• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jan 2020 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rugeze ku iterambere rufite uyu munsi kubera amahitamo rwakoze arimo gushyira hamwe, ku buryo intambwe zose igihugu gitera abaturage bazigiramo uruhare.

Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yari muri King’s College i Londres, aho yari muri icyo gihugu yitabiriye inama yahuje u Bwongereza na Afurika ku wa 20 Mutarama 2020.

Perezida Kagame yagarutse ku ntambwe u Rwanda rwateye mu myaka 25 ishize, ubwo rwivanaga mu mahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rugahinduka kimwe mu bihugu bifite ubukungu buzamuka kurusha ibindi kuri uyu mugabane.

Ni amahano yari akomeye kuko hejuru ya kimwe cya cumi cy’Abanyarwanda bishwe, abandi bavanwa mu byabo. Ibyo kandi byagiye bihurirana n’izindi mpinduka ku mugabane u Rwanda ruherereyeho, zikarugiraho ingaruka.

Yakomeje ati “Uburyo bwonyine bwo kubirenga bwari ukwirebaho ubwacu. Kandi uburyo bwonyine bwo gutera imbere nk’igihugu kidakora ku nyanja bwari ukongerera ubushobozi abaturage bacu ndetse tugafatanya n’akarere mu bijyanye n’ubukungu.”

Yavuze ko ibintu bitatu u Rwanda rwubakiweho kwari ukumva ko ibintu byose byihutirwa; ko Abanyarwanda bagomba kunga ubumwe kuko amacakubiri yabagejeje kure; kandi bakumva ko bagomba kwigira ko bagomba kwikemurira ibibazo ariko bakigira ku bandi ndetse bagafatanya kuko bituma ibintu byihuta.

Yakomeje ati “Iterambere ridashidikanywaho twagezeho mu Rwanda ni ukubera gukoresha aya mahame ku mbogamizi twagiye duhura nazo. Igikomeye ariko ni uburyo abaturage babigizemo uruhare kugira ngo bungukire muri gahunda zishyirwaho.”

Perezida Kagame yavuze ko hakiri urugendo rurerure, ariko Abanyarwanda bifitiye icyizere ku buzima bwabo ndetse babona neza icyerekezo igihugu kirimo.

Mu kiganiro kandi yagiranye na Alexander Downer, Perezida Kagame yashimangiye ko iterambere u Rwanda rugezeho ritashobotse kubera umuntu umwe, ahubwo ari “twese hamwe”, kuko bakuye amasomo mu mahano igihugu cyanyuzemo.

Yakomeje ati “Twabonye amasomo ko ibintu bitakorwa igihe ubibahatira. Aho ariho hose. Nubwo hari ubwo bikunda, biba iby’akanya gato. Ibintu bikoreka neza iyo uhurije abantu hamwe, maze bakagira uruhare mu rugendo rwo gushaka igisubizo.”

Yahise atanga urugero ku isuku igaragara mu Rwanda, avuga ko nta mashini igenda ihatira abantu kubikora, ko atari byo ahubwo bishingira ku myumvire y’abaturage.

Yanavuze ko u Rwanda rwiyemeje kurwanya ruswa, hagashyirwaho uburyo bufazsha abantu kuyirwanya kandi buri wese akabazwa inshingano ze, ku nzego zose.

Perezida Kagame yanagarutse ku bimutera imbaraga zo gukora cyane. Ati “Nakuriye mu bibazo, rimwe na rimwe ibibazo biragukomeza cyangwa bikagusenya. Nagize amahirwe yo kudasenywa n’ibibazo ahubwo bimpindura mu mitekerereze no kugira icyo ukora mu guhangana na byo.”

Mu Bwongereza kandi, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri Perezida Kagame yakiriye abashoramari bo mu Bwongereza basaga 50 bo mu nzego zitandukanye, zirimo serivisi z’imari, ingufu, ibikorwa remezo n’ubukerarugendo, bamurikirwa amahirwe y’ishoramari ari mu gihugu.

Perezida Kagame yavuze ko gushyira hamwe biri mu byafashije Abanyarwanda kurenga ibibazo banyuzemo

2020-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Sep 2018
Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo  [ VIDEO ]

Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo [ VIDEO ]

Ubwanditsi 17 May 2017
BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi

Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi

Ubwanditsi 17 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’igihugu ya Senegal na Côte d’Ivoire zageze muri 1/2 cya Afrobasket ikomeje kubera mu Rwanda
Amakuru

Ikipe y’igihugu ya Senegal na Côte d’Ivoire zageze muri 1/2 cya Afrobasket ikomeje kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Sep 2021
Dore ibintu 3 byari byihishe inyuma y’urugendo rwa Safi Madiba i Dubai “INKURU IRAMBUYE”
IMIKINO

Dore ibintu 3 byari byihishe inyuma y’urugendo rwa Safi Madiba i Dubai “INKURU IRAMBUYE”

Ubwanditsi 07 Nov 2016
RDC: Imirwano ikomeye mu Kiyaga cya Kivu yaguyemo batatu
Mu Mahanga

RDC: Imirwano ikomeye mu Kiyaga cya Kivu yaguyemo batatu

Ubwanditsi 24 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru