• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo

Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo

Ubwanditsi 16 Jan 2019 Mu Rwanda

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Kagari ka Butare, Umurenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo, yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we w’imyaka 20 bari bamaranye ibyumweru bibiri, akamushyingura mu rugo.

Amakuru avuga ko mu gitondo cyo ku wa Mbere ku tariki ya 7 Mutarama 2019 ari bwo uyu mugabo yabwiye abaturage ko yabuze umugore we, agakeka ko yahukanye. Byatumye abaturanyi be bibaza cyane uburyo uwo mugore wakoraga akazi k’ubudozi yagiye adasezeye n’umuntu n’umwe, ntihanagire n’umubona.

Gusa mu gushakisha baje kubona ko yamwishe, akamushyingura mu cyobo yari yaracukuye nmu mbuga.

Umwe mu baturage yagize ati “Batubwiraga ko ku Cyumweru yagiye ku kazi aho yadoderaga, ngo nyuma asezeraho abo yakoranaga nabo ngo muramuke ni ah’ejo, ubwo n’ejo ntago yagarutse baramubura.”

Undi yagize ati “Yishe uriya mugore yarabigambiriye kuko uriya mwobo yawucukuye umugore yagiye mu kazi, yadodaga mu gasanteri i Butare, amaze kuwucukura ku Cyumweru nijoro nibwo yamwishe noneho ku wa Mbere bucya avuga ngo umuntu yamubuze yagiye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Nduba, Harerimana Jean Damascène, yabwiye Itangazamakuru  ko ku wa Kabiri tariki ya 14 Mutarama ari bwo mu rugo rw’uyu mugabo hagaragaye icyobo yashyinguyemo umugore we.

Ati “Uwo mugabo n’uwo mugore bari bamaranye ibyumweru bibiri, ku tariki ya 7 niho yaburiwe irengero noneho abaturage bakamubaza ngo ko aha habaga umugore tukaba tutamubona arihe? Rimwe ngo yagiye iwabo ubundi agatangira kurya indimi.”

Yakomeje avuga ko nyuma baje kubona iminsi itangiye kwicuma bafata icyemezo cyo gukorera umuganda mu rugo rwe, ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Ati “Bahakoze umuganda noneho babona matola iriho amaraso ariko yagiye apfura kugira ngo asiribanganye ibimenyetso nyuma baza kubona icyobo yari yacukuye yashyizeho amakoma n’ifumbire ariko kiriho isazi nyinshi, bagicukuye bamusangamo n’imyenda ye.”

Hari amakuru ko uwo mugabo nyuma yo kwica umugore we, yahise ajya gucyura uwo babanaga mbere akaza kwahukana.

Uwo mugabo yahise ashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, ndetse n’abandi bagabo babiri barimo Se ushinjwa kudatanga amakuru akimenya ko umukazana we yishwe, n’umuturanyi wamubonye arimo gucukura icyobo yatabyemo nyakwigendera, ntatange amakuru.

 

 

2019-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwasinyanye na  CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026

U Rwanda rwasinyanye na CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026

RUSHYASHYA 05 Mar 2026
Icyiciro cya 8 cy’abapolisi b’u Rwanda bagiye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti cyahawe impanuro

Icyiciro cya 8 cy’abapolisi b’u Rwanda bagiye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti cyahawe impanuro

Ubwanditsi 23 Aug 2017
Nyuma y’ iminsi ine afunzwe Umuhanzikazi Vanessa Mdee yarekuwe byagateganyo

Nyuma y’ iminsi ine afunzwe Umuhanzikazi Vanessa Mdee yarekuwe byagateganyo

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Umurundi Ndayiragije Etienne watoje ikipe y’igihugu ya Tanzania yasimbuye Karekezi Olivier gutoza ikipe ya Kiyovu SC.

Umurundi Ndayiragije Etienne watoje ikipe y’igihugu ya Tanzania yasimbuye Karekezi Olivier gutoza ikipe ya Kiyovu SC.

Ubwanditsi 05 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga
IKORANABUHANGA

BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga

Ubwanditsi 12 Oct 2018
ADEPR : Batatu bari bayoboye Komisiyo – Nzahuratorero mu turere tw’Umujyi wa Kigali bandikiye inzego nkuru z’Igihugu bamena amabanga , banasaba imbabazi
ITOHOZA

ADEPR : Batatu bari bayoboye Komisiyo – Nzahuratorero mu turere tw’Umujyi wa Kigali bandikiye inzego nkuru z’Igihugu bamena amabanga , banasaba imbabazi

Ubwanditsi 10 Mar 2017
Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire
Mu Rwanda

Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire

Ubwanditsi 10 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru