• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urubanza rwa Kizito Mihigo mu bujurire rwahawe itariki

Urubanza rwa Kizito Mihigo mu bujurire rwahawe itariki

Ubwanditsi 18 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Kizito Mihigo agiye kuburana urubanza rw’ubujurire muri Gicurasi uyu mwaka nyuma y’imyaka itatu amaze muri gereza.

Umuvugizi w’Inkiko, Mutabazi Harrison, yatangarije IGIHE dukesha iyi nkuru ko urubanza ruteganyijwe tariki 14 Gicurasi 2018, aho ruzaburanishwa n’Urukiko rw’Ikirenga.

Kizito yahanishijwe igifungo cy’imyaka 10 nyuma yo guhamwa n’ibyaha bine ubushinjacyaha bwari bumukurikiranyeho.

Ku wa 27 Gashyantare 2015 nibwo Urukiko Rukuru rwamuhamijwe icyaha cyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icyaha cy’ubugambanyi bwo kugiririra nabi ubutegetsi buriho ndetse n’icyaha cy’ubwoshye bwo kugiririra nabi Perezida wa Repubulika, icyaha cyo gukora umugambi w’icyaha cy’ubwicanyi gusa ahanagurwaho icyaha cyo gucura umugambi w’icyaha cy’iterabwoba.

Kizito yaregwaga hamwe n’Umunyamakuru Cassien Ntamuhanga wakatiwe gufungwa imyaka 25, nyuma akaza gutoroka gereza na Dukuzumuremyi Jean Paul wakatiwe igifungo cy’imyaka 30; mu gihe Niyibizi Agnes we yagizwe umwere.

Nyuma yo gukatirwa igifungo yagannye inkiko ajuririra igihano yahawe.

2018-04-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

Ubwanditsi 23 Dec 2020
Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri

Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri

Ubwanditsi 06 Dec 2017
Abakuru b’ibihugu bya EAC ntibakigiye Arusha kuko amasezerano y’Abarundi atagisinywe

Abakuru b’ibihugu bya EAC ntibakigiye Arusha kuko amasezerano y’Abarundi atagisinywe

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Uganda: Museveni arakangurira abagande kwinjiza ibicuruzwa mu buryo bwa magendu mu Rwanda

Uganda: Museveni arakangurira abagande kwinjiza ibicuruzwa mu buryo bwa magendu mu Rwanda

Ubwanditsi 16 May 2019

2 Ibitekerezo

  1. BB
    April 18, 20189:02 am -

    n akazi ke!!!!azajurire cyangwa se abireke ntidukeneye kumenya ukoyaraye n uko yaramutse

    Subiza
  2. Ingabe Muyoke
    April 19, 20187:04 am -

    Nibyiza kuba urubanza rwa Kizito rugiye giye mu Bujurire. Gusa hari ibintu nka bitatu nashimye mu bintu byari bizengurutse urubanza rwa Kizito Mihigo. Ibyo ni (1) uburyo uburana (Kizito Mihigo) yitwaye haba mu rubanza rwe no muri gereza, (2) uburyo abantu benshi bagaye Kizito Mihigo kubw’ibyaha yishoyemo ariko bagakomeza kumuba hafi bamusabira kandi bamutakambira ku Mana ngo azakomeze yitandukanye n’ibyaha yakoze kubera ko aribyo birimo umuti kuruta kwinangira, kuruta kwitwara nabi muri gereza, kuruta gushaka kuba yatoroka n’ibindi, (3) uburyo umuryango we witwaye mu kibazo cya Kizito. Ndisobanura:

    1) Uburyo uburana (Kizito Mihigo) yitwaye haba mu rubanza rwe no muri gereza: Mw’iburana rya Kizito yemeye ibyaha yaregwaga asaba n’imbabazi rugikubita. Abantu bazi iby’amategeko bemeza ko nta kintu kiruta kwemera icyaha no gusaba imbabazi iyo umuntu yakoze icyaha. Banavuga ko bigirira akamaro sosiyete ndetse na nyiri ukuburana. Gusaba imbabazi no kwemera icyaha bikaba biruta kure kwinangira no guhangana kandi warakosheje. Ibi jyewe narabishimye nkaba mwifuriza gukomeza kwitwara neza, gusenga, kwemera icyaha no gusaba imbabazi kubyo ashinjwa. Muri Gereza, Abantu benshi bamusuye bagiye batubwira uko basanze yitwara neza muri Gereza: Ngo basangaga ababajwe cyane n’ibyaha yakoze, abyicuza kandi yitwaye neza muri gahunda rusange zireba abafunze nkuko zigenwa na Rwanda Correctional Service haba igihe yari afungiye muri 1930 ku Muhima ndetse n’aho yimukiye I Mageragere. Ejo bundi mu cyumweru cy’icyunamo abamusuye ngo basanze afite uruhare rwiza cyane muri gahunda zo kwibuka zarebaga abakozi, n’abagenerwabikorwa batandukanye ba RCS I Mageragere muri Gereza.

    2) Uburyo abantu benshi bakomeje kumusabira: Abantu benshi bazi Kizito baramugaye cyane kubera ibyaha yakoze. Gusa kubera ko abamuzi abenshi biganjemo abemera Imana bakomeje kumusabira bamutakambira ku Mana ngo azakomeze yitandukanye n’ibyaha yakoze kubera ko aribyo birimo umuti kuruta kwinangira, kuruta kwitwara nabi muri gereza, kuruta gushaka kuba yatoroka n’ibindi.

    3) Uburyo umuryango we witwaye mu kibazo cya Kizito. Kizito Mihigo afite umuryango utari munini ariko urangwa n’ubupfura cyane byaba ubu ndetse na mbere ya Genocide. Abo mu muryango we bose baramugaye cyane kubera ibyaha yakoze. Ariko biyemeje kwitwara mu buryo buboneye budashyigikira kandi butabahuza mu buryo ubwo ari bwo bwose n’ibyaha by’umwana wabo. Ibi bikaba byarabafashije kutagerwaho n’ingaruka z’ibyaha Kizito yakoze. Icy’ingenzi ariko, umuryango wa Kizito ntiwigeza utakaza ishimwe uhorana kuri FPR yawurokoye Genoside yakorewe Abatutsi ndetse no kubyiza n’inkunga Leta y’u Rwanda yagiye ibagezaho mu buryo bwa bugufi cyangwa muri gahunda ngari yo kubaka igihugu. Yewe sindi umuvugizi w’uyu muryango gusa ndabazi kuko twaturanye muri Rukiri/Remera, ubaye ugirango ndabeshya uzabaze abaturanye cyangwa ababana nabo ni abantu b’imico myiza pe.

    Ntekereza ko Kizito yumvise ingaruka z’ibyaha yakoze, ubanza uwamuha amahirwe yakwitwara neza cyane n’umusanzu we nk’umuhanzi ukarushaho kubyara umusaruro.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda haratangira inama y’abayobozi b’inzego z’Iperereza n’Umutekano za Afurika
Mu Mahanga

Mu Rwanda haratangira inama y’abayobozi b’inzego z’Iperereza n’Umutekano za Afurika

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Perezida Paul Kagame yakiriye abakanyujijeho mu ikipe ya Arsenal Robert Pires na Ray Parlour basozaga uruzinduko rwabo mu Rwanda
Amakuru

Perezida Paul Kagame yakiriye abakanyujijeho mu ikipe ya Arsenal Robert Pires na Ray Parlour basozaga uruzinduko rwabo mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Feb 2022
Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?
Amakuru

Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Ubwanditsi 18 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru