• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Ubwanditsi 24 Jan 2017 ITOHOZA

Itsinda ry’abasesenguzi kabuhariwe mubijyanye n’umutekano muri Amerika bakora icyegeranyo bitewe nuko babona ibirimo kubera ku isi noneho bagapanga gahunda yaburi myaka ine kugira ngo barebe icyakorwa ngo Amerka ikomeze kuyobora isi haba mu gisirikare, muri politike no mu bukungu National Intelligence Council (NIC), iri shami akaba ariryo rishinzwe gukora uyu murimo wo gukoa iki cyegeranyo noneho igatanga n’inama ngo harebwe icyakorwa kugirango bahangane n’ibibazo bitegereje igihugu cy’Amerika imbere.

Muri raporo yatanzwe muri uku kwezi kwa mbere, NIC yaburiye abari aho benshi baturuka mu bigo 17 bishinzwe iperereza muri Amerika ubwo yabatangarizaga ko bisaba imbaraga zidasanzwe mu myaka 4 iri imbere kugira ngo igihugu cyabo kibe kikiri igihangage kiyobora isi. Iri tsinda ryavuze ko kuba isi yugarijwe n’abategetsi babahezanguni batsimbaraye kumahame yabo, ikindi ngo kuba hari ibihugu bikomeje kuzamuka mu mbaraga bikaba bitagitinya Amerika ndetse bikaba bigeze aho biyishotora, hanyuma ngo kuba iterabwoba rifite umuvuduko ukabije ngo ibi byose bishobora gukubita hasi ubuhangage bw’Amerika mumyaka ine iri imbere hatagize igikorwa muburyo buhamye.

-5509.jpg

Intwaro kirimbuzi

-5508.jpg

Aka kanama ka NIC mucyegeranyo kinini kakoze kanemeje ko bidashoboka ko imyaka 5 iri imbere yarangira hatabaye intantambara izakoreshwamo ibitwaro kirimbuzi, ngo kuko ibintu byageze ahantu amazi yarenze inkombe kubihugu byinshi ngo Amerika kuruhande rwayo igomba kureba uko yakwirinda.

Umusesenguzi ukomeye witwa Phillipe Fabry abajijwe kuri iki cyegeranyo yavuze ko utabona ko isi iri kwerekera ahantu habi yaba atagira ubwenge. Yavuze ko mugihe cyubutegetsi bwa Obama isi yagize ikintu gisa n’agahenge katumye isi yigabanyamo ibice, buri gihugu kikagira uwo kibogamiraho nkibyabaye mbere yuko intambara ya kabiri y’isi iba. Ati: ibi ni ibintu biteye ubwoba cyane, yakomeje avuga ko kuba Uburusiya, Ubushinwa na Iran basa naho bari muruhande ruvuga rumwe kandi noneho bafite inyota imwe yo kuba ibihugu bitavugirwamo, bishaka kuyobora, yavuze ko isi igomba kwemera ukuri kukavugwa uko kuri nubwo guteye ubwoba, ati ijuru rizatugwira uguhangana guhar nigukomeza.

-5510.jpg

Yakomeje avuga ko nyirabayazana wibi byose byabaye intege nke igihugu cy’Amerika cyagaragaje mu karere k’Iburasirazuba nko mu ntambara yabereye muri Afuganistani na Irak, noneho intambara y’iterabwoba iza izambya ibintu. Philippe aravuga nanone ko kuba perezida Donald Trump asa nugiye gukina politike isa naho Amerika igiye kwirebaho yonyine igasa naho ireba inyungu zayo ititaye kubihugu yafatanyaga nabyo, ngo ibi bishobora gutuma ibintu birushaho kuba bibi, kuburyo gutakaza ubuhangage bwayo bitazarindira 2022.

-5511.jpg

Irahira rya Trump

Aha rero nanjye nakwibaza nti reka umuntu ategereze arebe kuko Trump yiyamamaje avuga ko ashaka kongera kugarurira Amerika ubuhangage, rero nubwo ataragaragaza gahunda isobanutse y’ukuntu azabigeraho umuntu yamuha igihe. Gusa kugeza ubu, biragaragara ko akomeje politike agaragaza n’imyitwarire arimo kugaragaza bizamubiza icyuya kugira ngo Amerika igumane ubuhangage bwayo.

Umuyobozi w’ingabo muri Amerika Mattis ubwo yagaragaraga muri Senat muri uku kwezi yahuje ibitekerezo na NIC avuga ko ibihugu bibangamiye umutekano w’ Amerika ari Uburusiya, Ubushinwa na Iran gusa yongeyeho ko umutwe witerabwoba wa ISIS nawo badakwiye kuwibagirwa. Yaangije nawe avuga ko bagomb gushaka uburyo butajenjetse bw guhangana n’ibi bihugu ndetse ntibakomeze kubiha umwanya wo kubabangamira.

Hari ibintu byinshi bishimangira iki cyegeranyo cya NIC ko ibintu bikomeje kuba bibi ku isi,, nko kuri iyi tariki ya 24 Mutarama 2017 umuvugizi wa perezida Trump yabwiye itangazamakuru ko ubutegetsi buriho bwa Trump budashobora kwihanganira ibyo Ubushinwa burimo gukora munyanja y’amajyepfo y’ubushinwa, ko nibiba ngombwa hazakoreshwa imbaraga za gisirikare ngo birukane Ubshinwa muri iriya nyanja cyane kukirwa cya Splatly Island.

Hua Chunying ukora muri ministere y’ububanyi n’amahanaga y’Ubushinwa yahise atangaza ko biteguye nabo gukoresha imbaraga bafite za gisirikare ngo bahangane na Amerika. Ikirimo kuvugwa ngo ni uko intwaro zikomeye zarangije kugezwa muri kariya karere, ndetse ibihumbi byabasirikare b’Ubushinwa ngo bahageze umwaka ushize ngo kuko badashaka gutungurwa nkuko byatangajwe na ministere y’ingabo z’ubushinwa.

-5512.jpg

NATO

Twanavuga nanone ikibazo gikomeje gututumba mu Burayi aho umuryango wo gutabarana NATO ufatanyije na Amerika ukomeje kurundanya abasirikare n ibikoresho bya gisirikre bya rutura hafi y’umupaka w’Uburusiya ibi byose bigaragaza ko hari ikintu kirimo gutegurwa gikomeye.

Nubwo NIC yanzura iki cyegeranyo ivuga ko mumyaka itanu hashobora kuba harabayeho intambara ikoreshejwe ibitwaro bya kirimbuzi, Ikaba itanga umwanzuru yuko Amerika igomba gukora ibishoboka kugira ngo idatakaza ubuhangage bwayo mukuyobora isi, ibi bigaragaza ko indirimbo abategtsi b’isi birirwa baririmba ngo umutekano n’amahoro bitagira aho bihuriye nibyo barimo.

Hakizimana Themistocle

2017-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugezi w’Isuri urisiba  RNC  mu marembera

Umugezi w’Isuri urisiba RNC mu marembera

Ubwanditsi 07 Sep 2016
Faustin Twagiramungu ntiyashima ibyo u Rwanda rwagezeho yarazonzwe n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Faustin Twagiramungu ntiyashima ibyo u Rwanda rwagezeho yarazonzwe n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 28 Jan 2017
Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Ubwanditsi 07 Oct 2023
Umunyarwanda arabundabunda muri ‘New Zealand’ akwepa ubutabera

Umunyarwanda arabundabunda muri ‘New Zealand’ akwepa ubutabera

Ubwanditsi 04 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify
Amakuru

Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify

Ubwanditsi 17 Aug 2021
Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund
UBUKUNGU

Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Ubwanditsi 04 May 2019
“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger
Amakuru

“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger

Ubwanditsi 05 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru