• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

Ubwanditsi 07 Feb 2016 Mu Rwanda

Umukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo (CHAN) uraba kuri iki Cyumweru tariki 07 Gashyantare 2016 uhuze RDC na Mali kuri Stade Amahoro saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Uyu mukino utoroshye utegerejwe n’abatari bake bitewe n’uburyo aya makipe yombi yagiye yigaragaza cyane agahigika ibigugu byahabwaga amahirwe yo kwegukana igikombe.

Inzira DR Congo yanyuzemo ngo igere ku mukino wa nyuma

-2017.jpg

Abafana ba Congo

RDC y’umutoza Frolent Ibenge yaje muri iri rushanwa ari imwe mu makipe yitezwe kuba yagera kure ariko abakunzi bayo batangiye kuyishyiraho akabazo ubwo yatsindwaga n’u Rwanda kimwe ku busa mu mukino wo kwitegura wabereye i Rubavu.

RDC imaze gutsindwa umukino umwe kuva irushanwa ryatangira. Yari mu itsinda B ryakiniraga i Huye, umukino wa mbere yatsinze Ethiopia ibitego bitatu ku busa, uwa kabiri inyagira Angola bine kuri bibiri naho mu mukino wa gatatu itsindwa na Cameroun ibitego bitatu kuri kimwe.

Muri ¼ RDC yazamutse mu itsinda ari iya kabiri ihura n’u Rwanda rwari rwabaye urwa mbere mu itsinda A maze irutsinda bigoranye ibitego bibiri kuri kimwe.

Muri ½ n’ubundi bigoranye, RDC yasezereye Guinea kuri penaliti nyuma y’uko iminota 90 yari yarangiye ari ubusa ku busa hakongerwaho 30 zikanganya kimwe kuri kimwe.

Inzira Mali yanyuzemo ngo igere ku mukino wa nyuma

Mali yari mu itsinda D ryakiniye i Rubavu. Mu mukino wa mbere yanganyije ibitego bibiri ku bindi na Uganda, mu wa kabiri itsinda Zimbabwe kimwe ku busa naho mu wa gatatu inganya na Zambia kimwe ku kindi.

Kimwe na RDC, Mali muri ¼ yazamutse ari iya kabiri mu itsinda D ihura na Tunisia yari yazamutse ari iya mbere mu itsinda C iyitsinda igitego kimwe ku busa.

Muri ½ Mali yihereranye Côte d’Ivoire iyitsinda igitego kimwe ku busa ihita ibona itike yo gukina umukino wa nyuma wa CHAN 2016.

Amateka n’ibigwi bya buri gihugu muri CHAN kuva yatangira muri 2009

Ku nshuro ya mbere CHAN ikinwa mu 2009 yabereye muri Côte d’Ivoire yegukanwa na RDC itsinze Ghana ku mukino wa nyuma ibitego bibiri ku busa.

Muri iyi CHAN yari yitabiriwe n’ibihugu umunani gusa, Mali ntayabashije no kubona itike yo kuyitabira.

Mu 2011, CHAN yabereye muri Sudani bwa mbere amakipe yavuye ku munani agera kuri 16. Mali yabonye itike yo gukina iri rushanwa ku nshuro ya mbere ariko RDC yari ifite igikombe nayo yari ihari.

Mali yari mu yagarukiye mu matsinda itabashije no gutsinda umukino n’umwe itahana inota rimwe n’umwenda w’ibitego bibiri.

Iki gihe Mali yari mu itsinda C hamwe na RDC, mu mukino wazihuje zanganyije igitego kimwe ku kindi.

RDC yarakomeje igera muri ¼ ariko isezererwa na Tunisia ku gitego kimwe ku busa. Icyo gihe Tunisia yarakomeje inegukana igikombe.

Muri 2014, CHAN yabereye muri Afurika y’Epfo. Ibi bihugu byombi byabonye itike yo kwitabira iyi mikino.

Mali yasoje imikino yo mu itsinda ari iya mbere iri imbere y’ibihangange nka Nigeria na Afurika y’Epfo yari yakiriye irushanwa.

RDC yari mu itsinda D izamuka ari iya kabiri ariko zose ntizarenze ¼ kuko Mali yatsinzwe na Zimbabwe kimwe ku busa na RDC itsindwa kimwe ku busa na Ghana.

Ba rutahizamu babo bahagaze gute muri iri rushanwa?

Ku ruhande rwa RDC abamaze kuyitsindira ibitego byinshi ni Meshak Elia na Bolingi bafite bibiri bibiri naho abandi barimo Luvumbu ugifite ikibazo cy’imvune, Gikanji, Lusadisu, Munganga, Bokadi, Mundele na Bompunga bafite kimwe kimwe.

Ku ruhande rwa Mali, bagiye batsinda igitego kimwe kimwe ariko harimo abakinnyi bakiri bato bagiye bigaragaza cyane barimo nka Koita, Sinayoko,Diarra n’abandi bagaragaje ubuhanga no kutananirwa na gato.

Abatoza batangaje iki?

-2015.jpg

Florent Ibenge ati “Tuzajya mu mukino gutwara igikombe. Twageze ku mukino wa nyuma nta kindi duhatanira ni igikombe. Twabikoranye ubwitonzi, intambwe ku ntambwe kurinda tugeze ku mukino wa nyuma. Ni ngombwa ko dukosora amakosa yagaragaye ku mukino uheruka, hari ibitaragenze neza. Imyiteguro ni myiza, turashaka igikombe.”

RDC izakina idafite myugariro Padou Bompunga ufite amakarita abiri y’imihondo, Luvumbu we aracyashidikanywaho niba azaba yakize.

Djirbil Drame utoza Mali ati “Twashakaga kugera muri ¼ . Niyo yari intego yacu tuva mu rugo. Ariko twageze kure kurushaho. Ibi ni inyongera, turagenda twitegure umukino wa nyuma.”

Uyu mukino ni umwe mu ikomeye kuko amakipe yombi yifuza gucyura iki gikombe kitarasigara na rimwe mu gihugu cyakiriye amarushanwa.

RDC irashaka icya kabiri ishyireho agahigo naho Mali irashaka icya mbere mu mateka yayo.

2016-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza

Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Kiyovu SC yafashe umwanya wa mbere w’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sports 2-0, Marines FC yanyagiwe na Bugesera FC 6-2

Kiyovu SC yafashe umwanya wa mbere w’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sports 2-0, Marines FC yanyagiwe na Bugesera FC 6-2

Ubwanditsi 06 Dec 2021
EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze

EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Nyuma y’iminsi 23 atangajwe nk’umukinnyi wongereye amasezerano, APR FC yatandukanye na Niyonzima Olivier Seif kubera imyitwarire mibi

Nyuma y’iminsi 23 atangajwe nk’umukinnyi wongereye amasezerano, APR FC yatandukanye na Niyonzima Olivier Seif kubera imyitwarire mibi

Ubwanditsi 04 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sonia ukina filime nyarwanda akeneye 7,000$ ngo akire kanseri
IMIKINO

Sonia ukina filime nyarwanda akeneye 7,000$ ngo akire kanseri

Ubwanditsi 09 Mar 2016
Uganda: Abaherutse guhohotera utavuga rumwe n’ubutegetsi bagejejwe mu rukiko rwa gisirikare
ITOHOZA

Uganda: Abaherutse guhohotera utavuga rumwe n’ubutegetsi bagejejwe mu rukiko rwa gisirikare

Ubwanditsi 21 Oct 2018
Ibitego 27 nibyo byabonetse mu mikino y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda iyobowe na APR FC
Amakuru

Ibitego 27 nibyo byabonetse mu mikino y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda iyobowe na APR FC

Ubwanditsi 19 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru