• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League

Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League

Ubwanditsi 01 Jun 2019 IMIKINO

Espérance de Tunis yo muri Tunisia yegukanye igikombe cy’irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere ku mugabane wa Afurika, CAF Champions League, nyuma y’uko Wydad Casablanca yanze gusubira mu kibuga guhera ku munota wa 60 w’umukino kuko ikoranabuhanga rya VAR ritabashije gukemura ikibazo cy’igitego cyo kwishyura yari itsinze, umusifuzi akacyanga.

Iyi kipe yo muri Tunisia yari iyoboye umukino wo kwishyura ku gitego 1-0 cya Youcef Belaili ku munota wa 41 ndetse yari imbere n’ibitego 2-1 mu mikino yombi ubwo umukino wazagamo kidobya. Nyuma yo guhagarara iminota isaga 90, umusifuzi yavuze ko iyi kipe yari mu rugo itsinze, yegukana igikombe.

Itangazamakuru ryomuri Tunisia ryatangje ko abasifuzi bari babwiwe ko VAR itari gukora ariko abakinnyi bo basaga n’abatabizi.

Ni ku nshuro ya mbere muri iri rushanwa rimaze imyaka 55 ndetse byongeye rikaba rihuza amakipe akomeye, imikino yombi itabashije kurangira.

Wydad Casablanca yibwiraga ko ibonye igitego cyo kwishyura ku munota wa 59 ubwo Walid el Karti yatsindishaga umutwe ku mupira wari uvuye ibumoso, akawukoraho ukajya mu nshundura. Amashusho ya Televiziyo yagaragaraza ko uyu mukinnyi atari yaraririye, ariko bikekwa ko ashobora yakiniye nabi mugenzi we, ku rutugu.

Iyi kipe yo muri Maroc yinginze cyane bikomeye umusifuzi w’umunya-Gabon, Papa Bakary Gassama kujya kureba kuri VAR, bigaragara ko batari bazi ko iri koranabunaga rifite ikibazo.

Abasimbura ba Waydad n’umutoza wabo Faouzi Benzarti w’imyaka 69 bose binjiye muri izi mpaka mu gihe Polisi yarwanaga no gucunga umutekano ngo n’abafana batabyivangamo.

Amacupa arimo ibisukika bitandukanye yasakajwe ku bakinnyi n’abatoza ba Wydad Casablanca, bayaterwa n’abafana.

Byabaye ngombwa ko Perezida wa CAF, Ahmad Ahmad amanuka mu kibuga ari kumwe n’abayobozi b’amakipe yombi bagerageza kuvugisha abakinnyi, ariko ku ruhande rwa Wydad Casablanca bisubirira mu rwambariro, aho nyuma y’igihe kigera hafi ku masaha abiri, umusifuzi yasoje umukino.

Mu mukino ubanza wari wahuje amakipe yombi muri Maroc, VAR yagize akamaro gakomeye cyane dore ko umusifuzi w’umunya-Misiri, Gehad Grisha, yashinjwe kwitwara nabi muri uyu mukino, agahagarikwa amezi atandatu.

Gutsinda uyu mukino, byahesheje Espérance de Tunis kwegukana CAF Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ndetse iba ikipe ya kane ibigezeho nyuma ya Al Ahly yo mu Misiri, TP Mazembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Enyimba yo muri Nigeria.

Espérance de Tunis yari yakiriye Wydad Casablanca mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Stade Olympique de Rades

Igitego cya Walid el Karti cyateje impaka zidashira muri Tunisia

VAR ntiyakoraga, Polisi yitambitse hacungwa umutekano wa Wydad Casablanca

Nyuma y’uko Wydad yanze kugaruka mu kibuga, Esperance de Tunis yahawe igikombe cya CAF Champions League

2019-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe 4 yo mu Bwongereza azakina 1/8 cya UEFA Champions League, Barcelona na Juventus zisanze muri Europa League

Amakipe 4 yo mu Bwongereza azakina 1/8 cya UEFA Champions League, Barcelona na Juventus zisanze muri Europa League

Ubwanditsi 03 Nov 2022
Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubwanditsi 10 Dec 2024
Hussein Shaban yujuje ibitego 9 akomeza kuyobora ba rutahizamu bamaze gutsinda byinshi, Twizerimana Onesme aba umunyarwanda utsinze 3 mu mukino umwe

Hussein Shaban yujuje ibitego 9 akomeza kuyobora ba rutahizamu bamaze gutsinda byinshi, Twizerimana Onesme aba umunyarwanda utsinze 3 mu mukino umwe

Ubwanditsi 14 Feb 2022
Leceister City yatsinze Manchester City itwara igikombe cya Community shield kibanziriza itangira rya shampiyona y’u Bwongereza

Leceister City yatsinze Manchester City itwara igikombe cya Community shield kibanziriza itangira rya shampiyona y’u Bwongereza

Ubwanditsi 08 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa munzira zo gusaba Uburyamo  kwa Agatha Kanziga. Ese mama azabumuha ?
ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa munzira zo gusaba Uburyamo kwa Agatha Kanziga. Ese mama azabumuha ?

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo
IMIKINO

Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.
Mu Rwanda

Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.

Ubwanditsi 22 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru