• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Umuntu wanditse igiswahili ShaddyBoo yakoresheje yifuriza Diamond isabukuru nziza yamutamaje ku mbuga nkoranyambaga

Umuntu wanditse igiswahili ShaddyBoo yakoresheje yifuriza Diamond isabukuru nziza yamutamaje ku mbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 04 Oct 2018 SHOWBIZ

Ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe ifoto igaragaza ikiganiro kihariye ShaddyBoo yagiranye n’umwe mu bantu b’inshuti ye wamwandikiye igiswahili yakoresheje yifuriza isabukuru nziza Diamond.

Umuntu wanditse igiswahili ShaddyBoo...

Umunyamideli umaze kwamamara ku mbuga nkoranyambaga Shaddy Boo yakoresheje amagambo yo mu rurimi rw’igiswahili yifuriza isabukuru nziza umuhanzi Diamond Platnumz, maze bamwe mu bamukurikira bamuha urw’amenyo bavuga ko atari we wiyandikiye ayo magambo.

Kuri uyu wa 02 Ukwakira 2018 nibwo umuhanzi rurangiranwa ukomoka muri Tanzaniya Diamond Platnumz, yujuje imyaka 29 amaze avutse.

Shaddy Boo umwe mu bagore b’inshuti za hafi z’uyu mugabo ndetse bikaba binavugwa ko baba banakundana, ni umwe mu babyutse bamwifuriza isabukuru nziza.

Bitunguranye Shaddy Boo yakoresheje ururimi kavukire rwa Diamond (igiswahili) maze amwifuriza kuramba no guhora atsinda mu byo akora byose.

Yagize ati “ Uyu munsi ni umunsi wavukiyeho, ndakwifuriza ibyiza, kuramba, n’imigisha myinshi. Nyagasani akurinde ikibi cyose, agushyigikire mu iterambere ryawe, umuziki wawe, n’urubyaro rwawe.”

Benshi mu bantu bamukurikira bo muri Tanzaniya bahise batangira gutanga ibitekerezo kuri aya magambo ya Shaddy Boo. Ibyinshi byari ibyiganjemo kumeseka ku bw’amakosa make y’imyandikire, abandi bamwamaganira kure bavuga ko ibyo bintu atabasha kubyiyandikira.

Umwe yagize ati “ sintekerezaho ko iki giswahili ari wowe wakiyandikiye Shaddy Boo.” Undi ati “kuva ryari uzi kuvuga igiswahili? Babikwandikiye.”

Hari n’abatatinye kuvuga ko aya magambo yanditswe na Diamond ku giti cye, kuko Shaddy Boo atabasha kuyiyandikira.

Ati “turagushimira ko yahaye umuvandimwe wacu ijambo ry’ibanga ryawe kuko iyi nyandiko ni iye pe.” Undi ati “Diamond Platnumz ndabizi neza uyu mukono ni uwawe.”

Nyuma yuko bamwe bavugaga ko Diamond ashobora kuba ariwe wandikiye ShaddyBoo aya magambo kugirango amwifurize isabukuru nziza ,ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe ikiganiro kihariye ShaddyBoo yagiranye n’umwe mu bantu b’inshuti ye kuri Whats App amubwira ko ntagiswahili kandi akeneye amagambo yakoresha kugirango yifurije isabukuru nziza Diamond.

Iyo nshuti ye itazuyaje yahise imubwira ati “ Ndaje nguhe igiswahili nizeye uraza guhita umutwara Zari “

ShaddyBoo nawe ati “Mbabarira ahubwo niby nshaka bahite batinya .”

Uyu muntu utazwi yahise amwoherereza amagambo ShaddyBoo yakoresheje yifuriza isabukuru nziza Diamond ku rubuga rwa Instagram.

Iyi foto igaragaza ikiganiro ShaddyBoo yagiranye n’uyu muntu utazwi ikomeje gusakara hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga gusa kuri ubu ntagihamya yemeza ko uyu ariwe wahaye ShaddyBoo aya magambo yakoresheje.

2018-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi Sengabo Jodas yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bukwiriye umwana w’Umunyarwanda ndetse inahwitura ababyeyi

Umuhanzi Sengabo Jodas yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bukwiriye umwana w’Umunyarwanda ndetse inahwitura ababyeyi

Ubwanditsi 12 Mar 2021
Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Ifoto ya Shaddyboo iri kuvugisha abatari bake,nawe ihere ijisho

Ifoto ya Shaddyboo iri kuvugisha abatari bake,nawe ihere ijisho

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Ibitaramo : Harmonize agiye gukorera mu Rwanda biregereje, amakuru yose kuri ibi bitaramo

Ibitaramo : Harmonize agiye gukorera mu Rwanda biregereje, amakuru yose kuri ibi bitaramo

Ubwanditsi 07 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Musanze:  Abapolisi bo ku rwego rwa ofisiye batangiye  amahugurwa y’ubuyobozi
Mu Mahanga

Musanze: Abapolisi bo ku rwego rwa ofisiye batangiye amahugurwa y’ubuyobozi

Ubwanditsi 19 Jan 2016
UK: Abanyarwanda barokotse Jenoside babangamiwe n’abayikoze bacyidegembya
ITOHOZA

UK: Abanyarwanda barokotse Jenoside babangamiwe n’abayikoze bacyidegembya

Ubwanditsi 30 Nov 2016
Burundi: Hagabwe igitero abantu 8 barapfa abandi 50 barakomereka
Mu Rwanda

Burundi: Hagabwe igitero abantu 8 barapfa abandi 50 barakomereka

Ubwanditsi 10 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru