• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United

Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United

Ubwanditsi 18 Dec 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hakinwaga umukino w’umunsi wa 9 mu shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo, ikipe ya Gorilla FC yari yasuye ikipe ya Gasogi United birangira yegukanye intsinzi yo kuri uyu mukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo.

Uyu mukino wakinwe ikipe ya Gasogi United idafite umutoza wayo mukuru Guy Bukasa uri kubarizwa muri Congo Kinshasa aho yagiye mu nama yahuje abatoza b’ikipe y’igihugu ya Congo, uyu nawe akaba ari umwe mu batoza bayo.

Gasogi United kandi yaje muri uyu mukino kandi yakoze impinduka mu bakinnyi bayo kuko mu bakinnyi 11 basanzwe babanzamo ntamukinnyi n’umwe wagaragayemo, aha umuyobozi wa Gasogi United akaba yasobanuye ko babikoze ku bushake kugirango n’abandi bakinnyi batajya baboneka mu kibuga bahabwe umwanya wo kwigaragaza.

Ubwo umukino wari ugeze ku munota wa 43 habura iminota mike ngo igice cya mbere kirangire nibwo ikipe ya Gorilla FC yabonye igitego cya mbere cyatsinzwe na Nizeyimana Jean Claude uzwi nka Rutsiro.

Iki gitego kimwe nicyo cyatandukanyije impande zombi, bityo bituma iyi kipe ibona intsinzi yayo ya mbere muri uyu mwaka w’imikino wa 2021-2022, aha kandi umutoza Sogonya Hamissi uzwi nka Kishi akaba yuzuzaga amanota 4 mu mikino 2 y’amanota 6 amaze gukina.

Kugeza ubu nyuma y’imikino 9 ya shampiyona, ikipe ya Gorilla FC iri ku mwanya wa 14 n’amanota 7.

Usibye uyu mukino waraye ubaye, ikipe ya Bugesera FC yanganyije na Etoile de l’Est ubusa ku busa, naho mu karere ka Rubavu ikipe ya Rutsiro FC  yanganyije na Espoir FC ibitego 2-2.

Usibye iyi mikino yaraye ibaye, kuri uyu wa gatandatu ndetse ni ku cyumweru shampiyona irakinwa muri ubu buryo:

Kuwa gatandatu, tariki ya 18 Ukuboza 2021:
AS Kigali vs Rayon Sports FC, Kigali Stadium – 15.00
Marine FC vs APR FC, Umuganda Stadium – 15.00
Mukura VS&L vs Kiyovu SC, Huye Stadium – 15.00

Ku cyumweru, tariki ya 19 Ukuboza 2021:
Police FC vs Etincelles FC, Kigali Stadium – 15.00
Gicumbi FC vs Musanze FC, Gicumbi Stadium – 15.00

Abakinnyi 9 batemerewe kugaragara kuri uyu munsi bitewe n’amakarita babonye mu mikino iheruka:
Rwabuhihi Aimé Placide – APR FC
Sadick Sulley – Bugesera FC
Akayezu Jean Bosco – Etincelles FC
Bizimungu Omar – Etincelles FC
Fosso Fabrice Raymond – Etincelles FC
Kaneza Augustin – Gasogi United
Nsabimana Eric – Police FC
Niyonkuru Sadjat – Rayon Sports FC
Onana Esomba Willy Léandre – Rayon Sports FC
Mukoghotya Robert – Mukura VS&L

2021-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Burundi Bararira ayo kwarika nyuma y’Inkongi Karahabutaka Yarindimuye ububiko bw’intwaro

Mu Burundi Bararira ayo kwarika nyuma y’Inkongi Karahabutaka Yarindimuye ububiko bw’intwaro

RUSHYASHYA 01 Apr 2026
“Ntugakore, ntukavuge, utabanje gutekereza. Icyo gihe biduha kwirinda ibintu bimwe bitari ngombwa” Perezida Kagame

“Ntugakore, ntukavuge, utabanje gutekereza. Icyo gihe biduha kwirinda ibintu bimwe bitari ngombwa” Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Mar 2024
Mbarushimana Abdou yongerewe amasezerano yo gutoza Bugesera FC kugeza mu mwaka wa 2024.

Mbarushimana Abdou yongerewe amasezerano yo gutoza Bugesera FC kugeza mu mwaka wa 2024.

Ubwanditsi 03 Jun 2021
FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 05 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Côte d’Ivoire: Perezida Kagame yitabiriye inama izahuza Afurika n’Uburayi
INKURU NYAMUKURU

Côte d’Ivoire: Perezida Kagame yitabiriye inama izahuza Afurika n’Uburayi

Ubwanditsi 29 Nov 2017
Hatangiye ibiganiro ku kohereza mu Rwanda abayobozi ba FDLR bafashwe n’ingabo za RDC
INKURU NYAMUKURU

Hatangiye ibiganiro ku kohereza mu Rwanda abayobozi ba FDLR bafashwe n’ingabo za RDC

Ubwanditsi 08 Jan 2019
Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi yasezeye, Adolphe Kalisa agirwa Umunyamabanga wa FERWAFA
Amakuru

Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi yasezeye, Adolphe Kalisa agirwa Umunyamabanga wa FERWAFA

Ubwanditsi 08 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru