• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umukinnyi w’umu-Kongomani Heritier Nzinga Luvumbu ukinira Rayon Sports yitwikiriye Siporo ayivangamo Politiki, Ikipe ye yitandukanya nawe

Umukinnyi w’umu-Kongomani Heritier Nzinga Luvumbu ukinira Rayon Sports yitwikiriye Siporo ayivangamo Politiki, Ikipe ye yitandukanya nawe

Ubwanditsi 13 Feb 2024 Amakuru, IMIKINO

Mu Rwanda inkuru iyoboye izindi cyane muri Siporo harimo iya Nzinga Luvumbu usanzwe ukinira ikipe ya Rayon Sports bitewe n’ubushotoranyi muri Politiki bwakozwe n’uyu rutahizamu ubwo bakinaga umukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda.

Ku munsi wo ku cyumweru tariki ya 11 Gashyantare 2024, ikipe ya Rayon Sports itsinda Police FC ibitego 2-1, harimo icya rutahizamu wayo Nzinga Luvumbu ubwo umukino wari ugeze ku munota wa 53 w’umukino.

Mu kwishimira iki gitego kuri uyu rutahizamu, yakoze ikimenyetso kimenyerewe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kirimo gukorwa n’abanye politiki, iki kimenyetso gikorwa hapfutswe umunwa ndetse n’urutoki rumwe ruri ku musaya, ibi bikaba byaramaganywe n’inzego zitandukanye.

Ibi Luvumbu yakoze biherutse gukorwa n’ikipe y’igihugu yabo ubwo yari mu gikombe cy’Afurika ubwo bakinaga umukino wa kimwe cya kabiri, nyuma yaho FIFA na CAF bamaganye aba bakinnyi ko batagomba guhuza Politi na Siporo.

Rayon Sports asanzwe akinira yitandukanyije nawe

Nyuma y’ibyo byabaye, ubuyobozi bw’ikipe asanzwe afitiye amasezerano ya Rayon Sports yahise isohora itangazo rigenewe abakunzi bayo ndetse n’aba siporo muri rusange ryo kwitandukanya n’uyu mukinnyi.

Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Rayon Sports yagize iti”Umuryango wa Rayon Sports witandukanyije n’imyitwarire mibi yagaragajwe n’umukinnyi wayo Héritier Luvumbu Nzinga ku mukino wa Shampiyona wahuje Rayon Sports na Police FC tariki 11 Gashyantare 2024 kuri Kigali Pele Stadium.”

“Tuboneyeho kwibutsa abakinnyi b’amakipe yacu kurangwa na ‘Discipline’ ku bibuga no hanze yabyo.”
Usibye kuba iyi kipe yanditse ibi, amakuru yandi aravuga ko kuri uy uwa mbere uyu rutahizamu Luvumbu Nzinga Heritier yitabye Ambassade ye iri mu Rwanda.

Ni nako kandi ku ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ngo nayo yaba yatumijeho uyu mukinnyi ngo asobanure ibijyanye n’uburyo yishimiyemo igitego.

FIFA ntabwo iha umugisha ibyo kuvanga Politiki na Siporo

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA ntabwo iha uburenganzira bwo kuvanga Siporo na Politiki, iyo hagize ugaragaraho icyo gikorwa ahanwa mu rwego rwo guca no kurinda Siporo n’abakunzi ba Siporo kwivanga muri ibyo bikorwa.

Urugero ni aho umukinnyi Mesut Ozil wakiniraga ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yabuze umwanya wo gukina kubera ko icyo yise Jenoside ikorerwa Abashinwa bo mu idini ya Islam, ibi byatumye atangwa mu ikipe ya Fenerbahce yo muri Turikiya.

Luvumbu yamaganywe n’abakunzi ba Siporo

Binyuze ku mbuga nkoranyambaga bamwe mu bakunzi ba Siporo bagaragaje ibyiyumviro byabo aho batangije Hashtag ivuga ko uyu mukinnyi akwiye kuva muri Rayon Sports kubera imyitwarire yagaragaje ubwo yatsindaga igitego Police FC.

Umwe mubazwi, ni Tom Ndahiro, yagize ati “Ibyo Luvumbu yakoze ntabwo ari “indiscipline” cg imyitwarire idahwitse. Ni igikorwa kirimo ubutumwa bw’urwango ku Banyarwanda no gupfobya ubwicanyi bukorwa na leta ya Tshisekedi mu burasirazuba bwa Kongo. Rayon Sports ikwiyekubiha uburemere bikwiriye.”

Munyakazi Sadati wayoboye ikipe ya Rayon Sports ati “”Luvumbu ashobora kuba yarishyuwe ngo akore iriya geste kuko nta muZaïrwa ukorera ubuntu, nk’umukunzi wa Rayon Sports ndahamagarira abareyo bagenzi banjye kwitandukanya na Luvumbu ibyo yakoze, Iyaba ari njye mba nabirangije”.

2024-02-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CHAN:Ikipe izegukana igikombe izahabwa akayabo izahembwa miliyoni 560 FRW

CHAN:Ikipe izegukana igikombe izahabwa akayabo izahembwa miliyoni 560 FRW

Ubwanditsi 02 Jan 2016
Rwogera ni izina rishya mu muziki nyarwanda, yifashishije indirimbo ashimira ababyeyi be kubwo kwitanga kwabo ku buzima bwe.

Rwogera ni izina rishya mu muziki nyarwanda, yifashishije indirimbo ashimira ababyeyi be kubwo kwitanga kwabo ku buzima bwe.

Ubwanditsi 09 Jun 2021
Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Ubwanditsi 16 Apr 2021
Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.

Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.

Ubwanditsi 22 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica
Mu Mahanga

Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Ubwanditsi 10 Feb 2017
Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho
ITOHOZA

Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho

Ubwanditsi 15 Mar 2016
Perezida Kagame yabwiye abakinnyi ba NBA uburyo yatunguwe no kubona Kigali Arena yuzuye abafana
IMIKINO

Perezida Kagame yabwiye abakinnyi ba NBA uburyo yatunguwe no kubona Kigali Arena yuzuye abafana

Ubwanditsi 25 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru