• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe mu Burundi

Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe mu Burundi

Ubwanditsi 19 Jan 2016 Mu Rwanda

Abagize akanama k’amahoro n’umutekano ku isi (UNSC) bazaba bari mu Burundi muntangiriro z’icyumweru gitaha kwihera ijisho uko ibintu byifashe muri icyo gihugu gikomeje kurangwamo ubwicanyi n’ umutekano muke.

Amakuru dukesha ijwi rya Amerika (VOA) aravuga ko izo ntumwa zizaba ziyobowe n’ Ambasaderi wa Amerika muri LONI, Samantha Power, n’uw’u Bufaransa, Francois Delattre.

Izo ntumwa za LONI mu Burundi zizaba zigiye kwisuzumira uko ibintu bihagaze nyuma y’aho abagize UNSC bose uko ari 15 tariki 12/11/2015 bafashe umwanzuro w’uko abahanganye bose mu Burundi bahagarika imirwano bakajya mu biganiro byo kugarura Amahoro. Bavuga yuko ibyo biganiro byabera muri Uganda, ku muhuza Perezida Yoweri Museveni, cyangwa muri Ethiopia ku cyicaro gikuru cya LONI.

Hanafashwe umwanzuru w’uko muri icyo gihugu hakoherezwayo ingabo mpuzamahanga zo kubungabunga umutekano. Uwo mwanzuro wari wateguwe n’u Bufaransa.

Kuva icyo gihe kugeza ubu nta kintu kirakorwa. Ubutegetsi mu Burundi bwahakanye yuko boshobora kwemera yuko ingabo z’amahanga zabukandagirira ku butaka ngo zije kubungabunga umutekano kandi Bujumbura yo ivuga yuko ubwayo itananiwe kwibungabungira umutekano. Bujumbura ikanavuga y’uko izo ngabo ziramutse zigiyeyo u Burundi bwabifata nk’aho bwatewe bukazirwanya !

Na none Bujumbura yakomeje kwanga ibiganiro itanga amananiza atandukanye. Bwa mbere yavuze yuko yemera ibiganiro ngo ariko bikabera ku butaka bw’u Burundi, hanyuma iza kuvuga yuko hari abo ishobora kuganira nabo n’abo idashobora gupfa yicaranye nabo cyane ngo babandi bashatse gukora kudeta.

Mu cyumweru gishize ubutegetsi mu Burundi bwatangaje yuko noneho bwiteguye kujya mu biganiro na buri wese, harimo n’abo bashinjwa yuko bashatse gukora kudeta.

-1864.jpg

Amasaderi wa Amerika muri LONI, Samantha Powe

Uko Bujumbura yisubiyeho ikemera gushyikirana na buri wese byatumye benshi bibaza y’uko ari ikinamico rya politiki. Ariko noneho igisubizo gishobora kuba kibonetse. Ikindi ni uko yari yumvise urwo ruzibduko rw’izo ntumwa za LONI ntiyashaka yuko yabazwa byinshi kuri icyo kibazo !

Ari nayo mpamvu nyamukuru habayeho gutanguranwa CNDD-FDD igatumira ikiswe ibiganiro kuri uyu wa kabiri byahuje inzego zitandukanye z’abaturage na leta. Ibi biganiro bigamije kureba icyakorwa ngo imidugararo imaze amezi 8 ihoshe. Gusa abasesengura politiki y’u Burundi baranenga ibi biganiro kuko bitatumiwemo abarwanya ubutegetsi n’abagize societe civile.

Commission National de dialogue Interburundi ( ugenekereje mu kinyarwanda ni komisiyo igamije guhuza abarundi biciye mu biganiro) niyo yateguye ibi biganiro, itumiramo abahagarariye amashyaka akorera mu Burundi, amadini societe civile, abahagarariye abagore, abahagarariye urubyiruko, ndetse n’abahagarariye igisirikare na polisi.

Ibi biganiro byatangiye ntibigaragaramo abarwanya ubutegetsi bari mu buhungiro ndetse na societe civile yigenga nayo ikorera mu buhungiro. Ibi biganiro biri kubera mu Ntara ya Kirundo mu majyaruguru y’u burasirazuba bw’iki gihugu bije nyuma y’aho ibyarimo bitegurwa na Uganda binaniwe gusoza inshingano zabyo.

Ibi biganiro bihuje abaturage 400 bije nyuma akanama k’umutekano ka ONU gasabye leta iyobowe na Perezida Nkurunziza gusubukura mu maguru mashya ibiganiro bihuje impande zihanganye mu Burundi byasaga nkaho byasinzirijwe.

Birashoboka yuko abo bagize akanama ka LONI gashinzwe amahoro n’umutekano ku isi hari icyo bazakora kuburundi, nibasubirayo, Bujumbura izisubirira hahandi ho kunaniza imishyikirano no kwica abo itavuga rumwe nayo !

Kayumba Casmiry

2016-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2023
Mukamabano Madeleine  wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa  Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Mukamabano Madeleine wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Ubwanditsi 10 Aug 2017
Perezida Kagame mu ruzinduko rw’akazi muri Zambia

Perezida Kagame mu ruzinduko rw’akazi muri Zambia

Ubwanditsi 19 Jun 2017
Urwego rw’Umuvunyi ruhangayikishijwe n’abatekamutwe bakomeje kurwiyitirira

Urwego rw’Umuvunyi ruhangayikishijwe n’abatekamutwe bakomeje kurwiyitirira

Ubwanditsi 07 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa: Dosiye ya Dr. Charles Twagira ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yubuwe
INKURU NYAMUKURU

U Bufaransa: Dosiye ya Dr. Charles Twagira ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yubuwe

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe
Amakuru

Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe

RUSHYASHYA 24 Feb 2026
Dr Frank Habineza  arashinjwa kutitabira Ubutumire bwa RPF muri Kongere yayo
POLITIKI

Dr Frank Habineza arashinjwa kutitabira Ubutumire bwa RPF muri Kongere yayo

Ubwanditsi 24 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru