• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Simon Pellaud atwaye agace ka Nyanza-Rubavu yambura Maillot Jaune Areruya Joseph

Simon Pellaud atwaye agace ka Nyanza-Rubavu yambura Maillot Jaune Areruya Joseph

Ubwanditsi 14 Nov 2017 IMIKINO

Uyu ni umunsi wa gatatu wa Tour du Rwanda 2017, aho mu muhanda Nyanza Rubavu hakinwe agace kayo ka kabiri, gafite uburebure bwa Kilometero 180,. Uru rukaba ari narwo rugendo rurerure muri iri siganwa.

Muri aka gace Ka Nyanza Rubavu Simon Pellaud ukinira ikipe ya Illuminate niwe ukegukanye, ahita yambura umwambaro w’umuhondo Areruya Joseph Umunyarwanda ukinira ikipe ya Dimension Data, wari wawegukanye mu gace ka Kigali- Huye kakinwe kuri uyu wa mbere.

Ku rutonde rusange rwo kuri uyu munsi wa Kabiri w’irushanwa, ruragaragaza ko Simon Pellaud ariwe uza ku mwanya wa mbere akaba amaze gukoresha amasaha arindwi iminota 50 n’amasegonda 22. (7h50’22’’)

Ararusha Areruya Joseph umunota umwe aho ku munsi wa Kabiri w’irushanwa amaze gukoresha ibihe bingana n’amasaha arindwi iminota 51 n’amasegonda 22. (7h51’22’’).

Ku mwanya wa Gatatu haza Ndayisenga Valens Umunyarwanda ukinira ikipe ya Tirol Cycling Team, akaba amaze gukoresha ibihe bingana n’amasaha arindwi, iminota 51 n’amasegonda 39 (7h51’39’’), akaba arushwa n’uwa mbere umunota umwe n’amasegonda 17 (1’17’’).

Mbere yo gutangira isiganwa,  KT yaganiriye na Areruya Joseph wari wambaye maillot jaune nk’umukinnyi uyoboye isiganwa, atangaza ko uyu munsi ari ugucungana n’abakinnyi bashobora kumusiga bakaba bashyiramo iminota myinshi.

Bagihaguruka, Tesfom wo muri Eritrea wari uri ku mwanya wa kane, yashatse guhita atoroka ngo agende, ariko inshuro eshatu yabigerageje, Areruya Joseph yahise amugarura.

Mu bice bya Muhanga basatira Buringa, Hakiruwizeye Samuel na Jimmy Uwingeneye bageragezaga gutoroka, ndetse Hakiruwizeye aza no kuyobora igihe gito ariko baza kumugarura.

 

Nyuma yaho, GREENE Edward wa Lowestrates yaje guhita atangira kuyobora isiganwa, aza no gushyiramo iminota ibiri n’amasegonda 20.

Uyu yakomeje kuyobora isiganwa wenyine, ariko aza gushyikirwa na Simon Pellaud wa Illuminate bagendana kugera ku Mukamira ahari hatangiye kugwa imvura nyinshi cyane.

Bageze Mukamira, ni bwo isiganwa nyirizina ryabaye nk’iritangira, abakinnyi bari bitezwe batangira guhangana.

Nsengimana Jean Bosco yafashe iya mbere ahita yanikira abandi, gusa Areruya Joseph na Ndayisenga Valens nabo bahita bagenda baramushyikira.

Nsengimana Jean Bosco yaje kongera kubanyura mu rihumye yongera kubasiga ndetse aza no gushyiramo amasegonda 50. Uyu nawe ariko ntiyakomeje kuba imbere kuko birangiye Simon Pellaud ari we uri imbere.

 

 

Uko bakurikiranye uyu munsi ka Nyanza-Rubavu (Igihe yarushijwe n’uwa mbere

1. PELLAUD Simon (Team Illuminate) 4:32:30
2. JEANNES Matthieu (Team Haute Savoie) – Auvergne Rhône Alpes (1:30)
3. MUNYANEZA Didier (Team Rwanda) (1:30)
4. KANGANGI Suleiman (Bike Aid) (1:30)
5. EYOB Metkel (Dimension Data for Qhubeka (1:30)
6. OKUBAMARIAM Tesfom (Eritrea) 1:33
7. NDAYISENGA Valens (Tirol Cycling Team) 1:33
8. BYUKUSENGE Patrick (Rwanda) (1:33)
9. NSENGIMANAJean Bosco (Team Rwanda) ( 2:33)
10. ARERUYA Joseph (Dimension Data for Qhubeka) (2:46)

Urutonde rusange nyuma y’umunsi wa gatatu

1. PELLAUD Simon (Team Illuminate) (7:50:22)
2. ARERUYA Joseph (Dimension Data for Qhubeka) (1:00)
3. NDAYISENGA Valens (Tirol Cycling Team) (1:17)
4. KANGANGI Suleiman Bike Aid (1:21)
5. BYUKUSENGE Patrick (Rwanda) (1:25)
6. OKUBAMARIAM Tesfom (Eritrea) (1:29)
7. MUNYANEZA Didier (Team Rwanda) (1:29) 
8. JEANNES Matthieu (Team Haute Savoie) – (1:30)
9. EYOB Metkel Dimension Data for Qhubeka (1:38)
10. NSENGIMANA Jean Bosco (Rwanda) (2:15)

2017-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo

Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 17 Jan 2023
Ubugereki: Nyuma yo gutsinda igitego bakacyanga umuyobozi w’ikipe yitwa POAK yaragiye kurasa umusifuzi

Ubugereki: Nyuma yo gutsinda igitego bakacyanga umuyobozi w’ikipe yitwa POAK yaragiye kurasa umusifuzi

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025, umunsi wa mbere wegukanywe na Aldo Taillieu

Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025, umunsi wa mbere wegukanywe na Aldo Taillieu

Ubwanditsi 23 Feb 2025
Tennis : Maria Sharapova agiye guhagarikwa kubera ibiyobyabwenge

Tennis : Maria Sharapova agiye guhagarikwa kubera ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 08 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IBUKA France yamaganye gushyingura Zigiranyirazo mu Bufaransa
Amakuru

IBUKA France yamaganye gushyingura Zigiranyirazo mu Bufaransa

Ubwanditsi 25 Aug 2025
Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 28 Apr 2022
Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi
Amakuru

Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Ubwanditsi 19 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru