• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Argentina yatwaye igikombe cy’isi 2022 itsinze u Bufaransa ku mukino wa nyuma, Lionel Messi ahembwa nk’umukinnyi w’irushanwa

Argentina yatwaye igikombe cy’isi 2022 itsinze u Bufaransa ku mukino wa nyuma, Lionel Messi ahembwa nk’umukinnyi w’irushanwa

Ubwanditsi 18 Dec 2022 Amakuru, IMIKINO

Abakunzi b’umupira w’amaguru hirya no hino ku isi bari bamaze iminsi berekeje amaso mu gihugu cya Qatar ahabereye igikombe cy’Isi 2022, ni igikombe cyegukanywe na Argentina itsinze ikipe y’igihugu y’u Bufaransa ku mukino wa nyuma wabaye kuri iki cyumweru.

Uyu mukino wa nyuma wabereye kuri Lusail Stadium wakurikiwe n’abantu 88,966 ndetse barimo n’abanyacyubahiro batandukanye barimo Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, Perezida w’igihugu cy’u Bufaransa, Emmanuel Macron ndetse n’abandi batandukanye.

Ikipe y’igihugu ya Argentina niyo yatangiye neza uyu mukino ubwo ku munota wa 23 gusa Lionel Messi yabonye igitego cya mbere kuri Penaliti yari ikorewe Angel Dimaria.

Dimaria wagize umukino mwiza, yabonye igitego cya kabiri ku munota wa 36 w’umukino bityo igice cya mbere kirangira Argentina iyoboye ku bitego 2-0.

Mu gice cya kabiri cy’uyu mukino ikipe y’u Bufaransa niyo yitwaye neza kuko ku munota wa 80 Kylian Mbappe yabonye igitego kuri Penaliti ndetse aza no gutisinda ikindi gitego nyuma y’umunota umwe, ibi bikaba byatumye amakipe yombi asoza umukino mu minota 90 ari ibitego 2-2 byatumye berekeza mu minota 30 y’inyongera.

Iyi minota ikaba yabonetsemo ibitego bibiri, kimwe ku ruhande rwa Argentina cyatsinzwe na Lione Messi ku munota wa 108 naho ku ruhande rw’u Bufaransa gitsindwa na Mbappe ku munota wa 118, birangira amakipe yombi yerekeje muri Penaliti.

Argentine yahise yegukana igikombe cy’isi 2022 itsinze penaliti 4 kuri 2, ku ruhande rw’u Bufaransa abakinnyi bahushije penaliti ni Kingsley Comman na Aurelien Tchouameni.

Iki gikombe cy’Isi 2022 gitwawe na Argentina gifite umwihariko wo kuba ari nacyo cya nyuma kigiye gukinwa ari amakipe 32 kuko mu cy’ubutaha 2026 kizitabirwa n’amakipe 48.

Argentina ikaba itwaye igikombe cyayo cya 3 ndetse ikaba inegukanye miliyoni 42 z’Amadorali nk’igihembo Nyamukuru, ikipe yabaye iya kabiri ni U Bufaransa, Croatia iba iya Gatatu naho Morocco yo isoje iyi mikino ku mwanya wa kane.

Usibye igikombe ndetse n’imidali yahawe abakinnyi ba Argentina ndetse n’u Bufaransa, dore uko ibindi bihembo byatanzwe ndetse n’ababitwaye:

Umukinnyi muto: Enzo Fernandez (Argentina)

Umunyezamu: Emiliano Martinez (Argentina)

Uwatsinze ibitego byinshi: Kylian Mbappe yatsinze ibitego 8 akinira u Bufaransa

Umukinnyi w’irushanwa: Lionel Messi (Argentina).

2022-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Prof Charles Kambanda wahungiye ubutabera muri Amerika, yamunzwe n’ingengabitekerezo ya jenoside, abamuzi bakemeza ko ameze nk’uwataye umutwe.

Prof Charles Kambanda wahungiye ubutabera muri Amerika, yamunzwe n’ingengabitekerezo ya jenoside, abamuzi bakemeza ko ameze nk’uwataye umutwe.

Ubwanditsi 29 Oct 2020
Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10

Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10

Ubwanditsi 06 Mar 2024
Amafoto – Jimmy Gatete yahuriye i Kinshasa n’abakinnyi ndetse n’abayobozi ba AS Kigali abona n’umwanya wo kuganira nabo bitegura guhura n’ikipe ya DCMP

Amafoto – Jimmy Gatete yahuriye i Kinshasa n’abakinnyi ndetse n’abayobozi ba AS Kigali abona n’umwanya wo kuganira nabo bitegura guhura n’ikipe ya DCMP

Ubwanditsi 21 Oct 2021
Umukobwa wa Anatole Nsengiyumva yagaragaje uburyo ingengabitekerezo ya Jenoside yimuriwe muri Kongo igihe abicanyi bahungiragayo

Umukobwa wa Anatole Nsengiyumva yagaragaje uburyo ingengabitekerezo ya Jenoside yimuriwe muri Kongo igihe abicanyi bahungiragayo

Ubwanditsi 28 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yatsinzwe na Cameroun, akomeza kuba aya nyuma mu itsinda
IMIKINO

Amavubi yatsinzwe na Cameroun, akomeza kuba aya nyuma mu itsinda

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo
Mu Mahanga

Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo

Ubwanditsi 25 Jan 2017
Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul
Amakuru

Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

RUSHYASHYA 08 Nov 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru