• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uko Prof. Nshuti Manasseh Asesengura Umubano W’u Rwanda Na Uganda Ashingiye Ku Makuru Y’imvaho

Uko Prof. Nshuti Manasseh Asesengura Umubano W’u Rwanda Na Uganda Ashingiye Ku Makuru Y’imvaho

Ubwanditsi 13 Apr 2019 ITOHOZA

Mu myaka 20 ishize hari ibikorwa by’ubushotoranyi ubutegetsi bwa Uganda bwagaragaje kuri Leta y’u Rwanda usanga bikubiye mu byaranze umubano w’ibihugu byombi kuva mu 1997.

Nubwo Uganda ihora ibihakana nyamara hari ibihamya bifatika, bishushanya umukino ushingiye kuri politiki, ubukungu ndetse n’uruhare rwayo mu by’imibanire rusange hagati y’impande zombi.

Mu minsi ya vuba aha hagarutswe ku bufasha Uganda iha abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, gutoteza ndetse no gufunga Abanyarwanda barenga 1000.

Perezida Paul Kagame yagarutse kuri ubu bushotoranyi mu buryo bwimbitse ubwo yari mu Mwiherero w’Abayobozi bakuru muri Guverinoma n’urwego rw’abikorera wahurije abasaga 350 mu Kigo cy’Imyitozo cya Gisirikare i Gabiro ku wa 9-12 Werurwe 2019.

Nkuko nabikomojeho hejuru, ibikorwa bya Uganda byo guhungabanya u Rwanda bigizwemo uruhare n’abantu ba hafi ba Perezida Yoweri Kaguta Museveni bishingiye ku mpamvu uruhuri zirimo izirengagiza ukuri, zigamije kugenzura igihugu gifite imiyoborere n’amahame yacyo; ubu buryo kuva mu myaka 20 ishize bwagonze urukuta ariko ntacyo ubutegetsi bwa Uganda bwigiyemo.

Impamvu ni nyinshi zihishe mu byo Uganda ikorera u Rwanda, ku isonga harimo gushaka kurugenzura.

Urugamba rw’Ingabo zari iza FPR Inkotanyi za RPA (ubu ni RDF) rwo kubohora u Rwanda rwari rukomeye kuko ikiguzi cyarwo cyari gihanitse haba mu bijyanye n’amafaranga no guhara ubuzima.

Uru rugendo rwatangiye ahagana mu myaka ya 1970 mbere y’uko ubutegetsi buriho muri Uganda bugera ku ntebe.

Nyamara intambara Museveni yatangije yo kuva mu ishyamba mu 1980 yari amahirwe yo gutangira urugamba rwo kwibohora, rwari rugamije kugarura ibihumbi by’Abanyarwanda bari banyanyagiye mu mpande z’Isi yose, babwirwaga n’ubutegetsi bwa Habyarimana ko batakwemererwa kugaruka mu Rwanda kuko ngo rwari ‘rwuzuye.’

Ibi ntibyabujije urubyiruko rw’Abanyarwanda rwari muri Uganda kumufasha kurwana intambara yo mu 1980-1985 yahanguye ubutegetsi bwa Obote II na Tito Lutwa Okello ikicaza Museveni ku ntebe.

Obote ku butegetsi bwe yafataga nabi Abanyarwanda babaga muri Uganda ari nabyo byabahaye imbaraga zo kwinjira mu ntambara bakamukuraho kuko yari umwanzi ukomeye wabo.

Ukuri guhari ni uko Museveni atashoboraga kunesha Obote iyo atagira amaboko y’urubyiruko rw’u Rwanda rwamutsimbuye.

Mu nyandiko yitwa ‘African States, Citizenship and War: A Case-Study’ ya Professor Mahmood Mamdani hari aho avuga ko “Abahinzi bo muri Uganda (Baganda) banze Obote ariko ntibari biteguye gupfa bamurwanira’’ nubwo we yavugaga ko umuturage mwiza ari utagihumeka.

Ibi ni nabyo byatumye impunzi z’Abanyarwanda zinjira muri uru rugamba rwasaga no kwitabara. Abasirikare benshi b’Abanyarwanda baruguyemo gusa byagizwe ubwiru muri Uganda kubera impamvu za politiki nubwo ari ukuri kutahishwa.

Mu gitabo cye “The Mustard Seed” Museveni ashaka kugaragaza ko iyo ntambara yayirwanye ari kumwe n’umuvandimwe we Salim Saleh.

Nyuma y’urugamba, Abanyarwanda benshi bazamuwe mu ntera barimo nyakwigendera Fred Rwigema, Perezida Paul Kagame n’abandi atari impuhwe bagiriwe ahubwo kubera bari babikwiye.

Ubwo uru rubyiruko rwafataga icyemezo cyo gutangira urugamba rwo kubohora u Rwanda mu 1990, nta Munya-Uganda n’umwe wabiyunzeho ngo abafashe.

Ubwo rwavaga muri Uganda bahuje imbaraga n’abavandimwe babo bavuye mu Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abari mu Rwanda n’ahandi ku Isi bumvaga impamvu y’urugamba rwo kubohora igihugu.

Mu 1993, RPA ntiyari ikiri igisirikare kigizwe n’abavuye muri Uganda ahubwo bari bavanze n’abandi batazi byinshi ku ruhare rw’ibyo Uganda yigamba mu rugamba rwacu rwo kwibohora.

Abanyapolitiki bakomeye bo muri Uganda ntibamenye uko byagenze nubwo RPA yari ifite umuzi muri icyo gihugu ariko ntibyari bigishoboka ko kigenzura imikorere yayo kuko yari yahindutse igisirikare gikorera inyungu z’igihugu.

Museveni we ntiyigeze aha ibikoresho n’intwaro RPA nko kubitura kuko nta masezerano yasinyweho ariko byashoboraga gukorwa ku bushake bwe. Ahubwo urebye ibiri kuba usanga umusanzu we warabaye ‘umwenda’ uhoraho Uganda ifitiye u Rwanda mu kuyibohora.

Imvugo igaragaza ko Museveni yafashije Abanyarwanda kugaruka mu gihugu nta shingiro ifite ahubwo ni nk’uburyo bwo kwiyerurutsa.

Ibi byakurikiwe n’amagambo akakaye ku mubano w’u Rwanda na Uganda ahakoreshejwe imvugo zirimo ko “Uganda yakuyeho ubutegetsi bwose bw’u Rwanda; ubuyobozi bw’u Rwanda ntibushima, ni inyeshyamba ndetse bubahuka abakuru. Aya magambo y’abayobozi bakuru ba Uganda bayahoza mu kanwa kabo bayabwira abaturage.

Abayobozi bakuru muri Uganda bumvaga ko u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo bubafitiye umwenda ugomba kwishyurwa binyuze mu kwicisha bugufi cyangwa kwitwara nk’uri mu bucakara.

Iyo u Rwanda rwanze agasuzuguro k’abayobozi ba Uganda bumva ko rugomba kuyoborerwa i Kampala, abatabyemeye bagakurwaho cyangwa bakamburwa inshingano bigaragaza uko iki gihugu cyagerageje guhungabanya u Rwanda kuva mu 1997.

Imitekerereze y’abakada bakuru ba RPF irahamye ugereranyije n’itegeko ryashyizwe kuri Silas Majambere, Seth Sendashonga ndetse n’imyitwarire ya Pasteur Bizimungu.

Kwiyegereza Karegeya (witabye Imana) na Kayumba byari ibanga rigamije gushyiraho inkoramutima Uganda izajya iha amategeko y’uburyo u Rwanda rukwiye kuyoborwa.

Ubutegetsi bwa Uganda by’umwihariko Perezida Museveni ntiyumvaga ko u Rwanda ari igihugu cyigenga kitayoborwa n’amarangamutima y’umuntu ahubwo ku nyungu zacyo n’abaturage bacu, biganjemo abatazi, batanatekereza ku ‘mwenda’ Uganda yigamba.

Ubwo Perezida Kagame yaganirizaga abayobozi mu mwiherero, yababwiye ko yakwemera kwicwa aho gupfukamira umuntu, yavuze mu izina ry’Abanyarwanda bose kandi ijambo rye riruzuye.

Ibikorwa bya Uganda byo guhungabanya u Rwanda kuva mu 1997 ntibyari bigamije gusa kubaka ubuyobozi bugenzurirwa i Kampala ahubwo byari no kuruhindura agace kayo rugenzura hatagamijwe kurwubaka ahubwo gushyira mu bikorwa politiki zayo ziganisha ku nyungu z’ubukungu.

Kuri ubu Uganda ishyigikiye imitwe y’iterabwoba ishaka guhungabanya igihugu ya RNC, FDLR na P5 ibumbatiye ikorera mu mashyamba ya RDC.

Ubutegetsi bwa Uganda bukorana n’umugambanyi Kayumba n’inkoramutima ze bakorana n’inzego z’umutekano muri Uganda mu gushishikariza imitwe y’inyeshyamba guhungabanya buri Munyarwanda cyane mu bikorwa bibibasira.

Ubwo Tanzania yakuraga ku butegetsi umunyagitugu wo muri Uganda Idi Amin mu 1978, ntiyagaragaje imyumvire iciriritse yo kugenzura ibibera muri Uganda. Bavuye muri Uganda barekera abenegihugu uburenganzira bwo kwishyiriraho uburyo bw’imibereho bubabereye.

Nta byiyumviro bya cyana nko kuvuga ko Tanzania yakuyeho ubutegetsi bwa Uganda, ko abategetsi ari indashima, inyeshyamba ndetse butubaha abakuru. Sinizera ko Tanzania yigeze itekereza ko Museveni azaba Perezida wa Uganda, kuri bo Obote ni we bahaga icyizere kubera imyitwarire ye n’umubano yari afitanye na nyakwigendera Mwalimu Julius Nyerere.

Iyo Tanzania yitura Uganda ibimeze kimwe (nk’ibyo Uganda yakoreye u Rwanda) mu rugamba rwo gutsimbura Amini mu 1978, umuntu yakwibaza ngo Uganda iba iri he none?

Muri iki gihe, uruhare rw’inyeshyamba za Uganda (Museveni yarimo) muri iyo ntambara rwari ruto kuko Tanzania ni yo yakoze akazi gakomeye.

Urebye ibyabayeho n’ibiriho, uburyo bwiza Uganda yagombaga gukoresha ni “Ukubaho no kureka abandi bakabaho.’’

Biracyakomeza…

2019-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Urwego Rw’umutekano Ruvuga Ko Rutanyuzwe N’ibyo Abayobozi B’u Rwanda Baruvugaho

Burundi: Urwego Rw’umutekano Ruvuga Ko Rutanyuzwe N’ibyo Abayobozi B’u Rwanda Baruvugaho

Ubwanditsi 24 Jul 2018
‘Jenoside yakorewe Abahutu’: Iturufu rya Rudasingwa

‘Jenoside yakorewe Abahutu’: Iturufu rya Rudasingwa

Ubwanditsi 21 Sep 2016
Gloria Kayitesi Umugore wa Lt. Joel Mutabazi arafatanya na Kayumba mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Gloria Kayitesi Umugore wa Lt. Joel Mutabazi arafatanya na Kayumba mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Diaspora yariye karungu, amabanga yose y’abanzi b’u Rwanda kukarubanda, dore iby’inama ya Rusesebagina yabereye mu ibanga

Diaspora yariye karungu, amabanga yose y’abanzi b’u Rwanda kukarubanda, dore iby’inama ya Rusesebagina yabereye mu ibanga

Ubwanditsi 01 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda mu begukanye imidali muri ’Kigali International Peace Marathon 2024’, Abarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’uwa Siporo bakora Run for Fun
Amakuru

Abanyarwanda mu begukanye imidali muri ’Kigali International Peace Marathon 2024’, Abarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’uwa Siporo bakora Run for Fun

Ubwanditsi 10 Jun 2024
IGP Gasana yasabye sosiyete zitwara abagenzi gukora kinyamwuga no kubahiriza amategeko y’umuhanda
Mu Mahanga

IGP Gasana yasabye sosiyete zitwara abagenzi gukora kinyamwuga no kubahiriza amategeko y’umuhanda

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi
Amakuru

Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi

Ubwanditsi 04 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru