• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo

Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo

Ubwanditsi 16 Jan 2019 Mu Rwanda

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Kagari ka Butare, Umurenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo, yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we w’imyaka 20 bari bamaranye ibyumweru bibiri, akamushyingura mu rugo.

Amakuru avuga ko mu gitondo cyo ku wa Mbere ku tariki ya 7 Mutarama 2019 ari bwo uyu mugabo yabwiye abaturage ko yabuze umugore we, agakeka ko yahukanye. Byatumye abaturanyi be bibaza cyane uburyo uwo mugore wakoraga akazi k’ubudozi yagiye adasezeye n’umuntu n’umwe, ntihanagire n’umubona.

Gusa mu gushakisha baje kubona ko yamwishe, akamushyingura mu cyobo yari yaracukuye nmu mbuga.

Umwe mu baturage yagize ati “Batubwiraga ko ku Cyumweru yagiye ku kazi aho yadoderaga, ngo nyuma asezeraho abo yakoranaga nabo ngo muramuke ni ah’ejo, ubwo n’ejo ntago yagarutse baramubura.”

Undi yagize ati “Yishe uriya mugore yarabigambiriye kuko uriya mwobo yawucukuye umugore yagiye mu kazi, yadodaga mu gasanteri i Butare, amaze kuwucukura ku Cyumweru nijoro nibwo yamwishe noneho ku wa Mbere bucya avuga ngo umuntu yamubuze yagiye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Nduba, Harerimana Jean Damascène, yabwiye Itangazamakuru  ko ku wa Kabiri tariki ya 14 Mutarama ari bwo mu rugo rw’uyu mugabo hagaragaye icyobo yashyinguyemo umugore we.

Ati “Uwo mugabo n’uwo mugore bari bamaranye ibyumweru bibiri, ku tariki ya 7 niho yaburiwe irengero noneho abaturage bakamubaza ngo ko aha habaga umugore tukaba tutamubona arihe? Rimwe ngo yagiye iwabo ubundi agatangira kurya indimi.”

Yakomeje avuga ko nyuma baje kubona iminsi itangiye kwicuma bafata icyemezo cyo gukorera umuganda mu rugo rwe, ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Ati “Bahakoze umuganda noneho babona matola iriho amaraso ariko yagiye apfura kugira ngo asiribanganye ibimenyetso nyuma baza kubona icyobo yari yacukuye yashyizeho amakoma n’ifumbire ariko kiriho isazi nyinshi, bagicukuye bamusangamo n’imyenda ye.”

Hari amakuru ko uwo mugabo nyuma yo kwica umugore we, yahise ajya gucyura uwo babanaga mbere akaza kwahukana.

Uwo mugabo yahise ashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, ndetse n’abandi bagabo babiri barimo Se ushinjwa kudatanga amakuru akimenya ko umukazana we yishwe, n’umuturanyi wamubonye arimo gucukura icyobo yatabyemo nyakwigendera, ntatange amakuru.

 

 

2019-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abana bari bafungiye muri Gereza ya Nyagatare18 bahawe imbabazi na Perezida Kagame bafunguwe

Abana bari bafungiye muri Gereza ya Nyagatare18 bahawe imbabazi na Perezida Kagame bafunguwe

Ubwanditsi 22 Jan 2018
Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Ubwanditsi 26 Mar 2017
Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.

Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.

Ubwanditsi 30 Apr 2021
U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

Ubwanditsi 22 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amategeko mashya,abatoza bashya abakinnyi bibikomerezwa nibimwe mu bizaranga Premier League
IMIKINO

Amategeko mashya,abatoza bashya abakinnyi bibikomerezwa nibimwe mu bizaranga Premier League

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Uko CMI yafashije Ntamuhanga Cassien kujyera Afrika y’epfo
INKURU NYAMUKURU

Uko CMI yafashije Ntamuhanga Cassien kujyera Afrika y’epfo

Ubwanditsi 03 Mar 2018
“Ibyavuzwe n’Umuvugabutumwa Niyibikora Nicolas kuri Radio Amazing Grace binyibutsa  RTLM “- Ingabire Marie Immaculée
INKURU NYAMUKURU

“Ibyavuzwe n’Umuvugabutumwa Niyibikora Nicolas kuri Radio Amazing Grace binyibutsa RTLM “- Ingabire Marie Immaculée

Ubwanditsi 08 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru