• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Colonel Wilson Irategeka yaraye arusimbutse

Colonel Wilson Irategeka yaraye arusimbutse

Ubwanditsi 17 Jun 2016 Mu Rwanda

Colonel Wilson irategeka yaraye arusimbutseaho yaguye mu mutego w’ingabo za fardc muri Kivu y’Amajyaruguru zikamurasaho urufaya hagwa benshi mubari bamurinze ariko we akaba yabashije gutoroka!

Iyi mirwano ikaba yari ikarishye dore ko no ku ruhande rwa fardc haguyemo abasirikari babiri bo murwego rw’aba Ofisiye! ibi bikaba byatumye impunzi z’abanyarwanda zishwiragirira mu mashyamba zitinya ko fardc yaza kwihorera!

Uyu wari hafi yaho imirwano yabereye yabwiye Rushyashya kumurongo wa Telefone ati: Abari hafi twakomeje kumva urusaku rw’amasasu menshi kuva mu ma saa kumi y’urukerera kugeza saa kumi nebyiri z’igitondo aho ubu hatangiye kuboheka agahenge!!!

-2959.jpg

Col Wilson Irategeka arazira iki ?

Abari bagize umutwe wa FDLR baherutse gucikamo ibice, igice kimwe gishinga ihuriro ryacyo, ikindi gisigara ari FDLR, aho bivugwa ko uku gucikamo ibice kwatewe n’igitero FDLR iherutse kugaba igahitana abantu batanu mu minsi ishize bigatuma havuka ubwumvikane buke hagati y’umukuru wa FDLR, Gen. Major Victor Byiringiro ndetse na visi perezida wayo, Col Wilson Irategeka.

Uku gucikamo ibice muri FDLR rero kwatumye hashingwa umutwe mushya wiswe CNRD (Conseil national pour le renouveau et la démocratie).

Abasirikare bakuru bari bagize FDLR nka visi perezida wayo, Col Wilson Irategeka, bafashe icyemezo cyo kwitandukanya na FDLR nyuma y’uko ngo FDLR yiciye abo bantu batanu .

RFI ivuga ko n’ubundi hari hashize iminsi hari ubwumvikane buke hagati ya Byiringiro na Irategeka.

Uyu mutwe mushya rero ngo ugiye kwibanda kuri politiki cyane kurusha umutwe umaze imyaka 20 wumva ko nta kindi kigomba guhinduka usibye ubutegetsi bw’u Rwanda.

Mu bagize uyu mutwe mushya kandi iyi nkuru iravuga ko bamwe banasanga ari ngombwa kwitandukanya na Gen Mudacumura ushakishwa n’ubutabera mpuzamahanga aho akurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’ibyaha by’intambara yakoreye muri Congo.

Uyu mutwe kandi biravugwa ko hari abanyarwanda bomuri Opposition barimo RNC ya Kayumba Nyamwasa bawuri inyuma.

Kimwe mu bintu biherutse gutera ubwumvikane buke hagati ya Gen. Byiringiro na Col Irategeka n’ukuba Byiringiro yaranze ko impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Congo zibarurwa kandi Irategeka nta kibazo yabibonagamo.

-2958.jpg

FARDC

Umwe mu bayobozi ba FDLR ariko yagize ati: “Irategeka ari gukoreshwa n’Umuryango Mpuzamahanga ndetse ashobora no kuba akoreshwa n’u Rwanda.” Uyu yakomeje yemeza ko ariko nta makimbirane ari hagati y’iyi mitwe yombi.

Abashinze CNRD ariko bo bavuga ko ntaho bagihuriye na FDLR ahubwo ari impunzi z’Abanyarwanda zisanzwe nk’uko umuvugizi w’uyu mutwe avuga, ariko akongera agasaba nk’ibyo FDLR imaze imyaka isaba ari byo ngo gutaha mu cyubahiro ndetse no kugirana ibiganiro na leta y’u Rwanda.

Igisigaye kumenyekana rero n’ikigiye gukurikira uku gucikamo ibice kwa FDLR. Gusa, bake mu bari bagize ubuyobozi bwa FDLR nibo biyunze kuri uyu mutwe mushya, ariko ngo ufite n’abayobozi bayobora abarwanyi ku rugamba muri Kivu y’Amajyepfo.

-2957.jpg

Abayobozi ba FDLR

Ku ruhande rw’igisirikare cya Congo, FARDC, kivuga ko uku gucikamo ibice mu mutwe wa FDLR ari ingaruka z’ibikorwa ngo bimaze amezi by’ingabo za Congo byo kurwanya FDLR, kiboneraho guhamagarira na CNRD kurambika ibirwanisho hasi.

Umwanditsi wacu

2016-06-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubugome buragwira : Umutetsi w’ishuri yararakaye ashyira uburozi  mu isosi y’abanyeshuri: 60 bakaba bameze nabi cyane

Ubugome buragwira : Umutetsi w’ishuri yararakaye ashyira uburozi mu isosi y’abanyeshuri: 60 bakaba bameze nabi cyane

Ubwanditsi 17 Feb 2017
Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ubwanditsi 20 Jul 2023
Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 9 )
ITOHOZA

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 9 )

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko
Mu Mahanga

Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko

Ubwanditsi 01 Jan 2018
Karekezi Olivier yikomye Seninga Innocent wa Police FC anamuha ubutumwa
IMIKINO

Karekezi Olivier yikomye Seninga Innocent wa Police FC anamuha ubutumwa

Ubwanditsi 15 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru