• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Museveni ngo natsindwa amatora ashobora gusubira mu ishyamba

Museveni ngo natsindwa amatora ashobora gusubira mu ishyamba

Ubwanditsi 09 Jan 2016 POLITIKI

Amatora y’umukuru w’igihugu nay’abadepite muri Uganda ashigaje ibyumweru bitagera kuri bibiri kuko azaba tariki 18 z’uku kwezi, abakandida umunani bahatanira umwanya w’umukuru w’igihugu bakaba bari muri kampanye zo pupfa no gukira.

Muri kampanye ye aherutse gukorera mu karere ka Namutumba, Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yavuze ijambo ryaje kwamaganwa cyane n’abo bahanganye guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu.

Mu mbaga y’abantu benshi aho Namutamba, Perezida Museveni yavuze yuko abo bakandida bandi ahanganye nabo mu matora bifuza yuko yava kumwanya w’umukuru w’igihugu ngo babone uko baziba amafaranga azava muri petrol n’ibiyikomakaho ubu muri Uganda biteguye gutangira gucukura !

Museveni ati: “wumva abantu bavuga ngo Museveni agomba kugenda”. Ati: “Ariko agende asige amafaranga ya Peteroli n’ibiyikomokaho ? “. Ati barashaka ngo ngende kugira ngo babone uko bangiza ayo mafaranga azaba akomoka kuri petroli. Ati aba bantu barashaka yuko nsubira mu ishyamba !

Abahanganye na Museveni buririye kuri iryo jambo rye bashakisha uko bamusenya muri kampanye. Norbert Mao, umuyobozi wa Democratic Party akaba anashinzwe imyitwarire myiza muri kampanyi z’umukandida wigenga, Amama Mbabazi, yavuze yuko Museveni abaye gashozantambara. Mao ati Museveni arisimbukuruza cyane.

Ati kuki ujya mu matora mu gihe uzi yuko byanze bikunze ari wowe uzatsinda. Ati ndatekereza yuko Perezida yataye umutwe akaba akeneye kwitabwaho n’abaganga b’indwara zo mu mutwe. Mao ati umutungo ukomeye cyane ku gihugu ntabwo ari petrol ahubwo ni abantu ati ariko birababaje yuko aba bantu ubutegetsi bwa Museveni bwabimye akazi cyimwe n’uburyo bwo kuvurwa !

-1651.jpg

Kizza Besigye, Museveni na Amama Mbabazi

Ibrahim Sesemuiju, umuvugizi w’ishyaka FDC Kizza Besigye abereye kandida Perezida, we yagaragaje yuko n’iyo petrol Museveni avuga kurwanaho ari ubusa ngo kuko leta ye yamaze gukuramo menshi mu yari kuyivamo ngo kuko ubu amadeni Uganda ifite agera kuri muliyari 10 z’amadolari ngo kandi icyo igihugu gitegereje ku bizava kuri uwo musaruro wa petrol ari miliyari eshanu gusa z’amadolari.

Kayumba Casmiry

2016-01-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”

Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”

Ubwanditsi 27 Jul 2018
Itangazo rya PL rigenewe Abanyamakuru

Itangazo rya PL rigenewe Abanyamakuru

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Arusha: Leta y’u Burundi yanze kwitabira ibiganiro bya nyuma bihuza Abarundi

Arusha: Leta y’u Burundi yanze kwitabira ibiganiro bya nyuma bihuza Abarundi

Ubwanditsi 24 Oct 2018
Abanyapolitiki bagaragaje ko amateka y’u Rwanda aruha kugira demokarasi yihariye

Abanyapolitiki bagaragaje ko amateka y’u Rwanda aruha kugira demokarasi yihariye

Ubwanditsi 24 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka !
MULTIMEDIA

Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka !

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Amafoto – APR FC isezereye Kiyovu SC isanga Rayon Sports ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2023
Amakuru

Amafoto – APR FC isezereye Kiyovu SC isanga Rayon Sports ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2023

Ubwanditsi 14 May 2023
Eyob Metkel yongeye kwegukana agace ka tour du Rwanda Areruya Joseph agumana Maillot jaune
IMIKINO

Eyob Metkel yongeye kwegukana agace ka tour du Rwanda Areruya Joseph agumana Maillot jaune

Ubwanditsi 18 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru