• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yongeye kuvuga k’uruhare rwa Uganda mu guhohotera Abanyarwanda

Perezida Kagame yongeye kuvuga k’uruhare rwa Uganda mu guhohotera Abanyarwanda

Ubwanditsi 20 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Tariki 18 Kamena 2019, Perezida Kagame yitabiriye inama yateguwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yiga ku iterambere izwi nka ‘Journée Européenne du développement’. Yanaganiriye n’ibinyamakuru bitandukanye harimo ikinyamakuru cyo mu Budage cyitwa “Die Tageszeitung” aho bagiranye ikiganiro kirambuye.

Turabagezaho inshamake yibyo yavuze kuruhare rwa Uganda mu gutoteza Abanyarwanda no gushyigikira imitwe irwanya u Rwanda ndetse no kwishyira hamwe kwa Rusesabagina na Twagiramungu (twabagejejeho birambuye mu nkuru: Agaco K’imburabuza: Perezida Kagame Avuga Kuri Twagiramungu, Rusesabagina Na MRCD.)

Perezida Kagame yabajijwe uko umubano w’u Rwanda na Uganda wifashe ndetse n’ingaruka byagize ku bukungu bw’umuryango mu karere k’iburasirazuba.

Perezida Kagame yagize ati “Ikibazo icyaricyo cyose cy’imibanire kigira ingaruka ku bucuruzi n’ubukungu, ntawabishidikanyaho. Niyo mpamvu nta bibazo dushaka. Ariko muri politike, turabibona hirya no hino ku isi. Natwe twagiye tugira ibibazo by’imibanire imyaka myinshi. Biraza bikarangira. Twizera ko hari igihe bizashira burundu. Tubona Uganda igira uruhare mu gushyigikira imitwe yitwaje intwaro iturwanya ngo kuko batekereza ko tudaharanira inyungu zabo. Ntabwo bishimira ko u Rwanda rwigenga, ahubwo bakumvako u Rwanda rugomba kububaha …ibintu nk’ibyo.”

Yakomeje agira ati: “Tubona abantu bacu bafatwa bagafungwa muri Uganda. Twabonye amagana y’Abanyarwanda bafungiye muri gereza muri Uganda. Uganda igakomeza ivuga inkuru zitandukanye, nko kuvuga ngo binjiye mu Bugande ku buryo butemewe n’amategeko, ngo n’intasi…Ibi twabivuze ku mugaragaro nyuma yo gukusanya amakuru nuko baravuga ngo ibi byose mubimenya gute? Ntawe basiga, bafunga abagore, abagabo ndetse n’abasore n’inkumi. Hari n’abafashwe bakuwe mu mashuri. Ubwo mperuka kubonana na Perezida Museveni namubwiye ko ibyo birego ari ibihuha. Mu barenga Magana abiri bafashwe nta numwe babonanye icyaha. Ibi bikwereke uburemere bw’ikibazo, byatumye tuburira abaturage bacu kutajya muri Uganda, kuko tutabasha gutegeka ibyo Uganda yakora. Twarabasabye twarabinginze ….turabasaba ngo niba mufite Abanyarwanda bakoze ibyaha, mubashyikirize inkiko aho kubagumana muri ma gereza. Abantu baraza bakatubwira ngo bamaze amezi icyenda cyangwa umwaka ntacyo bashinjwa. Ariko twaricecekeye, abantu batinya kudushoraho intambara. Nta niyo mbona kuko na Uganda izi neza ikiguzi cy’intambara. Ushobora gukora ibyo ushaka mu gihugu cyawe ariko kurenga umurongo utukura ni ukwambuka umupaka”

Perezida Kagame mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique mu mpera za Werurwe yabajijwe kuri iyi ntambara maze asubiza ati “ Twabatsinze ubugira gatatu, ni ukuri.”

Muri iki kiganiro na TAZ, Umukuru w’Igihugu yongeye gushimangira ko u Rwanda rudashobora kwihanganira umuntu uhungabanya umutekano warwo ari ku butaka bwarwo.

2019-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2019
Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Ubwanditsi 07 Apr 2024
Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.

Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.

Ubwanditsi 27 Jul 2021
Lt Col Rugigana Ngabo yagejejwe mu rw’ikirenga ntiyaburanishwa

Lt Col Rugigana Ngabo yagejejwe mu rw’ikirenga ntiyaburanishwa

Ubwanditsi 12 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu bizamini bisoza amashuli yisumbuye, ababarirwa kuri 82% nibo batsinze
Mu Mahanga

Mu bizamini bisoza amashuli yisumbuye, ababarirwa kuri 82% nibo batsinze

Ubwanditsi 18 Feb 2016
Lt Col Rugigana  bavugaga ko yatorotse gereza agiye kugezwa mu rw’ikirenga kubera ibyaha ashinjwa gufatanya na Kayumba
INKURU NYAMUKURU

Lt Col Rugigana bavugaga ko yatorotse gereza agiye kugezwa mu rw’ikirenga kubera ibyaha ashinjwa gufatanya na Kayumba

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Perezida Kagame yageze  muri Gabon mu ruzinduko rw’akazi ( Amafoto )
Mu Rwanda

Perezida Kagame yageze muri Gabon mu ruzinduko rw’akazi ( Amafoto )

Ubwanditsi 28 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru