• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda aratangaza ko ntacyo yatangariza itangazamakuru ku byo avugana na mugenzi we w’u Rwanda ku bibazo biri hagati y’ibihugu byombi, ariko ashimangira ko ibyo yemeye mu Masezerano bashyiriyeho umukono i Luanda, ari byo akora.

Ibi perezida Museveni yabitangarije mu kiganiro cyihariye yahaye BBC, aho yirinze gusubiza ibibazo birebana n’ubwumvikane bucye bumaze igihe bwumvikana hagati y’u Rwanda na Uganda.

Ubutegetsi bw’ibihugu byombi bumaze igihe mu bushyamirane bugaragara cyane mu bitangazamakuru by’umwihariko ibibogamiye ku butegetsi.

Bwana Museveni yabwiye BBC ko no kuba aya makimbirane agaragara mu itangazamakuru ari ikibazo.

Muri Kanama nibwo Perezida Paul Kagame na Perezida Museveni bashyize umukono ku Masezerano y’Ubwumvikane hagati y’ibihugu byombi, agamije kurangiza ibibazo bya politiki bifitanye. Ni amasezerano yashyiriweho umukono i Luanda, ahagarikiwe na Perezida wa Angola ndetse n’uwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iki kiganiro na BBC, Museveni yumvikanishije ko ibyo yemeye ari byo akora, nubwo atavuga igihe yumva ikibazo kizarangirira usibye kuvuga ko akiganira na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

Ati: “Icyo nakubwiye, sindi bubwire itangazamakuru ibyo mfite umwanya wo kuganira na Perezida Kagame mu nama ya twenyine”.

Ubushyamirane bw’ubutegetsi bwombi bwagize ingaruka mu bukungu no ku mibereho y’abaturage

Kuva mu kwa kabiri umupaka wa Gatuna, niwo wa bugufi kugera i Kigali, ntufunguye ku modoka nini zavanaga ibicuruzwa muri Uganda.

Abaturage b’u Rwanda bakoresha inzira y’ubutaka ntibemerewe kwambuka bajya hakurya muri Uganda.

Ubutegetsi bw’u Rwanda bushinja ubwa Uganda gufunga abaturage barwo binyuranyije n’amategeko no gufasha umutwe wa RNC n’imitwe bifatanyije irwanya u Rwanda, mu gihe Uganda ishinja U Rwanda gukorera ibikorwa by’ubutasi ku butaka bwayo.

Inama iheruka kubera i Kigali kuwa 16 Nzeri, hagati y’intumwa z’ibihugu byombi mu rwego rwo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Luanda yari yemeje ko gusebanya binyuze mu itangazamakuru bikwiye guhagarara.

Ntihaciye kabiri ariko inkuru nk’izo ziganjemo poropaganda zikomeza gusohoka mu binyamakuru cyane cyane ibyo muri Uganda bishyigikiye ubutegetsi nka New Vision na Chimpreports, ndetse bibiviramo no guhagarikwa mu Rwanda.

Kuri iki Museveni yabwiye BBC ati:”Ikibazo ni uko abayobozi babona bashobora gukemurira ibibazo mu itangazamakuru, kandi bafite ibindi byangombwa byose [byabafasha gukemura ibibazo].

“Kuki najya mu binyamakuru kugaragaza ko njyewe ndi mu kuri naho uwundi ari mu makosa?”

Inama yahuje abategetsi b’impande zombi i Kigali yagombaga gukurikirwan’iya Kampala yari kuba tariki 16 z’uku kwezi kw’Ukwakira ariko iyi ntiyabashije kuba ndetse nta n’impamvu kugeza ubu iragaragazwa n’ubutegetsi bwa Uganda.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, akaba yatangaje ko bagitegereje igihe Uganda izababwirira igihe inama izabera.

Birakekwa ko impamvu nyamukuru yabujije inama ya Komisiyo y’impande zombi ireba iby’amasezerano y’Angola yari kubera i Kampala, ari uko hari indi nama ya RNC yitabiriwe na Kayumba Nyamwasa iri kubera Entebbe yiga ku kibazo cy’amakimbirane ari muri uyu mutwe w’iterabwoba wa P5. ifashwa na Uganda. Ikibazo nyamukuru ni ukwiga kuri Ben Rutabana n’ibirego by’umugore we amaze gukwiza muri z’Ambasade zose atabariza umugabo we washimutiwe muri Uganda.  Umuhuza muri ibi biganiro ni Minisitiri Philemon Mateke ushinzwe ubutwererane mu karere akaba na Sebukwe wa Jean Baptiste Mberabahizi, wabaye igihe kirekire Umunyamabanga Mukuru wa FDU-Inkingi ya Victoire Ingabire nayo ibarizwa muri P5.

2019-10-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2022
Undi muyobozi ukomeye muri FDLR, wakoranaga na Kayumba Nyamwasa yishwe arashwe

Undi muyobozi ukomeye muri FDLR, wakoranaga na Kayumba Nyamwasa yishwe arashwe

Ubwanditsi 02 Sep 2019
RDC : Ingabo Za Kayumba Mu Misozi Miremire Ya Minembwe

RDC : Ingabo Za Kayumba Mu Misozi Miremire Ya Minembwe

Ubwanditsi 02 Jul 2018
 Bujumbura ‘‘mpagereranya n’ituze ryo ku irimbi’’- Charles Makaza

 Bujumbura ‘‘mpagereranya n’ituze ryo ku irimbi’’- Charles Makaza

Ubwanditsi 19 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

The Soldiers of Christ mu gitaramo cyo kuramya Imana bakoresheje imibyimba
SHOWBIZ

The Soldiers of Christ mu gitaramo cyo kuramya Imana bakoresheje imibyimba

Ubwanditsi 08 Dec 2017
APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.
Amakuru

APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 11 Jun 2021
Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?
POLITIKI

Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?

Ubwanditsi 07 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru