• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Museveni yakuriye inzira ku murima abatekereza ko agiye kuva ku butegetsi

Museveni yakuriye inzira ku murima abatekereza ko agiye kuva ku butegetsi

Ubwanditsi 13 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko adateganya kuva ku butegetsi mu gihe ibibazo by’iterambere n’umutekano byugarije Afurika bitaracocwa birambye.

Ni amagambo yatangarije abayobozi b’amashyaka ya politiki muri Uganda mu nama iyahuza mu kiganiro kizwi nka “Inter-Party Organisation for Dialogue (IPOD)” yabereye mu Mujyi wa Kampala ku wa 12 Ukuboza 2018.

Perezida Museveni yababwiye ko adateganya kuva ku butegetsi ndetse bakwiye kwibagirwa ibyo kubuhererekanya.

Iyi nama yitabiriwe na Perezida Museveni uhagarariye Ishyaka riri ku Butegetsi muri Uganda rya NRM n’abayobora amashyaka atavuga rumwe na Leta barimo Jimmy Akena wa People’s Congress (UPC); Norbert Mao wa Democratic Party (DP) na Asuman Basalirwa wa Justice Forum (Jeema).

Ishyaka rya Forum for Democratic Change (FDC) ntiryitabiriye iyi nama rivuga ko leta yahonyoye uburenganzira bwaryo.

Monitor yanditse ko iyi nama yanitabiriwe n’abanyamabanga bakuru b’amashyaka, abagize sosiyete sivile n’ihuriro ry’amadini muri Uganda, abasaza bagize akanama k’inararibonye n’Umuyobozi wa Komisiyo y’Amatora, Justice Simon Byabakama.

Yasuzumiwemo ingingo zibanze ku kwagura imikorere y’amashyaka ya politiki, kwiga ku mavugurura y’itegeko nshinga agamije kunoza imikorere iyahuza, kuzamura uruhare rwayo mu bikorwa bya politiki no kunoza imiyoborere, uburenganzira bwa muntu no kubahiriza amategeko.

Imyanzuro y’ibyaganiriweho yoherejwe ku bazayigaho mbere yo kuyemeza mu nama yo ku wa 15 Gicurasi 2019.

Museveni w’imyaka 74 ayoboye Uganda kuva mu 1986. Mu ntangiriro z’umwaka utaha azaba yujuje imyaka 33 ari ku butegetsi.

Umuyobozi w’Ishyaka rya DP, Norbert Mao n’uyobora Justice Forum (Jeema), Asuman Basalirwa, bavuze ko bategereje umunsi Museveni azajya mu birori byo kurahiza umusimbura we, akanamuha ububasha.

Perezida Museveni yabasubije ko bakwiye guhindura inzozi zabo niba batekereza ko azava ku butegetsi vuba.

Yavuze ko impamvu yinjiye muri politiki ari ukurwana urugamba rw’iterambere no kugarurira Afurika umutekano yambuwe n’abakoloni batsinze abami batari bafite ubwirinzi buhagije.

Yagize ati “Numvise abantu barimo Mao bavuga ibyo guhererekanya ubuyobozi. Ni gute bashaka kwicara bakareba Museveni atanga ubutegetsi?”

Museveni uvuga ko nta zindi nyungu afite muri politiki kuko ari umworozi, yababajije abayobozi bashya bashaka gutora umwihariko bazazana.

Ati “Nk’umunyapolitiki aho kuvuga ku hazaza ha Afurika, urita ku bintu bito, amatora, ni inde uzatorwa. Niyo mpamvu navuze ko nkifite imbaraga, nzakomeza. Niko mbyumva ko ntashobora kuva ku butegetsi mu gihe ibibazo byari bigiye gushyira Afurika mu manga bitararangira.”

Muri Kanama 2018 Uganda yashinjwe guhohotera no gukorera iyicarubozo abadepite barimo Robert Kyagulanyi [Bobi Wine], Francis Zaake, Gerald Karuhanga, Paul Mwiru na Kassiano Wadri mu matora y’uhagararira agace ka Arua mu Nteko Ishinga Amategeko.

Basalirwa yavuze ko “Twaje hano ngo duhabwe icyizere ko nta hohoterwa abanyapolitiki batavuga rumwe na Leta bazongera gukorerwa ku buryo nitunava mu gihugu tuzajya tubyishimira. Ni ukutwizeza ko nta gutabwa muri yombi cyangwa gufungwa mu gihe iperereza rikomeje bizongera kubaho.”

Museveni yemeranyije n’abayobozi b’amashyaka batavuga rumwe ku kibazo cy’iyicarubozo, ubwisanzure bwo gukorana mu gihe byubahirije amategeko.

Yanashimangiye ko nta tabwa muri yombi n’ifungwa rizabaho mbere y’iperereza ryimbitse.

2018-12-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ubwanditsi 21 May 2025
Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Imyaka ibiri irashize Ingabire Victoire ahawe imbabazi akarekurwa, akabaye icwende ntikoga ngo gashire umunuko

Imyaka ibiri irashize Ingabire Victoire ahawe imbabazi akarekurwa, akabaye icwende ntikoga ngo gashire umunuko

Ubwanditsi 16 Sep 2020
Menya Amateka ya Perezida Paul Kagame wizihiza isabukuru y’imyaka 61

Menya Amateka ya Perezida Paul Kagame wizihiza isabukuru y’imyaka 61

Ubwanditsi 23 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.
Amakuru

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.

Ubwanditsi 13 Jul 2021
Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina
MULTIMEDIA

Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina

Ubwanditsi 11 May 2017
Igikomangoma Harry na Meghan bagiye kurira ukwezi kwa buki muri Canada
HIRYA NO HINO

Igikomangoma Harry na Meghan bagiye kurira ukwezi kwa buki muri Canada

Ubwanditsi 28 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru