• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Col. Nizeyimana bita ‘Ruhambabazima’ wo muri FDLR yishyikirije FARDC

Col. Nizeyimana bita ‘Ruhambabazima’ wo muri FDLR yishyikirije FARDC

Ubwanditsi 25 Dec 2017 HIRYA NO HINO

Col. Nizeyimana Evariste wabaye umwe mu bayobozi b’umutwe w’abarwanyi wa FDLR, kuwa Kane w’iki cyumweru yishyikirije Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu gace ka Lubero, mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.

Radio Okapi yatangaje ko Col Nizeyimana yishyikirije ingabo za leta ari kumwe na bamwe mu basirikare be bari bagize FDLR/Foca.

Hari amakuru avuga ko uwo musirikare mukuru bahimbaga ‘Ruhambabazima’, ubu afungiye ku ishami ry’ubushinjacyaha bwa gisirikare i Goma.

Ubutabera bwa gisirikare muri RDC bumukurikiranyeho ibyaha birimo ubwicanyi bwakorewe abasivili mu duce twa Miliki, Rusamambo na Bukumbirwa, turi mu majyepfo ya Lubero.

Umutwe wa FDLR washinzwe n’abiganjemo abasize bagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994, mu myaka ishize wakomeje guhungabanya umutekano mu ku butaka bwa Congo n’u Rwanda. Gusa ubu umaze gucibwa intege mu buryo bwose bushoboka.

Muri Werurwe 2015, imiryango itari iya leta muri Lubero yasohoye itangazo ivuga ko Col Nizeyimana akwiye gukurikiranwaho ibyaha bikomeye yakoreye abasivili byanatumye ibihumbi byabo bava mu byabo.

Umwe mu bantu be ba hafi, Vital Muhizerwa, nawe aheruka kwishyikirza ingabo za leta ndetse acyurwa mu Rwanda, abifashijwemo n’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro, Monusco.

Amakuru avuga ko uwo Muhizerwa we atari ku rutonde rw’abarwanyi bashakishwaga n’igisirikare cya Congo ngo babazwe ibyaha bakoreye ku butaka bw’icyo gihugu.

2017-12-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

Ubwanditsi 06 Nov 2023
Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Ubwanditsi 06 Apr 2020
Uganda : Umuryango wa Nteireho wicanwe n’uwiswe Umunyarwandakazi wigaragambije, banga kumushyingura

Uganda : Umuryango wa Nteireho wicanwe n’uwiswe Umunyarwandakazi wigaragambije, banga kumushyingura

Ubwanditsi 07 Sep 2019
Uganda: Kwambara ingofero itukura (Red beret) nka Bobi Wine utari umusirikare byahindutse icyaha gihanirwa

Uganda: Kwambara ingofero itukura (Red beret) nka Bobi Wine utari umusirikare byahindutse icyaha gihanirwa

Ubwanditsi 01 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu y’uruzinduko rwa Sam Kutesa mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Impamvu y’uruzinduko rwa Sam Kutesa mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Oct 2018
Dore uko byari bimeze mu gikorwa cyo kwiyamamaza Paul Kagame yakoreye i Nyamirambo
Mu Rwanda

Dore uko byari bimeze mu gikorwa cyo kwiyamamaza Paul Kagame yakoreye i Nyamirambo

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya
POLITIKI

Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya

Ubwanditsi 26 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru