• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.

BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.

Ubwanditsi 03 Jun 2019 UBUKUNGU

Mu itangazo ryashyizwe ahagarara na banki nkuru y’u Rwanda BNR ndetse rigasinywaho na guverineri wayo bwana John Rwangombwa riraburira abanyarwanda bose ndetse n’abatuye mu Rwanda kwirinda gukorana n’ibigo ndetse n’abantu ku giti cyabo babizeza kubona inyungu z’umurengera bitewe n’amafaranga washoye cyangwa n’uburyo wakanguriye abandi.

Iryo tangazo ryagiraga riti: “Banki nkuru y’u Rwanda (BNR) yamenye kandi ihangayikishwa n’ikibazo cy’ishoramari ritemewe riri gukorerwa mu Rwanda mu bigo byanditse mu Rwanda cyangwa bikorera mu mahanga hifashishijwe ikoranabuhanga mu itumanaho”.

BNR kandi yakomeje ivuga ko ishora ritemewe mu mategeko yo mu Rwanda rikorwa mu buryo bwinshi butandukanye nko gushingira ku rutonde rw’abanyamuryango baryitabiriye uko bagiye bashishikariza abandi kwinjira, harimo kandi umubare w’amafaranga batanze, uko bagiye bashishikariza abandi kugura ibicuruzwa byabo cyangwa hagafatirwa ku byiciro by’amafaranga adafatika (cryptocurrency) ndetse aya akaba atagenzurwa na banki nkuru iyariyo yose ku isi.

Bimwe muri ibyo bigo birimo nka supermarketings global ltd, 3 friends system, OneCoin cyangwa Kwakoo (OnyxCoin) ni bimwe mubyo BNR yatunze agatoki ko ririmo guhamagarira abantu gukora iryo shoramari ry’amafranga ritemewe.

Ku ikubitiro umuntu ushaka kwinjira muribyo bigo asabwa kubanza kwishyura abashinzwe ibyo bigo umubare w’amafaranga runaka aba yaragenwe cyangwa se bakamusaba kubanza kwishyura igishoro fatizo bakamwizeza kuzamuha inyungu z’umurengera ndetse nandi menshi azishyurwa mu gihe yaba yazanye abanyamuryango bashya.

Sibyo gusa kuko ibyo bigo hari n’igihe byifashisha ibicuruzwa bitandukanye nk’imiti ndetse na servisi zitandukanye nko koroherezwa ingendo, imitungo idafatika nk’amafaranga-koranabuhanga ibyo byose bikifashisha uburyo bwo gushishikariza abandi kwinjira. Hari n’igihe usabwa kwishyura igishoro fatizo kugira ngo ube umunyamuryango wamara kwishyura ntugire igicuruzwa uhabwa na kimwe cyangwa servisi iyo ariyo yose gusa icyo bene iryo shoramari rihuriraho nuko bose bizeza abanyamuryango gukira vuba kandi batavunitse.

BNR rero yemeje ko iryo shoramari ritemewe mu buryo bwose. Yagize ati: “nyuma y’ibibazo biterwa n’iryo shoramari ritemewe muri repubulika y’u Rwanda iributsa abanyarwanda bose ko abaryitabira bafite ingorane zikomeye zo kubura amafaranga yabo bazaba bashoyemo”.

Banki nkuru ikomeza ivuga ko abantu bose bakwiye gushora imari mu bigo bibifitiye ibyangombwa byemewe bitangwa na BNR cyangwa mu bigo bicunga bikanacuruza imitungo n’abahuza mu by’ubucuruzi ku isoko ry’imari n’imigabane.

BNR kandi yashimangiye ko nta bufasha na bumwe izaha umuntu wese uzashora imari muriryo shoramari ritemewe ndetse n’irindi bifitanye isano naryo.

Itangazo

2019-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ubwanditsi 30 Sep 2019
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ubwanditsi 10 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi wa OMS yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu kwita ku buzima mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi wa OMS yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu kwita ku buzima mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Jan 2018
Perezida Kagame yashimye ubutwari bw’abahaze ubuzima babohora igihugu
Mu Rwanda

Perezida Kagame yashimye ubutwari bw’abahaze ubuzima babohora igihugu

Ubwanditsi 01 Oct 2017
Akabaye icwende ntikoga, Rashid Hakuzimana yafunzwe mu mwaka wa 2006 azira ibyaha bitandukanye harimo kuvutsa igihugu umudendezo, ibyaha arimo asubiramo
Amakuru

Akabaye icwende ntikoga, Rashid Hakuzimana yafunzwe mu mwaka wa 2006 azira ibyaha bitandukanye harimo kuvutsa igihugu umudendezo, ibyaha arimo asubiramo

Ubwanditsi 31 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru