• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Colonel Wilson Irategeka yaraye arusimbutse

Colonel Wilson Irategeka yaraye arusimbutse

Ubwanditsi 17 Jun 2016 Mu Rwanda

Colonel Wilson irategeka yaraye arusimbutseaho yaguye mu mutego w’ingabo za fardc muri Kivu y’Amajyaruguru zikamurasaho urufaya hagwa benshi mubari bamurinze ariko we akaba yabashije gutoroka!

Iyi mirwano ikaba yari ikarishye dore ko no ku ruhande rwa fardc haguyemo abasirikari babiri bo murwego rw’aba Ofisiye! ibi bikaba byatumye impunzi z’abanyarwanda zishwiragirira mu mashyamba zitinya ko fardc yaza kwihorera!

Uyu wari hafi yaho imirwano yabereye yabwiye Rushyashya kumurongo wa Telefone ati: Abari hafi twakomeje kumva urusaku rw’amasasu menshi kuva mu ma saa kumi y’urukerera kugeza saa kumi nebyiri z’igitondo aho ubu hatangiye kuboheka agahenge!!!

-2959.jpg

Col Wilson Irategeka arazira iki ?

Abari bagize umutwe wa FDLR baherutse gucikamo ibice, igice kimwe gishinga ihuriro ryacyo, ikindi gisigara ari FDLR, aho bivugwa ko uku gucikamo ibice kwatewe n’igitero FDLR iherutse kugaba igahitana abantu batanu mu minsi ishize bigatuma havuka ubwumvikane buke hagati y’umukuru wa FDLR, Gen. Major Victor Byiringiro ndetse na visi perezida wayo, Col Wilson Irategeka.

Uku gucikamo ibice muri FDLR rero kwatumye hashingwa umutwe mushya wiswe CNRD (Conseil national pour le renouveau et la démocratie).

Abasirikare bakuru bari bagize FDLR nka visi perezida wayo, Col Wilson Irategeka, bafashe icyemezo cyo kwitandukanya na FDLR nyuma y’uko ngo FDLR yiciye abo bantu batanu .

RFI ivuga ko n’ubundi hari hashize iminsi hari ubwumvikane buke hagati ya Byiringiro na Irategeka.

Uyu mutwe mushya rero ngo ugiye kwibanda kuri politiki cyane kurusha umutwe umaze imyaka 20 wumva ko nta kindi kigomba guhinduka usibye ubutegetsi bw’u Rwanda.

Mu bagize uyu mutwe mushya kandi iyi nkuru iravuga ko bamwe banasanga ari ngombwa kwitandukanya na Gen Mudacumura ushakishwa n’ubutabera mpuzamahanga aho akurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’ibyaha by’intambara yakoreye muri Congo.

Uyu mutwe kandi biravugwa ko hari abanyarwanda bomuri Opposition barimo RNC ya Kayumba Nyamwasa bawuri inyuma.

Kimwe mu bintu biherutse gutera ubwumvikane buke hagati ya Gen. Byiringiro na Col Irategeka n’ukuba Byiringiro yaranze ko impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Congo zibarurwa kandi Irategeka nta kibazo yabibonagamo.

-2958.jpg

FARDC

Umwe mu bayobozi ba FDLR ariko yagize ati: “Irategeka ari gukoreshwa n’Umuryango Mpuzamahanga ndetse ashobora no kuba akoreshwa n’u Rwanda.” Uyu yakomeje yemeza ko ariko nta makimbirane ari hagati y’iyi mitwe yombi.

Abashinze CNRD ariko bo bavuga ko ntaho bagihuriye na FDLR ahubwo ari impunzi z’Abanyarwanda zisanzwe nk’uko umuvugizi w’uyu mutwe avuga, ariko akongera agasaba nk’ibyo FDLR imaze imyaka isaba ari byo ngo gutaha mu cyubahiro ndetse no kugirana ibiganiro na leta y’u Rwanda.

Igisigaye kumenyekana rero n’ikigiye gukurikira uku gucikamo ibice kwa FDLR. Gusa, bake mu bari bagize ubuyobozi bwa FDLR nibo biyunze kuri uyu mutwe mushya, ariko ngo ufite n’abayobozi bayobora abarwanyi ku rugamba muri Kivu y’Amajyepfo.

-2957.jpg

Abayobozi ba FDLR

Ku ruhande rw’igisirikare cya Congo, FARDC, kivuga ko uku gucikamo ibice mu mutwe wa FDLR ari ingaruka z’ibikorwa ngo bimaze amezi by’ingabo za Congo byo kurwanya FDLR, kiboneraho guhamagarira na CNRD kurambika ibirwanisho hasi.

Umwanditsi wacu

2016-06-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kamonyi: Perezida wa Njyanama n’Umwungirije beguye

Kamonyi: Perezida wa Njyanama n’Umwungirije beguye

Ubwanditsi 12 Sep 2018
Hari abakomeretse byoroheje mu nkongi ya Gereza ya Gasabo – CGP Rwigamba

Hari abakomeretse byoroheje mu nkongi ya Gereza ya Gasabo – CGP Rwigamba

Ubwanditsi 31 Mar 2017
Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify

Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify

Ubwanditsi 17 Aug 2021
Pablo Morchon wari umutoza wungirije muri APR FC, yatandukanye nayo asimbuzwa umunya Tunisia Jamel Eddine Neffati w’imyaka 32

Pablo Morchon wari umutoza wungirije muri APR FC, yatandukanye nayo asimbuzwa umunya Tunisia Jamel Eddine Neffati w’imyaka 32

Ubwanditsi 26 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa
HIRYA NO HINO

Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa

Ubwanditsi 11 Apr 2020
Ingabire Victoire akomeje ibikorwa by’ubushotoranyi, ashishikariza abaturage ba Kangondo na Kibiraro kwigomeka kuri Leta. Harya amategeko azakomeza arebere ikibi?
Amakuru

Ingabire Victoire akomeje ibikorwa by’ubushotoranyi, ashishikariza abaturage ba Kangondo na Kibiraro kwigomeka kuri Leta. Harya amategeko azakomeza arebere ikibi?

Ubwanditsi 12 Sep 2022
Nyuma y’inkuru zavugaga ko atwite Ingabire Victoire yateje ubwega ko yabujijwe kujya kwivuza
Mu Mahanga

Nyuma y’inkuru zavugaga ko atwite Ingabire Victoire yateje ubwega ko yabujijwe kujya kwivuza

Ubwanditsi 02 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru