• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Gen. Salim Saleh udacana uwaka na Gen. Kale Kayihura yamusuye aho afungiye
Gen Salim Saleh na Gen Kayihura (iburyo)

Uganda: Gen. Salim Saleh udacana uwaka na Gen. Kale Kayihura yamusuye aho afungiye

Ubwanditsi 28 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Gen Salim Saleh, umuvandimwe wa Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni, yasuye Gen Kale Kayihura wahoze ari umuyobozi mukuru wa Polisi, aho afungiye muri gereza ya gisirikare ya Makindye.

Ku wa Kabiri tariki ya 26 Kamena 2018, nibwo Gen Saleh yabonanye na Gen Kayihura ariko ibyo baganiriye bigirwa ibanga.

Ikinyamakuru Dailymonitor, gitangaza ko amakuru aturuka mu nzego z’umutekano, avuga ko Gen Salim Saleh yabazaga Kayihura ku makuru avuga ko yakoranaga n’igihugu cy’igituranyi na Uganda, ay’ubwicanyi, ishimuta rya hato na hato n’ibindi byaha byagiye bikorwa mu gihugu ubwo yari umukuru w’igipolisi.

Andi makuru iki kinyamakuru gifite, avuga ko Minisitiri w’umutekano Gen Elly Tumwine n’umuyobozi w’ubutasi bwa gisirikare, Brig Abel Kandiho, nabo babonanye na Kayihura mbere y’uko abonana na Salim Saleh.

Andi makuru akaba avuga ko Gen Kayihura yanze kugira icyo avugana n’abo yita abasirikare b’abofisiye b’abana kuri we, ndetse n’ubwo yabazwaga mu iperereza ngo akaba yararyumyeho.

Iki kinyamakuru gitangaza ko kitabashije kuvugana na Gen Salim Saleh, ko cyamuhamagaye kuri telefoni ye igendanwa ngo kigire byinshi kimubaza ku ukubonana kwe na Kayihura, birangira atitabye.

Gen Kayihura yatawe muri yombi   13 Kamena 2018, n’igisirikare cya Uganda kimusanze iwe mu gace ka Lyantonde, ajyanwa i Kampala muri kajugujugu, nyuma ajyanwa gufungirwa muri gereza ya gisirikare ya Makindye.

Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig Richard Karemire ubwo yabazwaga impamvu Kayihura amaze ibyumweru birenga bibiri afunze atagezwa imbere y’urukiko, ngo yanze kugira icyo abivugaho, abanyamakuru bakomeje kubimubazaho cyane, ngo yasubije agira ati « Nta cyo mbivugaho».

Aho Kayihura afungiye, ngo icyo yemerewe ni ukutarenga urubaraza rw’inzu afungiyemo, imbere mu cyumba arimo akaba afite televiziyo areba n’ibinyamakuru asoma.

Abo mu muryango we, ngo bemerewe kumuzanira amafunguro ariko ngo kuba bavugana na we mu muhezo ntibabyemerewe, abashinzwe umutekano kuri iyo gereza haba imbere n’inyuma yayo, ngo bakaba bahoza ijisho ku bo mu muryango we, ku buryo ngo ntacyo bavugana cy’ibanga.

Muri Werurwe uyu mwaka, nibwo Perezida Museveni yavanye Gen Kayihura ku mwanya w’umukuru wa Polisi, amusimbuza Okoth Ochola.

N’ubwo ataragezwa imbere y’urukiko, bivugwa ko Kayihura akurikiranyweho ubwicanyi bwakozwe ari umuyobozi wa Polisi, bwanahitanye uwari umuvugizi w’igipolisi, AIGP Andrew Kaweesi, n’ibindi byaha bitandukanye.

2018-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda

Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2021
Ese koko Ngeze Hassan yaba ari gusabirwa gufungurwa n’Agathe Kanziga?

Ese koko Ngeze Hassan yaba ari gusabirwa gufungurwa n’Agathe Kanziga?

Ubwanditsi 06 Jun 2018
Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 09 Apr 2021
Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano

Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano

Ubwanditsi 01 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila
POLITIKI

Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Micho na Uganda basezeye irushanwa batageze i Kigali
IMIKINO

Micho na Uganda basezeye irushanwa batageze i Kigali

Ubwanditsi 28 Jan 2016
Huye: Abagize urwego rwa DASSO basabwe kuba indakemwa
Mu Mahanga

Huye: Abagize urwego rwa DASSO basabwe kuba indakemwa

Ubwanditsi 25 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru