• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Irumbuka ry’ibitego ku munsi wa 25 wa PNL, Rayon Sports, Gasogi United na Musanze FC muzatsinzwe byinshi – Ibyaranze uyu munsi

Irumbuka ry’ibitego ku munsi wa 25 wa PNL, Rayon Sports, Gasogi United na Musanze FC muzatsinzwe byinshi – Ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 03 Apr 2023 Amakuru, IMIKINO

Impera z’icyumweru gishize nibwo hakinwaga imikino y’umunsi wa 25 wa shampiyona y’u Rwanda 2022-2023, iyi mikino y’ikiciro cya mbere yarangiye amakipe yose ku mikino yakinwe habonetse ibitego 27 byose hamwe.

Muri iyo mikino yaranzwe no gutubuka kw’ibitego , wabanjirijwe no kuboneka kw’ibitego bitandatu mu mukino ikipe ya Police FC yatsinzemo Rayon Sports ibitego 4-2.

Uyu mukino wabereye i Muhanga, Rayon Sports yari yakiriye uyu mukino ntabwo wayigndekeye neza mu gihe ikiri munzira zo guhatanira igikombe, gusa kugeza ubu iyi kipe irarushwa na APR FC ya mbere amanota 5.

Undi mukino waranzwe no kurumbuka kw’ibitego ni umukino wahuje ikipe ya Musanze FC yari yerekeje i Rubavu gukina na Marines ihatsindirwa ibitego 4-1.

Intsinzi ya Marine FC yayifashije kwegera imbere ku rutonde rwa Shampiyona rw’agateganyo aho ubu yegereye ikipe ya Espoir FC yo yaraye itsinzwe na Kiyovu SC ibitego bibiri kuri kimwe.

Kuri iki cyumweru kandi mu wundi mukino wahuje ikipe ya Etincelles FC yatsinze Gasogi United ibitego bitanu ku kimwe, ni umukino wabereye i Rubavu bityo ikipe ya Gasogi itakaza umwanya wa gatanu ku rutonde rwa shampiyona.

APR FC yo yari yakiriye ikipe ya Bugesera FC, umukino urangira ikipe y’ingabo z’igihugu ibonye intsinzi y’Amanota atatu atuma iyi kipe ikomeza kuyobora urutonde rwa shampiyona aho habura imikino 6 ngo uyu mwaka w’imikino urangire.

Kugeza ubu APR FC niyo yambere ifite amanora 52, irakurikirwa na Kiyovu SC ifite amanota 50 naho Rayon Sports irisanga ku mwanya gatatu n’amanota 46.

Ku makipe ari inyuma, ikipe ya Espoir iri ku mwanya wa 16 n’amanota 14, igakurikira Marine yo ifite 19 naho Rutsiro FC iri ku mwanya wa 14 n’amanota 21.

2023-04-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CSP (Rtd) Kamanzi Richard yitabye Imana agwiriwe n’urukuta rw’inzu

CSP (Rtd) Kamanzi Richard yitabye Imana agwiriwe n’urukuta rw’inzu

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Meddy yinjiye mu bahatanira ibihembo bya MTV Africa Music Awards, aho ahanganye n’abakomeye

Meddy yinjiye mu bahatanira ibihembo bya MTV Africa Music Awards, aho ahanganye n’abakomeye

Ubwanditsi 03 Oct 2016
Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Ubwanditsi 11 May 2021
Agnes Uwimana mu butekamutwe no gushaka indonke asebya inzego za Leta, ni inshuro ya kabiri asuye Cyuma akanga kumwiyereka kuko aziko amushakiraho amaramuko

Agnes Uwimana mu butekamutwe no gushaka indonke asebya inzego za Leta, ni inshuro ya kabiri asuye Cyuma akanga kumwiyereka kuko aziko amushakiraho amaramuko

Ubwanditsi 16 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO: APR FC yapimishije abakinnyi n’abakozi bayo mbere yo kujya mu mwiherero aho bitegura isubukurwa rya shampiyona izatangira muri Gicurasi.
Amakuru

AMAFOTO: APR FC yapimishije abakinnyi n’abakozi bayo mbere yo kujya mu mwiherero aho bitegura isubukurwa rya shampiyona izatangira muri Gicurasi.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura
INKURU NYAMUKURU

Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura

Ubwanditsi 08 Sep 2020
Bigirimana Abedi yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports
Amakuru

Bigirimana Abedi yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports

Ubwanditsi 26 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru