• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ese HCR izashobora guhuza Leta y’u Rwanda n’iy’u Burundi, mugihe uburundi bushinja u Rwanda ibinyoma

Ese HCR izashobora guhuza Leta y’u Rwanda n’iy’u Burundi, mugihe uburundi bushinja u Rwanda ibinyoma

Ubwanditsi 11 Apr 2018 POLITIKI

Umuryango mpuzamahanga wita ku mpunzi (HCR) wiyemeje guhuza u Rwanda n’u Burundi, bakagirana ibiganiro bizibanda cyane ku mpunzi ziri mu Rwanda bivugwa ko zaba zishaka gutaha zikazitirwa.

Ibi bitangajwe nyuma y’aho Perezida Nkurunziza w’u Burundi agiranye ibiganiro n’umuyobozi mukuru wa HCR ku isi, Filipo Grandi i Burundi, ku wa Kabiri tariki ya 10 Mata 2018, i Burundi, byagarutse cyane ku mpunzi z’u Burundi ziri hanze.

Nk’uko aya makuru atangazwa n’icyegera cy’umuvugizi wa Perezida Nkurunziza, bwana Alain Diomede Nzeyimana, avuga ko ibiganiro Nkurunziza yagiranye na Grandi, byibanze ku mpunzi z’u Burundi, by’umwihariko ko hari iziri mu Rwanda zishaka gusubira mu gihugu zikangirwa gutaha.

Ati “Hari impunzi ziri mu Rwanda ziba zishaka gutaha, ariko abayobozi bo mu Rwanda ntibashake ko icyo kintu kiba, ibyo bikaba bidaha izina ryiza umuryango ukomeye nka HCR”.

Umuyobozi mukuru wa HCR ku isi, Filipo Grandi yatangarije itangazamakuru ry’i Burundi ko mu byo yaganiriye na Perezida Nkurunziza birimo n’ikibazo cy’izi mpunzi.

Ati “Nabwiye umukuru w’igihugu Nkurunziza ko itahuka ry’impunzi z’Abarundi bari mu Rwanda rikirimo akabazo, turabizi. Ejo nabonanye n’umukuru w’igihugu Kagame, uno munsi nabwo mbonana na Nkurunziza. Twumvikanye ko twakwigira hamwe, tuvugana ko twashaka aho tuganirira icyo kibazo cy’impunzi gusa, si njye ushinjwe ibindi bibazo, HCR izafasha mu gutegura uko kubonana k’u Rwanda n’u Burundi”.

Leta y’u Burundi ishinja iy’u Rwanda kuba hari impunzi zishaka gutaha i Burundi zikazitirwa ngo zimwe zikajyana mu mitwe yitoza gisirikare, igamije guhirika ubutegetsi bw’u Burundi.

Ku ruhande rwa Leta y’u Rwanda, yagiye ihakana yivuye inyuma ko ibyo u Burundi buyishinja atari ukuri, ko nta mpunzi yashatse gutaha ngo yimwe inzira.

Filipo Grandi yabonanye na Perezida Nkurunziza i Burundi ku wa Kabiri tariki ya 10 Mata 2018

Filipo Grandi yabonanye na Perezida Kagame mbere y’uko yerekeza i Burundi

2018-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera

Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Ubwanditsi 12 Sep 2019
Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029

Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029

Ubwanditsi 18 Feb 2025
Burundi:Gen.Evariste Ndayishimiye niwe uzahagararira ishyaka CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Burundi:Gen.Evariste Ndayishimiye niwe uzahagararira ishyaka CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Ubwanditsi 26 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”
Amakuru

Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”

Ubwanditsi 24 Jun 2025
Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Ubwanditsi 09 Feb 2020
FIFA yohereje Constant Omari nk’indorerezi mu matora ya Perezida wa Ferwafa
IMIKINO

FIFA yohereje Constant Omari nk’indorerezi mu matora ya Perezida wa Ferwafa

Ubwanditsi 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru