• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jan 2020 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rugeze ku iterambere rufite uyu munsi kubera amahitamo rwakoze arimo gushyira hamwe, ku buryo intambwe zose igihugu gitera abaturage bazigiramo uruhare.

Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yari muri King’s College i Londres, aho yari muri icyo gihugu yitabiriye inama yahuje u Bwongereza na Afurika ku wa 20 Mutarama 2020.

Perezida Kagame yagarutse ku ntambwe u Rwanda rwateye mu myaka 25 ishize, ubwo rwivanaga mu mahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rugahinduka kimwe mu bihugu bifite ubukungu buzamuka kurusha ibindi kuri uyu mugabane.

Ni amahano yari akomeye kuko hejuru ya kimwe cya cumi cy’Abanyarwanda bishwe, abandi bavanwa mu byabo. Ibyo kandi byagiye bihurirana n’izindi mpinduka ku mugabane u Rwanda ruherereyeho, zikarugiraho ingaruka.

Yakomeje ati “Uburyo bwonyine bwo kubirenga bwari ukwirebaho ubwacu. Kandi uburyo bwonyine bwo gutera imbere nk’igihugu kidakora ku nyanja bwari ukongerera ubushobozi abaturage bacu ndetse tugafatanya n’akarere mu bijyanye n’ubukungu.”

Yavuze ko ibintu bitatu u Rwanda rwubakiweho kwari ukumva ko ibintu byose byihutirwa; ko Abanyarwanda bagomba kunga ubumwe kuko amacakubiri yabagejeje kure; kandi bakumva ko bagomba kwigira ko bagomba kwikemurira ibibazo ariko bakigira ku bandi ndetse bagafatanya kuko bituma ibintu byihuta.

Yakomeje ati “Iterambere ridashidikanywaho twagezeho mu Rwanda ni ukubera gukoresha aya mahame ku mbogamizi twagiye duhura nazo. Igikomeye ariko ni uburyo abaturage babigizemo uruhare kugira ngo bungukire muri gahunda zishyirwaho.”

Perezida Kagame yavuze ko hakiri urugendo rurerure, ariko Abanyarwanda bifitiye icyizere ku buzima bwabo ndetse babona neza icyerekezo igihugu kirimo.

Mu kiganiro kandi yagiranye na Alexander Downer, Perezida Kagame yashimangiye ko iterambere u Rwanda rugezeho ritashobotse kubera umuntu umwe, ahubwo ari “twese hamwe”, kuko bakuye amasomo mu mahano igihugu cyanyuzemo.

Yakomeje ati “Twabonye amasomo ko ibintu bitakorwa igihe ubibahatira. Aho ariho hose. Nubwo hari ubwo bikunda, biba iby’akanya gato. Ibintu bikoreka neza iyo uhurije abantu hamwe, maze bakagira uruhare mu rugendo rwo gushaka igisubizo.”

Yahise atanga urugero ku isuku igaragara mu Rwanda, avuga ko nta mashini igenda ihatira abantu kubikora, ko atari byo ahubwo bishingira ku myumvire y’abaturage.

Yanavuze ko u Rwanda rwiyemeje kurwanya ruswa, hagashyirwaho uburyo bufazsha abantu kuyirwanya kandi buri wese akabazwa inshingano ze, ku nzego zose.

Perezida Kagame yanagarutse ku bimutera imbaraga zo gukora cyane. Ati “Nakuriye mu bibazo, rimwe na rimwe ibibazo biragukomeza cyangwa bikagusenya. Nagize amahirwe yo kudasenywa n’ibibazo ahubwo bimpindura mu mitekerereze no kugira icyo ukora mu guhangana na byo.”

Mu Bwongereza kandi, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri Perezida Kagame yakiriye abashoramari bo mu Bwongereza basaga 50 bo mu nzego zitandukanye, zirimo serivisi z’imari, ingufu, ibikorwa remezo n’ubukerarugendo, bamurikirwa amahirwe y’ishoramari ari mu gihugu.

Perezida Kagame yavuze ko gushyira hamwe biri mu byafashije Abanyarwanda kurenga ibibazo banyuzemo

2020-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Ubwanditsi 05 Apr 2020
Ikigega Agaciro cyahawe umuyobozi mushya, Jack Kayonga asubira muri Crystal Ventures

Ikigega Agaciro cyahawe umuyobozi mushya, Jack Kayonga asubira muri Crystal Ventures

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Ubwanditsi 09 Jan 2020
Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Ubwanditsi 01 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi bahuguwe ku buringanire bugamije iterambere rirambye
Mu Mahanga

Abapolisi bahuguwe ku buringanire bugamije iterambere rirambye

Ubwanditsi 03 Jun 2016
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Seychelles
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Seychelles

Ubwanditsi 13 Aug 2018

Zimbabwe: Perezida Emmerson Mnangagwa w’imyaka 80 ahagarariye Ishyaka rya ZANU-PF mu Matora

Ubwanditsi 23 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru