• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Museveni yakuriye inzira ku murima abatekereza ko agiye kuva ku butegetsi

Museveni yakuriye inzira ku murima abatekereza ko agiye kuva ku butegetsi

Ubwanditsi 13 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko adateganya kuva ku butegetsi mu gihe ibibazo by’iterambere n’umutekano byugarije Afurika bitaracocwa birambye.

Ni amagambo yatangarije abayobozi b’amashyaka ya politiki muri Uganda mu nama iyahuza mu kiganiro kizwi nka “Inter-Party Organisation for Dialogue (IPOD)” yabereye mu Mujyi wa Kampala ku wa 12 Ukuboza 2018.

Perezida Museveni yababwiye ko adateganya kuva ku butegetsi ndetse bakwiye kwibagirwa ibyo kubuhererekanya.

Iyi nama yitabiriwe na Perezida Museveni uhagarariye Ishyaka riri ku Butegetsi muri Uganda rya NRM n’abayobora amashyaka atavuga rumwe na Leta barimo Jimmy Akena wa People’s Congress (UPC); Norbert Mao wa Democratic Party (DP) na Asuman Basalirwa wa Justice Forum (Jeema).

Ishyaka rya Forum for Democratic Change (FDC) ntiryitabiriye iyi nama rivuga ko leta yahonyoye uburenganzira bwaryo.

Monitor yanditse ko iyi nama yanitabiriwe n’abanyamabanga bakuru b’amashyaka, abagize sosiyete sivile n’ihuriro ry’amadini muri Uganda, abasaza bagize akanama k’inararibonye n’Umuyobozi wa Komisiyo y’Amatora, Justice Simon Byabakama.

Yasuzumiwemo ingingo zibanze ku kwagura imikorere y’amashyaka ya politiki, kwiga ku mavugurura y’itegeko nshinga agamije kunoza imikorere iyahuza, kuzamura uruhare rwayo mu bikorwa bya politiki no kunoza imiyoborere, uburenganzira bwa muntu no kubahiriza amategeko.

Imyanzuro y’ibyaganiriweho yoherejwe ku bazayigaho mbere yo kuyemeza mu nama yo ku wa 15 Gicurasi 2019.

Museveni w’imyaka 74 ayoboye Uganda kuva mu 1986. Mu ntangiriro z’umwaka utaha azaba yujuje imyaka 33 ari ku butegetsi.

Umuyobozi w’Ishyaka rya DP, Norbert Mao n’uyobora Justice Forum (Jeema), Asuman Basalirwa, bavuze ko bategereje umunsi Museveni azajya mu birori byo kurahiza umusimbura we, akanamuha ububasha.

Perezida Museveni yabasubije ko bakwiye guhindura inzozi zabo niba batekereza ko azava ku butegetsi vuba.

Yavuze ko impamvu yinjiye muri politiki ari ukurwana urugamba rw’iterambere no kugarurira Afurika umutekano yambuwe n’abakoloni batsinze abami batari bafite ubwirinzi buhagije.

Yagize ati “Numvise abantu barimo Mao bavuga ibyo guhererekanya ubuyobozi. Ni gute bashaka kwicara bakareba Museveni atanga ubutegetsi?”

Museveni uvuga ko nta zindi nyungu afite muri politiki kuko ari umworozi, yababajije abayobozi bashya bashaka gutora umwihariko bazazana.

Ati “Nk’umunyapolitiki aho kuvuga ku hazaza ha Afurika, urita ku bintu bito, amatora, ni inde uzatorwa. Niyo mpamvu navuze ko nkifite imbaraga, nzakomeza. Niko mbyumva ko ntashobora kuva ku butegetsi mu gihe ibibazo byari bigiye gushyira Afurika mu manga bitararangira.”

Muri Kanama 2018 Uganda yashinjwe guhohotera no gukorera iyicarubozo abadepite barimo Robert Kyagulanyi [Bobi Wine], Francis Zaake, Gerald Karuhanga, Paul Mwiru na Kassiano Wadri mu matora y’uhagararira agace ka Arua mu Nteko Ishinga Amategeko.

Basalirwa yavuze ko “Twaje hano ngo duhabwe icyizere ko nta hohoterwa abanyapolitiki batavuga rumwe na Leta bazongera gukorerwa ku buryo nitunava mu gihugu tuzajya tubyishimira. Ni ukutwizeza ko nta gutabwa muri yombi cyangwa gufungwa mu gihe iperereza rikomeje bizongera kubaho.”

Museveni yemeranyije n’abayobozi b’amashyaka batavuga rumwe ku kibazo cy’iyicarubozo, ubwisanzure bwo gukorana mu gihe byubahirije amategeko.

Yanashimangiye ko nta tabwa muri yombi n’ifungwa rizabaho mbere y’iperereza ryimbitse.

2018-12-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 20 Mar 2024
U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda

U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Umugambanyi Kamanzi Djanessa arasaba ubuhungiro muri Suede yitwaje Diane Rwigara

Umugambanyi Kamanzi Djanessa arasaba ubuhungiro muri Suede yitwaje Diane Rwigara

Ubwanditsi 15 Jan 2020
Imyaka 11 irashize Ernest Manirumva yishwe n’abayobozi ba CNDD FDD nyuma yo gukora iperereza ryimbitse k’uburyo CNDD FDD igurira intwaro FDLR

Imyaka 11 irashize Ernest Manirumva yishwe n’abayobozi ba CNDD FDD nyuma yo gukora iperereza ryimbitse k’uburyo CNDD FDD igurira intwaro FDLR

Ubwanditsi 10 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Young Africans sc ya Haruna Niyonzima yasezerewe muri Confederations Cup
IMIKINO

Young Africans sc ya Haruna Niyonzima yasezerewe muri Confederations Cup

Ubwanditsi 14 Aug 2016
Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.
Amakuru

Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye siporo rusange , aboneraho gusura ibice bitandukanye birimo Biryogo
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye siporo rusange , aboneraho gusura ibice bitandukanye birimo Biryogo

Ubwanditsi 01 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru