• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda aratangaza ko ntacyo yatangariza itangazamakuru ku byo avugana na mugenzi we w’u Rwanda ku bibazo biri hagati y’ibihugu byombi, ariko ashimangira ko ibyo yemeye mu Masezerano bashyiriyeho umukono i Luanda, ari byo akora.

Ibi perezida Museveni yabitangarije mu kiganiro cyihariye yahaye BBC, aho yirinze gusubiza ibibazo birebana n’ubwumvikane bucye bumaze igihe bwumvikana hagati y’u Rwanda na Uganda.

Ubutegetsi bw’ibihugu byombi bumaze igihe mu bushyamirane bugaragara cyane mu bitangazamakuru by’umwihariko ibibogamiye ku butegetsi.

Bwana Museveni yabwiye BBC ko no kuba aya makimbirane agaragara mu itangazamakuru ari ikibazo.

Muri Kanama nibwo Perezida Paul Kagame na Perezida Museveni bashyize umukono ku Masezerano y’Ubwumvikane hagati y’ibihugu byombi, agamije kurangiza ibibazo bya politiki bifitanye. Ni amasezerano yashyiriweho umukono i Luanda, ahagarikiwe na Perezida wa Angola ndetse n’uwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iki kiganiro na BBC, Museveni yumvikanishije ko ibyo yemeye ari byo akora, nubwo atavuga igihe yumva ikibazo kizarangirira usibye kuvuga ko akiganira na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

Ati: “Icyo nakubwiye, sindi bubwire itangazamakuru ibyo mfite umwanya wo kuganira na Perezida Kagame mu nama ya twenyine”.

Ubushyamirane bw’ubutegetsi bwombi bwagize ingaruka mu bukungu no ku mibereho y’abaturage

Kuva mu kwa kabiri umupaka wa Gatuna, niwo wa bugufi kugera i Kigali, ntufunguye ku modoka nini zavanaga ibicuruzwa muri Uganda.

Abaturage b’u Rwanda bakoresha inzira y’ubutaka ntibemerewe kwambuka bajya hakurya muri Uganda.

Ubutegetsi bw’u Rwanda bushinja ubwa Uganda gufunga abaturage barwo binyuranyije n’amategeko no gufasha umutwe wa RNC n’imitwe bifatanyije irwanya u Rwanda, mu gihe Uganda ishinja U Rwanda gukorera ibikorwa by’ubutasi ku butaka bwayo.

Inama iheruka kubera i Kigali kuwa 16 Nzeri, hagati y’intumwa z’ibihugu byombi mu rwego rwo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Luanda yari yemeje ko gusebanya binyuze mu itangazamakuru bikwiye guhagarara.

Ntihaciye kabiri ariko inkuru nk’izo ziganjemo poropaganda zikomeza gusohoka mu binyamakuru cyane cyane ibyo muri Uganda bishyigikiye ubutegetsi nka New Vision na Chimpreports, ndetse bibiviramo no guhagarikwa mu Rwanda.

Kuri iki Museveni yabwiye BBC ati:”Ikibazo ni uko abayobozi babona bashobora gukemurira ibibazo mu itangazamakuru, kandi bafite ibindi byangombwa byose [byabafasha gukemura ibibazo].

“Kuki najya mu binyamakuru kugaragaza ko njyewe ndi mu kuri naho uwundi ari mu makosa?”

Inama yahuje abategetsi b’impande zombi i Kigali yagombaga gukurikirwan’iya Kampala yari kuba tariki 16 z’uku kwezi kw’Ukwakira ariko iyi ntiyabashije kuba ndetse nta n’impamvu kugeza ubu iragaragazwa n’ubutegetsi bwa Uganda.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, akaba yatangaje ko bagitegereje igihe Uganda izababwirira igihe inama izabera.

Birakekwa ko impamvu nyamukuru yabujije inama ya Komisiyo y’impande zombi ireba iby’amasezerano y’Angola yari kubera i Kampala, ari uko hari indi nama ya RNC yitabiriwe na Kayumba Nyamwasa iri kubera Entebbe yiga ku kibazo cy’amakimbirane ari muri uyu mutwe w’iterabwoba wa P5. ifashwa na Uganda. Ikibazo nyamukuru ni ukwiga kuri Ben Rutabana n’ibirego by’umugore we amaze gukwiza muri z’Ambasade zose atabariza umugabo we washimutiwe muri Uganda.  Umuhuza muri ibi biganiro ni Minisitiri Philemon Mateke ushinzwe ubutwererane mu karere akaba na Sebukwe wa Jean Baptiste Mberabahizi, wabaye igihe kirekire Umunyamabanga Mukuru wa FDU-Inkingi ya Victoire Ingabire nayo ibarizwa muri P5.

2019-10-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Ubwanditsi 12 Jan 2021
Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Ubwanditsi 21 Sep 2020
Uganda: Haravugwa itabwa muri yombi ry’uwagize uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi

Uganda: Haravugwa itabwa muri yombi ry’uwagize uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi

Ubwanditsi 31 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gusesa Minisiteri y’umutekano abari abakozi bayo barerekeza he?
Mu Mahanga

Nyuma yo gusesa Minisiteri y’umutekano abari abakozi bayo barerekeza he?

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange
INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Ubwanditsi 16 Apr 2019
Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.
Amakuru

Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Ubwanditsi 09 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru