• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka   |   01 Jul 2026

  • Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga   |   30 Jun 2026

  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

RUSHYASHYA 09 Mar 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu iyi minsi amakuru akomeje kugaragaza ko ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi buri gukoresha abantu batandukanye mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda.
Mu bavugwaho kugira uruhare muri iyo migambi harimo Jean-Luc Habyarimana, umuhungu wa Juvénal Habyarimana wahoze ari Perezida w’u Rwanda.
Amakuru atandukanye aturuka mu nzego zikurikirana ibibera i Kinshasa avuga ko Jean-Luc Habyarimana amaze iminsi agaragara kenshi muri uwo murwa mukuru wa RDC. Nubwo izi ngendo Jean Luc Habyarimana adahakana ahubwo agaragaza ko ari ingendo nk’iz’umuntu wigenga, yakirwa n’inzego za Leta ku buryo budasanzwe, harimo no guhabwa uburinzi n’abantu bashinzwe kurinda Perezida Tshisekedi.
Amakuru yizwe yemeza ko izo ngendo zigamije guhuza imitwe itandukanye irwanya u Rwanda, harimo na FDLR, umutwe ugizwe ahanini n’abahoze mu ngabo za FAR n’Interahamwe bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Izina rya Jean-Luc Habyarimana ryigeze kuvugwa mu buhamya bwatanzwe mu iperereza ryakorewe mu Bubiligi nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Iryo buhamya riri mu nyandiko izwi nka “Pro Justitia”, yagejejwe ku rwego rw’ubugenzacyaha rwa gisirikare mu Bubiligi ku wa 22 Kamena 1994.
Iyo nyandiko yashyikirijwe n’abana ba Dr Emmanuel Akingeneye, wari muganga wihariye wa Perezida Habyarimana. Abo bana ari bo Jeanne Uwanyirigira na Marie-Claire Uwimbabazi bavuze ko ku wa 7 Mata 1994 bagejejwe ku rugo rwa Habyarimana n’imodoka za gisirikare.
Mu buhamya bwabo bavuze ko Agathe Kanziga, umugore wa Habyarimana, yababwiye ko badakwiye kurira ahubwo bakwiye gufata intwaro nk’uko umwana we Jean-Luc Habyarimana yabigenzaga, kuko ngo yari yitwaje imbunda yo mu bwoko bwa R4.
Abo batangabuhamya bavuga ko muri icyo gihe bari bari gusenga, mu gihe Agathe Kanziga na we yasengeraga hejuru asaba Imana gufasha Interahamwe kurwanya “umwanzi” no guha intwaro ingabo za FAR. Bavuze kandi ko mu nzu hari harimo na bashiki ba Habyarimana bari ababikira.
Nk’uko ubuhamya bwabo bubivuga, abantu bari muri iyo nzu ngo bishimiraga amakuru y’urupfu rw’abanyapolitiki yavugwaga kuri telefone, bakabyishimira nk’aho ari ikipe imaze gutsinda igitego.
Ikindi cyagaragaye muri ubwo buhamya ni uko igihe imirambo y’abaguye mu ndege ya Habyarimana yajyanwaga i Kanombe, Dr Baransalitse ngo yegereye umurambo wa Agathe Uwilingiyimana, wari Minisitiri w’Intebe, maze Jean-Luc Habyarimana akavuga ko yumvaga ashaka kurasa uwo murambo.
Muri iki gihe, abasesenguzi bavuga ko kugaragara kwa Jean-Luc Habyarimana mu migambi ya politiki y’akarere bishobora kongera impungenge, kubea hari imbaraga zimukoresha mu guhuza imitwe irwanya u Rwanda.
Gusa ubwirinzi bw’u Rwanda baziko butajegajega. 
Hari ababona ko kuba agaragara kenshi i Kinshasa, aho yakirwa mu buryo buvugwaho kuba bwihariye ndetse akanarindwa n’inzego z’umutekano za Congo, bituma abantu benshi bibaza niba koko izo ngendo ari izigenga nk’uko byagiye bivugwa.
Ku rundi ruhande, bamwe mu bakurikiranira hafi politiki y’akarere bavuga ko gukoresha abantu bafite amateka ajyanye n’imitwe yagize uruhare muri Jenoside cyangwa iyikomokaho bishobora kurushaho kongera umwuka mubi mu karere k’Ibiyaga Bigari.
2026-03-09
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Perezida Kagame  yageze i Kinshasa aho  yitabiriye umuhango w’ishyingurwa na Etienne Tshisekedi

Perezida Kagame yageze i Kinshasa aho yitabiriye umuhango w’ishyingurwa na Etienne Tshisekedi

Ubwanditsi 31 May 2019
Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa imyaka myinshi yatangiye gukorwaho iperereza riganisha kumuta muri yombi

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa imyaka myinshi yatangiye gukorwaho iperereza riganisha kumuta muri yombi

Ubwanditsi 30 Oct 2021
Ubutegetsi muri Uganda burashaka kwigizayo umukuru wa Polisi bwitwaje u Rwanda

Ubutegetsi muri Uganda burashaka kwigizayo umukuru wa Polisi bwitwaje u Rwanda

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Ubwanditsi 22 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwububa abonwa n’uhagaze: Ukekwaho Jenoside yafatiwe mu Giporoso nyuma y’igihe kinini  yihishahisha
Mu Mahanga

Uwububa abonwa n’uhagaze: Ukekwaho Jenoside yafatiwe mu Giporoso nyuma y’igihe kinini yihishahisha

Ubwanditsi 12 May 2016
Umukomando wa Israel yasobanuye ibijyanye n’igitero bagabye i Kampala mu 1976 ( Reba Video )
Mu Rwanda

Umukomando wa Israel yasobanuye ibijyanye n’igitero bagabye i Kampala mu 1976 ( Reba Video )

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Kigali : Ibihugu hafi  200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons
Mu Mahanga

Kigali : Ibihugu hafi 200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons

Ubwanditsi 15 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru