• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Chaka Chaka anyotewe no kumenya byinshi ku muziki wo mu Rwanda

Chaka Chaka anyotewe no kumenya byinshi ku muziki wo mu Rwanda

Ubwanditsi 06 May 2017 Mu Rwanda

Umuririmbyi w’icyamamare muri Afurika, Yvonne Chaka Chaka avuga ko n’ubwo akunze kuza mu Rwanda nta muziki waho azi.

Uyu muhanzi w’icyamamare ukomoka muri Afurika y’Epfo, yatangaje ibyo mu gihe yari mu Rwanda mu nama y’ikigega “Global Fund”, yiga ku bijyanye n’uburezi n’ubuzima bw’abaturage muri rusange.

Yemeza ko ntacyo azi ku muziki wo mu Rwanda ku buryo ngo nta n’umuhanzi n’umwe azi. Gusa ariko ngo iyo yaje mu Rwanda abona ababyinnyi ba gakondo.
Agira ati “Mu by’ukuri nta kintu nzi ku muziki wo mu Rwanda gusa nifuza kugira icyo nywumenyaho.

Akenshi iyo nje mu Rwanda mbona ababyinnyi ni abahanga, gusa rwose nta muhanzi n’umwe nzi wo mu Rwanda ariko nakwifuje kuba nahura na bo byanshimisha.”
Akomeza avuga ko aramutse abonye ubutumire yataramira Abanyarwanda, kuko aheruka mu Rwanda aririmba ku isabukuru y’imyaka 100 y’Umujyi wa Kigali.

Yvonne Chaka Chaka avuga ko yishimiye u Rwanda n’Abanyarwanda uburyo buri mwaka usanga u Rwanda rwariyubatse mu ngeri zose ku buryo ngo rukwiye kubera urugero andi mahanga.

Yemeza ko amaze kuza mu Rwanda kenshi. Iyo ahageze abona impinduka nyinshi mu iterambere, akemeza ko u Rwanda ruri mu bihugu bya mbere akunda ku isi.
Agira ati “Iki ni kimwe mu bihugu nkunda cyane ku isi. Isuku, abaturage beza b’umutima mwiza, ibintu byose biri ku murongo, hari byinshi byo kwigira ku Rwanda. Kuba ibikorwa byacu tuza kubikorera hano na Global Fund ni ikimenyetso cyo gushimira.”

-6481.jpg
Akomeza ahamagarira Abanyarwanda gukomeza kubaka igihugu cyabo no kugikunda.
Yvonne Chacka Chaka ukomoka muri Afrika y’Epfo, ari mu nama ya Global Fund ahagarariye umuryango yashinze yitwa “Princess of Africa, ugamije kwita ku buzima bw’umugore n’ubw’umwana.

Uyu muhanzi avuga kandi ko, agikomeje gukora umuziki ku buryo ngo kuri ubu ari gutunganya indirimbo ze zizaba ziri ku muzingo (Album) we munshya uzasohoka mu mezi abiri ari imbere.

Kuri ubu, ngo yamaze gukorana indirimbo n’umuhanzi ukomeye muri Tanzania witwa Ali Kiba n’abandi bahanzi bo muri Ghana no muri Amerika. Afite kandi indirimbo arimo gukorana n’umuhungu we.

2017-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yagaruye abanyarwanda babiri bari barahungiyeyo kubera ibyaha bitandukanye

Uganda yagaruye abanyarwanda babiri bari barahungiyeyo kubera ibyaha bitandukanye

Ubwanditsi 22 Feb 2017
Abayisilamu basabwe kwishimira ko basigaye bafite uburenganzira mu Rwanda

Abayisilamu basabwe kwishimira ko basigaye bafite uburenganzira mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Jun 2017
Umwe mu bapolisi b’abarinzi bakomeye mu gihugu cya Uganda yakatiwe urwo gupfa

Umwe mu bapolisi b’abarinzi bakomeye mu gihugu cya Uganda yakatiwe urwo gupfa

Ubwanditsi 24 Jul 2017
Abayobozi babiri b’ibanze bafungiwe kwaka no kwakira ruswa

Abayobozi babiri b’ibanze bafungiwe kwaka no kwakira ruswa

Ubwanditsi 22 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona
Mu Mahanga

Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Ubwanditsi 02 May 2016
Impamvu itumye Ambasaderi Eugene Richard Gasana yahamagawe i Kigali
Mu Mahanga

Impamvu itumye Ambasaderi Eugene Richard Gasana yahamagawe i Kigali

Ubwanditsi 12 Aug 2016
Kenya: Umugabo yishe umugore we bapfa impano zo kuri Noheli
Mu Rwanda

Kenya: Umugabo yishe umugore we bapfa impano zo kuri Noheli

Ubwanditsi 23 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru