• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nyamirambo : Me Ntaganda akomereje iwe mu rugo imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara

Nyamirambo : Me Ntaganda akomereje iwe mu rugo imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara

Ubwanditsi 01 Mar 2017 Mu Rwanda

Me Bernard Ntaganda washinze ishyaka PS – Imberakuri ritavugarumwe n’ ubutegetsi bw’ u Rwanda, kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare 2017 yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara yakorerag ku biro by’Urugaga rw’Abavoka aeiko aza kuhava kuri uyu wa kabili atashye iwe aho agiye gukomereza iyi myigaragambyo nk’uko abantu ba hafi ye babitangaje.

Ajya gutangira iyi myigaragambyo, Me Ntaganda yavugaga ko ari kwamagana impamvu yatumye Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rumuhakanira kongera gukora uyu mwuga nk’uko yari yabisabye nyuma y’aho afunguriwe.

Kuwa Mbere Me Ntaganda yiriwe mu biro by’ urugaga rw’ abavoka mu Rwanda mu myigaragambyo yo kwiyicisha inzara. Amasaha y’ akazi arangiye abashinzwe umutekano muri ibyo biro baramusohoye ajya kuryama mu modoka ariho yahise atangirira imyigaragambyo yavugaga ko ari iyo kwiyicisha inzara.

Kuri uyu wa Kabiri Umujyanama wa Me Ntaganda, Niyitegeka Protais yabwiye itangazamakuru ko Me Ntaganda yatashye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara yayikomereje iwe mu rugo, ngo ntazahagarika iyi myigaragambyo kugeza Leta imwemereye icyo ayisaba.

Yagize ati “Yaraye avuyeyo saa yine z’ ijoro ariko aracyakomeza guharanira uburenganzira bwe bwo kunganira abantu mu nkiko kuko yari umwavoka… Ari iwe mu rugo ariko akomeje kwiyicisha inzara”.

Urugaga rw’ abavoka rwasabye Me Ntaganda ibintu bibiri kugira ngo yemerwe gusubira mu rugaga rw’ abavoka. Ibyo bintu ni icyemezo kigaragaraza ko atafunzwe igihe kingana cyangwa kirenze amezi atandatu. Ikindi ni ukwishyura imisanzu arimo uwo rugaga.

Muri 2011, urugaga rw’ abavoka rwahagaritse abavoka 112 bazira kutishyura imisanzu y’ urugaga, muri bo harimo na Me Ntaganda Bernard. Magingo aya abo bandi bemerewe gusubira mu rugaga uretse Me Ntaganda Bernard.

Urugaga rw’Abavoka rwasabye Me Ntaganda icyemezo kigaragaza ko atafunzwe, we akavuga ko uru rugaga rwigiza nkana iko cyemezo acyakwa nk’amananiza kuko,babizi neza ko yafunzwe.

Me Ntaganda yatawe muri yombi tariki ya 24 Kamena 2010. Urukiko rwamuhamije ibyaha birimo kuvutsa igihugu umudendezo, guteza amacakubiri, gukorana n’abagamije guhungabanya umutekano w’igihugu ndetse n’ubufatanyacyaha mu myigaragambyo itemewe n’amategeko, akatirwa imyaka ine y’ igifungo. Me Ntaganda yarekuwe tariki ya 4 Kamena 2014.

Bernard Ntaganda niwe washinze ishyaka P S- Imberakuri, hanyuma aza gukurwaho na kongere y’ishyaka aregwa kunyuranya n’amahame y’ishyaka, ahita asimburwa na Mukabunani Christine wari umwungirije, rikaba ryarahise ricikamo ibice bibiri.

-5972.jpg

Bernard Ntaganda

2017-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndikumana Hamad ‘Katauti’ yitabye Imana

Ndikumana Hamad ‘Katauti’ yitabye Imana

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Umugabo usilamuye afite amahirwe 60% yo kutandura virusi itera SIDA

Umugabo usilamuye afite amahirwe 60% yo kutandura virusi itera SIDA

Ubwanditsi 29 Mar 2019
Abafaransa niboneye n’amaso yange hariya iwacu iyo batahaba Inkotanyi ziba zarafashe igihugu mbere:Rucagu Boniface

Abafaransa niboneye n’amaso yange hariya iwacu iyo batahaba Inkotanyi ziba zarafashe igihugu mbere:Rucagu Boniface

Ubwanditsi 11 Apr 2018
FRVB yaciwe amande asaga miliyoni 120 Frw kubera gukinisha abanyamahanga badafite ibyangombwa mu gikombe cya Afurika cy’Abagore

FRVB yaciwe amande asaga miliyoni 120 Frw kubera gukinisha abanyamahanga badafite ibyangombwa mu gikombe cya Afurika cy’Abagore

Ubwanditsi 17 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imvune y’urutugu y’umunyezamu wa Police FC Habarurema Gahungu, yaraye abazwe ndetse abwirwa ko azamara hafi amezi 4 adakina
Amakuru

Nyuma y’imvune y’urutugu y’umunyezamu wa Police FC Habarurema Gahungu, yaraye abazwe ndetse abwirwa ko azamara hafi amezi 4 adakina

Ubwanditsi 13 Nov 2021
Nta gahunda yo gutabariza Kigeli V Ndahindurwa mu Rwanda: Boniface Benzinge
ITOHOZA

Nta gahunda yo gutabariza Kigeli V Ndahindurwa mu Rwanda: Boniface Benzinge

Ubwanditsi 09 Nov 2016
APR FC yatsinze umukino wayo wa Kabiri yakinaga na JKU muri Mapinduzi Cup iri kubera Zanzibar
Amakuru

APR FC yatsinze umukino wayo wa Kabiri yakinaga na JKU muri Mapinduzi Cup iri kubera Zanzibar

Ubwanditsi 04 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru