• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amavubi yatsinzwe na Cameroun, akomeza kuba aya nyuma mu itsinda

Amavubi yatsinzwe na Cameroun, akomeza kuba aya nyuma mu itsinda

Ubwanditsi 18 Nov 2019 IMIKINO

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, yatsinzwe na Cameroun igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa kabiri wo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika (CAN 2021) wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri iki Cyumweru.

Icyizere cy’Amavubi kiragabanuka umunsi ku wundi nyuma yo gutakaza uyu mukino wa kabiri kuko yaherukaga gutsindwa na Mozambique ku wa Kane.

Amavubi yagarutse mu Rwanda ejo hashize, yinjiye neza mu mukino, atangira asatira Cameroun, ariko umupira wahinduwe na Omborenga Fitina, ntiwagerwaho na Meddie Kagere mbere y’uko Imanishimwe Emmanuel atera ishoti ryagiye hanze.

Ahagana ku munota wa 11, Kagere Meddie yacenze umunyezamu André Onana, ateye umupira mu izamu ufata inshundura ntoya mu gihe Hakizimana Muhadjiri yabonye uburyo bwiza, umupira yateye ushyirwa muri koruneri.

Muri iki gice cya mbere, Cameroun yabonye uburyo bubiri bwiza, ariko Vincent Aboubakar ananirwa gutsinda umupira yahawe Ambroise Bitolo, awutera hanze mu gihe na Christian Bassogog yabonye uburyo bwiza mu rubuga rw’amahina, agorwa na Nirisarike Salomon.

Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Bizimana Djihad yagerageje amashoti abiri akomeye, yombi aca hejuru y’izamu rya Cameroun.

Nyuma y’iminota 10 igice cya kabiri gitangiye, Mashami yakoze impinduka ya mbere, Hakizimana Muhadjiri asimburwa na Sibomana Patrick mu gihe Imanishimwe Emmanuel wavunitse ku munota wa 65, yasimbuwe na Rutanga Eric.

Cameroun yabonye igitego ku munota wa 69, gitsinzwe na Mouni Ngamaleu wateranye umupira Nirisarike Salomon, umunyezamu Kimenyi Yves ntiyawukurikira, umuca imbere ujya mu izamu.

Mu minota ya nyuma, Amavubi yasatiriye bikomeye izamu rya Cameroun, ariko abarimo Tuyisenge Jacques na Kagere Meddie bagorwa n’umunyezamu André Onana na ba myugariro Dawa Joyskin na Michael Ngadeu.

Gutsinda uyu mukino byatumye Cameroun izakira CAN 2021, iyobora itsinda F n’amanota ane, ikurikiwe na Mozambique ifite amanota atatu, Cap-Vert ifite inota rimwe mu gihe u Rwanda rufite ubusa.

Cap-Vert izakira Mozambique mu mukino uzaba kuri uyu wa Mbere.

2019-11-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwongeye gusubira inyuma ku rutonde rwa FIFA

U Rwanda rwongeye gusubira inyuma ku rutonde rwa FIFA

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Police FC yegukanye “Inkera y’Abahizi” yitabiriwe na AS Kigali, Azam FC na APR FC yateguye iri rushanwa

Police FC yegukanye “Inkera y’Abahizi” yitabiriwe na AS Kigali, Azam FC na APR FC yateguye iri rushanwa

Ubwanditsi 25 Aug 2025
Impinduka ku mikino ya Shampiyona y’u Rwanda y’umunsi wa 26, Kiyovu SC na APR FC zashyizwe ku munsi umwe

Impinduka ku mikino ya Shampiyona y’u Rwanda y’umunsi wa 26, Kiyovu SC na APR FC zashyizwe ku munsi umwe

Ubwanditsi 14 Apr 2023
Imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ni icyaha cyangwa ni ngombwa ko ibaho?

Imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ni icyaha cyangwa ni ngombwa ko ibaho?

Ubwanditsi 15 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi
HIRYA NO HINO

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

Ubwanditsi 21 Nov 2019
Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo
IMIKINO

Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Irimbuka rya CNRD/FLN ya Calixte Sankara, Rusesabagina na Twagiramungu
INKURU NYAMUKURU

Irimbuka rya CNRD/FLN ya Calixte Sankara, Rusesabagina na Twagiramungu

Ubwanditsi 17 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru