• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 23 Oct 2017 Mu Rwanda

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rumaze gutegeka ko Mukangemanyi Adeline Rwigara, Diane Rwigara bafungwa by’agateganyo iminsi 30, naho Anne Rwigara akarekurwa by’agateganyo kuko nta mpamvu zikomeye zituma akekwaho icyaha.

Gufungwa kwa Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi Adeline Rwigara, urukiko rwavuze ko byatewe n’uko hari impamvu zikomeye zituma bakekwaho gukora ibyaha.

Saa cyenda zirengaho iminota mike ni bwo abacamanza bari binjiye mu rukiko, hari hateraniye imbaga yari yaje kumva imyanzuro y’urukiko ku rubanza ku ifunga n’ufungura ry’agateganyo.

Uko ari batatu, bakekwaho icyaha cyo guteza imvururu muri rubanda, aho ubushinjacyaha bwashingiye ku bavuze mu bihe bitandukanye.

Mukangemanyi we yihariye icyaha cyo gukurura amacakubiri muri rubanda, naho Diane Rwigara akiharira icyo gukoresha impampuro mpimbano.

-8475.jpg

Mukangemanyi Adeline Rwigara

Mu maburanisha yabanje abunganira abaregwa bavugaga ko amajwi yahererekanyijwe kuri Whatsapp atakwitwa icyaha kuko ubushinjacyaha bwayafashe mu buryo bunyuranyije n’amategeko ngo kuko nta ruhushya rw’Umushinjacyaha Mukuru rugaragara.

Kuri iyi ngingo perezida w’iburanisha yavuze ko bitari ngombwa ko habaho uruhushya rw’Umushinjacyaha Mukuru kuko hatabaye kugenzura téléphone ahubwo hafashwe ibiganiro byari byaramaze koherezwa.

Yavuze ko uburyo ubugenzacyaha bwafashe ibyo biganiro bitanyuranyije n’amategeko.

Ku bijyanye n’icyaha cyo gukurura amacakubiri, urukiko rwavuze ko ibiganiro yagiranye n’abantu bitandukanye bigaragaza ko imvugo yakoresheje ibiba amacakubiri.

Umucamanza yatanze urugero rwo kuba hari aho Mukangemanyi yavuze ko abantu bavuye i Burundi n’Abagogwe ari abantu Leta yifashisha mu kwica abatavuga rumwe na yo.

Anne Rwigara

Kuri Anne Rwigara ngo hari ibaruwa yandikiwe Diane Rwigara amubwira ko Leta y’u Rwanda adashobora kuzayibamo ngo akire kuko ari iy’aba Mafia.

-8477.jpg

Anne Rwigara

Ubushinjacyaha bwavuze ko Anne yanohereje ubutumwa muri groupe whatsapp y’umuryango wabo avuga ko uwitwa Rwabukamba yishwe na Leta ngo kuko akorana na Kayumba. Gusa Anne yireguye avuga ko ibyo yashyizeho muri groupe whatsapp bitakwitwa icyaha ngo kuko yabyanditseho ari uko yabyumvise akabyandika kuri groupe.

Ubushinjacyaha bwanavuze ko hari ibaruwa Anne yandikiye ikinyamakuru Jeune Afrique igaragaza ko ngo Assinapol Rwigara umubyeyi we yishwe na Leta. Anne yavuze ko atari we wanditse ibaruwa kuko nta mukono we ugaragara.

Urukiko ruvuga ko ibyo Anne yabwiye umuvandimwe we Diane, yo kuba akwiye kuva mu gihugu, ko ubutegetsi buriho ari ubwa Mafia, akaba anemera ko yayavuze, ngo byatewe n’ibibazo byo mu bucuruzi bari barimo.

Urukiko ruvuga ko ubushinjacyaha butagaragaza ayo magambo undi ayo Anne yayabwiye, ngo ntibigararagaza kuba icyaha cyo guteza imvururu yaba yaragikoze.

Ku bijyanye n’ibaruwa ya Jeune Afrique, urukiko ruvuga Anne ngo nta kigaragaza ko yaba ari we wabikoze.

Ku magambo Anne yanditse kuri groupe whatsapp, urukiko ruvuga ko na byo nta shingiro bifite, akaba atakekwaho icyaha cyo guteza imvururu muri rubanda.

Urukiko rwakomereje kuri Diane

Ubushinjacyaha bavuze ko ari ikiganiro n’abanyamakuru ubwo yari amaze guhakanirwa kwiyamamaza. Ngo yavuze ko ubutegetsi buhagurukira rimwe bushaka kwica gusa.

-8476.jpg

Dianne Rwigara

Mu maburanisha yabanje, Diane yasobanuye ko vidéo ubushinjacyaha bwafashe agace, aho ngo ibyo kuvuga guhagurukira rimwe hagamijwe kwica, ngo yavugaga cyane ku mateka yaranze u Rwanda.

Urukiko ruvuga ko kuba Diane avuga ko ibyo yavuze bijyanye n’uko ubutegetsi buhagurukira rimwe bugamije kwica, rusanga ngo ntaho akwiye kubihuza n’amateka, aho ngo nta kibazo cy’ubutegetsi bwica cyariho mu gihe yakoraga ikiganiro.

Umucamanza yarondoye n’izindi mvugo Diane ngo yavuze zishobora guteza imvururu no guhungabanya ituze muri rubanda. Avuga ko impamvu ubushinjacyaha bwatanze zikomeye ku buryo yakekwa ko icyaha cyo guteza imvururu muri rubanda no guhungabanya ituze akekwaho.

Ku bijyanye n’impapuro mpimbano, urukiko ruvuga ko bigaragara ko kumukekaho icyo cyaha bifite ishingiro, aho ngo hashingirwa ku buhamya bw’abashobora kuba barasinyiwe.

Iwabo wa Diane kandi ngo hafatiwe za simcard eshanu , aho ngo yazifashishaga mu kureba imyirondoro y’abo yashakaga gushyira ku rutonde rwa NEC. Ndetse no ku rutonde yahaye NEC ngo hagaragaraho amazina asa neza n’aya ba nyiri izo simcard.

2017-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umurundi yasimbuye Sezibera ku bunyamabanga bwa EAC

Umurundi yasimbuye Sezibera ku bunyamabanga bwa EAC

Ubwanditsi 06 Mar 2016
Isiganwa ry’Amagare rizenguruka igihugu rizwi nka Tour du Rwanda, irya 2024 rizakinwa mu cyumweru cya 3 cya Gashyantare 2024

Isiganwa ry’Amagare rizenguruka igihugu rizwi nka Tour du Rwanda, irya 2024 rizakinwa mu cyumweru cya 3 cya Gashyantare 2024

Ubwanditsi 10 Oct 2023
Perezida Kagame yahaye impanuro Abaminisitiri  zizabafasha kwihutisha amavugururwa mu iterambere Abanyarwanda bakeneye

Perezida Kagame yahaye impanuro Abaminisitiri zizabafasha kwihutisha amavugururwa mu iterambere Abanyarwanda bakeneye

Ubwanditsi 13 Sep 2017
Kagame yagaragaje ko yagakwiye kuba ahereza undi ubuyobozi ariko FPR yamusabye ko bakomezanya

Kagame yagaragaje ko yagakwiye kuba ahereza undi ubuyobozi ariko FPR yamusabye ko bakomezanya

Ubwanditsi 21 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunsi wa 13 wa shampiyona usize hatsinzwe ibitego 21, Rayon Sports ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo
Amakuru

Umunsi wa 13 wa shampiyona usize hatsinzwe ibitego 21, Rayon Sports ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo

Ubwanditsi 17 Dec 2024
Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 
INKURU NYAMUKURU

Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 

Ubwanditsi 21 May 2019
Zari akomeje kwibasirwa bikomeye n’umuryango wa Ivan nyuma y’urupfu rwe
Mu Rwanda

Zari akomeje kwibasirwa bikomeye n’umuryango wa Ivan nyuma y’urupfu rwe

Ubwanditsi 08 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru