• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo
Abarwanyi ba FDLR

Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo

Ubwanditsi 19 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU, Uncategorized

Kuri uyu wa gatanu, tariki ya 17 Nyakanga 2020, Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB bwerekanye abahoze ari abarwanyi bagera kuri 57 babarizwaga mu mitwe y’iterabwoba ikorera mu Burasirazuba bwa Kongo. Muri abo barwanyi harimo abahoze ari abayobozi biyo mitwe bari ku rwego rwa Jenerali ndetse na ba Koloneli n’abasirikari batoya. Ubu tugiye kubagezaho umwirondoro wa General de Brigade Leopold Mujyambere.

Hari kuwa kane tariki ya 5 Gicurasi 2016, ubwo umuvugizi wa Leta ya Congo Bwana Lambert Mende yemeje amakuru avuga ko Gen Léopold Mujyambere yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano za Leta ya Congo mu mujyi wa Goma.

Mende yakomeje avuga ko ubu Gen Mujyambere yoherejwe i Kinshasa aho arimo kubazwa n’inzego z’umutekano za Congo. Ariko nta byinshi yatangaje ndetse n’ibitangazamakuru byo muri Congo ntacyo byigeze bivuga kuri iryo fatwa.

Nkuko tubikesha Rakiya Omaar, Umushakashatsi wakoranye na Komisiyo yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu ngabo mu kugaragaza imyirondoro y’abayobozi b’imitwe yitwara gisirikari muri Kongo, Gen Mujyambere yavukiye muri Komini Tare muri Kigali Ngali mu 1962, yize amashuli yisumbuye mu iseminari Saint Vincent i Ndera, arangije amashuli yisumbuye yinjiye mu ishuri rikuru rya gisirikare (ESM) mu 1983 muri Promotion ya 24, yasohotse muri iryo shuli mu 1987 ari Sous-Lieutenant. Yakoze amahugurwa atandukanye mu Rwanda ndetse no mu mahanga yiganjemo ay’abakomando.

Yabaye mu mitwe itandukanye akenshi yigisha imyitozo ya gikomando twavuga nko mu Bigogwe, mu ba GP no muri ESM i Kigali.

Mu 1994 yari afite ipeti rya Capitaine akaba yari ashinzwe iperereza (S2) muri Bataillon Garde Présidentielle (GP), tariki ya 6 Mata 1994 yari mu baherekeje Perezida Habyalimana mu rugendo yarimo i Dar es Salaam muri Tanzaniya ubwo indege yahanurwaga. Yagumye mu gihugu cya Tanzaniya aho yongeye kugaragara muri Kongo I Bukavu aho yinjiye muri RDR.

Yashyizwe ku ntonde za ONU zimurega ibyaha by’intambara cyane cyane ibyakorewe muri Kivu y’amajyepfo kuko niwe wari ukuriye ingabo zose za FDLR zabarizwaga muri ako gace (Sector Commander).

Leopold Mujyambere yagaragaye kenshi yidegembya mu bihugu bitandukanye by’Afurika dore ko yafatiwe kuri Goma, nyuma y’igitutu cya Loni, akajyanwa I Kinshasa ahungishijwe dore ko icyo gihe Leta ya Kabila yakoranaga na FDLR bitandukanye niki gihe ubwo Leta ya Felix Tshisekedi yamushyikirije Leta y’u Rwanda. Mujyambere niwe wahuzaga ibikorwa by’abayoboke ba FDLR babarizwa mu majyepfo y’Afurika.

 

2020-07-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ubwanditsi 20 Jul 2023
U Burundi gukura ibendera ry’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba ku mipaka yabwo bihatse iki?

U Burundi gukura ibendera ry’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba ku mipaka yabwo bihatse iki?

Ubwanditsi 05 Dec 2018
Breaking News: Kenya yunze ikirenge mu cy’u Rwanda mu gutanga viza ku mipaka ku banyafrika

Breaking News: Kenya yunze ikirenge mu cy’u Rwanda mu gutanga viza ku mipaka ku banyafrika

Ubwanditsi 28 Nov 2017
DFID yateye utwatsi ibyatangajwe n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza ku bufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

DFID yateye utwatsi ibyatangajwe n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza ku bufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Ubwanditsi 13 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye
HIRYA NO HINO

Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Ubwanditsi 29 Jun 2018
Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe
Amakuru

Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Ubwanditsi 14 Jun 2022
APR HC na Police HC zatangiye neza irushanwa rya ECAHF Senior Club championship 2024 ribera i Kigali
Amakuru

APR HC na Police HC zatangiye neza irushanwa rya ECAHF Senior Club championship 2024 ribera i Kigali

Ubwanditsi 16 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru