• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe   |   16 Nov 2025

  • Byahuriranye? Rayon Sports yatandukanye n’umutoza Afahmia Lofti, Paul Muvunyi atumiza inama y’intekorusange   |   15 Nov 2025

  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Argentina yatwaye igikombe cy’isi 2022 itsinze u Bufaransa ku mukino wa nyuma, Lionel Messi ahembwa nk’umukinnyi w’irushanwa

Argentina yatwaye igikombe cy’isi 2022 itsinze u Bufaransa ku mukino wa nyuma, Lionel Messi ahembwa nk’umukinnyi w’irushanwa

Editorial 18 Dec 2022 Amakuru, IMIKINO

Abakunzi b’umupira w’amaguru hirya no hino ku isi bari bamaze iminsi berekeje amaso mu gihugu cya Qatar ahabereye igikombe cy’Isi 2022, ni igikombe cyegukanywe na Argentina itsinze ikipe y’igihugu y’u Bufaransa ku mukino wa nyuma wabaye kuri iki cyumweru.

Uyu mukino wa nyuma wabereye kuri Lusail Stadium wakurikiwe n’abantu 88,966 ndetse barimo n’abanyacyubahiro batandukanye barimo Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, Perezida w’igihugu cy’u Bufaransa, Emmanuel Macron ndetse n’abandi batandukanye.

Ikipe y’igihugu ya Argentina niyo yatangiye neza uyu mukino ubwo ku munota wa 23 gusa Lionel Messi yabonye igitego cya mbere kuri Penaliti yari ikorewe Angel Dimaria.

Dimaria wagize umukino mwiza, yabonye igitego cya kabiri ku munota wa 36 w’umukino bityo igice cya mbere kirangira Argentina iyoboye ku bitego 2-0.

Mu gice cya kabiri cy’uyu mukino ikipe y’u Bufaransa niyo yitwaye neza kuko ku munota wa 80 Kylian Mbappe yabonye igitego kuri Penaliti ndetse aza no gutisinda ikindi gitego nyuma y’umunota umwe, ibi bikaba byatumye amakipe yombi asoza umukino mu minota 90 ari ibitego 2-2 byatumye berekeza mu minota 30 y’inyongera.

Iyi minota ikaba yabonetsemo ibitego bibiri, kimwe ku ruhande rwa Argentina cyatsinzwe na Lione Messi ku munota wa 108 naho ku ruhande rw’u Bufaransa gitsindwa na Mbappe ku munota wa 118, birangira amakipe yombi yerekeje muri Penaliti.

Argentine yahise yegukana igikombe cy’isi 2022 itsinze penaliti 4 kuri 2, ku ruhande rw’u Bufaransa abakinnyi bahushije penaliti ni Kingsley Comman na Aurelien Tchouameni.

Iki gikombe cy’Isi 2022 gitwawe na Argentina gifite umwihariko wo kuba ari nacyo cya nyuma kigiye gukinwa ari amakipe 32 kuko mu cy’ubutaha 2026 kizitabirwa n’amakipe 48.

Argentina ikaba itwaye igikombe cyayo cya 3 ndetse ikaba inegukanye miliyoni 42 z’Amadorali nk’igihembo Nyamukuru, ikipe yabaye iya kabiri ni U Bufaransa, Croatia iba iya Gatatu naho Morocco yo isoje iyi mikino ku mwanya wa kane.

Usibye igikombe ndetse n’imidali yahawe abakinnyi ba Argentina ndetse n’u Bufaransa, dore uko ibindi bihembo byatanzwe ndetse n’ababitwaye:

Umukinnyi muto: Enzo Fernandez (Argentina)

Umunyezamu: Emiliano Martinez (Argentina)

Uwatsinze ibitego byinshi: Kylian Mbappe yatsinze ibitego 8 akinira u Bufaransa

Umukinnyi w’irushanwa: Lionel Messi (Argentina).

2022-12-18
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: AIGP Kasingye wari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda yasimbujwe

Uganda: AIGP Kasingye wari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda yasimbujwe

Editorial 15 Nov 2017
ICYOBA: FARDC na Wazalendo yayo, Abarundi n’indi mitwe uruhumbirajana babuze ayo bacira n’ayo bamira kubera igotwa rya Goma

ICYOBA: FARDC na Wazalendo yayo, Abarundi n’indi mitwe uruhumbirajana babuze ayo bacira n’ayo bamira kubera igotwa rya Goma

Editorial 05 Feb 2024
Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Editorial 22 Aug 2021
Amavubi yahagurukanye abakinnyi 18 yerekeje muri Madagascar  gukina imikino ibiri ya gicuti

Amavubi yahagurukanye abakinnyi 18 yerekeje muri Madagascar gukina imikino ibiri ya gicuti

Editorial 18 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo Koga irabarizwa muri Tanzania aho igiye gukina Irushanwa rya CANA ZONE 3 Swimming Championship
Amakuru

Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo Koga irabarizwa muri Tanzania aho igiye gukina Irushanwa rya CANA ZONE 3 Swimming Championship

Editorial 17 Nov 2022
Gucyurirana mu bikomeje kuranga INTAMBARA y’amagambo hagati ya Conte na Mourinho
IMIKINO

Gucyurirana mu bikomeje kuranga INTAMBARA y’amagambo hagati ya Conte na Mourinho

Editorial 06 Jan 2018
Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko
Mu Rwanda

Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko

Editorial 09 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru