• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 05 Jul 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Ubu ni ubutumwa twohererejwe n’umusomyi wa Rushyashya, Alphonse Munyaneza, amaze kubona ibyashyizwe ku mbuga nkoranyambaga na rya ngirwashyaka ”Ishema” rya Thomas Nahimana n’ izindi nkorabusa babana muri icyo kiryabarezi.

Izo mburamumaro ngo zakoze ”Kongere” (y’ishyaka ritagira abayoboke nibura 50!), maze zemeza ko umugore witwa Nadine Claire KASINGE azahagararira ISHEMA mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo mu mwaka wa 2024!

Aha rero niho Alphonse Munyaneza asanga mu gihe twizihiza ukwibohora kw’Abanyarwanda, bikwiye no kuba umwanya mwiza wo kwiyama abagisuzugura ko uRwanda, bibwira ko rukiri “agahugu” gashobora kuyoborwa n’inzererezi zibonetse zose, zirimo abicanyi, abanyoni, indaya n’abandi batagira ubunyangamugayo na mba.

Bwana Munyaneza ati:”Byonyine gutinyuka ugatangaza ko Nadine Kasinge yaba umukandida ku mwanya ukomeye nk’uriya, ni igitutsi ku Banyarwanda. Umuntu wananiwe urugo rwe kubera kwigurisha, yubahuka ate gusaba Abanyarwanda kubayobora?”

Uyu Nadine Claire Kasinge azwi cyane mu Migina, i Remera ya Kigali, aho yari atuye mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Amakuru Rushyashya igikorera ubucukumbuzi avuga ko ise umubyara yaba yarijanditse muri Jenoside, nk’uko abatangabuhamya banyuranye babitangaje kenshi.

Mu mwaka wa 2017, uyu Nadine Kasinge na Thomas Nahimana batekeye umutwe abaterankuna babo, babemeza ko baje mu Rwanda kwamamaza Nahimana ngo abe Perezida wa Repubulika.

Kwari ukubeshya ngo bibonere amafaranga atuma basunika iminsi, kuko bageze i Nairobi muri Kenya, Nahimana Thomas na Nadine Kasinge bagakatira nzira ku mpamvu abazi neza aba abatekamutwe bari baravuze na mbere y’uko bahaguruka i Burayi

Ntibari baje kwiyamamaza, ahubwo bwari uburyo bwo kwisaruriza amafaranga y’abafatanyabikorwa bashukina, no kwinezeza mu kwezi kwa buki, dore ko bombi bari baratangiye kwitwara nk’abashakanye.

Umusomyi wacu, Alphonse Munyaneza, yibukije ko iri ngirwashyaka “Ishema”, ari naryo ryashyizeho”guverinoma” ya baringa, ngo ikorera mu buhungiro.

Uretse abashize amanegu nka Padiri Thomas Nahimana, Claire Nadine Kasinge urota kuba Perezida w’uRwanda, inkunguzi y’umugore Sylvie Mukankiko, Chaste Gahunde we unaregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Komini Mushubati, hari benshi mu bahoze ari inkundarubyino za Padiri Nahimana bagiye bamwipakurura, bamaze kubona ko ari umurwayi wo mu mutwe wigendera.

Aba nyuma bamuvuyeho burundu ubwo yakwizaga igihuha kivanze n’ubusazi, ahamya ko Umukuru w’Igihugu cyacu atakiriho. Isi yose yamuhaye inkwenene, nubwo kimwamwanya atajya agira ikimwaro.

Mu mpera z’icyumweru gishize humvikanye intugunda zashojwe n ’ibigarasha Kayuma Rugema(mubyara wa Kayumba Nyamwasa) na Jean Paul Turayishimiye wo mu kiryanarezi ANC-Urunana, bombi bavuga ko “Ishema” ari agatsiko k’abajura n’ Integahamwe, katagira icyerekezio.

Inkotsa Sylvie Mukankiko yabitaye mu gutwi maze akora mu nganzo, si ukubifatira ku gahanga karaha, abita “ibisambo by’Abatutsi byishakira kuzuza inda gusa”.

Ngiyo rero”opozisiyo” yifuza kuyobora uRwanda nayo ubwayo itiyoboye. Nguwo Claire Nadine Kasinge urota kwicara mu Rugwiro no kwicara mu rugo rwe byaramunaniye.

Igihe kirageze ariko, wa mugani wa Alphonse Munyaneza watwandikiye, ngo izo nzerezi zimenye gutandukanya Umunyarwanda wa none, wamenye uko imiyoborere myiza iteye, n’uwo hambere wakurikiraga politiki y’ubwoko na “humiriza nkuyobore”.

2021-07-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?

Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.

Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Nov 2020
Icyaha cyo gusebanya “Diffamation” nacyo cyakuwe mu gitabo cy’amategeko ahana gishyirwa mu byaha mbonezamubano

Icyaha cyo gusebanya “Diffamation” nacyo cyakuwe mu gitabo cy’amategeko ahana gishyirwa mu byaha mbonezamubano

Ubwanditsi 02 Oct 2018
U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

Ubwanditsi 22 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukozi wo mu rugo yafatanywe asaga miliyoni y’amanyarwanda yibye umukoresha we
Mu Rwanda

Umukozi wo mu rugo yafatanywe asaga miliyoni y’amanyarwanda yibye umukoresha we

Ubwanditsi 19 Apr 2017
Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi
Mu Rwanda

Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi

Ubwanditsi 05 Mar 2017
Bamwe mu bahawe amapeti na Gen. Kale Kayihura bayambuwe
ITOHOZA

Bamwe mu bahawe amapeti na Gen. Kale Kayihura bayambuwe

Ubwanditsi 28 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru