• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 05 Jul 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Ubu ni ubutumwa twohererejwe n’umusomyi wa Rushyashya, Alphonse Munyaneza, amaze kubona ibyashyizwe ku mbuga nkoranyambaga na rya ngirwashyaka ”Ishema” rya Thomas Nahimana n’ izindi nkorabusa babana muri icyo kiryabarezi.

Izo mburamumaro ngo zakoze ”Kongere” (y’ishyaka ritagira abayoboke nibura 50!), maze zemeza ko umugore witwa Nadine Claire KASINGE azahagararira ISHEMA mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo mu mwaka wa 2024!

Aha rero niho Alphonse Munyaneza asanga mu gihe twizihiza ukwibohora kw’Abanyarwanda, bikwiye no kuba umwanya mwiza wo kwiyama abagisuzugura ko uRwanda, bibwira ko rukiri “agahugu” gashobora kuyoborwa n’inzererezi zibonetse zose, zirimo abicanyi, abanyoni, indaya n’abandi batagira ubunyangamugayo na mba.

Bwana Munyaneza ati:”Byonyine gutinyuka ugatangaza ko Nadine Kasinge yaba umukandida ku mwanya ukomeye nk’uriya, ni igitutsi ku Banyarwanda. Umuntu wananiwe urugo rwe kubera kwigurisha, yubahuka ate gusaba Abanyarwanda kubayobora?”

Uyu Nadine Claire Kasinge azwi cyane mu Migina, i Remera ya Kigali, aho yari atuye mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Amakuru Rushyashya igikorera ubucukumbuzi avuga ko ise umubyara yaba yarijanditse muri Jenoside, nk’uko abatangabuhamya banyuranye babitangaje kenshi.

Mu mwaka wa 2017, uyu Nadine Kasinge na Thomas Nahimana batekeye umutwe abaterankuna babo, babemeza ko baje mu Rwanda kwamamaza Nahimana ngo abe Perezida wa Repubulika.

Kwari ukubeshya ngo bibonere amafaranga atuma basunika iminsi, kuko bageze i Nairobi muri Kenya, Nahimana Thomas na Nadine Kasinge bagakatira nzira ku mpamvu abazi neza aba abatekamutwe bari baravuze na mbere y’uko bahaguruka i Burayi

Ntibari baje kwiyamamaza, ahubwo bwari uburyo bwo kwisaruriza amafaranga y’abafatanyabikorwa bashukina, no kwinezeza mu kwezi kwa buki, dore ko bombi bari baratangiye kwitwara nk’abashakanye.

Umusomyi wacu, Alphonse Munyaneza, yibukije ko iri ngirwashyaka “Ishema”, ari naryo ryashyizeho”guverinoma” ya baringa, ngo ikorera mu buhungiro.

Uretse abashize amanegu nka Padiri Thomas Nahimana, Claire Nadine Kasinge urota kuba Perezida w’uRwanda, inkunguzi y’umugore Sylvie Mukankiko, Chaste Gahunde we unaregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Komini Mushubati, hari benshi mu bahoze ari inkundarubyino za Padiri Nahimana bagiye bamwipakurura, bamaze kubona ko ari umurwayi wo mu mutwe wigendera.

Aba nyuma bamuvuyeho burundu ubwo yakwizaga igihuha kivanze n’ubusazi, ahamya ko Umukuru w’Igihugu cyacu atakiriho. Isi yose yamuhaye inkwenene, nubwo kimwamwanya atajya agira ikimwaro.

Mu mpera z’icyumweru gishize humvikanye intugunda zashojwe n ’ibigarasha Kayuma Rugema(mubyara wa Kayumba Nyamwasa) na Jean Paul Turayishimiye wo mu kiryanarezi ANC-Urunana, bombi bavuga ko “Ishema” ari agatsiko k’abajura n’ Integahamwe, katagira icyerekezio.

Inkotsa Sylvie Mukankiko yabitaye mu gutwi maze akora mu nganzo, si ukubifatira ku gahanga karaha, abita “ibisambo by’Abatutsi byishakira kuzuza inda gusa”.

Ngiyo rero”opozisiyo” yifuza kuyobora uRwanda nayo ubwayo itiyoboye. Nguwo Claire Nadine Kasinge urota kwicara mu Rugwiro no kwicara mu rugo rwe byaramunaniye.

Igihe kirageze ariko, wa mugani wa Alphonse Munyaneza watwandikiye, ngo izo nzerezi zimenye gutandukanya Umunyarwanda wa none, wamenye uko imiyoborere myiza iteye, n’uwo hambere wakurikiraga politiki y’ubwoko na “humiriza nkuyobore”.

2021-07-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke

Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke

Ubwanditsi 21 Nov 2016
Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa

Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa

Ubwanditsi 15 Aug 2025
Umuvugizi wa FDLR yemeje ko Col Augustin Nshimiyimana yafatiwe mu rusengero

Umuvugizi wa FDLR yemeje ko Col Augustin Nshimiyimana yafatiwe mu rusengero

Ubwanditsi 09 Jun 2021
Ikibazo cya peteroli gikomereye u Burundi Nkurunziza avugamo umutekano mwinshi

Ikibazo cya peteroli gikomereye u Burundi Nkurunziza avugamo umutekano mwinshi

Ubwanditsi 04 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka yacu ntatwemerera kwirara – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Amateka yacu ntatwemerera kwirara – Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda
ITOHOZA

Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Umuryango wa Patrick Karegeya mu bibazo byo kubona ubuhungiro muri Amerika
ITOHOZA

Umuryango wa Patrick Karegeya mu bibazo byo kubona ubuhungiro muri Amerika

Ubwanditsi 15 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru