• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Ubwanditsi 24 Jan 2017 ITOHOZA

Itsinda ry’abasesenguzi kabuhariwe mubijyanye n’umutekano muri Amerika bakora icyegeranyo bitewe nuko babona ibirimo kubera ku isi noneho bagapanga gahunda yaburi myaka ine kugira ngo barebe icyakorwa ngo Amerka ikomeze kuyobora isi haba mu gisirikare, muri politike no mu bukungu National Intelligence Council (NIC), iri shami akaba ariryo rishinzwe gukora uyu murimo wo gukoa iki cyegeranyo noneho igatanga n’inama ngo harebwe icyakorwa kugirango bahangane n’ibibazo bitegereje igihugu cy’Amerika imbere.

Muri raporo yatanzwe muri uku kwezi kwa mbere, NIC yaburiye abari aho benshi baturuka mu bigo 17 bishinzwe iperereza muri Amerika ubwo yabatangarizaga ko bisaba imbaraga zidasanzwe mu myaka 4 iri imbere kugira ngo igihugu cyabo kibe kikiri igihangage kiyobora isi. Iri tsinda ryavuze ko kuba isi yugarijwe n’abategetsi babahezanguni batsimbaraye kumahame yabo, ikindi ngo kuba hari ibihugu bikomeje kuzamuka mu mbaraga bikaba bitagitinya Amerika ndetse bikaba bigeze aho biyishotora, hanyuma ngo kuba iterabwoba rifite umuvuduko ukabije ngo ibi byose bishobora gukubita hasi ubuhangage bw’Amerika mumyaka ine iri imbere hatagize igikorwa muburyo buhamye.

-5509.jpg

Intwaro kirimbuzi

-5508.jpg

Aka kanama ka NIC mucyegeranyo kinini kakoze kanemeje ko bidashoboka ko imyaka 5 iri imbere yarangira hatabaye intantambara izakoreshwamo ibitwaro kirimbuzi, ngo kuko ibintu byageze ahantu amazi yarenze inkombe kubihugu byinshi ngo Amerika kuruhande rwayo igomba kureba uko yakwirinda.

Umusesenguzi ukomeye witwa Phillipe Fabry abajijwe kuri iki cyegeranyo yavuze ko utabona ko isi iri kwerekera ahantu habi yaba atagira ubwenge. Yavuze ko mugihe cyubutegetsi bwa Obama isi yagize ikintu gisa n’agahenge katumye isi yigabanyamo ibice, buri gihugu kikagira uwo kibogamiraho nkibyabaye mbere yuko intambara ya kabiri y’isi iba. Ati: ibi ni ibintu biteye ubwoba cyane, yakomeje avuga ko kuba Uburusiya, Ubushinwa na Iran basa naho bari muruhande ruvuga rumwe kandi noneho bafite inyota imwe yo kuba ibihugu bitavugirwamo, bishaka kuyobora, yavuze ko isi igomba kwemera ukuri kukavugwa uko kuri nubwo guteye ubwoba, ati ijuru rizatugwira uguhangana guhar nigukomeza.

-5510.jpg

Yakomeje avuga ko nyirabayazana wibi byose byabaye intege nke igihugu cy’Amerika cyagaragaje mu karere k’Iburasirazuba nko mu ntambara yabereye muri Afuganistani na Irak, noneho intambara y’iterabwoba iza izambya ibintu. Philippe aravuga nanone ko kuba perezida Donald Trump asa nugiye gukina politike isa naho Amerika igiye kwirebaho yonyine igasa naho ireba inyungu zayo ititaye kubihugu yafatanyaga nabyo, ngo ibi bishobora gutuma ibintu birushaho kuba bibi, kuburyo gutakaza ubuhangage bwayo bitazarindira 2022.

-5511.jpg

Irahira rya Trump

Aha rero nanjye nakwibaza nti reka umuntu ategereze arebe kuko Trump yiyamamaje avuga ko ashaka kongera kugarurira Amerika ubuhangage, rero nubwo ataragaragaza gahunda isobanutse y’ukuntu azabigeraho umuntu yamuha igihe. Gusa kugeza ubu, biragaragara ko akomeje politike agaragaza n’imyitwarire arimo kugaragaza bizamubiza icyuya kugira ngo Amerika igumane ubuhangage bwayo.

Umuyobozi w’ingabo muri Amerika Mattis ubwo yagaragaraga muri Senat muri uku kwezi yahuje ibitekerezo na NIC avuga ko ibihugu bibangamiye umutekano w’ Amerika ari Uburusiya, Ubushinwa na Iran gusa yongeyeho ko umutwe witerabwoba wa ISIS nawo badakwiye kuwibagirwa. Yaangije nawe avuga ko bagomb gushaka uburyo butajenjetse bw guhangana n’ibi bihugu ndetse ntibakomeze kubiha umwanya wo kubabangamira.

Hari ibintu byinshi bishimangira iki cyegeranyo cya NIC ko ibintu bikomeje kuba bibi ku isi,, nko kuri iyi tariki ya 24 Mutarama 2017 umuvugizi wa perezida Trump yabwiye itangazamakuru ko ubutegetsi buriho bwa Trump budashobora kwihanganira ibyo Ubushinwa burimo gukora munyanja y’amajyepfo y’ubushinwa, ko nibiba ngombwa hazakoreshwa imbaraga za gisirikare ngo birukane Ubshinwa muri iriya nyanja cyane kukirwa cya Splatly Island.

Hua Chunying ukora muri ministere y’ububanyi n’amahanaga y’Ubushinwa yahise atangaza ko biteguye nabo gukoresha imbaraga bafite za gisirikare ngo bahangane na Amerika. Ikirimo kuvugwa ngo ni uko intwaro zikomeye zarangije kugezwa muri kariya karere, ndetse ibihumbi byabasirikare b’Ubushinwa ngo bahageze umwaka ushize ngo kuko badashaka gutungurwa nkuko byatangajwe na ministere y’ingabo z’ubushinwa.

-5512.jpg

NATO

Twanavuga nanone ikibazo gikomeje gututumba mu Burayi aho umuryango wo gutabarana NATO ufatanyije na Amerika ukomeje kurundanya abasirikare n ibikoresho bya gisirikre bya rutura hafi y’umupaka w’Uburusiya ibi byose bigaragaza ko hari ikintu kirimo gutegurwa gikomeye.

Nubwo NIC yanzura iki cyegeranyo ivuga ko mumyaka itanu hashobora kuba harabayeho intambara ikoreshejwe ibitwaro bya kirimbuzi, Ikaba itanga umwanzuru yuko Amerika igomba gukora ibishoboka kugira ngo idatakaza ubuhangage bwayo mukuyobora isi, ibi bigaragaza ko indirimbo abategtsi b’isi birirwa baririmba ngo umutekano n’amahoro bitagira aho bihuriye nibyo barimo.

Hakizimana Themistocle

2017-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukobwa wigaga mu cyaho ari KIE bamusanze mu nzu yabagamo yimanitse mu mugozi

Umukobwa wigaga mu cyaho ari KIE bamusanze mu nzu yabagamo yimanitse mu mugozi

Ubwanditsi 12 May 2017
Abategetsi b’u Burundi banze gutatira igihango bafitanye n’abajenosideri

Abategetsi b’u Burundi banze gutatira igihango bafitanye n’abajenosideri

Ubwanditsi 08 Apr 2024
U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.

U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.

Ubwanditsi 30 Mar 2021
Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Ubwanditsi 24 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwububa abonwa n’uhagaze: Ukekwaho Jenoside yafatiwe mu Giporoso nyuma y’igihe kinini  yihishahisha
Mu Mahanga

Uwububa abonwa n’uhagaze: Ukekwaho Jenoside yafatiwe mu Giporoso nyuma y’igihe kinini yihishahisha

Ubwanditsi 12 May 2016
Ese waba ukunda kwambara impete ku ntoki zitandukanye? Dore ubusobanuro bwazo bitewe n’urutoki uyambayeho
HIRYA NO HINO

Ese waba ukunda kwambara impete ku ntoki zitandukanye? Dore ubusobanuro bwazo bitewe n’urutoki uyambayeho

Ubwanditsi 18 Oct 2017
‘Jenoside yakorewe Abahutu’: Iturufu rya Rudasingwa
ITOHOZA

‘Jenoside yakorewe Abahutu’: Iturufu rya Rudasingwa

Ubwanditsi 21 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru