo babizeza kubona inyungu z’umurengera bitewe n’amafaranga washoye cyangwa n’uburyo wakanguriye abandi.

Iryo tangazo ryagiraga riti: “Banki nkuru y’u Rwanda (BNR) yamenye kandi ihangayikishwa n’ikibazo cy’ishoramari ritemewe riri gukorerwa mu Rwanda mu bigo byanditse mu Rwanda cyangwa bikorera mu mahanga hifashishijwe ikoranabuhanga mu itumanaho”.

BNR kandi yakomeje ivuga ko ishora ritemewe mu mategeko yo mu Rwanda rikorwa mu buryo bwinshi butandukanye nko gushingira ku rutonde rw’abanyamuryango baryitabiriye uko bagiye bashishikariza abandi kwinjira, harimo kandi umubare w’amafaranga batanze, uko bagiye bashishikariza abandi kugura ibicuruzwa byabo cyangwa hagafatirwa ku byiciro by’amafaranga adafatika (cryptocurrency) ndetse aya akaba atagenzurwa na banki nkuru iyariyo yose ku isi.

Bimwe muri ibyo bigo birimo nka supermarketings global ltd, 3 friends system, OneCoin cyangwa Kwakoo (OnyxCoin) ni bimwe mubyo BNR yatunze agatoki ko ririmo guhamagarira abantu gukora iryo shoramari ry’amafranga ritemewe.

Ku ikubitiro umuntu ushaka kwinjira muribyo bigo asabwa kubanza kwishyura abashinzwe ibyo bigo umubare w’amafaranga runaka aba yaragenwe cyangwa se bakamusaba kubanza kwishyura igishoro fatizo bakamwizeza kuzamuha inyungu z’umurengera ndetse nandi menshi azishyurwa mu gihe yaba yazanye abanyamuryango bashya.

Sibyo gusa kuko ibyo bigo hari n’igihe byifashisha ibicuruzwa bitandukanye nk’imiti ndetse na servisi zitandukanye nko koroherezwa ingendo, imitungo idafatika nk’amafaranga-koranabuhanga ibyo byose bikifashisha uburyo bwo gushishikariza abandi kwinjira. Hari n’igihe usabwa kwishyura igishoro fatizo kugira ngo ube umunyamuryango wamara kwishyura ntugire igicuruzwa uhabwa na kimwe cyangwa servisi iyo ariyo yose gusa icyo bene iryo shoramari rihuriraho nuko bose bizeza abanyamuryango gukira vuba kandi batavunitse.

BNR rero yemeje ko iryo shoramari ritemewe mu buryo bwose. Yagize ati: “nyuma y’ibibazo biterwa n’iryo shoramari ritemewe muri repubulika y’u Rwanda iributsa abanyarwanda bose ko abaryitabira bafite ingorane zikomeye zo kubura amafaranga yabo bazaba bashoyemo”.

Banki nkuru ikomeza ivuga ko abantu bose bakwiye gushora imari mu bigo bibifitiye ibyangombwa byemewe bitangwa na BNR cyangwa mu bigo bicunga bikanacuruza imitungo n’abahuza mu by’ubucuruzi ku isoko ry’imari n’imigabane.

BNR kandi yashimangiye ko nta bufasha na bumwe izaha umuntu wese uzashora imari muriryo shoramari ritemewe ndetse n’irindi bifitanye isano naryo.

Itangazo

2019-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

KIGALI : Embouteillage yo mu Giporoso yavugutiwe umuti,  U Bushinwa bwatanze miliyari zisaga 38 Frw yo kwagura umuhanda Giporoso-Nyandungu-Masaka

KIGALI : Embouteillage yo mu Giporoso yavugutiwe umuti, U Bushinwa bwatanze miliyari zisaga 38 Frw yo kwagura umuhanda Giporoso-Nyandungu-Masaka

Ubwanditsi 20 Jun 2019
Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Ubwanditsi 05 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urban Boys yafashe ingamba ku byayivuzweho
IMIKINO

Urban Boys yafashe ingamba ku byayivuzweho

Ubwanditsi 09 Jan 2017
Rayon Sports yatsinze AS Kigali, isanga APR FC ku mukino wa nyuma mu irushanwa ry’Agaciro
IMIKINO

Rayon Sports yatsinze AS Kigali, isanga APR FC ku mukino wa nyuma mu irushanwa ry’Agaciro

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana
Mu Mahanga

Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Ubwanditsi 26 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru