• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe mu Burundi

Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe mu Burundi

Ubwanditsi 19 Jan 2016 Mu Rwanda

Abagize akanama k’amahoro n’umutekano ku isi (UNSC) bazaba bari mu Burundi muntangiriro z’icyumweru gitaha kwihera ijisho uko ibintu byifashe muri icyo gihugu gikomeje kurangwamo ubwicanyi n’ umutekano muke.

Amakuru dukesha ijwi rya Amerika (VOA) aravuga ko izo ntumwa zizaba ziyobowe n’ Ambasaderi wa Amerika muri LONI, Samantha Power, n’uw’u Bufaransa, Francois Delattre.

Izo ntumwa za LONI mu Burundi zizaba zigiye kwisuzumira uko ibintu bihagaze nyuma y’aho abagize UNSC bose uko ari 15 tariki 12/11/2015 bafashe umwanzuro w’uko abahanganye bose mu Burundi bahagarika imirwano bakajya mu biganiro byo kugarura Amahoro. Bavuga yuko ibyo biganiro byabera muri Uganda, ku muhuza Perezida Yoweri Museveni, cyangwa muri Ethiopia ku cyicaro gikuru cya LONI.

Hanafashwe umwanzuru w’uko muri icyo gihugu hakoherezwayo ingabo mpuzamahanga zo kubungabunga umutekano. Uwo mwanzuro wari wateguwe n’u Bufaransa.

Kuva icyo gihe kugeza ubu nta kintu kirakorwa. Ubutegetsi mu Burundi bwahakanye yuko boshobora kwemera yuko ingabo z’amahanga zabukandagirira ku butaka ngo zije kubungabunga umutekano kandi Bujumbura yo ivuga yuko ubwayo itananiwe kwibungabungira umutekano. Bujumbura ikanavuga y’uko izo ngabo ziramutse zigiyeyo u Burundi bwabifata nk’aho bwatewe bukazirwanya !

Na none Bujumbura yakomeje kwanga ibiganiro itanga amananiza atandukanye. Bwa mbere yavuze yuko yemera ibiganiro ngo ariko bikabera ku butaka bw’u Burundi, hanyuma iza kuvuga yuko hari abo ishobora kuganira nabo n’abo idashobora gupfa yicaranye nabo cyane ngo babandi bashatse gukora kudeta.

Mu cyumweru gishize ubutegetsi mu Burundi bwatangaje yuko noneho bwiteguye kujya mu biganiro na buri wese, harimo n’abo bashinjwa yuko bashatse gukora kudeta.

-1864.jpg

Amasaderi wa Amerika muri LONI, Samantha Powe

Uko Bujumbura yisubiyeho ikemera gushyikirana na buri wese byatumye benshi bibaza y’uko ari ikinamico rya politiki. Ariko noneho igisubizo gishobora kuba kibonetse. Ikindi ni uko yari yumvise urwo ruzibduko rw’izo ntumwa za LONI ntiyashaka yuko yabazwa byinshi kuri icyo kibazo !

Ari nayo mpamvu nyamukuru habayeho gutanguranwa CNDD-FDD igatumira ikiswe ibiganiro kuri uyu wa kabiri byahuje inzego zitandukanye z’abaturage na leta. Ibi biganiro bigamije kureba icyakorwa ngo imidugararo imaze amezi 8 ihoshe. Gusa abasesengura politiki y’u Burundi baranenga ibi biganiro kuko bitatumiwemo abarwanya ubutegetsi n’abagize societe civile.

Commission National de dialogue Interburundi ( ugenekereje mu kinyarwanda ni komisiyo igamije guhuza abarundi biciye mu biganiro) niyo yateguye ibi biganiro, itumiramo abahagarariye amashyaka akorera mu Burundi, amadini societe civile, abahagarariye abagore, abahagarariye urubyiruko, ndetse n’abahagarariye igisirikare na polisi.

Ibi biganiro byatangiye ntibigaragaramo abarwanya ubutegetsi bari mu buhungiro ndetse na societe civile yigenga nayo ikorera mu buhungiro. Ibi biganiro biri kubera mu Ntara ya Kirundo mu majyaruguru y’u burasirazuba bw’iki gihugu bije nyuma y’aho ibyarimo bitegurwa na Uganda binaniwe gusoza inshingano zabyo.

Ibi biganiro bihuje abaturage 400 bije nyuma akanama k’umutekano ka ONU gasabye leta iyobowe na Perezida Nkurunziza gusubukura mu maguru mashya ibiganiro bihuje impande zihanganye mu Burundi byasaga nkaho byasinzirijwe.

Birashoboka yuko abo bagize akanama ka LONI gashinzwe amahoro n’umutekano ku isi hari icyo bazakora kuburundi, nibasubirayo, Bujumbura izisubirira hahandi ho kunaniza imishyikirano no kwica abo itavuga rumwe nayo !

Kayumba Casmiry

2016-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen Semugeshi wabaga muri FDLR yagejejwe mu Rwanda

Gen Semugeshi wabaga muri FDLR yagejejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 09 Mar 2017
Nyuma yo gutsindwa na APR FC, umutoza wa Rayon Sports Guy Bukasa yeguye ku mirimo ye.

Nyuma yo gutsindwa na APR FC, umutoza wa Rayon Sports Guy Bukasa yeguye ku mirimo ye.

Ubwanditsi 16 Jun 2021
Mashami Vincent wari umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda yabwiwe ko atazongerererwa amasezerano

Mashami Vincent wari umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda yabwiwe ko atazongerererwa amasezerano

Ubwanditsi 10 Mar 2022
Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ubwanditsi 24 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubudasa aho Paul Kagame yasoreje  urugendo rwo  kwiyamamaza  kumunsi wa 8  mu Ntara y’Uburasirazuba
Mu Rwanda

Ubudasa aho Paul Kagame yasoreje urugendo rwo kwiyamamaza kumunsi wa 8 mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubwanditsi 23 Jul 2017
Umuntu wese winjiye mu rubanza rw’abo kwa Rwigara yasatswe
ITOHOZA

Umuntu wese winjiye mu rubanza rw’abo kwa Rwigara yasatswe

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga
Amakuru

Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Ubwanditsi 17 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru