• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Niba uri umukobwa mwiza ushaka icyerekezo cyiza mu mwaka wa 2018 dore ibyo wagakwiriye kwitaho 

Niba uri umukobwa mwiza ushaka icyerekezo cyiza mu mwaka wa 2018 dore ibyo wagakwiriye kwitaho 

Ubwanditsi 15 Dec 2017 SHOWBIZ

Mu by’ukuri buri muntu wese agira igikorwa cyangwa imyumvire ndetse rimwe na rimwe akumva ayikomeyeho kuko aba yumva ari ingenzi mu buzima bwe.Gusa,iyo uko iminsi ishira biba bikwiriye ko ureba niba ikintu runaka hari icyo kigufasha cyangwa cyaba kikoreka.

Muri iyi minsi y’impera z’uyu mwaka wa 2017 bwabateguriye ibintu bitanu busanga bikwiriye kuba byarangirana n’umwaka wa 2017 ku bantu b’igitsinagore.Ibi si ukubibasira kuko ubutaha tuzabagezaho ibyo ab’igitsinagabo bakwiriye kwirinda.Ibyo bintu ni ibi bikurikira:

Gutandukanya urukundo na bizinesi(business): Muri iyi minsi by’umwihariko abari biharaje ingeso yo gukundana n’umuntu w’igitsinagabo urenze umwe.Ahanini ugasanga ikigamijwe si uko aba bose aba abakunda ahubwo haba hagambiriwe kurya umutungo wabo washira ntiyongere no kumureba irihumye.Umwe muri aba bantu b’igitsinagabo ashiriwe amushyira ku ruhande agafata undi,ibyo bita’gukura ibyinyo’.Ibi nabyo bikaba bigira uruhare runini mu gutera benshi kubura abagabo(kugumirwa).

Kwigana imyambarire y’abanyamahanga: Muri uyu mwaka hagaragaye imyambarire mishya aho umukobwa usanga asa n’aho yambaye ubusa.Ibi si umuco nyarwanda ahubwo ni ukwigana ibyo baba babonye  ku mateleviziyo n’ahandi henshi ku mbuga nkoranyambaga.Igitangaje ni uko abo babyigiraho usanga baba babyambaye bagamije gukorera amafaranga mu gihe aba bari bacu babyambara Atari cyo kigamijwe ahubwo bakabyanabara  bagiye nko gusenga,mu kazi n’ahandi hantu mu ruhame.

Gukuramo inda no guta abana:Muri iyi minsi mu bitangazamkuru bitandukanye hagiye humvikana umubare munini w’igitisnagore gikuramo inda baba batewe n’abagabo binyuze mu buryo butemewe nyuma bakabajugunya ahantu hatandukanye haba mu misarane,ku muhanda,mu mashyamba n’ahandi.Ibi babikora basa nk’aho birengera ngo  gusa ni ukuvutsa ubuzima ikiremwamuntu ndetse kikaba n’igikorwa cy’ubunyamaswa.

Gukoresha telefoni no mu gihe kitari ngombwa: Muri iyi minsi aho hadukiye izi telefoni zigezweho,by’umwihariko abakobwa bakoresha telefoni n’igihe bitari ngombwa.Mu by’ukuri itumanaho ni ryiza cyane rwose ariko mu gihe cyiza kidashyira ubuzima bw’urikoresha mu kaga.Iri koreshwa rya telefoni mu gihe kitari ngombwa rimwe na rimwe usanga ari yo ntandaro y’impanuka za hato na hato,gukoresha igihe nabi no kutanoza igikorwa runaka kirimo gukorwa,gutanga serivisi mbi n’ibindi.

Muri make ibi sibyo byonyine bikwiye kwirindwa hari n’ibindi byinshi buri wese ashobora gusubiza amaso inyuma agasanga ntiyabitunganyaga neza cyangwa se yabihaye umwanya n’agaciro bidakwiriye,uyu waba ari umwanya mwiza wo gukosora buri kimwe kugira ngo umwaka mushya turi kwitegura tuwutangirane ingamba nshya.

2017-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32

Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32

RUSHYASHYA 26 Jun 2026
Umuntu wanditse igiswahili ShaddyBoo yakoresheje yifuriza Diamond isabukuru nziza yamutamaje ku mbuga nkoranyambaga

Umuntu wanditse igiswahili ShaddyBoo yakoresheje yifuriza Diamond isabukuru nziza yamutamaje ku mbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze

Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze

RUSHYASHYA 01 Jun 2026
Miss Muyango yemeye kuba umugore wa Kimenyi Yves

Miss Muyango yemeye kuba umugore wa Kimenyi Yves

Ubwanditsi 01 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu abagabo bakunda gusinzira nyuma yo gutera akabariro
IMIKINO

Impamvu abagabo bakunda gusinzira nyuma yo gutera akabariro

Ubwanditsi 07 Jan 2016
Uwububa abonwa n’uhagaze : Isano iri hagati ya Kayumba Nyamwasa na Kampala
INKURU NYAMUKURU

Uwububa abonwa n’uhagaze : Isano iri hagati ya Kayumba Nyamwasa na Kampala

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Perezida Kagame na Madamu bagiriye uruzinduko muri Tanzania
POLITIKI

Perezida Kagame na Madamu bagiriye uruzinduko muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru