• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Simon Pellaud atwaye agace ka Nyanza-Rubavu yambura Maillot Jaune Areruya Joseph

Simon Pellaud atwaye agace ka Nyanza-Rubavu yambura Maillot Jaune Areruya Joseph

Ubwanditsi 14 Nov 2017 IMIKINO

Uyu ni umunsi wa gatatu wa Tour du Rwanda 2017, aho mu muhanda Nyanza Rubavu hakinwe agace kayo ka kabiri, gafite uburebure bwa Kilometero 180,. Uru rukaba ari narwo rugendo rurerure muri iri siganwa.

Muri aka gace Ka Nyanza Rubavu Simon Pellaud ukinira ikipe ya Illuminate niwe ukegukanye, ahita yambura umwambaro w’umuhondo Areruya Joseph Umunyarwanda ukinira ikipe ya Dimension Data, wari wawegukanye mu gace ka Kigali- Huye kakinwe kuri uyu wa mbere.

Ku rutonde rusange rwo kuri uyu munsi wa Kabiri w’irushanwa, ruragaragaza ko Simon Pellaud ariwe uza ku mwanya wa mbere akaba amaze gukoresha amasaha arindwi iminota 50 n’amasegonda 22. (7h50’22’’)

Ararusha Areruya Joseph umunota umwe aho ku munsi wa Kabiri w’irushanwa amaze gukoresha ibihe bingana n’amasaha arindwi iminota 51 n’amasegonda 22. (7h51’22’’).

Ku mwanya wa Gatatu haza Ndayisenga Valens Umunyarwanda ukinira ikipe ya Tirol Cycling Team, akaba amaze gukoresha ibihe bingana n’amasaha arindwi, iminota 51 n’amasegonda 39 (7h51’39’’), akaba arushwa n’uwa mbere umunota umwe n’amasegonda 17 (1’17’’).

Mbere yo gutangira isiganwa,  KT yaganiriye na Areruya Joseph wari wambaye maillot jaune nk’umukinnyi uyoboye isiganwa, atangaza ko uyu munsi ari ugucungana n’abakinnyi bashobora kumusiga bakaba bashyiramo iminota myinshi.

Bagihaguruka, Tesfom wo muri Eritrea wari uri ku mwanya wa kane, yashatse guhita atoroka ngo agende, ariko inshuro eshatu yabigerageje, Areruya Joseph yahise amugarura.

Mu bice bya Muhanga basatira Buringa, Hakiruwizeye Samuel na Jimmy Uwingeneye bageragezaga gutoroka, ndetse Hakiruwizeye aza no kuyobora igihe gito ariko baza kumugarura.

 

Nyuma yaho, GREENE Edward wa Lowestrates yaje guhita atangira kuyobora isiganwa, aza no gushyiramo iminota ibiri n’amasegonda 20.

Uyu yakomeje kuyobora isiganwa wenyine, ariko aza gushyikirwa na Simon Pellaud wa Illuminate bagendana kugera ku Mukamira ahari hatangiye kugwa imvura nyinshi cyane.

Bageze Mukamira, ni bwo isiganwa nyirizina ryabaye nk’iritangira, abakinnyi bari bitezwe batangira guhangana.

Nsengimana Jean Bosco yafashe iya mbere ahita yanikira abandi, gusa Areruya Joseph na Ndayisenga Valens nabo bahita bagenda baramushyikira.

Nsengimana Jean Bosco yaje kongera kubanyura mu rihumye yongera kubasiga ndetse aza no gushyiramo amasegonda 50. Uyu nawe ariko ntiyakomeje kuba imbere kuko birangiye Simon Pellaud ari we uri imbere.

 

 

Uko bakurikiranye uyu munsi ka Nyanza-Rubavu (Igihe yarushijwe n’uwa mbere

1. PELLAUD Simon (Team Illuminate) 4:32:30
2. JEANNES Matthieu (Team Haute Savoie) – Auvergne Rhône Alpes (1:30)
3. MUNYANEZA Didier (Team Rwanda) (1:30)
4. KANGANGI Suleiman (Bike Aid) (1:30)
5. EYOB Metkel (Dimension Data for Qhubeka (1:30)
6. OKUBAMARIAM Tesfom (Eritrea) 1:33
7. NDAYISENGA Valens (Tirol Cycling Team) 1:33
8. BYUKUSENGE Patrick (Rwanda) (1:33)
9. NSENGIMANAJean Bosco (Team Rwanda) ( 2:33)
10. ARERUYA Joseph (Dimension Data for Qhubeka) (2:46)

Urutonde rusange nyuma y’umunsi wa gatatu

1. PELLAUD Simon (Team Illuminate) (7:50:22)
2. ARERUYA Joseph (Dimension Data for Qhubeka) (1:00)
3. NDAYISENGA Valens (Tirol Cycling Team) (1:17)
4. KANGANGI Suleiman Bike Aid (1:21)
5. BYUKUSENGE Patrick (Rwanda) (1:25)
6. OKUBAMARIAM Tesfom (Eritrea) (1:29)
7. MUNYANEZA Didier (Team Rwanda) (1:29) 
8. JEANNES Matthieu (Team Haute Savoie) – (1:30)
9. EYOB Metkel Dimension Data for Qhubeka (1:38)
10. NSENGIMANA Jean Bosco (Rwanda) (2:15)

2017-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup

Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup

Ubwanditsi 13 Oct 2022
Rayon Sports yakoreye imyitozo kuri Estádio do Zimpeto izakiniraho na Costa do Sol

Rayon Sports yakoreye imyitozo kuri Estádio do Zimpeto izakiniraho na Costa do Sol

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Kidum wari wabwiwe ko azicirwa i Burundi, yahageze yakirwa bidasanzwe

Kidum wari wabwiwe ko azicirwa i Burundi, yahageze yakirwa bidasanzwe

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Mu Budage abakinnyi bemeye kugabanyirizwa umushahara kubera Coronavirus, aba FC Barcelone ntibabivugaho rumwe

Mu Budage abakinnyi bemeye kugabanyirizwa umushahara kubera Coronavirus, aba FC Barcelone ntibabivugaho rumwe

Ubwanditsi 26 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gusahura no gutwika ibikorwaremezo byafasha iki Tshisekedi mu ntambara arwana na M23?
Amakuru

Gusahura no gutwika ibikorwaremezo byafasha iki Tshisekedi mu ntambara arwana na M23?

Ubwanditsi 29 Jan 2025
Indege ya Habyarimana :  Iturufu rya Kayumba  ryo  kubona ubuhungiro mu Bufaransa
ITOHOZA

Indege ya Habyarimana : Iturufu rya Kayumba ryo kubona ubuhungiro mu Bufaransa

Ubwanditsi 13 Oct 2016
Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki

Ubwanditsi 06 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru