• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Colonel Wilson Irategeka yaraye arusimbutse

Colonel Wilson Irategeka yaraye arusimbutse

Ubwanditsi 17 Jun 2016 Mu Rwanda

Colonel Wilson irategeka yaraye arusimbutseaho yaguye mu mutego w’ingabo za fardc muri Kivu y’Amajyaruguru zikamurasaho urufaya hagwa benshi mubari bamurinze ariko we akaba yabashije gutoroka!

Iyi mirwano ikaba yari ikarishye dore ko no ku ruhande rwa fardc haguyemo abasirikari babiri bo murwego rw’aba Ofisiye! ibi bikaba byatumye impunzi z’abanyarwanda zishwiragirira mu mashyamba zitinya ko fardc yaza kwihorera!

Uyu wari hafi yaho imirwano yabereye yabwiye Rushyashya kumurongo wa Telefone ati: Abari hafi twakomeje kumva urusaku rw’amasasu menshi kuva mu ma saa kumi y’urukerera kugeza saa kumi nebyiri z’igitondo aho ubu hatangiye kuboheka agahenge!!!

-2959.jpg

Col Wilson Irategeka arazira iki ?

Abari bagize umutwe wa FDLR baherutse gucikamo ibice, igice kimwe gishinga ihuriro ryacyo, ikindi gisigara ari FDLR, aho bivugwa ko uku gucikamo ibice kwatewe n’igitero FDLR iherutse kugaba igahitana abantu batanu mu minsi ishize bigatuma havuka ubwumvikane buke hagati y’umukuru wa FDLR, Gen. Major Victor Byiringiro ndetse na visi perezida wayo, Col Wilson Irategeka.

Uku gucikamo ibice muri FDLR rero kwatumye hashingwa umutwe mushya wiswe CNRD (Conseil national pour le renouveau et la démocratie).

Abasirikare bakuru bari bagize FDLR nka visi perezida wayo, Col Wilson Irategeka, bafashe icyemezo cyo kwitandukanya na FDLR nyuma y’uko ngo FDLR yiciye abo bantu batanu .

RFI ivuga ko n’ubundi hari hashize iminsi hari ubwumvikane buke hagati ya Byiringiro na Irategeka.

Uyu mutwe mushya rero ngo ugiye kwibanda kuri politiki cyane kurusha umutwe umaze imyaka 20 wumva ko nta kindi kigomba guhinduka usibye ubutegetsi bw’u Rwanda.

Mu bagize uyu mutwe mushya kandi iyi nkuru iravuga ko bamwe banasanga ari ngombwa kwitandukanya na Gen Mudacumura ushakishwa n’ubutabera mpuzamahanga aho akurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’ibyaha by’intambara yakoreye muri Congo.

Uyu mutwe kandi biravugwa ko hari abanyarwanda bomuri Opposition barimo RNC ya Kayumba Nyamwasa bawuri inyuma.

Kimwe mu bintu biherutse gutera ubwumvikane buke hagati ya Gen. Byiringiro na Col Irategeka n’ukuba Byiringiro yaranze ko impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Congo zibarurwa kandi Irategeka nta kibazo yabibonagamo.

-2958.jpg

FARDC

Umwe mu bayobozi ba FDLR ariko yagize ati: “Irategeka ari gukoreshwa n’Umuryango Mpuzamahanga ndetse ashobora no kuba akoreshwa n’u Rwanda.” Uyu yakomeje yemeza ko ariko nta makimbirane ari hagati y’iyi mitwe yombi.

Abashinze CNRD ariko bo bavuga ko ntaho bagihuriye na FDLR ahubwo ari impunzi z’Abanyarwanda zisanzwe nk’uko umuvugizi w’uyu mutwe avuga, ariko akongera agasaba nk’ibyo FDLR imaze imyaka isaba ari byo ngo gutaha mu cyubahiro ndetse no kugirana ibiganiro na leta y’u Rwanda.

Igisigaye kumenyekana rero n’ikigiye gukurikira uku gucikamo ibice kwa FDLR. Gusa, bake mu bari bagize ubuyobozi bwa FDLR nibo biyunze kuri uyu mutwe mushya, ariko ngo ufite n’abayobozi bayobora abarwanyi ku rugamba muri Kivu y’Amajyepfo.

-2957.jpg

Abayobozi ba FDLR

Ku ruhande rw’igisirikare cya Congo, FARDC, kivuga ko uku gucikamo ibice mu mutwe wa FDLR ari ingaruka z’ibikorwa ngo bimaze amezi by’ingabo za Congo byo kurwanya FDLR, kiboneraho guhamagarira na CNRD kurambika ibirwanisho hasi.

Umwanditsi wacu

2016-06-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakandida bemewe ku mwanya wa Perezida wa Repubulika bamenyekanye

Abakandida bemewe ku mwanya wa Perezida wa Repubulika bamenyekanye

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Abanyarwanda benshi ntabwo bazi ko hari Ibihugu bemerewe kujyamo badasabwe Viza Dore urutonde rwabyo

Abanyarwanda benshi ntabwo bazi ko hari Ibihugu bemerewe kujyamo badasabwe Viza Dore urutonde rwabyo

Ubwanditsi 25 Aug 2017
Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora

Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora

Ubwanditsi 29 Jul 2024
Abantu batanu baguye mu mirwano hagati y’ingabo za Congo n’u Burundi

Abantu batanu baguye mu mirwano hagati y’ingabo za Congo n’u Burundi

Ubwanditsi 23 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Simon Pellaud atwaye agace ka Nyanza-Rubavu yambura Maillot Jaune Areruya Joseph
IMIKINO

Simon Pellaud atwaye agace ka Nyanza-Rubavu yambura Maillot Jaune Areruya Joseph

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Abasenyeri ba Kiliziya Gatorika mu Burundi bamaganiye kure ibyo guhindura Itegeko-nshinga bavuga ko hataragera
INKURU NYAMUKURU

Abasenyeri ba Kiliziya Gatorika mu Burundi bamaganiye kure ibyo guhindura Itegeko-nshinga bavuga ko hataragera

Ubwanditsi 03 May 2018
Uko Museveni akomeje guhuza  RNC na FDLR akanabafasha kwinjiza abarwanyi babo mu Burundi na Congo ngo begere u Rwanda mu migambi yo kurutera
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni akomeje guhuza RNC na FDLR akanabafasha kwinjiza abarwanyi babo mu Burundi na Congo ngo begere u Rwanda mu migambi yo kurutera

Ubwanditsi 22 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru