• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Editorial 22 Jan 2020 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rugeze ku iterambere rufite uyu munsi kubera amahitamo rwakoze arimo gushyira hamwe, ku buryo intambwe zose igihugu gitera abaturage bazigiramo uruhare.

Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yari muri King’s College i Londres, aho yari muri icyo gihugu yitabiriye inama yahuje u Bwongereza na Afurika ku wa 20 Mutarama 2020.

Perezida Kagame yagarutse ku ntambwe u Rwanda rwateye mu myaka 25 ishize, ubwo rwivanaga mu mahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rugahinduka kimwe mu bihugu bifite ubukungu buzamuka kurusha ibindi kuri uyu mugabane.

Ni amahano yari akomeye kuko hejuru ya kimwe cya cumi cy’Abanyarwanda bishwe, abandi bavanwa mu byabo. Ibyo kandi byagiye bihurirana n’izindi mpinduka ku mugabane u Rwanda ruherereyeho, zikarugiraho ingaruka.

Yakomeje ati “Uburyo bwonyine bwo kubirenga bwari ukwirebaho ubwacu. Kandi uburyo bwonyine bwo gutera imbere nk’igihugu kidakora ku nyanja bwari ukongerera ubushobozi abaturage bacu ndetse tugafatanya n’akarere mu bijyanye n’ubukungu.”

Yavuze ko ibintu bitatu u Rwanda rwubakiweho kwari ukumva ko ibintu byose byihutirwa; ko Abanyarwanda bagomba kunga ubumwe kuko amacakubiri yabagejeje kure; kandi bakumva ko bagomba kwigira ko bagomba kwikemurira ibibazo ariko bakigira ku bandi ndetse bagafatanya kuko bituma ibintu byihuta.

Yakomeje ati “Iterambere ridashidikanywaho twagezeho mu Rwanda ni ukubera gukoresha aya mahame ku mbogamizi twagiye duhura nazo. Igikomeye ariko ni uburyo abaturage babigizemo uruhare kugira ngo bungukire muri gahunda zishyirwaho.”

Perezida Kagame yavuze ko hakiri urugendo rurerure, ariko Abanyarwanda bifitiye icyizere ku buzima bwabo ndetse babona neza icyerekezo igihugu kirimo.

Mu kiganiro kandi yagiranye na Alexander Downer, Perezida Kagame yashimangiye ko iterambere u Rwanda rugezeho ritashobotse kubera umuntu umwe, ahubwo ari “twese hamwe”, kuko bakuye amasomo mu mahano igihugu cyanyuzemo.

Yakomeje ati “Twabonye amasomo ko ibintu bitakorwa igihe ubibahatira. Aho ariho hose. Nubwo hari ubwo bikunda, biba iby’akanya gato. Ibintu bikoreka neza iyo uhurije abantu hamwe, maze bakagira uruhare mu rugendo rwo gushaka igisubizo.”

Yahise atanga urugero ku isuku igaragara mu Rwanda, avuga ko nta mashini igenda ihatira abantu kubikora, ko atari byo ahubwo bishingira ku myumvire y’abaturage.

Yanavuze ko u Rwanda rwiyemeje kurwanya ruswa, hagashyirwaho uburyo bufazsha abantu kuyirwanya kandi buri wese akabazwa inshingano ze, ku nzego zose.

Perezida Kagame yanagarutse ku bimutera imbaraga zo gukora cyane. Ati “Nakuriye mu bibazo, rimwe na rimwe ibibazo biragukomeza cyangwa bikagusenya. Nagize amahirwe yo kudasenywa n’ibibazo ahubwo bimpindura mu mitekerereze no kugira icyo ukora mu guhangana na byo.”

Mu Bwongereza kandi, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri Perezida Kagame yakiriye abashoramari bo mu Bwongereza basaga 50 bo mu nzego zitandukanye, zirimo serivisi z’imari, ingufu, ibikorwa remezo n’ubukerarugendo, bamurikirwa amahirwe y’ishoramari ari mu gihugu.

Perezida Kagame yavuze ko gushyira hamwe biri mu byafashije Abanyarwanda kurenga ibibazo banyuzemo

2020-01-22
Editorial

IZINDI NKURU

Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Editorial 17 Jan 2017
Umusaruro w’ubuhinzi natwe twawitunganyiriza – Perezida Kagame

Umusaruro w’ubuhinzi natwe twawitunganyiriza – Perezida Kagame

Editorial 08 Sep 2018
Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Editorial 11 Sep 2018
Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Editorial 16 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubanza rw’amateka mu Bufaransa: Umugome Charles Onana wamamaye mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ashyikirijwe ubutabera.
Amakuru

Urubanza rw’amateka mu Bufaransa: Umugome Charles Onana wamamaye mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ashyikirijwe ubutabera.

Editorial 13 Sep 2024
Ni Perezida Kabila Uri Kubyivangamo Kugira Ngo Ntiyamamaza- Moise Katumbi
POLITIKI

Ni Perezida Kabila Uri Kubyivangamo Kugira Ngo Ntiyamamaza- Moise Katumbi

Editorial 07 Aug 2018
Iryavuzwe riratashye : Nahimana yasohoye inyandiko ihakana Jenoside n’abayikoze
ITOHOZA

Iryavuzwe riratashye : Nahimana yasohoye inyandiko ihakana Jenoside n’abayikoze

Editorial 30 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru