• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 05 Jul 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Ubu ni ubutumwa twohererejwe n’umusomyi wa Rushyashya, Alphonse Munyaneza, amaze kubona ibyashyizwe ku mbuga nkoranyambaga na rya ngirwashyaka ”Ishema” rya Thomas Nahimana n’ izindi nkorabusa babana muri icyo kiryabarezi.

Izo mburamumaro ngo zakoze ”Kongere” (y’ishyaka ritagira abayoboke nibura 50!), maze zemeza ko umugore witwa Nadine Claire KASINGE azahagararira ISHEMA mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo mu mwaka wa 2024!

Aha rero niho Alphonse Munyaneza asanga mu gihe twizihiza ukwibohora kw’Abanyarwanda, bikwiye no kuba umwanya mwiza wo kwiyama abagisuzugura ko uRwanda, bibwira ko rukiri “agahugu” gashobora kuyoborwa n’inzererezi zibonetse zose, zirimo abicanyi, abanyoni, indaya n’abandi batagira ubunyangamugayo na mba.

Bwana Munyaneza ati:”Byonyine gutinyuka ugatangaza ko Nadine Kasinge yaba umukandida ku mwanya ukomeye nk’uriya, ni igitutsi ku Banyarwanda. Umuntu wananiwe urugo rwe kubera kwigurisha, yubahuka ate gusaba Abanyarwanda kubayobora?”

Uyu Nadine Claire Kasinge azwi cyane mu Migina, i Remera ya Kigali, aho yari atuye mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Amakuru Rushyashya igikorera ubucukumbuzi avuga ko ise umubyara yaba yarijanditse muri Jenoside, nk’uko abatangabuhamya banyuranye babitangaje kenshi.

Mu mwaka wa 2017, uyu Nadine Kasinge na Thomas Nahimana batekeye umutwe abaterankuna babo, babemeza ko baje mu Rwanda kwamamaza Nahimana ngo abe Perezida wa Repubulika.

Kwari ukubeshya ngo bibonere amafaranga atuma basunika iminsi, kuko bageze i Nairobi muri Kenya, Nahimana Thomas na Nadine Kasinge bagakatira nzira ku mpamvu abazi neza aba abatekamutwe bari baravuze na mbere y’uko bahaguruka i Burayi

Ntibari baje kwiyamamaza, ahubwo bwari uburyo bwo kwisaruriza amafaranga y’abafatanyabikorwa bashukina, no kwinezeza mu kwezi kwa buki, dore ko bombi bari baratangiye kwitwara nk’abashakanye.

Umusomyi wacu, Alphonse Munyaneza, yibukije ko iri ngirwashyaka “Ishema”, ari naryo ryashyizeho”guverinoma” ya baringa, ngo ikorera mu buhungiro.

Uretse abashize amanegu nka Padiri Thomas Nahimana, Claire Nadine Kasinge urota kuba Perezida w’uRwanda, inkunguzi y’umugore Sylvie Mukankiko, Chaste Gahunde we unaregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Komini Mushubati, hari benshi mu bahoze ari inkundarubyino za Padiri Nahimana bagiye bamwipakurura, bamaze kubona ko ari umurwayi wo mu mutwe wigendera.

Aba nyuma bamuvuyeho burundu ubwo yakwizaga igihuha kivanze n’ubusazi, ahamya ko Umukuru w’Igihugu cyacu atakiriho. Isi yose yamuhaye inkwenene, nubwo kimwamwanya atajya agira ikimwaro.

Mu mpera z’icyumweru gishize humvikanye intugunda zashojwe n ’ibigarasha Kayuma Rugema(mubyara wa Kayumba Nyamwasa) na Jean Paul Turayishimiye wo mu kiryanarezi ANC-Urunana, bombi bavuga ko “Ishema” ari agatsiko k’abajura n’ Integahamwe, katagira icyerekezio.

Inkotsa Sylvie Mukankiko yabitaye mu gutwi maze akora mu nganzo, si ukubifatira ku gahanga karaha, abita “ibisambo by’Abatutsi byishakira kuzuza inda gusa”.

Ngiyo rero”opozisiyo” yifuza kuyobora uRwanda nayo ubwayo itiyoboye. Nguwo Claire Nadine Kasinge urota kwicara mu Rugwiro no kwicara mu rugo rwe byaramunaniye.

Igihe kirageze ariko, wa mugani wa Alphonse Munyaneza watwandikiye, ngo izo nzerezi zimenye gutandukanya Umunyarwanda wa none, wamenye uko imiyoborere myiza iteye, n’uwo hambere wakurikiraga politiki y’ubwoko na “humiriza nkuyobore”.

2021-07-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uburyo abakoze ibizamini bya Leta bamenya ibigo bazigaho

Uburyo abakoze ibizamini bya Leta bamenya ibigo bazigaho

Ubwanditsi 19 Jan 2017
REG Women Basketball Club yasinyishije abakinnyi batatu barimo Feza Ebengo wakiniraga ikipe ya The Hoops Rwanda

REG Women Basketball Club yasinyishije abakinnyi batatu barimo Feza Ebengo wakiniraga ikipe ya The Hoops Rwanda

Ubwanditsi 16 Dec 2021
APR FC yatsinze Musanze ishimangira umwanya wa mbere, Rayon Sports yafashe umwanya wa Kabiri itsinze Marine FC

APR FC yatsinze Musanze ishimangira umwanya wa mbere, Rayon Sports yafashe umwanya wa Kabiri itsinze Marine FC

Ubwanditsi 05 Feb 2024
Trump agiye gushyira ahagaragra iby’iraswa rya John Kennedy wayoboye USA

Trump agiye gushyira ahagaragra iby’iraswa rya John Kennedy wayoboye USA

Ubwanditsi 23 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urutonde rw’imigi 10 yoroshye n’10 igoye kuyibamo ku isi muri uyu mwaka wa 2018
HIRYA NO HINO

Urutonde rw’imigi 10 yoroshye n’10 igoye kuyibamo ku isi muri uyu mwaka wa 2018

Ubwanditsi 15 Aug 2018
Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]
Mu Rwanda

Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 12 Oct 2017
Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka
POLITIKI

Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka

Ubwanditsi 03 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru