• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Bufaransa : Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka

U Bufaransa : Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka

Ubwanditsi 08 Nov 2017 Mu Mahanga

Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Gatatu rurasuzuma ikirego cy’ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka wahoze ayobora Paruwasi yitiriwe Umuryango Mutagatifu ‘Sainte Famille’ ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Padiri Munyeshyaka ni umwe mu bantu bavuzwe cyane mu bwicanyi no gufata igitsina gore ku ngufu byakorewe Abatutsi bari bahungiye muri Kiliziya ya Sainte Famille i Kigali.

Yamenyekanye cyane kubera amafoto yagaragaye yitwaje imbunda, anambaye imyenda idacengerwa n’amasasu muri Jenoside kandi yari Padiri.

Urubanza rwe ni rumwe zitangwaho urugero cyane mu kugaragaza uburyo ubucamanza bw’u Bufaransa bwakingiye ikibaba abakurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Hashize imyaka irenga 15 Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rwahoze i Arusha muri Tanzania rushyikirije urubanza rwa Munyeshyaka inkiko z’u Bufaransa.

Muri icyo gihe cyose uru rubanza rwaradindijwe kugeza ubwo bamwe mu bashinjaga Padiri Munyeshayka bitabye Imana nka Rose Rwanga wiciwe abana bose bari barahungiye muri Kiliziya ya Sainte Famille.

Mu mwaka wa 2015, abacamanza bagenza icyaha Emmanuel Ducos na Claude Choquet, bafashe icyemezo cyo kutamushyikiriza urukiko ngo kuko basanze nta bimenyetso bihagije bimuhamya icyaha.

Ababuranira abakorewe Jenoside bahise bajuririra icyo cyemezo ; ubwo bujurire bwabo nibwo buri busuzumwe kuri uyu wa gatatu.

Umwe mu banyamategeko batanze ubwo bujurire, Me. Gilles Paruelle, usanzwe yunganira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yabwiye IGIHE ko bari bugaragarize urukiko rw’ubujurire ko mu gufata icyemezo cyo kudakurikirana Munyeshyaka abacamanza ba mbere batari basobanukiwe imyitwarire ye.

Paruelle asobanura ko byagaragaye ko nubwo yari Padiri, imvugo ye muri icyo gihe, ibikorwa bye n’ intwaro yari yitwaje byose bigaragaza ko yari ahuje umugambi umwe n’abakoze Jenoside baje guhindura kiliziya ya Sainte Famille inkambi ifungiwemo Abatutsi bicaga igihe babishakiye.

Abari bahungiye muri iyo kiliziya kandi bakoreshwaga nk’iturufu mu mishyikirano abakoze Jenoside bifuzaga kugirana n’ingabo za FPR Inkotanyi no kugira ngo bereke amahanga nka Minisitiri Bernard Kouchner w’Umufaransa wari mu Rwanda muri icyo gihe, ko hari icyo bakoze ngo bakize Abatutsi bari barimo kwicwa.

Paruelle avuga ko ibyo byose bigaragaza ubufatanyacyaha bwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka muri Jenoside.

Urukiko rw’ubujurire nirumara kumva impande zose ruzemeza niba Wenceslas Munyeshyaka atazaburanishwa nkuko abacamanza ba mbere babyemeje cyangwa niba icyemezo cyabo gikurwaho noneho agashyikirizwa urukiko.

2017-11-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abagande bakomeje gufatirwa ku mupaka bakora ubucuruzi butemewe

Abagande bakomeje gufatirwa ku mupaka bakora ubucuruzi butemewe

Ubwanditsi 02 Jul 2019
Urugendo rugoye rwo kugeza imbere y’ubutabera umwicanyi Vincent Murekezi,wari utunze intwaro mu gihugu cya Malawi anashyigikiwe n’abategetsi bo muri icyo gihugu

Urugendo rugoye rwo kugeza imbere y’ubutabera umwicanyi Vincent Murekezi,wari utunze intwaro mu gihugu cya Malawi anashyigikiwe n’abategetsi bo muri icyo gihugu

Ubwanditsi 12 May 2023
U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye

U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye

Ubwanditsi 28 Sep 2016
Ngoma: Polisi y’u Rwanda yafatanye abagabo 2 ibiro 120 by’amasashe

Ngoma: Polisi y’u Rwanda yafatanye abagabo 2 ibiro 120 by’amasashe

Ubwanditsi 09 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mkapa : Afrika ikwiye guha urubyiruko amahirwe atuma rutifuza kuba i Burayi
INKURU NYAMUKURU

Mkapa : Afrika ikwiye guha urubyiruko amahirwe atuma rutifuza kuba i Burayi

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu
Amakuru

Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu

Ubwanditsi 03 Jul 2023
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA
IMIKINO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Ubwanditsi 26 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru