• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Ubwanditsi 14 May 2019 UBUKUNGU

Mu bihugu bitandukanye hirya no hino ku Isi, ntabwo byoroshye kubona amakuru ku ngengo y’imari inzego z’umutekano zikoresha mu bikorwa byazo bya buri munsi.

Akenshi ayo makuru agirwa ibanga ku mpamvu bivugwa ko ari iz’umutekano w’igihugu.

Nyamara bamwe mu nzobere zitandukanye bagaragaza ko nubwo impamvu yo kugira ayo makuru ibanga yumvikana, binateye impungenge kuko nta wamenya niba koko akoreshwa mu bifitiye igihugu akamaro.

Icyo kibazo cyagarutsweho kuri uyu wa Mbere mu nama yiga ku mutekano (National Security Symposium 2019) iri kubera i Nyakinama mu Karere ka Musanze mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare.

Umwarimu muri Kaminuza ya Makerere muri Uganda, Dr Peter Kasaija, yavuze ko hari ubushakashatsi butandukanye bagiye bashaka gukora ku ikoreshwa ry’ingengo y’imari igenerwa igisirikare ariko bakabura amakuru.

Yagize ati “Rimwe na rimwe barakubwira ngo ibi ni amakuru y’ibanga. Kuki igisirikare gitinya kubazwa ibyo gikora? Kuki mudashaka ko tumenya icyo amafaranga akoreshwa ?”

Icyo gitekerezo cyashimangiwe n’Umunya-Sénégal, Abdoulaye Bathily, wavuze ko icyo kibazo bakundaga guhura nacyo mu Nteko Ishinga Amategeko.

Yagize ati “ Mu Nteko iyo twabazaga ibyo bintu baratubwiraga ngo ariya ni amakuru akomeye agomba kuba ibanga. Ngo ingabo zacu turazizera. Bakavuga ngo rero ingengo y’imari mugomba kuyitora nta bindi bibazo.”

Bathily yavuze ko nubwo ingabo zikwiriye kwizerwa, byaba byiza hagiye hagaragazwa icyo amafaranga yakoreshejwe cyangwa agiye gukoreshwa kugira ngo hatabaho abarengera bakayakoresha mu bindi bidafitiye igihugu akamaro.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Patrcik Nyamvumba umwe mu batanze ikiganiro ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, yavuze ko kuba ibihugu byinshi bya Afurika bidakunda gutangaza icyo amafaranga agenewe igisirikare agiye gukoreshwa ari uko ayo makuru ashobora gukoreshwa nabi.

Yagize ati “Nibyo abasirikare bakoresha ubushobozi bwaturutse mu mbaraga z’abaturage bityo bagomba kumenya icyo yakoreshejwe. Nta mpamvu n’imwe tutagaragariza abaturage ibyo dukora ariko ukurikije uko ibintu bimeze muri Afurika, abaturage dukwiye gukura.”

Gen Nyamvumba yavuze ko by’umwihariko benshi mu batavuga rumwe na Leta muri Afurika bakwiriye guhindura imyumvire kuko usanga barwanya buri cyose harimo n’ingamba zigamije kurengera umutekano w’igihugu.

Ati “Muri Afurika turacyafite ikibazo. Nk’iyo urebye uko abatavuga rumwe na Leta bakora muri Afurika, iyo utari muri Guverinoma urwanya buri cyose kiri muri Guverinoma […] ku buryo ushobora no gukoresha ayo makuru mu bintu bibi.”

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Patrick Nyamvumba, yavuze ko ibihugu byinshi bigira impungenge ku gutangaza amakuru arebana n’ikoreshwa ry’ingengo y’imari igenewe inzego z’umutekano kuko biba bitizeye uko yakoreshwa

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yavuze ko hari imyitwarire bamwe mu banyafurika bagiye bagaragaza mu bihe byashize bagambanira abaturage babo ku buryo gushyira hanze amakuru ajyanye n’umutekano bishobora kugira ingaruka.

Ati “Ntabwo mvuga ko tudakwiriye kubazwa ibyo dukora ariko twese tugomba kubibazwa. Nuhabwa ayo makuru ntuyakoreshe nabi ku buryo bwabangamira umutekano w’igihugu ubibazwe.”

Ku kijyanye n’uko ingengo y’imari igenewe inzego z’umutekano ishobora gukoreshwa nabi, Gen Nyamvumba yavuze ko ibyo byaterwa n’uburyo Leta isanzwe ikora.

Yavuze ko mu gihe imikorere ya Leta yaba yaramunzwe na ruswa igisirikare atari cyo cyasigara ariko ko iyo hari ingamba zigamije kuyihashya n’igisirikare gikora neza.

Raporo y’Ikigo Stockholm International Peace Research Institute gikora ubushakashatsi ku makimbirane n’ibijyanye n’intwaro yatangajwe mu Ugushyingo umwaka ushize, yagaragaje ko byinshi mu bihugu byo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bikomeje gutera imbere mu kugaragaza uko amafaranga y’igisirikare cyabyo cyakoresheje.

Hagati ya 2012 na 2017, icyo kigo cyatangaje ko nibura ibihugu 45 kuri 47 bigize Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, byatanze inyandiko imwe igaragaza uko ingengo y’imari y’igisirikare yakoreshejwe.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Patrick Nyamvumba (iburyo), Minisitiri w’Ingabo, Gen.Maj. Murasira (hagati) na Gen. Maj. Jean Bosco Kazura (ibumoso) bakurikiye ikiganiro

Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Claver Gatete; uw’Ubutabera, Busingye Johnston; Umujyanama wa Perezida mu by’umutekano, Gen. James Kabarebe na Prof Adebayo Olukoshi batanga ikiganiro muri iyi nama

Abasirikare n’inzobere zo mu bihugu bitandukanye zikurikiye ibiganiro mu nama yiga ku mutekano

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango akurikiye ikiganiro

Umujyanama wa Perezida mu by’Umutekano n’Igisirikare, Gen. James Kabarebe aganira n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Patrick Nyamvumba
Src : IGIHE.COM

2019-05-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Ubwanditsi 18 May 2018
U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

Ubwanditsi 04 Apr 2019
MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

Ubwanditsi 17 Mar 2020
U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 17 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa
Amakuru

Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Ubwanditsi 25 Oct 2023
Rujugiro, yatamaje  Museveni wabwiye Perezida Kagame ko atamuzi !
INKURU NYAMUKURU

Rujugiro, yatamaje  Museveni wabwiye Perezida Kagame ko atamuzi !

Ubwanditsi 18 Mar 2019
FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen
Amakuru

FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen

Ubwanditsi 30 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru