• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Paul Kagame Umuyobozi ubereye kuyobora Afrika

Paul Kagame Umuyobozi ubereye kuyobora Afrika

Ubwanditsi 24 Aug 2017 Mu Rwanda

Nyuma y’ukuko yongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda ku majwi 98.79% ku
itariki ya 4 Kanama, 2017 , Abayobozi batandukanye ba Afrika ndetse n’Uburayi batangaje ko ariwe muyobozi nyakuri ubereye Afrika.

Ikinyamakuru ‘Mondafrique’ giherutse gutangaza ko uretse ubufaransa busanzwe butakigira Ambassade I Kigali abandi bayobozi bishimiye intsinzi ya Paul Kagame ndetse banamushimira imiyoborere myiza agaragariza Abanyarwanda.

Bamwe muri abo bayobozi bashimye imiyoborere myiza ya Paul Kagame, umugabo w’Imyaka 59, ni uwahoze ari Ambassaderi w’Ububiligi Bwana Arnould Pauwels washimye intinzi ya Paul Kagame Ati” Paul Kagame ni umugabo wavanye igihugu kure kandi arimo kukijyana kure mu miyoborere n’iterambere, ni umugabo uha uburenganzira n’ubwisanzure abaturage kandi ushyira imbere ihame rya demukarasi n’ubwisanzure bw’Itangazamakuru, niwe muyobozi wa nyawe ubereye kuyobora Afrika”

Afrika mu biganza by’Abanyafrika

Paul Kagame wagaragaje ko Afrika igomba kuba mu biganza by’abanyafrika « l’Afrique aux Africains » mu ntangiriro z’ukwezi kwa Mutarama , 2018 azaba ayoboye akanama k’umuryango wa Afrika yunze ubumwe kazasuzuma stati y’uwo muryango aho biteganjijwe ko igomba guhinduka akazaba afatanyije n’itsinda ry’inararibonye rizaba rigizwe na Perezida wa Tchadi Moussa Faki, akaba na Perezida wa komisiyo ya Afrika yunze Ubumwe.

Iki kinyamakuru kigira kiti “Ubwo yarahiriraga kongera kuyobora u Rwanda tariki ya 18 Kanama uyu mwaka kuri Stade Amahoro , uyu muhango wari witabiriwe n’abakuru b’ibihugu 19 n;Abanyarwanda hafi ibihumbi 30.000 bari bitabiriye uyu muhango mu rwego rwo gushyigikira uyu mugabo ugiye kongera kuyobora u Rwanda ku nshuro ya gatatu nyuma y’itorwa ryo guhindura Itegeko nshinga rya Repubulika y’U Rwanda.

Uyu mugabo Paul Kagame kandi niwe wayoboye urugamba rwo kubohora igihugu kuva mu 1990 kugera mu 1994 ubwo hakorwaga Genocide yakorewe abatutsi ikozwe na Goverinoma yari iyoboye igihugu muri icyo gihe.

Bamwe mu ba Perezida b’Ibihugu bari bitabiriye uwo muhango I Kigali barimo Perezida wa Sudani Omar-el-Bechir, wari utemerewe kuba yakandagiza ikirenge hanze y’igihugu kubera ashakishwa n’urukiko mpuzamahanga, Perezida wa Uganda Yoweli Museveni, Umwami wa Maroc nawe yari ahagarariwe muri ibi birori, Perezida Alpha Condé, Macky Sall, Idriss Deby Itno, Sassou-Nguesso, Omar Guelleh, Mohamoudou Issouffou, Ali Bongo Ondimba, Faure Gnassingbé ndetse na Faustin-Archange Touadera, aba bagabo bose bakaba baravuze ko ubuyobozi bwa Paul Kagame buganisha ku Iterambere ryihuse bigaragaza ubunararibonye afite mu miyoborere.

Aba bagabo kandi bakomeje bavuga imiyoborere y’uyu mugabo ndetse n’amateka ye bitajya bishimisha igihugu cy’ubufaransa, byakagombye kubera isomo Perezida Emmanuel Macron kugira ngo arebe uko yagarura umubano mu bya dipolomasi hagati y’ubufaransa n’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa ndetse na Afrika yo hagati muri rusange”.

-7729.jpg

Perezida Kagame asinya indahiro ye

2017-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame yanenze  uburyo Abayobozi bahugiye mu matelefoni ntibaganire ubwo berekezaga mu Mwiherero

Kagame yanenze uburyo Abayobozi bahugiye mu matelefoni ntibaganire ubwo berekezaga mu Mwiherero

Ubwanditsi 01 Mar 2017
APR FC na Mukura VS zakuye amanota 3 hanze y’ikibuga cyazo, AS Kigali inganya na Etincelles FC – Uko imikino ibanza yose yagenze

APR FC na Mukura VS zakuye amanota 3 hanze y’ikibuga cyazo, AS Kigali inganya na Etincelles FC – Uko imikino ibanza yose yagenze

Ubwanditsi 05 Apr 2022
Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Ubwanditsi 14 Aug 2021
Rayon Sports izakirira Mukura VS muri Sitade Amahoro, umukino wa  Kiyovu na Police FC wimuwe – iby’umunsi wa 22 wa Rwanda Premier League

Rayon Sports izakirira Mukura VS muri Sitade Amahoro, umukino wa Kiyovu na Police FC wimuwe – iby’umunsi wa 22 wa Rwanda Premier League

Ubwanditsi 27 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Musanze: Uwishe mugenzi we amukubise ibuye mu mutwe yakaniwe urumukwiye
Mu Rwanda

Musanze: Uwishe mugenzi we amukubise ibuye mu mutwe yakaniwe urumukwiye

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Perezida Kagame yakiriye Tshisekedi witabiriye Africa CEO Forum i Kigali
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yakiriye Tshisekedi witabiriye Africa CEO Forum i Kigali

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Burundi – Uganda: magendu no kunyereza amafranga ya leta hagati ya Museveni na Nkurunziza, umusaraba k’umutekano w’Africa muri rusange
INKURU NYAMUKURU

Burundi – Uganda: magendu no kunyereza amafranga ya leta hagati ya Museveni na Nkurunziza, umusaraba k’umutekano w’Africa muri rusange

Ubwanditsi 16 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru