• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League

Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League

Ubwanditsi 01 Jun 2019 IMIKINO

Espérance de Tunis yo muri Tunisia yegukanye igikombe cy’irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere ku mugabane wa Afurika, CAF Champions League, nyuma y’uko Wydad Casablanca yanze gusubira mu kibuga guhera ku munota wa 60 w’umukino kuko ikoranabuhanga rya VAR ritabashije gukemura ikibazo cy’igitego cyo kwishyura yari itsinze, umusifuzi akacyanga.

Iyi kipe yo muri Tunisia yari iyoboye umukino wo kwishyura ku gitego 1-0 cya Youcef Belaili ku munota wa 41 ndetse yari imbere n’ibitego 2-1 mu mikino yombi ubwo umukino wazagamo kidobya. Nyuma yo guhagarara iminota isaga 90, umusifuzi yavuze ko iyi kipe yari mu rugo itsinze, yegukana igikombe.

Itangazamakuru ryomuri Tunisia ryatangje ko abasifuzi bari babwiwe ko VAR itari gukora ariko abakinnyi bo basaga n’abatabizi.

Ni ku nshuro ya mbere muri iri rushanwa rimaze imyaka 55 ndetse byongeye rikaba rihuza amakipe akomeye, imikino yombi itabashije kurangira.

Wydad Casablanca yibwiraga ko ibonye igitego cyo kwishyura ku munota wa 59 ubwo Walid el Karti yatsindishaga umutwe ku mupira wari uvuye ibumoso, akawukoraho ukajya mu nshundura. Amashusho ya Televiziyo yagaragaraza ko uyu mukinnyi atari yaraririye, ariko bikekwa ko ashobora yakiniye nabi mugenzi we, ku rutugu.

Iyi kipe yo muri Maroc yinginze cyane bikomeye umusifuzi w’umunya-Gabon, Papa Bakary Gassama kujya kureba kuri VAR, bigaragara ko batari bazi ko iri koranabunaga rifite ikibazo.

Abasimbura ba Waydad n’umutoza wabo Faouzi Benzarti w’imyaka 69 bose binjiye muri izi mpaka mu gihe Polisi yarwanaga no gucunga umutekano ngo n’abafana batabyivangamo.

Amacupa arimo ibisukika bitandukanye yasakajwe ku bakinnyi n’abatoza ba Wydad Casablanca, bayaterwa n’abafana.

Byabaye ngombwa ko Perezida wa CAF, Ahmad Ahmad amanuka mu kibuga ari kumwe n’abayobozi b’amakipe yombi bagerageza kuvugisha abakinnyi, ariko ku ruhande rwa Wydad Casablanca bisubirira mu rwambariro, aho nyuma y’igihe kigera hafi ku masaha abiri, umusifuzi yasoje umukino.

Mu mukino ubanza wari wahuje amakipe yombi muri Maroc, VAR yagize akamaro gakomeye cyane dore ko umusifuzi w’umunya-Misiri, Gehad Grisha, yashinjwe kwitwara nabi muri uyu mukino, agahagarikwa amezi atandatu.

Gutsinda uyu mukino, byahesheje Espérance de Tunis kwegukana CAF Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ndetse iba ikipe ya kane ibigezeho nyuma ya Al Ahly yo mu Misiri, TP Mazembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Enyimba yo muri Nigeria.

Espérance de Tunis yari yakiriye Wydad Casablanca mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Stade Olympique de Rades

Igitego cya Walid el Karti cyateje impaka zidashira muri Tunisia

VAR ntiyakoraga, Polisi yitambitse hacungwa umutekano wa Wydad Casablanca

Nyuma y’uko Wydad yanze kugaruka mu kibuga, Esperance de Tunis yahawe igikombe cya CAF Champions League

2019-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CAN 2019: Maroc yatsinze Namibia mu mukino wasifuwe n’Umunyarwanda

CAN 2019: Maroc yatsinze Namibia mu mukino wasifuwe n’Umunyarwanda

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Habura umunsi umwe, ikipe ya Gasabo United yikuye mu irushanwa ryo guhatanira gukina ikiciro cya mbere umwaka w’imikino wa 2021-2022

Habura umunsi umwe, ikipe ya Gasabo United yikuye mu irushanwa ryo guhatanira gukina ikiciro cya mbere umwaka w’imikino wa 2021-2022

Ubwanditsi 17 Sep 2021
Teta Diana yageze i Dakar aho agiye gususurutsa abazitabira ‘Next Einstein Forum, NEF’

Teta Diana yageze i Dakar aho agiye gususurutsa abazitabira ‘Next Einstein Forum, NEF’

Ubwanditsi 08 Mar 2016
Kugwa byahato nahano,kudasoza irushanwa imwe mu iturufu abanyarwanda bitwaje mu mikino Olempike

Kugwa byahato nahano,kudasoza irushanwa imwe mu iturufu abanyarwanda bitwaje mu mikino Olempike

Ubwanditsi 23 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abadepite bo muri Guinée bashimye Serivisi za Isange One Stop Center
Mu Mahanga

Abadepite bo muri Guinée bashimye Serivisi za Isange One Stop Center

Ubwanditsi 16 Nov 2016
Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2019
UN yaje kureba aho abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro bageze imyiteguro
Mu Mahanga

UN yaje kureba aho abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro bageze imyiteguro

Ubwanditsi 08 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru