• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nyamirambo : Me Ntaganda akomereje iwe mu rugo imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara

Nyamirambo : Me Ntaganda akomereje iwe mu rugo imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara

Ubwanditsi 01 Mar 2017 Mu Rwanda

Me Bernard Ntaganda washinze ishyaka PS – Imberakuri ritavugarumwe n’ ubutegetsi bw’ u Rwanda, kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare 2017 yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara yakorerag ku biro by’Urugaga rw’Abavoka aeiko aza kuhava kuri uyu wa kabili atashye iwe aho agiye gukomereza iyi myigaragambyo nk’uko abantu ba hafi ye babitangaje.

Ajya gutangira iyi myigaragambyo, Me Ntaganda yavugaga ko ari kwamagana impamvu yatumye Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rumuhakanira kongera gukora uyu mwuga nk’uko yari yabisabye nyuma y’aho afunguriwe.

Kuwa Mbere Me Ntaganda yiriwe mu biro by’ urugaga rw’ abavoka mu Rwanda mu myigaragambyo yo kwiyicisha inzara. Amasaha y’ akazi arangiye abashinzwe umutekano muri ibyo biro baramusohoye ajya kuryama mu modoka ariho yahise atangirira imyigaragambyo yavugaga ko ari iyo kwiyicisha inzara.

Kuri uyu wa Kabiri Umujyanama wa Me Ntaganda, Niyitegeka Protais yabwiye itangazamakuru ko Me Ntaganda yatashye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara yayikomereje iwe mu rugo, ngo ntazahagarika iyi myigaragambyo kugeza Leta imwemereye icyo ayisaba.

Yagize ati “Yaraye avuyeyo saa yine z’ ijoro ariko aracyakomeza guharanira uburenganzira bwe bwo kunganira abantu mu nkiko kuko yari umwavoka… Ari iwe mu rugo ariko akomeje kwiyicisha inzara”.

Urugaga rw’ abavoka rwasabye Me Ntaganda ibintu bibiri kugira ngo yemerwe gusubira mu rugaga rw’ abavoka. Ibyo bintu ni icyemezo kigaragaraza ko atafunzwe igihe kingana cyangwa kirenze amezi atandatu. Ikindi ni ukwishyura imisanzu arimo uwo rugaga.

Muri 2011, urugaga rw’ abavoka rwahagaritse abavoka 112 bazira kutishyura imisanzu y’ urugaga, muri bo harimo na Me Ntaganda Bernard. Magingo aya abo bandi bemerewe gusubira mu rugaga uretse Me Ntaganda Bernard.

Urugaga rw’Abavoka rwasabye Me Ntaganda icyemezo kigaragaza ko atafunzwe, we akavuga ko uru rugaga rwigiza nkana iko cyemezo acyakwa nk’amananiza kuko,babizi neza ko yafunzwe.

Me Ntaganda yatawe muri yombi tariki ya 24 Kamena 2010. Urukiko rwamuhamije ibyaha birimo kuvutsa igihugu umudendezo, guteza amacakubiri, gukorana n’abagamije guhungabanya umutekano w’igihugu ndetse n’ubufatanyacyaha mu myigaragambyo itemewe n’amategeko, akatirwa imyaka ine y’ igifungo. Me Ntaganda yarekuwe tariki ya 4 Kamena 2014.

Bernard Ntaganda niwe washinze ishyaka P S- Imberakuri, hanyuma aza gukurwaho na kongere y’ishyaka aregwa kunyuranya n’amahame y’ishyaka, ahita asimburwa na Mukabunani Christine wari umwungirije, rikaba ryarahise ricikamo ibice bibiri.

-5972.jpg

Bernard Ntaganda

2017-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abaturage ba Kinyinya batangiye igikorwa cyo kwiyubakira sitasiyo ya Polisi

Abaturage ba Kinyinya batangiye igikorwa cyo kwiyubakira sitasiyo ya Polisi

Ubwanditsi 28 Feb 2017
Kanimba, Tugireyezu na Stella Ford ntibagaragara mu ikipe nshya ya Kagame

Kanimba, Tugireyezu na Stella Ford ntibagaragara mu ikipe nshya ya Kagame

Ubwanditsi 31 Aug 2017
Nyamasheke : Bernard Makuza yagaragaje ubudasa bwa Kagame

Nyamasheke : Bernard Makuza yagaragaje ubudasa bwa Kagame

Ubwanditsi 29 Jul 2017
Ukuri ku mibereho ya Léon Mugesera watakambiye Abanya-Canada ko adasurwa

Ukuri ku mibereho ya Léon Mugesera watakambiye Abanya-Canada ko adasurwa

Ubwanditsi 05 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanya-Kenya na Ethiopia bihariye ibihembo by’irushanwa rya Kigali International Peace Marathon 2023
Amakuru

Abanya-Kenya na Ethiopia bihariye ibihembo by’irushanwa rya Kigali International Peace Marathon 2023

Ubwanditsi 11 Jun 2023
Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba

Ubwanditsi 21 Jan 2021
Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda
POLITIKI

Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru