• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gatsibo: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kurengera ibidukikije

Gatsibo: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 01 Feb 2016 Mu Mahanga

​Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bagera kuri 80 bo mu murenge wa Kabarore, mu karere ka Gatsibo, bakanguriwe kurengera ibidukikije mu gihe bakora imirimo yabo ya buri munsi.

Ibi babikanguriwe mu nama bagiranye ku itariki 28 Mutarama na Inspector of Police (IP) Roger Rwakayiro, akaba ashinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kurwanya no gukumira ibyaha muri aka karere.

Muri iyo nama yabereye mu kagari ka Kabarore, IP Rwakayiro yabwiye urwo rubyiruko rukora uyu mwuga ati: “Kwangiza ibidukikije bigira ingaruka mbi ku buzima bw’abantu n’urusobe rw’ibinyabuzima muri rusange. Ni yo mpamvu buri wese agomba kwirinda no kurwanya ibikorwa byose bishobora kubyangiza.”

Yababwiye kwirinda kujugunya amacupa n’indi myanda ku gasozi, ahubwo bakabishyira mu bikoresho byabugenewe, kwirinda gukandagira cyangwa kunyura mu busitani n’indabo (aho biri), kutajugunya ibisigazwa by’itabi bikiri kwaka ku gasozi kubera ko bishobora gutera inkongi y’umuriro.

IP Rwakayiro yabakanguriye kandi kujya bitabira gahunda za Leta zigamije kubungabunga ibidukikije nko gutera ibiti, guca amaterasi hagamijwe kurwanya isuri, kurangwa n’isuku.

Yabasabye kujya na none baha Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibishinzwe amakuru y’abantu bakora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ku buryo bunyuranyije n’amategeko, aha akaba yarabasobanuriye ko iyo bukozwe mu buryo budakurikije amategeko byangiza ibidukikije.

Yabwiye kandi abo bakora uyu mwuga kwirinda ibiyobyabwenge by’ubwoko bwose agira ati: “Nk’uko byitwa, biyobya ubwenge bw’uwabinyoye, hanyuma agakora ibyaha bitandukanye kuko nta mutimanama aba afite.”

IP Rwakayiro yabasobanuriye ko ibyaha nko gukubita no gukomeretsa, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gufata ku ngufu, no gusambanya abana, bikorwa ahanini n’abanywi babyo.

Yongeyeho ko bitera kandi uburwayi butandukanye ababinywa, ndetse ko bituma abantu bishora mu ngeso mbi nk’ubusambanyi bukurikirwa akenshi n’ingaruka mbi zirimo kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina mu gihe ikozwe nta gakingirizo.

Yababwiye kujya bagira amakenga mu gihe bari gukora umwuga wabo kugira ngo badatwara abagiye gukora ibyaha cyangwa abafite ibintu binyuranyije n’amategeko nka Kanyanga, kandi abasaba kujya bihutira guha Polisi y’u Rwanda amakuru mu gihe babonye cyangwa bumvise ikintu cyose giciye ukubiri n’amategeko.

Yabwiye abo banyonzi kubahiriza amategeko agenga gutwara igare mu muhanda kugira ngo birinde gukora cyangwa guteza impanuka.

Yabasabye kandi gukomeza kujya baha Polisi y’u Rwanda amakuru yatuma harwanywa ndetse hakanakumirwa ikintu cyose gishobora guhungabanya ituze rya rubanda.

Uru rubyiruko rukora uyu mwuga rwiyemeje kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kubungabunga ibidukikije no kurwanya ibyaha aho biva bikagera

RNP

2016-02-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Ubwanditsi 16 Jan 2023
“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

Ubwanditsi 15 Feb 2024
Abajenosideri  Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe

Abajenosideri Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe

Ubwanditsi 05 Nov 2021
U Bufaransa : Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka

U Bufaransa : Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka

Ubwanditsi 08 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Sila Cehreli, impuguke mu by’amateka  akaba n’umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n’ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Dr Sila Cehreli, impuguke mu by’amateka  akaba n’umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n’ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Dec 2020
Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge
Amakuru

Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 21 Jul 2025
Uko Nsabimana Sankara Callixte yabaye nk’umwana w’ikirara
INKURU NYAMUKURU

Uko Nsabimana Sankara Callixte yabaye nk’umwana w’ikirara

Ubwanditsi 02 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru