• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame mu guharanira Amahoro ni Indashyikirwa “Emir wa Qatar”

Perezida Kagame mu guharanira Amahoro ni Indashyikirwa “Emir wa Qatar”

RUSHYASHYA 21 Nov 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, wari mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda yatangaje ko ashima umuhate w’u Rwanda mu gushyigikira ibikorwa by’amahoro mu Karere ka Afurika y’Uburasirazuba.

Ni mu butumwa yasangije ku rubuga rwa X, kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 22 Ugushyingo, ubwo agiye gusoza uruzinduko rw’iminsi ibiri yari yagiriye mu Rwanda.

Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, yashimye ibiganiro yagiranye na Perezida Kagame bigaruka ku muhate w’impande zombi mu kwagura no guteza imbere amahirwe y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Ati” Qatar n’u Rwanda bifitanye umubano ukomeye kandi urimo gukura, kandi biri mu nzira yihuse igana ku bufatanye bwiza n’inyungu zihuriweho.”

Yakomeje ashima umuhate w’u Rwanda mu gushyigikira ibikorwa by’amahoro mu Karere ruherereyemo.

Ati” Ndashimira imbaraga za Perezida Kagame mu gushyigikira ibikorwa by’amahoro mu Karere, igihugu cye giherereyemo.”

Ku rundi ruhande, Perezida Kagame yifashishije urubuga rwe rwa X, nawe yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, kubw’ibiganiro byiza bagiranye muri iki gihe cy’uruzinduko yarimo mu Rwanda.

Yagaragaje ko u Rwanda rushimira cyane ubufatanye rufitanye na Qatar, ndetse n’umubano mwiza ukomeza gushimangira imikoranire myiza hagati y’ibihugu byombi.

Ati” Twiteguye kubakira ku ntambwe yatewe muri uru ruzinduko no guteza imbere ibyo duhuriyeho hagamijwe inyungu z’ibihugu n’abaturage babyo.”

U Rwanda na Qatar ni ibihugu bisanganywe imikoranire mu nzego zitandukanye ziterambere zirimo ubukerarugendo, ubwikorezi bwo mu kirere, urwego rw’umutekano n’izindi nzego zitandukanye.

Birenze ibi kandi, Qatar iri kugira uruhare mu gukemura ibibazo by’umutekano muke bimaze igihe biri mu Karere k’Uburasirazuba u Rwanda ruherereyemo, binyuze mu biganiro by’amahoro n’ubuhuza.

Biteganyijwe ko ubwo Emir Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani araba avuye mu Rwanda ari bukomereze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho ari bugirane ibiganiro na Perezida Felix Tshisekedi.

Uruzinduko rwakomereje mu rwuri rw’Inyambo rwa Perezida Kagame, ndetse Perezida Kagame agabira Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, Inyambo mu rwuri rwe.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro byatangaje ko Inka z’Inyambo Perezida Kagame yagabiye Emir wa Qatar ari ikimenyetso gishingiye ku muco w’u Rwanda gisobanuye ubucuti, ubwubahane, n’ubufatanye bukomeye hagati y’abayobozi bombi n’ibihugu byabo.

Biteganyijwe ko abakuru b’ibihugu bombi bagirana ibiganiro ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwa Emir wa Qatar mu Rwanda.

Mu ntangiriro z’Ugushyingo 2025 i Doha, ubwo Perezida Kagame yari yitabiriye inama ku iterambere rusange, bombi bari baganiriye ku guteza imbere umubano w’ibuhugu byombi n’imikoranire.

2025-11-21
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Ubwanditsi 25 Jun 2025
Amatora y’uzahagararira FPR-Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’igihugu ararimbanyije

Amatora y’uzahagararira FPR-Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’igihugu ararimbanyije

Ubwanditsi 29 May 2017
Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru   

Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru  

Ubwanditsi 28 Sep 2022
Musenyeri Bimenyimana wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yitabye Imana

Musenyeri Bimenyimana wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yitabye Imana

Ubwanditsi 12 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zanzibar ntizakinishe gukorera Hamad nk’ibyo Besigye akorerwa muri Uganda
Mu Rwanda

Zanzibar ntizakinishe gukorera Hamad nk’ibyo Besigye akorerwa muri Uganda

Ubwanditsi 01 Sep 2016
BBC yafunze burundu ibiro byayo mu Burundi
INKURU NYAMUKURU

BBC yafunze burundu ibiro byayo mu Burundi

Ubwanditsi 17 Jul 2019
Davido wavuzweho gukururana n’abakobwa bo mu Rwanda ngo ntazi gucana inyuma
HIRYA NO HINO

Davido wavuzweho gukururana n’abakobwa bo mu Rwanda ngo ntazi gucana inyuma

Ubwanditsi 12 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru